Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka, yagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu biganiro bagiranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ibirimo gukorwa mu guteza imbere imibereho y’abageze mu zabukuru, no kugira ngo umubare munini (…)
Josephine Murphy Bukuru na Joselyne Alexandre Butoyi ni amazina amaze kumenyerwa cyane mu Rwanda kubera ibikorwa bitandukanye by’ubugiraneza bakora babinyujije mu muryango ‘Shelter Them’.
Abagenzi basanzwe bagenda na RwandAir n’abandi batangiye kuyimenya ubu bashyizwe igorora.
Urukiko rwa rubanda rw’ i Paris, urugereko rw’ubujurire ruragana ku musozo w’urubanza ubushinjacyaha buburana n’umuganga Sosthene Munyemana uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi byakorewe i Tumba mu Karere ka Huye.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yakiriye Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye wa Sénégal, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda rugamije gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, igikorwa cyabereye muri Village Urugwiro.
Perezida Juvenal Habyarimana wayoboye u Rwanda kugeza mu ntangiriro z’uwa 1994 yaguye mu ndege yahanuwe ijya kugwa ku Kibuga cy’indege I Kanombe, mu ijoro ryo kuwa 6 Mata 1994, ubwo yari avuye mu nama i Dar es Salam muri Tanzania. Amakuru menshi agaragaza ko yishwe n’agatsiko k’abo mu butegetsi bwe bari bafite ibyabo (…)
Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu,akaba yakiriwe na Mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije Abanyakenya kubera urupfu rwa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, akaba yaritabye Imana ku itariki 15 Ukwakira 2025.
Urwego rw’amabanki mu Rwanda, rumaze igihe rufatwa nk’inkingi ikomeye y’ubukungu bw’igihugu, ruri kugenzurwa na Leta nyuma yo kugaragara ko zunguka inyungu z’umurengera, ariko abakiriya bazo bakaviramo aho.
Komite y’Igihugu Ishinzwe Kurwanya Iterabwoba (NCTC) yatangaje ku mugaragaro Urutonde rw’Abanyarwanda bakekwaho iterabwoba n’abarifasha mu buryo bw’amafaranga, rugaragaza abantu 25 bashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba cyangwa mu gufasha no gutera inkunga amatsinda yagiye agaba ibitero ku Rwanda mu myaka ishize.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yavuze ko 95% by’Abanyarwanda bazajya babona serivisi z’ubuzima ku rwego rwa Poste de Santé no ku bigo nderabuzima.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu ya Nyungwe barasaba ko yazitirwa kugira ngo barusheho gukora akazi kabo ka buri munsi batekanye.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe n’abahagarariye umutwe wa M23, basinye amasezerano y’agahenge, ikaba ari intambwe ikomeye mu kurangiza intambara yashegeshe Uburasirazuba bwa Congo.
Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba Senateri kuri uyu wa 14 Ukwakira mu Nteko Rusange y’Urwego rw’Igihugu rw’Inama y’Igihugu y’Amashyaka ya Politiki (NFPO).
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru n’abayobozi b’Ikigo cy’Afurika gishinzwe Imiti (African Medicines Agency/AMA), bigamije gusuzuma aho ibikorwa by’iki kigo bigeze, no kureba gahunda yo kwihutisha ukocyatangira gukorera i Kigali.
Mu cyumweru gishize, umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi wateranye ku nshuro ya kabiri mu nama igamije iterambere n’abafatanyabikorwa baturuka imihanda yose.
Mu gihe harimo kwitegurwa itangizwa ry’Ukwezi kwahariwe uruhare rw’umuturage mu igenamigambi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko Leta igiye kujya yishyura ibirarane by’ingurane z’imitungo y’abaturage hakoreshejwe telefone(Momo cyangwa Aitel Money), mu rwego rwo kwihutisha iki gikorwa.
Urubanza rwa Dr. Sosthene Munyemana wajuririye igihano cy’imyaka makumyabiri n’ine y’igifungo iki cyumweru rwashojwe n’ubuhamya bw’abana be mu rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MOYA), irahamagarira urubyiruko kurushaho gukora imishinga itanga ibisubizo ku bibazo Igihugu gifite, banatanga akazi kuri bagenzi babo, kugira ngo bifashe Igihugu kugera ku ntego yo guhanga imirimo myinshi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Umuyobozi Mukuru w’umuryango Mastercard Foundation, Reeta Roy ndetse na Sewit Ahderom ugiye gusimbura Roy mu mwaka utaha, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025.
Ku wa 9 Ukwakira, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula Von der Leyern ku mikoranire no gukomeza ubufasha mu bijyanye no gukora inkingo mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame ari i Bruxelles mu Bubiligi aho yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za Guverinoma, mu Nama yiga ku Ishoramari, izwi nka Global Gateway Forum 2025, aho yavuze ko hakenewe ubufatanye bushingiye ku nyungu rusange hagati y’Afurika n’u Burayi.
Uyu munsi, u Rwanda rwatashye imihanda itatu ya kaburimbo y’ibilometero 151 yubatswe cyane cyane ku bufatanye bwa Banki n’ibigo byiganjemo ibyo mu bihugu by’Abarabu.
Urwego rw’ubuzima n’urw’ubuhinzi ni zimwe mu zikomeye kuko zifatiye runini ikiremwamuntu, kubera ko ibiva mu buhinzi ari bimwe mu bituma umuntu arushaho kugira ubuzima bwiza, kandi igihe umuntu adafite ubuzima buzima, kiba ari igihe cyo kwitabwaho n’abaganga kuko hari ikiba kitagenda mu mubiri.
Abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, mu biganiro bagiranye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro (RURA), babajije ikirimo gukorwa kugira ngo ibinyabiziga bishaje bikiri mu kazi ko gutwara abantu n’ibintu bive mu muhanda.
Abaganga b’inzobere bavura indembe kwa muganga baturutse mu bihugu binyuranye by’isi bahuriye i Kigali mu nama yiga uburyo ubushakashatsi butanga ibisubizo ku byo umurwayi w’indembe akenera bwashyirwamo ingufu, kandi ntibube umwihariko w’ibihugu biteye imbere gusa.
Abadepite batoye amategeko yemerera kwemeza burundu amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere, yasinywe hagati y’u Rwanda n’ibihugu 12, aya masezerano akaba arwemerera gukoresha ikirere cy’ibyo bihugu rutiriwe rubisaba uruhushya.
Perezida Kagame yabwiye abarahiriye inshingano muri Guverinoma, ko amakosa bashobora gukora agira ingaruka ku Banyarwanda bose bityo bakwiye kwirinda kuyagwamo.
Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Budage, ibinyujije muri Banki y’Iterambere y’Abadage (KfW), basinyanye amasezerano y’inkunga ya miliyoni 18 z’amayero (ahwanye na miliyari 30.5 Frw) agenewe gutera inkunga gahunda zo kurwanya ubukene.
Madamu Jeannette Kagame yagenewe igihembo n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abaganga b’inzobere bita ku Buzima bw’Abagore (FIGO) kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubuzima bw’abagore n’ubw’umwana w’umukobwa.