Abaturage bo mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, baremeye imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, amatungo magufi agizwe n’intama, banayiha ibiribwa hamwe n’ibikoresho by’isuku.
Mu bagore bahamijwe icyaha cya Jenoside bakanagihanirwa, hari abavuga ko iyo bataza gufungwa batari kubasha kuruka uburozi bw’urwango babibwemo n’abayobozi babi.
Mu kwizihiza Umunsi mpuzamahanga wahariwe inzuki tariki 20 Gicurasi 2025, abagore bakora ubuvumvu mu Karere ka Rutsiro, ubu ni bwo bamenye akamaro ko kubungabunga ishyamba cyimeza rya gishwati-Mukura, ryari rigiye gucika kubera ibikorwa bya muntu, ariko ubu rikaba ryaranhindutse urwuri rw’inzuki zabo.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kuba hari umugani mu Kinyarwanda uvuga ko nta wigira, bisobanura ko abakobwa bonyine batagera ku byiza byose bizihiza.
Dr. Janet Kayesu yakuranye inzozi zo kuzaba muganga ariko akibaza uko azabigeraho, bitewe n’ubuzima yabagamo, ariko aza kuzikabya binyuze mu kwishyurirwa n’Imbuto Foundation.
Umunyapolitiki Tito Rutaremara yagaragaje ko impinduka Afurika itegereje zikwiriye guhera mu burezi nyafurika, aho ababyeyi batagomba gukomeza kurera abana kizungu.
Kuri uyu wa 24 Gicurasi, Madamu Jeannette Kagame arahemba abanyeshuri b’abakobwa 123 batsinze neza kurusha abandi ibizamini bya Leta by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu yasuye ikirombe cya Nyakabingo, giherereye mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi, kikaba ari cyo cya mbere muri Afurika gicukurwamo amabuye menshi azwi nka ‘Wolfram’.
Asoza inama y’Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore bo mu Muryango wa Commonwealth (CWP) mu Karere ka Afurika, yaberaga mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuva tariki 19 kugeza ku ya 22 Gicurasi 2025, Perezida wa Sena Dr. François Xavier Kalinda, yavuze ko u Rwanda rwahisemo gushyira uburinganire mu bikorwa byarwo byose.
Abanyarwanda 642 biganjemo abagore n’abana bagejejwe mu Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), bakuwe mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru muri RDC, aho bavuga ko baruhutse guhoza akarago ku mutwe bahunga intambara zidashira.
Abamotari bakorera mu Karere ka Musanze, barasabwa kubungabunga umutekano wo mu muhanda nk’uko badasiba kubyibutswa muri gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, basabwa guharanira kugira icyizere cy’ubuzima bwabo n’ubw’abagenzi batwara, bakoresha kasike zujuje ubuziranenge.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangije inyigisho ku bagororwa b’abagore bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari gafi gusoza igihano bahawe n’inkiko.
Kuva ku wa gatandatu w’icyumweru gishize kugera kuri uyu wa 20 Gicurasi, Abanyarwanda barenga igihumbi bamaze kwakirwa mu rwababyaye, aho igihugu kibereka ko umuturage ari ku isonga.
Perezida w’Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore bo mu Muryango wa Commonwealth (CWP) mu Karere ka Afurika, Depite Ndangiza Madina, yatangaje ko biteguye gusangiza abitabiriye inama baturutse mu Nteko zishinga Amategeko zo mu bihugu bya Afurika, uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bigakurikirwa (…)
Mu gikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro imibiri 260 yimuriwe mu rwibutso rwa Rusiga mu Karere ka Rulindo, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasabye abaturage gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka, kugira ngo (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko ibibazo by’umutekano wa Afurika bidashobora gukemurwa n’ibisubizo bitanzwe n’abo hanze yayo.
Mu cyumweru gishize, ikipe imwe yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda, yandikiye ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA iyigaragariza impungenge yari ifite ku misifurire y’umupira wari uteganyijwe muri weekend n’indi isigaye ngo uwatsinze aterure igikombe.
Abanyarwanda 796 bari barafashwe bugwate na FDLR mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batashye mu gihugu cyabo.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, cyabereye kuri Collège APACOPE ku wa Gatandatu 17 Gicurasi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo RWEGO NGARAMBE Emmanuel, yavuze ko kuba umuryango APACOPE waraharaniye uburezi kuri bose kuva mu gihe abawushinze batotezwaga bazizwa (…)
Abana babarirwa mu bihumbi 22 ni bo babaruwe mu Ntara y’Amajyaruguru bataye ishuri, muri uyu mwaka w’amashuri wa 2024-2025. Ni ikibazo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yagaragaje ko buri muntu wese akwiye kugira icyo agikoraho, umubare munini w’abo bana ukagabanuka basubizwa mu ishuri.
Ifatwa ry’umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibyaro biwukikije biracyaduhishiye ibiteye amatsiko (surprises) byinshi.
Kuri uyu wa 17 Gicurasi, Abanyarwanda bagera kuri 360 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bakirwa mu rwababyaye banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Kongo mu Karere ka Rubavu.
Inteko Rusange ya Sena isanga inkunga z’amahanga zahagaritswe ntacyo zizatwara u Rwanda, kuko imishinga minini igihugu cyimirije imbere izafasha kuziba icyuho.
Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda, yongeye kugaragaza ko u Rwanda rushikamye mu rugamba rwo kubungabunga amahoro n’umutekano ku Isi, asaba ko habaho amavugururwa y’ingenzi mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye (UN), byo kubungabunga amahoro kugira ngo zirusheho gutanga umusaruro no kurinda abasivili.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere, isanga nyuma y’imyaka mirongo itatu n’umwe habaye Jenoside yakorewe Abatutsi yashegeshe imiryango mu Rwanda, uyu munsi hari inkuru yo kwishimira, kuko imiryango yazanzamutse, ikiyubaka.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko kuva ku ya 28 Mata 2025 kugeza uyu munsi, abaturage bagera ku 6.300 bamaze guhabwa serivisi z’ubuvuzi ku buntu mu bitaro bya Munini bw’Akarere ka Nyaruguru muri gahunda y’inzego z’umutekano mu bikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere.
Abaminisitiri n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda bari mu ngendo zitezweho kuzanira u Rwanda ishoramari rishya rizarushaho kuzamura ubukungu bw’igihugu gishaka kuba cyavuye ku irisiti y’ibihugu bikennye mu 2030.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga, batangaza ko kugira Perezida wa mbere wayoboye u Rwanda, byazaniye urupfu Abatutsi aho kubazanira iterambere.
Mu cyumweru gishize umuryango wanjye wagize ibyago, maze dutangira guhanahana amakuru, dukora utunama twa hato na hato, cyane cyane tureba uburyo tuzajya gutabara.
Abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda, bavuga ko basanze Nyange ari ikimenyetso cy’u Rwanda rushya n’urw’amateka mabi rwanyuzemo.