Indorerezi Mpuzamahanga zari zitabiriye ibikorwa by’amatora ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite 53 mu Rwanda yabaye guhera tariki 15-16 Nyakanga 2024 ku bari imbere mu Gihugu zemeje ko yabaye mu mucyo.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buratangaza ko bakiriye neza ibyavuye mu matora y’Abadepite 53 bazahagararira amashyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, kuko kuri bo ari nko gukabya inzozi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko kuwa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bazarara bamenye icyerekezo cy’ibyavuye mu matora, kubagaragariza aho kubarura bigeze ndetse n’uko amajwi azaba ahagaze ku bakandida Perezida.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) bwatangaje ko muri manda y’imyaka itanu iri imbere bazaharanira ko umushinga wa gari ya moshi ushyirwa mu bikorwa.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko ibikorwa byo kwamamaza ndetse kwiyamamaza bijyanye n’amatora ku bakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu hamwe n’Abadepite bitagomba kurenza kuwa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) yagaragarije indorerezi ibyo bakwiye kwitwararika mu gihe bazaba barimo kugenzura igikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite ateganyijwe guhera tariki 15 Nyakanga ku bari imbere mu gihugu.
Indorerezi z’amatora zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye gukurikirana ibikorwa by’amatora mu Rwanda, hagamijwe kugenzura niba azakorwa mu mucyo n’ubwisanzure nkuko bigenwa n’amategeko.
Mu Rwanda hatashywe uruganda rwa mbere runini rukora ibiryo by’amatungo, arimo Inkoko, Inka hamwe n’Ingurube, rufite ubushobozi bwo gutunganya toni zirenga 200 ku munsi.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko atari we wagombaga kujya kwiga amasomo ya gisirikare muri Amerika ahubwo yari agenewe Maj Gen Fred Gisa Rwigema, wari ubakuriye icyo gihe.
Abatuye mu Karere ka Gicumbi by’umwihariko abo mu Murenge wa Bwisige bibukijwe kuzatora Paul Kagame ku mwanya w’umukuru w’Igihugu nyuma bakazatora Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD).
Perezida Paul Kagame yabwiye abatuye mu Karere ka Kayonza ko kuyobora Abanyarwanda ntako bisa kuko ibyo Umuryango FPR-Inkotanyi wanyuzemo byose ukaba ufite aho ugeze ari bo ubikesha.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yasabye urubyiruko kutazaba Imbwa bakaba Intare kuko ibihe biri imbere ari ibyabo.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu watanzwe n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, yibukije abatuye mu Karere ka Nyagatare ko ariho basohokeye bajya kuba impunzi kandi ari naho binjiriye mu rugamba rwo kubohora Igihugu.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi hamwe n’andi mashyaka umunani ku mwanya w’umukuru w’Igihugu, yemeye kuzatumira abaturanyi be bagataramana akazanabagabira.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi hamwe n’andi mashyaka umunani bafatanyije ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yavuze ko impamvu yahisemo kujya gutura mu Karere ka Bugesera byatewe n’amateka yaho.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango by’umwihariko abayoboke b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), banyuzwe n’uko ubuyobozi bwaryo bwafashe icyemezo cyo gushyigikira Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu biyemeza kuzaritora.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame avuga ko uyu munsi Abanyarwanda bakomeye kandi bameze neza kurusha uko byari bimeze mbere.
Ubuyobozi bukuru bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buravuga ko Inteko Nshinga Amategeko y’u Rwanda idakorera mu mashyaka ya Politiki kuko umaze gutorwa agira ubwisanzure mu mitekerereze ye.
Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Philippe Mpayimana yasabye abatuye mu Karere ka Nyaruguru ko nubwo ikipe itsinda ntawe uyisimbuza ariko igihe kigeze ngo bagerageze amakipe mato bayashyire mu kibuga.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko abari bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu Paul Kagame, bibukijwe uko abagerageje gucamo Igihugu kabiri birukanywe bagahunga.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza (PSD) bwasezeranyije abaturage kuzaringaniza abagore n’abagabo ku kigero cya 50% mu nzego zifata ibyemezo mu gihe bazaba batorewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko.
Urubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Ntara y’Iburasirazuba by’umwihariko abo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu Turere twa Rwamagana na Kayonza bishimiye amahirwe y’ahazaza beretswe na BK Foundation.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yibukije urubyiruko ko rufite inshingano zo kubaka u Rwanda rushya rukubiyemo ubumwe bw’Abanyarwanda, amajyambere, umutekano n’ibindi byiza gusa bigezweho.
Ubwo bari muri gahunda yo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu Karere ka Huye Dr. Ildephonse Musafiri, yavuze ko badashaka ko abazatora bwa mbere bazabicira umuti.
Abarwanashyaka b’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), basanga umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame akwiye kwitwa Baba wa Taifa kubera ibikorwa by’indashyikirwa yakoreye u Rwanda n’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco ishinzwe kubungabunga no guteza imbere Ururimi n’Umuco buratangaza ko nta Kinyarwanda cy’urubyiruko kibaho ahubwo ko Ikinyarwanda ari ururimi rumwe, rufite ikibonezamvugo kimwe, rukwiye gutozwa buri wese.
Umuyobozi w’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), Mussa Fazil Harerimana yashimiye uburyo nta muyisilamu ugihezwa ngo yimwe uburenganzira bwe nkuko byari bimeze mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bahezwaga bakanagirirwa nabi.
Ubuyobozi bukuru bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) buratangaza ko kuvuga ibigwi Perezida Paul Kagame bitagoye na gato, kubera ko u Rwanda atashoboye kubamo kubera amateka y’urwango n’amacakubiri atigeze arwibagirwa.
Abahanga mu bijyanye n’imyitozo bavuga ko guhumeka neza ari uguhumekesha inda n’imbavu. Ni kimwe mu byo siporo ya Yoga yigisha, kuko ifasha umuntu mu guhumekesha igice cyo kunda n’icyo ku mbavu.
Ikigo cy’Igihugu cy’ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA) ku bufatanye n’Umuryango mpuzamahanga uteza imbere umutungo kamere (World Resource Institute-WRI) bararebera hamwe uko ikoranabuhanga ryarushaho gukoreshwa mu kubyaza umusaruro ibiribwa byangirika mu Rwanda.