Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ko Afurika ifite byinshi byayiteza imbere ariko ikibazo ari ukumenya ibyo abayituye bagomba gukoresha, kugira ngo bagere kuri iryo terambere.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yageze i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitiki baturutse muri Afurika no hirya no hino ku Isi, Africa CEO Forum.
Abatuye n’abaturanye agace kitwa i Rwanda kari hagati y’utugari twa Gasagara na Kinyana, Umurenge wa Rusororo w’Akarere ka Gasabo, barasaba inzego zibishinzwe gukaza umutekano no kubafasha kumenya irengero ry’amatungo yabo yibwe, cyane cyane inka.
Ubutekamutwe bushingiye ku guhererekanya amafaranga ku buryo bakunze kwita Pyramid na Ponzi, aho abantu bizezwa inyungu z’umurengera buri gufata indi ntera.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Patrice Mugenzi, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta, ko ikibazo cy’ibirarane Uturere dufitiye abacuruzi b’inyongeramusaruro bingana na Miliyari 22Frw, bagiye kureba uko wishyurwa ndetse hagafatwa ingamba zo kwirinda kongera kubajyamo umwenda.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko barasaba ko ingengo y’imari yateganya amafaranga yo kwishyura abaturage bimurwa ku nyungu rusange, kuko bimaze kugaragara ko kwimurwa kwabo hari aho binyuranya n’itegeko ibyabo bikangizwa batarishyurwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, yatangaje ko umuhanda Kigali-Muhanga wari uteganyijwe gukorwa mu ngengo y’imari 2025-2026, utagikozwe kuko inyigo yawo itararangira.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo MININFRA n’Abafatanyabikorwa bayo barimo Ikigo gutanga imodoka zikoresha amashanyarazi BasiGo, n’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu modoka mu Rwanda RTA, batangije gahunda yo gutwara abagenzi mu modoka zikoresha amashanyarazi, ku muhanda Kigali-Muhanga-Nyanza-Huye, mu rwego rwo kubungabunga (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko (Imitwe yombi), imbanziriza mushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025/2026 irenga miliyari 7032.5Frw, ikaba izavamo ayo kurangiza kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri mu Bugesera.
Mu matora ya Papa yari amaze iminsi ibiri abera i Vatican muri Chapeli Sistine, Umunyamerika Robert Francis Prevost ni we utorewe kuba Papa, afata izina rya Gishumba rya Leo XIV.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyanza bari barazahajwe n’ingaruka zo guhinga barumbya imyaka kubera ubutaka busharira bayobotse ubuhinzi bwitaweho bwa Avoka bakorera ku butaka buhuje, bakaba bategereje umusaruro uzatuma bihaza mu biribwa bakanasagurira amasoko.
Perezida Paul Kagame yageze i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu 07 Gicurasi2025, agirana ibiganiro na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire, ubwo yagezaga ku bagize Inteko Ishinga Amategeko raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2024, yavuze ko Leta yagaruje Miliyari 3.3Frw muri Miliyari 3.4Frw yari yanyerejwe mumwa wa 2023-2024, igikorwa (…)
Abahinga mu cyanya cyuhirwa n’urugomero rwa Muyanza bavuga ko kuva batangira kwitabira uburyo bwo kuhira imyaka umusaruro wiyongereye mu bwinshi ndetse no mu ireme.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umuyobozi wa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (Croix Rouge) ku Isi, Mirjana Spoljaric Egger.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibinyujije mu mujyanama wa Perezida Donald Trump mu bufatanye na Afurika, Massad Boulos, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2025, yemeje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zamaze kuyishyikiriza umushinga w’amasezerano y’amahoro.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yemeje ko rurimo kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku kuba rwakwakira abimukira iki gihugu cyirukanye ku butaka bwacyo.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije(REMA) kivuga ko uburyo bwo gupima imyotsi iva mu binyabiziga igahumanya umwuka bugiye kuvugururwa, kandi ko moto na zo zizajya zinyuzwa mu kigo kireba ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyitwa ‘Contrôle Technique’.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier yavuze ko Guverinoma y’ubumwe yahinyuje abateguye umugambi wa Jenoside bari bazi ko Abanyarwanda batazongera kubana.
Perezida Paul Kagame yageze muri Gabon aho yifatanije n’abayobozi batandukanye ku Isi mu birori by’irahira rya Gen Brice Clotaire Oligui Nguéma watorewe kuyobora iki Gihugu.
U Rwanda na RDC babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamaze kwemeranya ko amasezerano y’amahoro azasinywa muri Kamena, akazashyirwaho umukono na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we wa RDC, Félix Tshisekedi, mu muhango uzabera muri White House imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump.
Birashoboka ko amazi y’imvura amanuka ku misozi ikikije Umujyi wa Kigali yabyazwa amashanyarazi cyangwa agakoreshwa ibindi, aho kuyabona buri gihe nk’impamvu iteza ibiza mu baturage, nk’uko impuguke mu bijyanye n’Ibidukikije zibisobanura.
Rwagashayija Boniface utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, aratangaza ko atigeze yimana ubutaka ku bwumvikane n’abapadiri ngo bwagurirweho Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe.
Gen. Mamadi Doumbouya, Perezida wa Guinea-Conakry, aragirira uruzinduko mu Rwanda, rugamije gukomeza gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Mu mpera za Mutarama uyu mwaka, hari intwaro zarebeshejwe mu Rwanda, zirasa abatuye mu mujyi wa Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda zica abasivili bagera kuri 16 b’inzirakarengane, hakomereka benshi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ndetse n’ikipe y’umupira w’amagaru mu cyiciro cya mbere muri Esipanye (Atletico Madrid) binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda bemeje ko basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kumenyekanisha ubucyerarugendo bw’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango wita ku mbabare - CICR butangaza ko kuri uyu wa 30 Mata butangira gucyura ingabo za FARDC n’ imiryango yabo yahungiye mu kigo cy’ ingabo z’ umuryango wabibumbye zikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Monusco.
Kuri uyu wa 29 Mata, ingabo za SADC zatsinzwe ku rugamba zari zifatanyije na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zihanganyemo n’abarwanyi b’umutwe wa M23 zacyuye ibikoresho byazo zibinyujije mu Rwanda.
Inzego z’Uburezi n’abafite aho bahurira n’ikoranabuhanga mu burezi baratangaza ko kugira ngo ikoranabuhanga ribashe gushinga imizi mu myigishirize, bikwiye ko uruhare rw’ababyeyi rushyirwamo imbaraga, kuko usanga haba abo mu mijyi no mu byaro, hari abatarumva akamaro ko guha umwana igikoresho cy’ikoranabuhanga.