Buri mwaka Leta iteganya ingengo y’Imari ikayigenera amafaranga akoreshwa mu gihe cy’umwaka umwe w’ingengo y’imari, hakabamo akoreshwa mu ngengo y’imari isanzwe akifashishwa gushyira mu bikorwa, ibikorwa by’iterambere bitandukanye biba byaragennye gukorwa muri uwo mwaka.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 32, ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru birimo kubera mu Kagari ka Rutabo, Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ahatashywe ku mugaragaro inzu 6, buri yose irimo ebyiri, zigenewe imiryango 12 yiganjemo abasenyewe n’ibiza.
Uretse abatuye n’abagenda i Nyamirambo by’umwihariko mu Biryogo, mu gace kazwiho gukorerwamo ubucuruzi cyane cyane ubw’imyenda, inkweto n’ibindi byose bijyanye n’imyambaro, nta wundi wakwiyumvisha ko hari amaduka abanza gusaba abakiliya gukuramo inkweto mbere yo kuhinjira.
Kugeza ku wa 30 Kamena 2026, abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo mu Ntara za Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, bamaze kugera kuri 438.
U Rwanda rwinjiye mu masezerano na Kenya, azatuma ibikomoka kuri Peteroli byinjiraga biciye ku cyambu cya Mombasa byiyongera, ndetse bikarushaho kwihuta.
Umuryango One Acre Fund Rwanda, wubatse ubuhumbikiro bw’ingemwe z’ibiti by’imbuto n’ibindi birimo ibivangwa n’imyaka, buzafasha Abanyakigali kubona ingemwe miliyoni buri mwaka, mu rwego rwo kongerera Umujyi wa Kigali ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’Ikirere.
Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, bagaragaje ko nubwo bashoje urugendo rw’akazi ariko badashoje urw’ubuzima kuko bazakomeza gufatanya n’abandi mu bikorwa bitandukanye byo kubaka Igihugu.
Urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda ruravuga ko rwahawe intwaro zihagije zo kwifashisha mu kazi ko guhangana n’abapfobya bagahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Gen (Rtd) Fred Ibingira yakomoje ku mateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu ya Maj. Mupende uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga mu bikorwa byo kuvuga nabi u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, avuga ko ari umuntu watinyaga urugamba ku buryo yigeze kwigaragaza nk’uwarashwe bikomeye bikamutera ubumuga bwa burundu nyuma yarwo akagaragara (…)
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana ‘Bora’, yagaragaje ko uretse kuba umutwe w’iterabwoba wa FDLR ufashwa na Leta ya Kinshasa n’u Burundi, ukura ubushobozi no mu bikorwa by’ubucuruzi burimo guhinga no kugurisha urumogi abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe gufasha kugarura no kubungabunga umutekano muri Repubulika (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kuba Abanyarwanda barabohotse, baribohoye ibibaranga nta pfunwe bibatera kuko ari byo bakwiye kuberaho cyangwa bakabipfira biramutse ari ngombwa.
Pélagie Nyiramajyambere wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, ni umubyeyi wahuye n’ikibazo cyo kudashobora kwakira inkuru yamubwiraga ko umwana we w’umukobwa wari ugeze mu gihe cy’ubwangavu, atwite, agahitamo kujya amugaburira ubugari gusa.
Banki ya Kigali (BK) yinjiye muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha ikoreshwa ry’imodoka zikoresha amashanyarazi binyuze mu nguzanyo izajya itanga 100% y’agaciro kazo.
Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana, yabwiye urubyiruko ko bagomba kwirinda, bakarinda imibiri yabo kuko ari yo bazagumana, bakayisazana.
Imibare y’ubushakashatsi bukorwa mu bihugu bitandukanye bya Afurika kuri serivisi z’imari igaragaza ko muri 2024, 73% by’Abanyarwanda bakuze bakoze nibura igikorwa kimwe cy’imari hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuye kuri 30% mu 2020.
Inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, zisanga abagore n’abana bafunze bakwiye kwitabwaho by’umwihariko, kuko ari ibyiciro bifatiye runini Igihugu, ku buryo biramutse byirengajijwe bishobora guteza igihombo.
Uyu munsi nibwo mu Rwanda hamuritswe bisi nshya z’amashanyarazi zikora ubwikorezi bwo gutwara abantu n’ibintu, zifite ubushobozi bwo kugenda ibirometero 400 zitarashiramo umuriro kuko ziba zimaze gukoresha 80%.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarura rya Kanseri mu Rwanda, igaragaza ko hagati ya 2007 na 2023, hagaragaye abarwayi 1.901 ba kanseri y’igifu mu bagabo.
Ntuzigera ubona umuyisilamukazi wagiye ku irimbi guherekeza no gushyingura inshuti cyangwa se umuvandimwe we witabye Imana.
U Rwanda rwungutse abapolisi bakuru basoje amasomo y’ubuyobozi ku rwego rukuru nyuma y’umwaka bari bamaze bakarishya ubwenge mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.
Ubwonko n’igice cy’umubiri kiba mu mutwe ariko siho bugarukira gusa kuko bugera no mu mugongo, bukagenda bushamikiyeho imyakura igera mu bice bitandukanye by’umubiri.
Ikigo cy’Itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), yemerera icyo kigo kuzamenyekanisha no gutangaza ibikorwa by’ubucuruzi bizabera mu imurikagurisha Mpuzamahanga rya 29 (EXPO 2026).
Guverinoma y’u Rwanda yakiriye icyiciro cya 23 cy’abimukira 173 baturutse muri Libya, basaba ubuhungiro.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama, Tito Rutaremara, yibaza impamvu ibihugu bisa nkaho bifite ijambo ku bindi ku Isi, bifata abantu bose nk’ibicucu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko mu gihe hashize ukwezi icyorezo cya Ebola kigaragaye mu Karere, u Rwanda rukomeje kuba maso mu gutahura byihuse aho cyamenera.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026, umusaruro mbumbe w’Igihugu wiyongereyeho 10%, ugera kuri miliyari 6346 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri miliyari 5276 wariho mu gihembwe cya mbere cya 2025.
Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yatangaje ko icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo kugeza ku wa 14 Kamena yari imaze guhitana abantu 191 mu gihe abo byemejwe ko bapimwe bamaze kuyandura ari 808.
Denise Zaneza na Théophile Mpozembizi ni bamwe mu bandi benshi bahuriye ku mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Banki ya Kigali (BK), yinjiye mu bufatanye bwo kuzana mu Rwanda imodoka nini (Trucks) z’ubwikorezi zikoresha amashanyarazi gusa.