Ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Ukwakira, itsinda ry’urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye muri Afurika y’Epfo ryageze i Kigali, mu ruzinduko rw’iminsi icumi rwateguwe hagamijwe kubereka aho Igihugu kigeze mu iterambere ariko bakanigira ku mateka yacyo no kumenya ibyo kibifuzaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko gutinya ko abantu bo mu gihugu cye babyakira nabi, byatumye Perezida Félix Tshisekedi, agira uruhare kugira ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) idasinyana n’u Rwanda amasezerano yerekeye gahunda ihuriweho yo guteza (…)
Bamwe mu batuye i Tumba mu Karere ka Huye, barimo n’abatangabuhamya bashinje Dr Munyemana Sosthène wahamijwe kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ijurira rye ari ukwigiza nkana kuko ibyaha yakoze byabaye habona.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko, Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera aba Ofisiye bato (Junior Officers) 632 bava ku ipeti rya Second Lieutenant bagirwa Lieutenant.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yabwiye abofisiye bato bashya ko kwinjira muri RDF bibaha ubushobozi bwo gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda.
Abanyeshuri 1029 barangije amasomo abemerera kuba ba Ofisiye bato (Junior Officers) mu ngabo z’u Rwanda (RDF) mu muhango wabereye mu Ishuri rikuru rya gisirikare rya Gako kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ukwakira.
Umunyarwanda yabivuze neza agira ati “Ab’inda nini mubime amayira”. Aha yashakaga kuvuga ko abakora ibidakwiye bagamije indonke badakwiye kumvwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage binyuze mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, kuri uyu wa Kane tariki 2 Ukwakira 2025, yavuze ko u Rwanda rufite intego ko (…)
Ibigo bikora ubuhinzi by’umwihariko ibyibanda ku bukungu bwisubira (Circular Economy), bigiye gufashwa kurushaho kubyaza umusaruro ibyangirikiraga mu mirima n’ibindi byafatwaga nk’imyanda, gukorwamo ibindi bishobora kugira akamaro.
Raporo yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA) yagaragaje ko ifungwa ry’agateganyo ry’imihanda minini mu gihe cya Shampiyona y’Isi ry’Amagare (UCI World Cycling Championships) ryagize uruhare rukomeye mu gusukura ikirere mu Mujyi wa Kigali.
U Rwanda rwatangiye kohereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amabuye y’agaciro ya Tungsten (Wolfram).
Buri ku ya 29 Nzeri ni umunsi mpuzamahanga wahariwe ubukangurambaga, bujyanye no kwangirika kw’ibiribwa (Awareness of Food Loss and Waste), nka kimwe mu bibazo bigihangayikishije Isi, kuko nk’ibiryo bihiye bipfa ubusa bikamenwa, kandi byakabaye bitegurwa mu bundi buryo bikagira undi mumaro.
Ikiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri KT Radio ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025, cyagarutse ku buryo bwo guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi n’uko habaho guhererekanya amakuru ashingirwaho hafatwa ibyemezo mu burezi.
Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships Kigali 2025) yarangiye, ariko bimwe mu byayiranze bikomeje kugaruka mu nkuru nyamukuru.
Gahunda ya Visit Rwanda, igamije kwamamaza ubukererugendo bw’u Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers ikina Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), na Los Angeles Rams ikina muri National Football League (NFL) mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye binyuze mu mikino itandukanye muri Amerika.
U Rwanda rushoje icyumweru cy’ibirori, iminsi umunani yuzuye abanya Kigali babyutswa no guseka ku mihanda myiza, cyangwa imbere ya za televiziyo na Radiyo, yewe n’abari mu ntara badasigaye, kubera ibyishimo batewe n’abasiganwa ku magare muri shampiyona y’isi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abagize uruhare mu migendekere myiza ya Shampiyona y’Isi y’amagare (UCI) Kigali2025, kuko yanditse amateka atazibagirana ku isi yose.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yambitse umudali wa Zahabu Umunya-Slovenia Tadej Pogačar wegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yaberaga muri Afurika bwa mbere, ikacyirwa n’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yashimiwe uruhare yagize mu gutuma u Rwanda rwandika amateka mu mukino w’amagare, ahabwa igihembo n’Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku magare (UCI), gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare.
Umunya-Canada Magdeleine Vallieres yatwaye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda, nyuma yo kwegukana isiganwa ry’umunsi umwe ringana n’ibilometero 164.4 ryakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Umunya esipanyekazi w’imyaka 18 Paula Ostiz niwe wegukanye umudali wa zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abangavu basiganwa mu muhanda (Road Race).
Umutaliyani Lorenzo Finn yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda, mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 mu bagabo, nyuma kwegukana isiganwa ry’umunsi umwe ryakinwe kuri uyu wa Gatanu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko bimwe mu bishobora gutuma adasinzira neza akaba yanakwicura nijoro harimo no gutekereza uko haboneka ibisubizo ku ibibazo byugarije Abanyarwanda.
Umunyemari Davite Giancarlo ufite Farumasi izwi cyane Kipharma ndetse n’iduka ry’ibikoresho n’imiti y’ubuhinzi Agrotech yabonye ubwenegihugu bw’u Rwanda nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwasohotse mu igazeti ya Leta yo kuwa 23 Nzeri.
Perezida Paul Kagame yabwiye abanyeshuri batangiye kwiga ibijyanye n’imiyoborere kwitegura kujya kuyobora kuko ari abo Afurika ikeneye.
Umufaransa David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare ku isi, yashimiye cyane Perezida Paul Kagame n’u Rwanda ku ruhare bagize mu kuzana shampiyona y’isi y’amagare UCI Road World championships muri Afurika by’umwihariko i Kigali ku nshuro ya mbere mu mateka.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyatangaje ko kigiye gutangiza umushinga w’ikoranabuhanga mu bworozi uzatuma inka y’ishashi ishobora kubyara izindi 16 ku mwaka binyuze mu kororokera mu zindi nka zizaba zatewe izo ntanga.
U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 314 batashye ku bushake bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), barimo abari bamaze imyaka irenga 30 barahungiye mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Misiri, yavuze ko u Rwanda na Misiri bifite impamvu nyinshi zo gushimangira umubano, cyane cyane mu by’ubukungu kuko ibihugu byombi bihuje icyerekezo, ndetse ko icyo bikeneye ari ugushyira imbere gahunda z’iterambere rirambye kandi zibyarira inyungu abaturage babyo.
Perezida Paul Kagame yageze i Cairo mu Misiri, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi, akaba yakiriwe mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu ya Al-Ittihadiya na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.