Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ko bugitegereje Ishimwe Dieudonné uzwi ku mazina ya Prince Kid ufungiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo arangize igifungo yakatiwe n’inkiko z’u Rwanda.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose yavuze ko hari ibintu bitatu by’ingenzi bituma akunda Inkotanyi mu buryo buhebuje. Senateri Mureshywankano ntabwo ajya avuga urukundo akunda Inkotanyi ngo rusigane n’uburyo zamuvanye mu mashyamba ya Congo ahunguka kugeza ubwo yinjiye muri Politiki.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangije ku mugaragaro mu Mujyi wa Kigali igikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotora abahatuye kugira ngo bazahabwe indangamuntu koranabuhanga.
U Rwanda rwitabiriye irushanwa mpuzamahanga rihuza imitwe yihariye ya Polisi n’Ingabo (SWAT/ Special Forces) iturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.
Hariana Verás Victória, Umunyamakuru ukomoka mu gihugu cya Angola,yihaye kuregera u Rwanda Perezida wa Amerika, Donald Trump, arushinja kutubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), maze abakoresha imbuga nkoranyambaga baramutamaza bagaragaza imikoranire ye (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye itsinda ry’abasiririkare b’Ingabo z’u Rwanda ahitwa Trelawny, aho ingabo z’ ibihugu byombi zifatanyije mu kubakira abaturage inzu zangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, Mukantagara Peace, Umwarimu wo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba, yashimye gahunda zitandukanye zashyizweho mu burezi harimo iy’uburezi kuri bose n’iyo kuba abanyeshuri basigaye bafatira ifunguro ku ishuri. Icyakora yagaragaje ko hari imbogamizi bahura na zo mu burezi, zo (…)
Icyamamare ku mbuga Nkoranyambaga, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, yabajije impamvu u Rwanda rutarega igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) rukomeza kuvuga amagambo asesereza, ndetse ashobora gukurura urwango ruganisha kuri Jenoside muri aka karere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe yahishuye ukuntu, mbere yo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), babanje kwiyambaza Imana kugira ngo ayo masezerano azashyirwe mu bikorwa.
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ikomeje kuba urubuga ruhuza abaturage n’abayobozi, aho baganira ku iterambere ry’Igihugu; aho rigenda neza, aho ribangamiwe, n’inkomyi ituma intambwe u Rwanda rwateye idakomeza nk’uko bikwiriye.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, abayobozi mu nzego zitandukanye bagaragaje aho igihugu kigeze mu iterambere, harimo n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasetse abuririye ku byo u Rwanda ruherutse kuvuga ko rufite uburyo rukorana na M23 mu kumenya amakuru atandukanye arufitiye akamaro ku nyungu z’umutekano warwo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije ko ubusanzwe Abanyarwanda n’Abarundi ari abaturage b’impanga, ariko u Burundi muri iyi minsi bukaba bwaratekereje ko bwabonye izindi mpanga, ari bo Abanyekongo.
Abanyarwanda b’ingeri zose bateraniye i Kigali, abandi nabo bategereje kuri za televiziyo n’amaradiyo kugira ngo bakurikire inama y’Igihugu y’Umushyikirano iteranye ku nshuro ya makumyabiri.
Leta y’u Rwanda n’Ikigo cy’Abanyamerika gicunga utudege tutagira abapilote (drones), Zipline Rwanda, basinye amasezerano atuma iki kigo cyagura aho gukorera, harimo Umujyi wa Kigali no mu Ntara y’Iburengerazuba.
Umupadiri wananiye Kiliziya Gatolika akijyana mu buhungiro aho yahise yiyita umunyapolitiki, Thomas Nahimana akomeje kuba ikiganiro ku mbuga nkoranyambaga. Abo batangiranye baravuga urugendo rwe muri iyo politiki imeze nk’ikinamico, n’uburyo bagendanyemo, bameze nk’abarota.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yabwiye Abasenateri ko bakwiye gusobanurira abakiri bato kwirinda gukoresha ijambo ‘Gutwika’ kuko ari ijambo ridasobanura ibirori no kwishima kuko mu gisobanuro cy’amateka ya kera rivuga kwica.
FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) ni umutwe w’inyeshyamba ugizwe ahanini n’Abanyarwanda basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukaba ufite icyicaro n’ibikorwa byinshi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Kugeza ubu, aho Ikigo cy"Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze(REB) gihagaze, nuko umunyeshuri witwa Abimana Hadjala yahanishijwe igihano kirenze igiteganyijwe.
U Rwanda rwatanze inkunga y’ibiribwa, ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’imiti ku baturage ba Mozambique baherutse kwibasirwa n’imyuzure ikomeye cyane yatewe n’imvura nyinshi yaguye guhera muri Mutarama 2026.
Ihuriro AFC/M23 rivuga ko ribabajwe n’imyitwarire mibi muri politiki ya Leta ya Kinshasa, yuzuyemo amakuru ayobya, irimo gukoresha mu nyungu za politiki ku mpanuka ibabaje yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu birombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rubaya.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakanguriye abitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu cyane cyane urubyiruko kugira umutima wihangana no gukomera mu bihe bigoye, n’aho byaba bibi cyane.
Perezida wa Repubulika na Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bashyize indabo ku Gucumbi cy’Intwari.
Abanyarwanda b’ingeri zose, abanyamadini n’abayobozi muri iki gitondo bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu no gushima Imana ku byo yagabiye u Rwanda.
Mu myaka 25 ishize, umwangavu witwa Irere Claudette, yarangirije amashuri abanza mu mujyi wa Kigali.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya Mobicash Rwanda Ltd,ikigo gitanga serivisi z’imari zikorerwa kuri telefoni zigendanwa
Bisanzwe bimenyerewe ko ubukomisiyoneri cyangwa se abakomisiyoneri bakunze kuba biganje mu mirimo irimo gushakira abantu inzu, imodoka zo gukodesha cyangwa kugura, hamwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Jean Maurice Uwera nk’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, umwanya asimbuyeho Alain Mukuralinda witabye Imana mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2025.