Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko mu 2028, hazashyirwaho Pariki y’Ibirwa, abayisura bakazajya bahasanga inyoni, aho gukorera siporo, imikino ya Golf, ibyanya bijyanye n’imiti gakondo n’ibindi.
Gahunda ya ’tunywe gacye’ iracyahari, ndetse n’imisoro ku byotsi n’inzoga iherutse kongerwa, byose bigamije gushakira abanyarwanda ubuzima bwiza, ariko abasanzwe banywa ibinyobwa bisindisha baravuga ko inzoga zizakomeza kunyobwa nk’ibisanzwe, dore ko ubu noneho utubari turushaho kubasanga mu muharuro wabo.
Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena, basabye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’Ibidukikije ndetse n’izindi nzego za Leta zibifite mu nshingano kwita byihariye ku mibereho y’abatuye mu birwa batagerwaho n’iterambere.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ba Ofisiye Bakuru basoje amasomo mu ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence Force Command and Staff College), gushora ubumenyi bacyuye mu bizamura iterambere ry’umutekano w’ibihugu byabo, bakayoborwa n’ubwo bumenyi barangwa n’ubunyamwuga mu kazi.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yagejeje kuri Komisiyo ya Sena y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu uko Politiki, amategeko n’amabwiriza bigenga imikoreshereze y’ubutaka byubahirizwa mu birwa.
Nyiranshimiyimana Donatille wo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze, arashima gahunda yo gutanga amaraso, nyuma yo gutabarwa na yo ubwo yari yagize ikibazo cyo kuva amaraso menshi amaze kubyara, nyamara we yari yaranze kwitabira gahunda yo kuyatanga.
Hari amatsinda ya WhatsApp menshi mbarizwamo y’abo twiganye, twaturanye, twasenganye, cyangwa twagendanye hano na hariya, ibyo ni ibisanzwe.
Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas (Tom Close), yibukije abantu bagifite impungenge zo gutanga amaraso, ko gutanga amaraso bitagendera ku byiciro by’imibereho y’abantu, ahubwo ko bireba buri wese ufite ubuzima buzira umuze.
Ababyeyi barashimira Leta y’u Rwanda yabashyiriyeho gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato(ECD), irimo gufasha abana kugira imikurire myiza, n’ababyeyi bakabona uwo basigira abana n’abuzukuru bakajya mu mirimo ibateza imbere.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Huye, Gervais Butera Bagabe, avuga ko umucuruzi wagize uruhare muri Jenoside atumvaga umurimo we.
Abasoje amahugurwa ya ‘Urumuri Program’, bitezweho kuzana impinduka nziza mu kurengera ibidukikije bahangana n’imihindagurikire y’ikirere, binyuze mu mishinga yabo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze REB nticyemeranya n’abavuga ko amashuri y’inshuke ashishikazwa no kwigisha indimi gusa, ariko ntiyite ku kumenya neza ibitekerezo by’umwana.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’amashuri y’ibanze muri REB Dr. Flora Mutezigaju, arasaba abarimu n’ababyeyi bita ku bana biga mu mashuri y’inshuke, birinda kubasibiza kuko binyuranyije na gahunda ya Leta yo kwiga no kwigisha mu mashuri y’inshuke.
Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph mu Kiganiro yagiranye n’inzego zitandukanye kuri uyu wa gatanu tariki 13 Kamena yavuze ko Leta iteganya kongera umubare w’abana bajyanwa mu mashuri y’incuke ukava kuri 45% ukagera kuri 65% umwaka w’amashuri uzatangira mu kwezi kwa Cyenda.
Minisiteri Y’Uburezi yatumiye abanyarwanda n’abafatanyabikorwa b’Uburezi mu kiganiro gitegerejwemo kuzana impinduka zikomeye mu guteza imbere ireme ry’Uburezi,
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026, yavuze ko amafaranga azagenda ku mirimo yo kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kirimo kubakwa mu Bugesera mu ngengo y’Imari ya 2025-26, angana na Miliyari 853,6Frw.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko mu rwego rwo gufasha abaturage guhaha no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, hari impinduka zabaye ku misoro yari iteganyijwe kuzamurwa mu mwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026.
Abiga imyuga n’ubumenyi ngiro muri Diyosezi ya EAR Shyogwe, bamaze kuvumbura uburyo bwo gukora amasabune bifashishije ibishishwa by’imyumbati, bakamuramo amavuta asimbura amamesa n’andi mavuta bakoreshaga.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango JADF, baratangaza ko biteguye kugira uruhare mu kuziba icyuho cy’inkunga z’amahanga zahagaritswe, kugira ngo umuturage wafashwaga atahahungabanira.
Abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), by’umwihariko abo mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bayifata nk’akabando k’iminsi bitewe n’uburyo yabafashije kwagura ibikorwa byabo ikabavana ku rwego rumwe ikabageza ku rundi rwisumbuyeho.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2025 Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, irageza ku Nteko ishinga amategeko imitwe yombi, itegeko rishyiraho Ingengo y’Imari izakoreshwa umwaka wa 2025-2026.f
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye imiryango Aegis Trust, Interpeace na Never Again ubufatanye mu kwamagana Abanyamakuru n’Abanyapolitiki "bica bakoresheje ikaramu (kwandika) hamwe n’ibiganiro bakora."
Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’Abarimu mu kigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze, Leon Mugenzi, avuga ko amahirwe yahawe abarimu mu kigo cy’imari cyo kubitsa no kugurizanya, Umwalimu SACCO, ari menshi, ku buryo umwarimu utabitsa muri iki kigo akwiye kwegerwa kuko afite ikibazo.
Abakristu ba ADEPR Masizi mu Karere ka Nyamagabe bamaze iminsi bambuka Mwogo, baciye ku Rutare rw’Imbaragasa, bakajya gusengera I Rwankuba ya Kabagari mu karere ka Ruhango, kuko urusengero rwabo rufunze.
Mu gikorwa cyo Kwibuka Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Gikondo cyabaye ku mugoroba tariki 9 Kamena 2025, Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko Abanyarwanda birengagije isano bafitanye n’ibibahuza, bahitamo kwica abo bavuga ururimi rumwe ndetse bahuje n’Ubunyarwanda.
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore ari kumwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, Umuyobozi muri Ambasade ya Amerika mu Rwanda, John Armiger na Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra basuye ahazubakwa urugomero rwa Rusizi III ruhuriweho n’u (…)
Nk’uko bisanzwe abaturiye Pariki z’Igihugu bagira icyo bagenerwa ku mafaranga yinjizwa n’izo Pariki biciye mu bukerarugendo (Tourism Revenue Sharing), bikabafasha kubona ibikorwa remezo batari bafite, ndetse bagakora imishinga itandukanye igahabwa inkunga.
Kaminuza y’u Rwanda n’andi mashuri makuru ya Leta yatangiye ivugurura rigamije kunononsora imikorere, imiyoborere, guhanga udushya, ndetse no guha umukozi umwanya wo gukoresha ubushobozi bwe, ku nyungu z’akazi n’iz’iterambere rye bwite
Umujyi wa Kigali wagaragarije Abadepite ko mu nzu zigera ku 1,400 zubatswe nta byangombwa, izigera kuri 222 zigomba gusenywa zikavanwaho burundu.
Kuva mu myaka 31 ishize, ubuhamya bwagaragaje ko abavuga ko bitirirwa Kristo, cyangwa mu bakristo harimo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, none ubu bakaba batarahindutse, bagakomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.