Sarah Ebabi Ebadjara, umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yasabiwe n’Ubushinjacyaha bwa gisirikare i Kinshasa, gufungwa imyaka 10 nyuma y’amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga yambaye imyenda ya gisiriakre arimo gusomana n’umugabo bitegura kubana.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe bagirana ibiganiro byibanze ku myiteguro y’inama y’Abaminisitiri b’uwo muryango.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko, Amahoro n’iterambere bitagerwaho ngo birambe hatabayeho kurengera ibidukikije, ari nayo mpamvu mu byo u Rwanda rwashyize ku isonga mu myaka 30 ishize harimo n’ingamba zo kubirengera.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Børge Brende, Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ihuriro ry’ubukungu ku Isi (World Economic Forum/ WEF).
Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umurage ndangamuco, by’umwihariko uw’inyandiko, amajwi n’amashusho kugira ngo ejo hazaza hatazazimiza isura y’ahahise, Inteko y’Umuco yatangaje ko harimo kugeragezwa urubuga koranabuhanga ruhuza ibigo bya Leta, kugira ngo rubafashe kubika umurage ndangamuco bidasabye ko ubanza kugezwa ku (…)
Aho Isi igeze uyu munsi uvuze uburezi ukibagirwa ikoranabuhanga, sinzi niba uwavuga ko ubwo burezi bwaba bufite icyo bubura kugira ngo bube bufite ireme yaba yibeshye, kubera uko uruhare rwaryo rumaze kugaragara mu buzima bwa buri munsi bwa muntu n’ibimukikije.
Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco buratangaza ko 90% by’umurage ndangamuco w’amateka y’u Rwanda w’imbonekarimwe n’ingirakamaro, bikiri mu bihugu by’amahanga, ibibitse mu Rwanda bikaba ari ibyo mu bihe bya vuba.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 25 Ukwakira, u Rwanda rwashyikirije Afurika y’Epfo imodoka eshanu zari zibwe.
Abahinzi b’umuceri ni bamwe mu bashimirwa kuba baramaze kumva no gusobanukirwa neza akamaro ko gushinganisha ibihingwa byabo mu rwego rwo kwirinda igihombo gishobora guterwa n’ibiza cyangwa ibindi byakwibasira imyaka.
Nubwo hari abahinzi n’abarozi bamaze kumva neza impamvu n’akamaro ko kwishingira ibihingwa n’amatungo byabo, kubera kwirinda ibihombo bishobora guterwa n’ibiza cyangwa indwara, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bugaragaza ko muri rusange umubare w’abitabira gahunda ya ’Tekana urushingiwe muhinzi mworozi’ ukiri hasi.
Kubera ukuntu imihindagurikire y’ikirere n’ibyorezo bitandukanye bijya byibasira ibihingwa n’amatungo, bigateza igihombo abahinzi n’aborozi, Leta y’u Rwanda yashizeho gahunda y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo (Tekana urushingiwe muhinzi mworozi).
Alex Nzeyimana ni umuhinzi mworozi w’inka z’amata wabigize umwuga wo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba, wapfushije inka yakamwaga litiro 28 ku munsi, bimuviramo igihombo gikomeye kubera kutagira ubwishingizi bwayo, icyakora byamusigiye isomo.
Col (Rtd) Evariste Rugangazi, umuhinzi mworozi wabigize umwuga mu Karere ka Kayonza, akaba amaze imyaka myinshi ahinga akanatunganya imbuto y’ibigori, akanahinga ibindi bihingwa bitandukanye birimo soya, avuga ko kutagira ubwishingizi by’ibihingwa byamuhombeje.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kigaragaza ko kuva gahunda ya Leta y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo yatangira, arenga miliyari 7Frw, ariyo amaze gushumbushwa abahinzi n’aborozi bahuye n’ibihombo bikomoka ku biza n’imihindagurikire y’ikirere.
Josephine Murphy Bukuru na Joselyne Alexandre Butoyi ni amazina amaze kumenyerwa cyane mu Rwanda kubera ibikorwa bitandukanye by’ubugiraneza bakora babinyujije mu muryango ‘Shelter Them’.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko ababyeyi n’abana bo mu Murenge wa Nyarugenge, barishimira ko bahinduriwe ubuzima n’ibikorwa bya BK Foundation n’Umuryango Shelter Them, byabafashije gusobanukirwa no kugira imibereho myiza.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yagaragaje ko kuba umubare w’Abanyarwanda bazigama ukiri hasi, ari kimwe mu bikoma mu nkokora ubukungu bw’Igihugu.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu ya Nyungwe barasaba ko yazitirwa kugira ngo barusheho gukora akazi kabo ka buri munsi batekanye.
Mu mpera z’icyumweru gishize, umuryango w’Abahinde baba mu Rwanda bahuriye i Kigali, mu rwego rwo kwizihiza umunsi Mukuru wa Diwali.
Mu gihe harimo kwitegurwa itangizwa ry’Ukwezi kwahariwe uruhare rw’umuturage mu igenamigambi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko Leta igiye kujya yishyura ibirarane by’ingurane z’imitungo y’abaturage hakoreshejwe telefone(Momo cyangwa Aitel Money), mu rwego rwo kwihutisha iki gikorwa.
Nyuma y’imyaka 29 babana, umugore w’umuhanzi w’icyamamare ku Isi mu njyana ya R&B akaba n’umucuruzi Akon, Tomeka Thiam yasabye gatanya , asaba miliyoni 100 z’amayero, mu gihe urukiko rwagaragaje ko uyu muhanzi afite ibihumbi 10 gusa by’amadolari kuri konti ye.
Abo mu myaka yo hambere, ndetse n’abagiye bavuka nyuma yabo, baziranyeho ko mu myaka ishize iyo mu Rwanda havugwaga amata y’ifu, nta yandi yahitaga aza mu bwonko vuba nka NIDO.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MOYA), irahamagarira urubyiruko kurushaho gukora imishinga itanga ibisubizo ku bibazo Igihugu gifite, banatanga akazi kuri bagenzi babo, kugira ngo bifashe Igihugu kugera ku ntego yo guhanga imirimo myinshi.
Umunyarwanda yabivuze neza ko umukiriya ari umwami, atari uko ari ingoma yimye, ahubwo kubera ko ari uw’agaciro gakomeye mu buzima bwa buri munsi bw’umucuruzi, cyangwa ubucuruzi ubwo ari bwo bwose.
Ku wa 9 Ukwakira, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula Von der Leyern ku mikoranire no gukomeza ubufasha mu bijyanye no gukora inkingo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umuryango Imbuto Foundation busanga guteza imbere uburere bw’abana bakiri bato ari umusingi ukomeye w’iterambere, kuko iyo umwana yitaweho hakiri kare, akurana urukundo n’ubupfura bimufasha mu buzima bwe bwose.
Urwego rw’ubuzima n’urw’ubuhinzi ni zimwe mu zikomeye kuko zifatiye runini ikiremwamuntu, kubera ko ibiva mu buhinzi ari bimwe mu bituma umuntu arushaho kugira ubuzima bwiza, kandi igihe umuntu adafite ubuzima buzima, kiba ari igihe cyo kwitabwaho n’abaganga kuko hari ikiba kitagenda mu mubiri.
Banki y’Abarabu y’Iterambere muri Afurika (BADEA), yahaye u Rwanda inguzanyo ya Miliyoni 45 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 65 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Inzoga imenyerewe kandi ikunzwe cyane mu Rwanda (Mützig), yasinye amasezerano y’ubufatanye n’umuhanzi Chriss Eazy nk’umu-ambasaderi mushya uzajya wamamaza ibikorwa byayo.
Ubusanzwe akamaro k’inkingo ni ukurwanya indwara zandura, ariko kugira ngo zikore neza bisaba ko zikurikiranwa cyane haba uko zitwarwa n’uko zibikwa. Abahanga mu by’inkingo bagaragaza ko zigomba kuba ziri ku bushyuhe buri ku gipimo kiri hagati ya 2°C na 8°C.