Senateri Dr Charles Muligande yibuka ko ubwo yari akiri muri Guverinoma, uwari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko bagiye kubaka ubuhunikiro bw’imyaka bwa toni ibihumbi 20.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yishimiye intsinzi y’ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (Les Leopards) nyuma yo kubona intsinzi yayihesheje itike y’igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’imyaka 52.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Ronald Rwivanga, yabwiye Abasenateri ko umuganda waciwe intege n’abayobozi mu nzego zo hejuru batawukora kandi bakagombye kubera urugero abaturage.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basabye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) kwandikisha Umuganda w’u Rwanda mu Murage w’Isi.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, tariki 30 Werurwe yerekanye Filimi ‘Beyond the Clouds’ mu kigo cy’Amashuri yisumbuye ya FAWE Girls School riherereye ku Gisozi mu mujyi wa Kigali igaruka ku guha uburezi abana baturuka mu miryango ikennye.
Kuri uyu wa Mbere, Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026, nyuma yo gutsindira Estonia ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro mu mukino wa nyuma w’itsinda rya mbere.
Umuyobozi mushya akaba n’umuvugizi w’Itorero ry’Ivugabutumwa ry’Inshuti mu Rwanda (EEAR), Rev Sekanabo Jean Paul, avuga ko muri manda y’imyaka itanu agiye kuyobora iri torero, azashyira ingufu mu gufasha abatishoboye nubwo bari basanzwe babikora, aho avuga ko bazabishyurira Mituweli, bubakire abadafite amacumbi n’ibindi (…)
Leta ya Congo yongeye kugaragaza ko gahunda yatangaje mu cyumweru gishize yo gufata abagize umutwe w’iterabwoba wa FDLR ntacyo izageraho.
Ikiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Werurwe 2026 kiragaruka ku buryo bwo kongera imbaraga mu ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro binyuze mu kwagura murandasi (Internet) n’ibikorwa remezo. Ibi byafasha kugira amahirwe angana ku myigire hirya no hino mu (…)
Ibikorwa bibiri by’impurirane byabaye muri iki cyumweru, byongeye kwibutsa urubyiruko ko ruri mu gihugu kirutegerejeho gufata iya mbere mu iterambere.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yanyagiriye ikipe y’igihugu ya Grenada imbere ya Perezida Paul Kagame ibitego 4-0, mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabereye kuri Stade Amahoro, mu mikino ya FIRA Series 2026, iri kubera i kigali.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yinjiye mu masezerano y’ubufatanye n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi mu buhinzi, International Institute of Tropical Agriculture (IITA), agamije guteza imbere ubuhinzi bushingiye ku ikoranabuhanga no kongera umusaruro w’ibiribwa.
Inteko rusange ihuriweho n’imitwe yombi, muri iki gitondo yakiriye Minisitiri w"intebe Justin Nsengiyumva, ku kiganiro kijyanye no Gushyira umuturage ku isonga, kibanze cyane ku buzima.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ko abaturage batagmba kugira impungenge z’ibyiciro by’amafaranga azatangwa muri gahunda nshya y’Ubwisungane mu kwivuza, Mituweli, kuko "byakoranywe ubushishozi."
Perezida Kagame yemereye Abayisilamu gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare, hifashishijwe indangururamajwi uzwi nko gutora Adhana. Perezida Kagame yabibemereye mu kiganiro cyamuhuje n’Abayisilamu bo mu Rwanda cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2026.
Abayisilamu bo mu Rwanda bamurikiye Perezida Paul Kagame imishinga ibiri ikomeye bateganya gutangira vuba aha, ku buryo bavuga ko ari "imishinga ihesha u Rwanda ishema."
Banki Nkuru y’u Rwanda yahaye abafite inoti zakozwe hagati y’umwaka wa 2004 ndetse na 2015 igihe cy’amezi icyenda, kugira ngo babe bamaze kuzigeza ku bigo by’imari bibegereye maze bibahe inoti zizakomeza ku isoko, kuko ziriya zavuzwe zigiye kuvanwa ku isoko.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, kuri uyu wa 24 Werurwe 2026 yafunguye ku mugaragaro urugo mbonezamikurire y’abana bato guhera ku bamaze amezi atandatu bavutse, ku ishuri ribanza rya Ngoma.
Perezida Paul Kagame arambiwe abayobozi bicara bagapanga igenamigambi ry’ibikorwa, ariko rikarangirira mu nyandiko, n’ibikozwe ugasanga bikorwa mu buryo busa nk’ubwo kwikiza aho gukora ibikorwa byagutse kandi birambye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayobozi yagiriye inama bakanga kuyumva ko ’bagiye kumubona’
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayobozi bari bateraniye mu mwiherero, ko hari ubutumwa bwe bwite ajya aboherereza ntibabwiteho.
Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasabye imbabazi Perezida wa Repubulika ku bw’umushinga wo kuhira imyaka ufatiye ku ruzi rw’Umuvumba, aho bawushyize mu bikorwa igice.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026, abayobozi mu nzego bwite za Leta ndetse n’abo mu nzego z’ibanze, bahuriye mu nama yiga ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’Igihugu, ikaba ari inama ifite insanganyamatsiko igira iti “Umuturage ku Isonga”.
Umuyobozi Wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, afungura Inama Nkuru y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yarusabye kwirinda kwishora mu ngeso z’ubusambanyi n’izindi ngeso mbi kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi bikaba ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Mu nama Nkuru ya Gatandatu y’urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 hatowe Komite nshya iyobowe na Uzamukunda Pudencienne.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawavuga umuryango RPF Inkotanyi atavuze uruhare abagore n’abana babo bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu bufatanye bw’iterambere ry’Igihugu.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwafunguye ku mugaragaro ishami ryayo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri (Rusizi II) , umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Murenge wa Mururu ho mu Karere ka Rusizi.
Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi yose umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, wizihijwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, abasaba ko uyu munsi ukwiye gukomeza kubibutsa kugira indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubumuntu.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, agereranya Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhani nk’ikipe y’abakinnyi n’abatoza babo, bajya mu mwiherero kugira ngo hatagira ikindi kibarangaza, bitegura umukino ukomeye, kuko Abayisilamu na bo bamara iminsi 30 biyiriza, basenga cyane, bagamije kurushaho kwiyegereza Imana.
Umutwe witwaje intwaro wa FDLR, ntukiri itsinda ry’abantu bake basigaye ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ahubwo wahindutse ihuriro rigari ry’imikorere n’imibereho bya gisirikare, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bw’umuhanga mu by’Akarere k’Ibiyaga Bigari, Dr. Alex Mvuka Ntung.