Urubyiruko rugize icyiciro cya kabiri cy’Itorero ry’Intore z’Imbuto Zitoshye, rwibukijwe ko ibikorwa bizima ari byo bizabagirira akamaro mu kubaka ejo heza habo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Karere ka Mocímboa da Praia muri Mozambique, mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’imikoranire n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinée Conakry, Morissanda Kouyaté, wari umuzaniye ubutumwa bwa Perezida Mamadi Doumbouya.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL), bwatangaje ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II igeze ku kigero cya 57%.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ku bw’uruzinduko yagiriye mu Rwanda ndetse n’ibiganiro byubaka bagiranye.
Ikiganiro EdTech Monday cya Mastercard Foundation cyo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025, kiragaruka ku buryo u Rwanda rwakomeza kongerera Ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro, himakazwa uburezi bushingiye ku ikorabuhanga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga w’igihugu cya Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani, watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.
Minisitiri w’u Bufaransa ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (Francophonie) Éléonore Caroit, kuri uyu wa Kane yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ziharuhukiye.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, Francophonie Louise Mushikiwabo yavuze ko intambara n’imidugararo byugarije ibihugu bivuga Igifaransa; biturutse ku matora aba atavugwaho rumwe, ndetse n’intambara hagati y’abaturage n’ibindi.
U Rwanda na Cambodia byasinyanye amasezerano y’ubufatanye bushingiye ku kuba buri ruhande ruzajya rugisha urundi inama, ndetse n’ayo kuvanaho Viza ku bafite pasiporo za Dipolomasi n’iz’akazi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), bagiye kubaka Laboratwari y’icyitegererezo izafasha mu bijyanye no gupima no kugenzura indwara zituruka ku nyamaswa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yakiriye Madamu Brigitte Marcussen, intumwa yihariye ya Danemark mu karere k’Ibiyaga Bigari. Baganiriye ku mubano usanzwe hagati y’ibihugu ndetse n’ibimaze kugerwaho mu Karere.
Urubyiruko rugize icyiciro cya kabiri cy’Itorero ry’Intore z’Imbuto Zitoshye, rigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye muri uyu mwaka (2025), bafashwa n’Umuryango Imbuto Foundation, binyuze mu mushinga wayo uzwi nka ‘Edified Generation’, rwibukijwe ko kwiga byonyine bidahagije kuko bakeneye no kugira indangagaciro.
Mu gihe habura gusa iminsi ibiri kugira ngo u Rwanda rwakire Inama ya 46 y’Abaminisitiri bo mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), bimwe byo izibandaho birimo iterambere ry’abagore n’urubyiruko.
Abitabiriye Siporo rusange (Car Free Day) yo kuri iki Cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, bibukijwe kurushaho kwirinda indwara y’ibicurane yongeye kugaragara ku bantu benshi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo 2025, Ikigo gishya cya Polisi gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibinyabiziga (Contrôle technique), giherereye mu Murenge wa Ndera mu Karere Gasabo, cyatangiye kwakirirwamo ibinyabiziga byiganjemo moto n’amakamyo.
Kuri uyu wa Gatanu, Madamu Jeannette Kagame yakiriye mugenzi we wa Kenya, Rachael Ruto mu Biro by’Umuryango Imbuto Foundation, amugaragariza ibikorwa by’uyu Muryango mu bijyanye n’Ubuzima, Uburezi no guteza imbere ubumenyi.
Guverinoma y’u Rwanda n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere ry’inganda (UNIDO), byashyize umukono ku nyandiko nshya y’umushinga ugamije kongerera ubushobozi bw’inganda n’ingaruka zazo ku bidukikije. Uyu mushinga uterwa inkunga na Guverinoma ya Polonye.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yishimiye byimazeyo Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, mu gihe ibihugu byombi byizihiza imyaka 54 ishize umubano wabyo ushinze imizi, bishimangira kandi ubucuti ndetse n’ubufatanye burambye bukomeje kurushaho kwiyongera hagati ya Beijing na Kigali.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arihanangiriza abaturage bakora ibikorwa bigize ibyaha, bibwira ko ari bwo buryo bwo kugaragaza ibibazo bafitanye n’abaturanyi babo, akabasaba kubihagarika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko u Rwanda ruteganya ko ubwenge buhangano (AI), buzagira uruhare rwa 5% ku musaruro mbumbe w’Igihugu.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko we n’abandi babaye mu buhungiro mu gihugu cy’u Burundi, batigeze boroherwa no kuba impunzi, kuko hari amahirwe menshi abanyagihugu babonaga, ariko bo batari bemerewe.
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko yanejejwe no kumva ko abenshi mu barangije muri Kepler College bahita babona akazi mu gihe cy’umwaka umwe, kuko ari gihamya cy’ireme ry’uburezi buhatangirwa.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yashyikirije Perezida João Lourenço wa Angola ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, mu kwifuriza iki gihugu isabukuru y’imyaka 50 kimaze kibonye ubwigenge.
Perezida Paul Kagame yageze muri Guinée Conakry, mu gikorwa cyo kwifatanya na mugenzi w’icyo gihugu, Mamadi Doumbouya mu gutangiza ku mugaragaro umushinga wa mbere munini kurusha iyindi ku Isi, mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Simandou Iron Ore Project).
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yabwiye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari ya Leta, ko inzu zigera ku 29,732 zigomba gusanwa.
Bwa mbere mu mateka Abanyarwanda by’umwihariko abahinzi borozi, bagiye kujya bakoresha ifumbire mvaruganda yakozwe hagendewe ku bipimo by’imiterere y’ubutaka bw’u Rwanda.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, avuga ko ahazaza h’igisirikare cya Afurika haturuka ku byo abayobozi bacyo bemeranyaho ndetse no ku bu byo biyemeza mu biganiro barimo kugirana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko nta gihugu cyakizwa no gusabiriza, ko ahubwo ibihugu byagombye kwishyira hamwe, bikagirana inama, bigakora bigatera imbere.