Umuyobozi Wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, afungura Inama Nkuru y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yarusabye kwirinda kwishora mu ngeso z’ubusambanyi n’izindi ngeso mbi kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi bikaba ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Mu nama Nkuru ya Gatandatu y’urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 hatowe Komite nshya iyobowe na Uzamukunda Pudencienne.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawavuga umuryango RPF Inkotanyi atavuze uruhare abagore n’abana babo bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu bufatanye bw’iterambere ry’Igihugu.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwafunguye ku mugaragaro ishami ryayo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri (Rusizi II) , umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Murenge wa Mururu ho mu Karere ka Rusizi.
Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi yose umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, wizihijwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, abasaba ko uyu munsi ukwiye gukomeza kubibutsa kugira indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubumuntu.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, agereranya Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhani nk’ikipe y’abakinnyi n’abatoza babo, bajya mu mwiherero kugira ngo hatagira ikindi kibarangaza, bitegura umukino ukomeye, kuko Abayisilamu na bo bamara iminsi 30 biyiriza, basenga cyane, bagamije kurushaho kwiyegereza Imana.
Umutwe witwaje intwaro wa FDLR, ntukiri itsinda ry’abantu bake basigaye ku basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ahubwo wahindutse ihuriro rigari ry’imikorere n’imibereho bya gisirikare, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bw’umuhanga mu by’Akarere k’Ibiyaga Bigari, Dr. Alex Mvuka Ntung.
Ku wa 17–18 Werurwe 2026, abahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) n’u Rwanda bahuriye i Washington, D.C., muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bemeranyije ku ngamba zifatika zigamije gukomeza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
Abari abanyeshuri mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu barokotse igitero abacengezi bagabye ku ishuri ryisumbuye rya Nyange, bagaragaje ko icyo gihe iby’amoko bari babizi kandi ko Abahutu n’Abatutsi bashoboraga kumenyekana ariko bahitamo kunga ubumwe.
Abunganira u Rwanda mu rubanza ruregamo u Bwongereza bagereranyije imyitwarire y’u Bwongereza n’“umucuruzi, abonye ko atazabona ibyo yashakaga, agatangira gutota uwo basinyana ati ’sinya, sinya!’
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagaye itsinda ry’Abanyamulenge baturutse i Burayi na Amerika bakaza kubwira Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye ko ari umutabazi wabo, kandi nyamara ari we wamaze Abanyamulenge b’i Minembwe na Uvira by’umwihariko.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Hugh Evans washinze akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Global Citizen, bagirana ibiganiro byagarutse ku ruhare rw’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’umuryango ayoboye mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku buhanzi mu Rwanda, ndetse n’ibindi bikorwa bikomeje gushyirwa mu bikorwa mu nzego (…)
Abantu 11 berekanywe na RIB nyuma yo gufatwa kubera ibyaha bitandukanye bakurikiranyweho. Aba bantu harimo abagore 3 n’abagabo 8. Bakurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, aho bakekwaho gufatanya n’abandi kugurisha imitungo itari iyabo, irimo inzu n’ubutaka.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore babajije impamvu Akarere ka Kayonza gakunze kwibasirwa n’inzara ndetse n’uko icyo kibazo cyakemuka burundu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko Umusaruro Mbumbe w’u Rwanda (GDP), wageze kuri Miliyari 23,387Frw mu 2025 uvuye kuri Miliyari 19,918 Frw wariho mu 2024.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje ko mu gihe inkunga yatangwaga n’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique yahagarikwa, Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa muri icyo gihugu, zahita zivayo, ubwo hagashakwa igihugu cyakoherezayo (…)
Kuba Leta y’u Rwanda itanga amahirwe angana ku mpunzi zicumbikiwe mu Rwanda n’Abanyarwanda, ni bimwe mu bibafasha gutekereza byimbitse ibyo bashobora gukora bikanatuma bisanga mu muryango Nyarwanda, kuko ntacyo baba bahejwemo.
François Twagirumukiza ni we utorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), mu matora y’Inzego zigize urwo rugaga, yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2026, akaba asimbuye kuri uwo mwanya Jeanne Françoise Mubiligi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuba bwarohereje Ingabo gufasha abaturage ba Jamaica nyuma y’ingaruka z’inkubi y’umuyaga wiswe Hurricane Melissa, yasenyeye benshi bagasigara ntaho bafite ho kuba.
Mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda harimo urusobe rw’ibibazo bikibangamiye iterambere ry’uru rwego harimo no kuba hari abaturage badakozwa ibyo kureka ubucukuzi butemewe kuko bafata ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nka gakondo yabo.
Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama, iherereye mu Karere ka Kirehe igihe gutaha ku bushake banyuze ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi.
Uwabaye impunzi cyangwa uzi neza ubuzima zinyuramo, azi neza ibibazo bikomeye by’imibereho zikunda guhura na byo, bitewe n’uko baba batari mu gihugu cyabo, kandi baravuye iwabo batitwaje ibyo bakenera byose mu buzima.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kiziba n’abayituriye, barishimira ikorwa ry’umuhanda Bwishyura - Kiziba, washyizwemo kaburimbo.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron baganira ku mubano mwiza kandi ubyara inyungu hagati y’ibihugu byombi.
Ibiganiro bya ‘Ndi Umunyarwanda’ byatangiye gutanga umusaruro mu guhindura imyumvire y’urubyiruko, kuko ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside bigenda bigabanuka muri icyo cyiciro mu buryo bugaragara.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (CDS), Mubarakh Muganga, yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda zishobora kohereza abasirikare bagera ku 1,000 ku rugamba kugira ngo zirinde ubuzima bw’Umunyarwanda umwe, kuko ubuzima bw’umuturage ari ingenzi cyane kurusha ibindi.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kinyinya, Polisi n’Ingabo z’u Rwanda batangiye kubaka ibyumba 15 by’amashuri kuri GS Rwankuba, harimo n’azigirwamo abana b’inshuke na bakuru babo ba barenga ibihumbi bibiri, bakaba babyiganira mu byumba 24.
Umuryango Unity Club Intwararumuri ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) n’izindi nzego za Leta batangije icyiciro cya gatanu cy’ibiganiro “Ndi Umunyarwanda”, bizibanda cyane ku rubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye, aho biteganyijwe ko bizagera mu mashuri agera ku 100 mu (…)
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza, wizihizwa buri mwaka tariki 8 Werurwe, ababwira ko uyu munsi n’indi bizihiza uruhare rukomeye abagore bakomeje kugira mu mpinduka n’iterambere ry’Igihugu.
Madamu Jeannette Kagame yifurije abagore umunsi mwiza, abasaba kongera kwigenzura bagamije kwiyubaka. Mu butumwa yageneye abagore, yagize ati “Kuri uyu munsi twizihiza abagore, ndabasaba kongera kwigenzura mu marangamutima, imico, imyitwarire, mumenye kwibungabunga, byose bigamije kwiyubaka! Uyu munsi wongere kubibutsa ko (…)