Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Umugenzi uteze bisi ava muri Gare yo mu Mujyi ajya Kimironko ashobora kwishyura amafaranga atandukanye n’aya mugenzi we uvuye Kimironko aviramo muri Gare yo mu Mujyi.
Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe, yasezeye kuri Eric William Kneedler, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda ucyuye igihe.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko tariki ya 15 na 16 Mutarama 2026, izaba iminsi y’ikiruhuko rusange, hagamijwe guha abaturage umwanya wo kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe kuba mu cyumweru gitaha, nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byari bimaze igihe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), igiye gutanga inzitiramubu zikoranye umuti zigera kuri miliyoni 7 ku baturage bari mu bice bitandukanye by’igihugu, ihereye ku miryangio iri mu bice byazahajwe cyane na Malariya kurusha ibindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), irahamagarira Abanyarwanda kutirara ngo badohoke ku ngamba zitandukanye zo kwirinda Malariya, kuko imibare igaragaza ko mu Rwanda abarenga miliyoni 1.2 bayirwaye mu mwaka ushize (2025).
Isesengura ryimbitse rya raporo y’agateganyo y’Itsinda ry’Impuguke za Loni (S/2025/858), igaragaza ibyagezweho kugera mu Ugushyingo 2025, yagaragaje ko Guverinoma ya Kinshasa itangaza ku mugaragaro ko yiyemeje amahoro n’ubufatanye mu Karere, ariko mu bikorwa igakomeza gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda.
Buri munsi, abashoferi barenga 150 batwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali, bahanirwa amakosa yo kugendera mu nzira zahariwe bisi (Bus Lane) kuva mu kwezi gushize.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko nubwo nta mpanuka nyinshi zabaye ngo zinatware ubuzima bwa benshi mu bihe by’iminsi mikuru, ariko kuri Noheli na Bonane, mu gihugu hose hafunzwe abantu 92 bazira gutwara banyoye ibizindisha.
Raporo ya Banki y’Isi igaragaza uko ibihugu byorohereza ishoramari yashyize U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu bijyanye no kugira amategeko yorohereza ishoramari n’imikorere inoze.
Ubuyobozi bwa GLADS Apartment bufatanyije n’ubwa Banki ya Kigali (BK), batashye ku mugaragaro ibikorwa by’ishoramari bifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 7.
Mu gihe hirya no hino ku Isi hari abakibarira amasaha ku ntoki, kugira ngo basoze umwaka wa 2025 ari nako binjira mu mushya wa 2026, hari abamaze kuwugeramo n’abandi bawumazemo amasaha menshi.
Umuyobozi w’Urwego ngishwanama rw’inararibonye, Tito Rutaremara, ashima abarimu bakora akazi kabo ko kwigisha batizigamye, ariko akagaya ababyeyi basigaye baratereye iyo.
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), rwatangaje ko abamaze guhabwa imidali n’impeta by’ishimwe mu Rwanda barenga ibihumbi 30, bagiye bayihabwa mu bihe bitandukanye.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ishyigikiye byuzuye ibiganiro n’ibyemezo byasohowe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), hamwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bishyigikira Somalia.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwifatanyije n’shyaka Parti Congolais du Travail (PCT) mu Nteko Rusange yaryo ya Gatandatu yabereye i Brazzaville, muri Repubulika ya Congo.
Nyuma y’amezi arenga atanu, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruhagaritse ibikorwa bya Hoteli Château le Marara, iyi hoteli yongeye gufungura imiryango.
Polisi y’u Rwanda yijeje Abanyarwanda n’abandi barutuye umutekano usesuye mu gihe cy’iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka, ibasaba kuzishima bakanezerwa ariko bakibuka kubikora bubahiriza amategeko n’amabwiriza.
Abarimu baturutse mu gihugu cya Zimbabwe biyemeje kurushaho gutanga ubumenyi buzafasha mu guhindura imibereho n’ubuzima bw’Abanyarwanda binyuze mu masomo bazigisha mu mashuri yo hirya no hino mu gihugu.
Gahunda ya ‘Papa Rumuri’ mu ngo mbonezamikurire zifashwa na Caritas Rwanda binyuze mu mushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, yatumye zirushaho gukora neza, birenga kuba mu rugo mbonezamikurire gusa, kuko uruhare rw’umugabo mu kwita ku mwana rwarushijeho kugaragara mu miryango.
Abatuye Umujyi wa Kigali bibukijwe inshingano bafite kurinda no kubungabunga ibidukikije, birinda kumenamo imyanda, kuko iyo ari kirazira.
Abaturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bahangayikishijwe n’abashinzwe gutanga serivisi z’ubuvuzi babarangarana igihe bagiye kwivuza, ibyo bavuga ko bishobora kuviramo bamwe kuhaburira ubuzima kubera kutitabwaho uko bikwiye.
Perezida wa Repubulika akaba na Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, yagaragaje ko u Rwanda rufite abaturage beza utapfa kubona ahandi, agaya abayobozi batabakorera ibyo basabwa kubakorera.
Mu mijyi y’u Rwanda, cyane cyane i Kigali, izina Motari rimenyerewe nk’intumwa inyaruka nk’aho mvugiye aha, igasohoza ubutumwa, cyangwa ikageza umugenzi wihuta aho azindukiye.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rugaragaza ko Abanyarwanda bataranyurwa n’imiyoborere ndetse n’imitangire ya serivisi nibura ku kigero cya 80%, kuko bakiri kuri 76.7%, mu gihe gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere icyiciro cya kabiri (NST2), iteganya ko bagomba kuba bari hejuru ya 90%.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’umuhanzi The Ben, babinyujije mu gitaramo The Nu Year Groove, bagiye gutangiza neza umwaka Abanyarwanda bishimye.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Mohamed Ali Janah, Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi (Group Chairman) wa Hotels and Resorts Investment Maldives.
Urubyiruko rugize icyiciro cya karindwi cy’Itorero ry’Urungano, basabwe kuzaba abahamya b’uko u Rwanda rumeze n’ibyo rumaze kugeraho, bagakomeza kuba urumuri n’icyitegererezo mu byo bakora.