Niba usanzwe ugenda kwa muganga nta kabuza ko ujya ubona abaganga mu myambaro yabo akenshi iba itandukaniye mu mabara nubwo bose baba bahuriye ku muhamagaro wo kurengera ubuzima bw’abantu.
Mu Rwanda umubare w’abakoresha amakara n’inkwi uracyari hejuru kuko uri kuri 93.8%, bigatuma ibidukikije bitabungwabungwa uko bikwiriye.
Ubuyobozi bukuru bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA), bwatangije gahunda yo kwemeza imyirondoro y’abantu nk’igikorwa kibanziriza itangwa ry’indangamuntu koranabuhanga zizatangira gutangwa mu minsi iri imbere.
Abashinzwe imikoranire mu bya gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda, basobanuriwe imiterere y’ibikorwa bya RDF byo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye (UN), ndetse n’ibya gisirikare bikubiye mu masezerano u Rwanda rwagiranye n’ibindi bihugu, bashima iyo mikorere y’Ingabo z’u Rwanda.
U Rwanda rwihanganishije Guverinoma ndetse n’abaturage ba Ghana nyuma y’impanuka y’indege ya kajugujugu, yahitanye abantu umunani barimo Minisitiri w’Ingabo, Edward Omane na mugenzi we w’Ibidukikije, Ibrahim Murtala Muhammed.
Mu gihe Abadepite bitegura kujya mu kiruhuko cy’ukwezi kumwe cya buri mwaka,kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Kanama 2025, bateranye mu nama idasanzwe kugira ngo hafatwe ingamba zihutirwa ku byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta mu mwaka warangiye muri Kamena 2024.
Igihugu cya Zimbabwe kibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi Mpuzamahanga, cyagaragaje ko gifata imikoranire yacyo n’u Rwanda nk’ikintu gikomeye, bitewe n’iterambere ryagiye rigerwaho mu myaka ishize.
Kubika intanga hifashishijwe ikoranabuhanga bizagendera ku cyemezo cya muganga. Ibi ni ibikubiye mu mushinga w’Itegeko rigenga serivisi z’ubuvuzi watowe n’Inteko rusange umutwe w’Abadepite harimo n’ingingo ivuga uburyo intanga ndetse n’urusoro byabikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga bikazifashishwa mu kororoka kw’abantu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe yashimangiye ko intsinzi y’Ingabo zahoze ari iza RPA, yashingiye ku ndangagaciro zirimo gukunda Igihugu, ikinyabupfura ndetse no gushikama ku ntego zisobanutse kandi zifite icyerekezo.
Inteko rusange umutwe w’Abadepite yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 4 Kanama 2025, yatoye itegeko ryemerera abangavu kuboneza urubyaro.
Ba Ofisiye 81 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bigiraga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu mwaka wa 2025.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye byimazeyo Umunyamerika Kawhi Leonard wamamaye muri NBA, umaze iminsi mu Rwanda mu bikorwa by’Umuryango wa Giants of Africa, byo gufasha abana kwiga umukino wa Basketball.
Mu myambaro yiganjemo iya Kinyarwanda, barangajwe imbere na Parfait Busabizwa, Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, Abanyarwanda baba muri iki gihugu n’inshuti zabo bahuriye mu mujyi wa Brazzaville ku cyicaro cya Ambasade y’u Rwanda, bizihiza umunsi w’Umuganura.
Muri rusange iyo mu nganzo haje umwezi (kugira igitekerezo cyo guhimba), umuririmbyi cyangwa umuhanzi aricara akandika indirimbo, yamara kuyishyira ahagaragara, abayumvise bakibaza niba yarayihimbye agendeye ku nkuru nyakuri cyangwa ku buzima bwe bwite.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice arasaba abaturage kugira uruhare mu bikorwa bibateza imbere, kuko ari bwo ubuyobozi buzaboneraho kubunganira mu bikorwa bibashyira ku isonga koko.
Mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize, u Rwanda rwariyubatse rwateye intambwe ishimishije mu ikoranabuhanga, ku buryo iminsi mikuru imwe n’imwe isigaye yizihirizwa ku mbuga nkoranyambaga kandi abantu bakaryoherwa, bakumva baguwe neza.
Intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), zahuriye mu nama ya mbere yiga ku gukurikirana iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, yashyiriweho umukono i Washington ku wa 27 Kamena 2025.
Minisitiri w’Uburezi yavuguruje abarimu n’abandi batekereza ko akanyafu ari uburyo bwiza bwo guhana umwana no kumugarura ku murongo, ababwira ko gutsibura abakora nabi bose birsmutse bigizwe ihame igihugu cyasigara cyuzuye inkoni.
Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ry’i Rusizi uherutse kwandikira ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri b’abahungu (Animateur) ndetse akamusaba kwigurira icupa kuko aberewe n’umugayo, yasabye imbabazi. Ni nyuma y’uko benshi batashimishijwe n’imvugo yakoresheje muri iyo baruwa.
Minisitiri w’uburezi Nsengimana Joseph, yashimiye abarimu ku buryo bakoze neza mu mwaka w’amashuri ushize, ariko asaba n’ibitaragenze neza, nko gusiba kw’abarimu mu kazi n’ibindi byakosorwa, hagamijwe gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi.
Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko mu kwemera amadosiye y’Ibigo by’Imari bigiye gutangira, ubunararibonye ku muyobozi w’ikigo gishya ari ingingo yitabwaho cyane, kuko bitabaye ibyo kwaba ari ugushyira mu kaga umutungo w’abakiriya.
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 30 Nyakanga 2025, Mohammed Bin Khalil Faloudah, yagizwe Ambasaderi w’Umurinzi w’Imisigiti ibiri Mitagatifu mu Rwanda, afite icyicaro i Kampala.
Bavandimwe, ko iyo umuntu azi ko amashuri yegereje atangira kureba aho yakura ubushobozi kugira ngo igihe nikigera azabone icyo abwira Diregiteri, ko iyo umuntu afite ubukwe mu mezi atatu, ane ari imbere atangira agatumira, agakoresha inama z’ubukwe kugira ngo arebe uburyo ibirori bizagenda neza..., ko iyo imvura imanutse (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Gao Wenqi, guhagararira u Bushinwa mu Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabwiye Abadepite ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ikwiye kugaragaza ubushake bwa Politiki mu kurandura umutwe wa FDLR.
Abaturage bo mu Mirenge ya Musambira, Kayumbu, Karama, na Kayenzi mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko nyuma y’uko amateme n’ibiraro bambukaga bagenderana bitwawe n’ibiza, bapfushije abantu benshi kubera gutwarwa n’imigezi inyura muri iyo Mirenge
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasezeye ku basirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, mu birori byo kubashimira umurimo w’indashyikirwa bakoreye Igihugu, aba basirikare bakaba bahamije ko nubwo bakuramo umwambaro w’akazi (uniform), inshingano ku gihugu batazireka, nk’uko byagarutsweho na Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza.
Uwashinze Umuryango Giants of Africa akaba n’umushoramari muri siporo, umuco n’imyidagaduro, Masai Ujiri yashimiye Perezida Paul Kagame, kuba umuyobozi ushyigikira impano z’urubyiruko.
Uyu munsi, u Rwanda rwabonye icyanya gishya, cyangwa inyubako izatuma abakunda siporo, cyane cyane Basketball bayikina, bayifana cyangwa se bayireba bakikijwe n’ikirere cyiza, kirimo iby’ibanze umuntu wagambiriye gusohoka yabona, ahantu umukunzi wa siporo yajyana n’inshuti ye, cyangwa n’umuryango, buri wese akahabona (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko Afurika ikeneye kwizera ubuhangange yifitemo kandi Abanyafurika ubwabo by’umwihariko urubyiruko bakaba ari bo bakeneye kubigaragaza.