Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yijeje Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zegereye abaturage mu bihe bya vuba, kuko ikibazo cyari kiriho kirimo kuvugutirwa umuti.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ipfundo ry’ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ritazingiye ku gushyira umukono ku masezerano ahubwo ari ubushake buke bwa Politiki.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC), yatangaje ko Politike y’uburezi budaheza, yashyizweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yatumye umubare w’abagana amashuri wiyongera uhereye mu y’inchuke.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) nk’urwego rufite mu nshingano gucunga ifaranga ry’u Rwanda, iraburira abantu bose kwirinda gukoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no gukora imitako, imirimbo no mu bindi byangiza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazatezuka kubaza umuyobozi ibyo ashinzwe gukora, byaba ngombwa akabyishyura.
FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) ni umutwe w’inyeshyamba ugizwe ahanini n’Abanyarwanda basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukaba ufite icyicaro n’ibikorwa byinshi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umuryango FPR-Inkotanyi na Leta ya Israel byiyemeje kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye. Byatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare 2026, ubwo Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi Amb. Christophe Bazivamo yakiraga mu biro bye Ambasaderi wa Leta ya Israel mu Rwanda, Amb. Einat Weiss.
Saif al-Islam Gaddafi, umuhungu uzwi cyane wa Muammar Gaddafi wahoze ari Perezida wa Libya, yishwe, nk’uko byemejwe n’abantu ba hafi y’umuryango we, barimo umunyamategeko we Khaled el-Zaydi hamwe n’itangazamakuru ryo muri Libya.
Imibare itangazwa na Leta y’u Buhinde igaragaza ko abantu barenga ibihumbi 50 bicwa no kurumwa n’inzoka buri mwaka, bikaba bigize hafi kimwe cya kabiri c’impfu zose ziba kw’isi.
Kuri uyu mugoroba, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Visi Perezida wa Botswana Ndaba Gaolathe, bagirana ibiganiro ku buryo bwo kurushaho gushimangira ubufatanye bwiza kandi burambye hagati y’ibihugu byombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Barafinda Sekikubo Fred, Patrick Mazimpaka na Japhet Nkeramihigo, bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya Mobicash Rwanda Ltd,ikigo gitanga serivisi z’imari zikorerwa kuri telefoni zigendanwa
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Brig Gen Jean Paul Nyirubutama Umujyanama Mukuru Wungirije mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.
Bisanzwe bimenyerewe ko ubukomisiyoneri cyangwa se abakomisiyoneri bakunze kuba biganje mu mirimo irimo gushakira abantu inzu, imodoka zo gukodesha cyangwa kugura, hamwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje umushinga w’itegeko rishyiraho Kaminuza Nkuru y’Ingabo z’Igihugu (National Defence University – NDU).
Inama y’Abaminisitiri yemeje Jean Maurice Uwera nk’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, umwanya asimbuyeho Alain Mukuralinda witabye Imana mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2025.
Amakosa Ubwongereza bwakoze mu guhagarika umushinga wo kwimurira abimukira mu Rwanda kuva muri Mata 2024 yashyizwe ahagaragara. Iki gihugu kigomba kwishyura u Rwanda Miliyoni ijana z’Amafaranga akoreshwa mu Bwongereza(British Pounds), akaba angana na Miliyari 200.4 ubazw mu Mafaranga y’u Rwanda.
Uko imyaka ishira indi igataha usanga imivugire n’imyandikire y’ururimi rw’ikinyarwanda cyane cyane mu bakirimo kubyiruka igenda ita umwimerere, ahanini bigaterwa no kuvangavangamo izindi ndimi ziganjemo Igifaransa cyangwa Icyongereza.
Guverinoma y’u Buyapani ibinyujije muri Ambasade yayo mu Rwanda, yasinyanye amasezerano n’Ikigo cyita ku bana b’abakobwa n’abahungu bafite Ubumuga bwo mu mutwe (Association des Volontaires pour l’Assistance aux Enfants Handicapés/ AVEH Umurerwa), yo gutera inkunga yo kubaka amacumbi.
Naomi Nishimwe wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije uwitwa Edman Ishimwe wari wanditse ku rubuga rwe rwa X amagambo yinjira mu buzima bwe bwite.
Raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda (Labour Force Survey), y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko mu gihembwe cya Kane cy’umwaka wa 2025, muri rusange mu Rwanda abashomeri bageraga ku 649.799 bangana na 11,7%.
Banki ya Kigali (BK) yizihije isabukuru y’imyaka 60 imaze ikora, ishimira abakiriya barenga 400 bamaze imyaka irenga 30 bakorana na yo.
Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro bikomeje kwiyongera.
Umuhanzi umaze kugira izina mu Rwanda no ku ruhando mpuzamahanga Bruce Itahiwacu uzwi nka Bruce Mélodie, yatangiye urugendo rwo kumenyekanisha indirimbo ’Pom Pom’ mu bihugu by’amahanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakiriye icyiciro cya mbere cy’impfizi 10 zo mu bwoko bwa Holstein-Friesian zizwi cyane mu gutanga amata menshi.
Mu myaka icumi ishize, umubare w’abantu bakomeretswa ndetse n’abahitanwa n’inkuba wakomeje kwiyongera ku buryo bugaragara.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida wa Guinée, Mamadi Doumbouya, wabereye kuri Stade Général Lansana Conté i Conakry, kuri uyu wa Gatandatu.
Mu gihe u Rwanda rwitegura Isuzuma Mpuzamahanga Ngarukagihe ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review/UPR), Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), yatangaje ko ibihugu bifata ijambo ku Rwanda byikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka 14 ishize.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’abacuruza n’abatubura imbuto nziza mu Rwanda (NSAR), biyemeje kurushaho guteza imbere urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda, nka rumwe mu nkingi za mwamba z’ubukungu.