Muri iyi imyaka 31, Dafroza Mukarumongi-Gauthier yabaye ijwi ridacogora mu rugamba rwo guharanira ubutabera mu Bufaransa. Uyu umugore wicisha bugufi ariko ufite imbaraga zidasanzwe mu guhiga abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, si umupolisi, si n’umushinjacyaha wa Leta.
Abitabiriye amasengesho yateguwe n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship, yagenewe abayobozi bakiri bato azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’, basanga umuryango ukwiye kuba ishingiro ryo kubaka igihugu n’umurage mwiza.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Madame Jeannette Kagame yabwiye abitabiriye amasengesho yiswe Young Leaders Prayer Breakfast yari agamije cyane cyane gusengera ingo, ko kimwe mu bibazo bibangamiye ingo ari uko abagiye kurushing bita ku gutegura ibirori kurusha gutegura urugo ubwarwo.
Madamu Jeannette Kagame yasabye abakiri bato gushishoza impamvu zituma bashinga ingo ko ziba zishingiye ku rukundo, kuko ari rwo musingi wa mbere wubaka urugo rugakomera.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi by’umwihariko abafatanyabikorwa b’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), bishimiye ikoranabuhanga ryashoboye guhuza konte za SACCO na telefone zabo, ku buryo ibikorerwaho byose babimenya bitabasabye kuva aho bari.
Uyu munsi taliki ya 30 Kanama mu karere ka Karongi, hasojwe amahugurwa y’abatoza b’umukino wa Triathlon yari agamije gukarishya ubumenyi bw’abari basanzwe muri uyu mukino ndetse no guhugura abashya.
Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’Abanyamamakuru mu Rwanda ARJ kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Kanama yatoye Dan Ngabonziza nk’umuyobozi mushya muri manda y’imyaka itatu.
Abatari bake bazi ko abasirikare bari mu mutwe ushinzwe kurinda inzego nkuru z’Igihugu, bazwi nk’aba GP (Republican Guard/ Garde Republicain), bafite inshingano zo kurinda Umukuru w’Igihugu (Perezida) gusa.
U Rwanda rwemeje ko rwakiriye abimukira barindwi baturutse muri Amerika nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi yo kokereza abimukira mu Rwanda.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yagaragaje ko hakenewe ingendo z’indege z’ako kanya zihuza ibihugu byombi zidaciye ahandi, mu rwego rwo kurushaho kwihutisha ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Mozambique.
Ambasaderi Dr. Charles Murigande winjiye muri Guverinoma mu 1995 ari Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho (Minister of Transport and Communications) avuga ko yabonye byinshi byatuma kuri ubu Abanyarwanda bashima Imana.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, Jean Bosco Nshimiyimana ku myaka ye icyenda yari yasuye umuryango w’Abaturanyi, nuko ababyeyi be barahunga, aburana na bo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko uretse kuba u Rwanda na Mozambique ari ibihugu bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ikiruta byose ari n’ibihugu by’inshuti kandi nziza.
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, yageze mu Rwanda, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida mushya wa Mozambique, Daniel Chapo ategerejwe i Kigali mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’umukuru w’Igihugu agiriye mu Rwanda.
Kuva mu mwaka wa 2018 binyuze mu muryango Imbuto Foundation hatangijwe amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi hagamijwe gushyigikira no kuzamura impano z’abakiri bato.
Abafite aho bahuriye n’ikoranabuhanga mu burezi, basanga ubufatanye n’abikorera bwongera ubumenyi mu mashuri, nk’uko bigenda bigaragarira mu musaruro wavuye mu bikorwa bitandukanye Leta yagiye ihuriramo n’abikorera.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Ingabo z’u Rwanda RDF zishinjwa ibikorwa by’ubwicanyi mu Burasirazuba bwa DRC, iyo ziza kuba ziriyo nk’uko bivugwa mu bitangazamakuru mpuzamahanga, zitari kubikora nk’uko zemeye guherekeza abacanshuro b’Abanyaburayi bagafashwa gusubira iwabo.
Hari imyumvire imaze imyaka myinshi mu banyeshuri n’ababyeyi ivuga ko amasomo ya siyansi by’umwihariko iry’imibare n’ubugenge akomera, bikagira ingaruka ku mahitamo no ku mitsindishirize yayo hamwe no ku cyerekezo cy’uburezi bw’Igihugu.
Ikaze mu kiganiro #EdTechMondays cyo muri uku kwezi kwa munani, kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, kivuga ku kwagura ubufatanye bwa Leta n’abikorera mu guteza Imbere ikoranabuhanga mu burezi (Building Public-Private Partnerships for Sustainable EdTech Growth).
Minisitiri w’Ingabo wa Mozambike, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, yavuze ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi ku Gihugu cye mu bikorwa birimo iterambere ry’ubukungu, ariko cyane cyane mu by’umutekano.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yasuye aho u Rwanda rurimo kumurikira ibikorwa byarwo muri Expo 2025 Osaka Kansai mu Buyapani, yakirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo Gihugu, Marie Claire Mukasine.
Umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Congo, M23 wabwiye abanyamakuru ko ibirego bidafite ishingiro byo kwica abaturage b’abahutu nta kindi bigamije uretse gushimangira umugambi wa Leta ya Congo n’inshuti zayo wo gutangiza Jenoside ku buryo bweruye.
Umutwe wa AFC/M23 uhanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) washinje umuryango uvuga ko uharanira uburenganzira bwa Muntu(HRW) ndetse n’ishami ry’Umuryango w’abibyumbye ryita ku burenganzita bwa muntu gukorera mu kwaha kwa Leta ya Kinshasa, ugatangaza raporo z’ibinyoma.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yazamuye inyungu fatizo iyigeza ku gipimo cya 6.75% ivuye kuri 6.5%, mu rwego rwo gukomeza kugenzura izamuka ry’ibiciro ku masoko y’imbere mu gihugu.
Umugabo yahuye na mugenzi we baherukanaga mu myaka nka cumi n’itanu, maze baribwirana, nuko umwe abwira mugenzi we ati “erega twariganye hariya mu Bigugu”! Undi na we rero amwishongoraho cyane ati “ese burya wagira ngo kwari ukwiga? Ahubwo burya jye nyuma naje kujya kwiga."
Ku mugoroba utuje i Kigali, Umuhoza Alice, umubyeyi w’abana babiri biga mu mashuri yisumbuye, yabujijwe amahwemo n’abana be bari bamuzaniye ikibazo cy’imibare mu mukoro wo murugo, bamubwira ko gikomeye cyane, bamubaza uko bagikora.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, ari i Yokohama mu Buyapani, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya cyenda yiga ku Iterambere rya Afurika (Tokyo International Conference on African Development - TICAD).
Umwana wa mbere mu gihugu watsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ni uwitwa ARAKAZA Leo Victor wigaga ku ishuri rya Wisdom School Musanze wagize 99.4%.
Umuyobozi w’ishami rigenzura ubudahungabana bw’urwego rw’imari muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), Ferdinand Murenzi, yavuze ko buri Munyarwanda ashobora kwinjira muri iyi Banki akabaza ikibazo afite kigendanye n’iby’imari.