Stanislas Simugomwa ni umwe mu bari abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), wabaye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubutaka butagira nyirabwo ku mupaka uhuza ibihugu (NO Man’s Land), ni ijambo ryakoreshwaga kuva mbere y’intambara ya mbere y’Isi, bashaka gusobanura ubutaka butagira nyirabwo, butazwi uwabushyizeho, nta wubutunze.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko Ebola ari indwara yoroshye kwirinda ariko igoye cyane kuyikira, kubera ko umuntu ayandura bitewe n’uko yabanje gukora ku bimenyetso bigaragara.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashuri makuru na za Kaminuza (HEC), cyagaragaje ko ishoramari rikorwa mu bijyanye n’ubushakashatsi bukorerwa mu mashuri makuru na Kaminuza rikiri hasi ugereranyije n’ahandi mu Karere.
Umuryango Imbuto Foundation wahembye Imbuto z’Icyeza zirenga ibihumbi 8,103 bashimirwa gutsinda neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.
Perezida Paul Kagame yagize abarimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake na Col (Rtd) Jeannot Ruhunga ba Ambasaderi.
Inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zigiye gufashwa gutanga ubumenyi bufite ireme ku rubyiruko rw’u Rwanda by’umwihariko abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Mu Rwanda hagiye gushyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge buhangano (AI), kikazafasha mu kwihutisha iterambere ry’ikoranabuhanga, guhanga udushya, no gushyira mu bikorwa ishoramari n’imiyoborere.
Izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ryatangiye kugaragara cyane guhera mu mpera za Gashyantare uyu mwaka, nyuma y’aho intambara hagati ya Iran, Israel na Amerika ikajije umurego, igateza ikibazo ku nzira ya peteroli inyura mu nyanja ya Hormuz (Strait of Hormuz), inyuramo igice kinini cya peteroli yoherezwa (…)
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026, icyo kigo cy’imari cyagize urwunguko rwa 6.9% ugereranyije n’ayari yungutswe mu gihembwe nk’icyo giheruka.
Umutwe uhanganye n’ubutegetsi bwa Leta ya Congo Kinshasa, AFC/M23 wavuze ko nubwo hari inzira z’ubuhuza n’ibiganiro bya dipolomasi biri gukorwa, ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kurenga ku masezerano y’amahoro, mu gihe nta ngamba zikomeye zifatwa n’umuryango mpuzamahanga cyangwa imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye kugira ku bijyanye n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kivugwa mu bihugu by’abaturanyi, kuko hakajijwe ingamba zo kugikumira, gukurikirana no kwita ku wakwandura.
Abanyeshuri barangije amasomo muri Green Hills Academy (GHA) muri uyu mwaka wa 2026, basabwe gukomeza kurangwa n’indangagaciro nziza, gukoresha neza ubumenyi bungutse no kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu n’Isi muri rusange.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yatangaje ko izamuka ry’ibiciro bya Mazutu ritazagira ingaruka ku biciro bisanzwe by’ingendo zo gutwara abantu n’ibintu kuko Leta yashyizemo nkunganire.
Amafaranga ni igikoresho abantu bifashisha mu guhanahana ibintu na serivisi (kugura no kugurisha). Zimwe mu nshingano zayo ni uguhana ibintu (exchange), kubika agaciro (store of value), gupima agaciro (measure of value) no kwishyurana (means of payment).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), kirahamagarira abaturarwanda kugira uruhare n’ijambo mu bikorwa byo gukumira no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Kuri mugoroba, wo kuri uyu wa Kane u Rwanda rwifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 icyo gihugu cy’igihangange ku Isi kimaze kibonye ubwigenge.
Ubuyobozi bw’Ikigega cyihariye cy’Ingoboka (Special Grant Fund/SGF), buratangaza ko hari umushinga w’Itegeko urimo kuganirwaho ushobora kuzatuma Inkende ziyongera mu nyamaswa zishyurirwa igihe zoneye cyangwa zangiririje abaturage.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryishimiye ko abantu batanu banduye ubwoko budasanzwe bwa Ebola, butagira urukingo cyangwa umuti byemewe, bakize mu gihe icyorezo gikomeje kwibasira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yategetse ingabo z’icyo gihugu gukomeza kwinjira muri Liban mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran, nubwo hari agahenge (ceasefire) kamaze igihe cy’ibyumweru bitandatu karatangajwe.
Ebola ni indwara iterwa na virusi yo mu cyiciro cya virusi zifite imiterere imeze nk’udushumi (filament-like) kandi zishobora gutera indwara zikomeye zo kuva amaraso cyane ku bantu no ku nyamaswa (Filoviridae).
Mbere y’ubukoloni, Umuganda wari uburyo bw’imigirire ishingiye ku muco gakondo wo gukorera hamwe hagamijwe gukemura ibibazo by’imibereho n’ubukungu bigamije inyungu zihuriweho gusa mu gihe cyabwo waje guhinduka uwo gukoraho imirimo y’abakoloni.
Niba warigeze ujya kwa muganga kwivuza ukandikirwa guterwa urushinge, birashoboka ko umuganga waruguteye yaruteye ku kibuno, kandi nyamara wari urwaye nka Malaria, umutwe cyangwa n’izindi ndwara zidafite aho zihuriye n’ikibuno waruteweho.
Icyemezo giheruka cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufunga insengero n’imisigiti bitujuje ibisabwa cyatangajwe mu 2024.
Ni kenshi abantu bajya kwivuza bumva bamerewe nabi, binagaragarira ijisho ko batameze neza, kubera rimwe na rimwe ibimenyetso baba bagaragaza birimo umuriro mwinshi, gucika intege, ariko nyuma yo gusuzumwa no gupimwa bakabwirwa ko nta ndwara babasanzemo.
Muri iyi minsi kuva ku munsi nyirizina wa Eid Al adha, Abayisilamu batashoboye gutanga igitambo baba bemerewe kubikora kandi bikabarwa kimwe n’ababikoze kuri Eid Al adha.
Mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Ebola iterwa na virusi ya Bundibugyo (Bundibugyo virus disease – BVD) kiri kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kikaba kimaze no gutangwamo raporo y’abarwayi muri Uganda, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryahuje impuguke n’amatsinda (…)
Polisi y’u Rwanda yizihijwe imyaka 25 imaze itangiye gukora hatangwa ipeti rya AIP ku bapolisi 436 bamaze igihe bahugurirwa mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi riherereye mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, bwatangaje ko ku munsi wa Eid Al Adha urimo kwizihizwa kuri uyu wa Gatatu hatangwa ibitambo ku matungo 3,078.
Eid al-Adha cyangwa Eid y’Igitambo, ni umwe mu minsi mikuru ibiri ikomeye cyane muri Islamu, wizihizwa n’Abayisilamu ku Isi yose.