Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM), ari we watorewe kongera kuyobora igihugu mu yindi manda y’imyaka itanu, bityo akazageza mu 2031 akiri ku butegetsi.
Muri weekend ishize, habaye byinshi byo kwishimira; hari imyidagaduro yazanywe na IshowSpeed ukunzwe n’abatari bacye muri iyi si ya Rurema, kuko nasanze n’abana bato bamuzi kundusha. Ariko hari n’ibindi byinshi byabaye ku bakunda kwidagadura.
Sena yateguye igikorwa cyo gusura abaturage mu gihugu hose, hagamijwe kureba ibikorwa mu guteza imbere ubworozi. Iki gikorwa giteganyijwe ku itariki ya 20 kugera ku kuya 28 Mutarama 2026.
Abikorera bari mu bucuruzi, cyane cyane ubwo kuri Internet barakangurirwa gufata ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa runaka gifitiwe, bityo bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku masoko mpuzamahanga nta nkomyi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yageze i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama y’urwego rwo hejuru igamije guteza imbere amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Albert Rudatsimburwa, Umunyarwanda uzi cyane amateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane intandaro y’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuma bw’iki gihugu, avuga ko mu 2021, Perezida Tshisekedi yagiriwe inama mbi yo gukubita M23 aba ari we ukubitwa.
Kuri uyu wa 15 Mutarama, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putine yakiriye impapuro yashyikirijwe na Maj. Gen. Joseph Nzabamwita zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu Burusiya.
Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha muby’amategeko LAF ryagaragarije Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside ko hakiri ikibazo mu bunganira abana bato bari mu magororero kubera ubumenyi buke mu bijyanye no kunganira abana.
Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba ko hajya hatangwa ibindi bihano bitari ugufunga umuntu mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magororero.
Abenshi basaba ubwenegihugu bw’u Rwanda ni Abarundi, nk’uko imibare mishya ya Leta ibigaragaza.
U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering command) mu rwego rwo gufasha iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes kongera kwiyubaka binyuze mu gusana no kubaka ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga (Hurricane Melissa) yakibasiye umwaka ushize.
Umugenzi uteze bisi ava muri Gare yo mu Mujyi ajya Kimironko ashobora kwishyura amafaranga atandukanye n’aya mugenzi we uvuye Kimironko aviramo muri Gare yo mu Mujyi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwatangiye kuburanisha ku ifunga n’ifungurwa mu rubanza umunyamuziki Shema Arnold wamamaye nka DJ Toxxyk aburanamo n’ubushinjacyaha, akaba akurikiranyweho ibyaha bine.
Nubwo abanyarwanda bose bagejeje imyaka y’ubukure bemerewe gukorera uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga, itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda hari abo ritemerera.
Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe, yasezeye kuri Eric William Kneedler, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda ucyuye igihe.
U Rwanda rwatangiye gahunda igera mu gihugu hose igamije gushishikariza abarezi n’abarimu kwimakaza isuku ku ishuri, ndetse bakabikomeza mu ngo zabo.
U Rwanda rwatanze Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya w’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, OIF-Francophonie.
Thomas Nahimana, umupadiri wo muri Diyosezi ya Cyangugu wahunze igihugu akishora muri politiki yo gusebya u Rwanda n’iy’ingengabitekerezo ya Jenoside ubu aravugwa mu mishinga y’amayobera.
Nyampinga w’Ubufaransa wa 2000 Sonia Rolland yabwiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ikwiye kureka amagambo y’ibinyoma, ahubwo igaharanira gushaka uko yakwihuza n’u Rwanda kuko byayiha imbaraga no gukomera kuko u Rwanda ari ishuri ryiza.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku buhinzi muri 2025 yasohotse mu mpera z’Ukuboza umwaka ushize igaragaza ko umusaruro wa bimwe mu biribwa by’ingenzi wagabanutse muri rusange mu bihembwe byose by’ihinga, ugeranyije n’umwaka wa 2024, kandi hari imirenge ikirimo abaturage bataka inzara.
IShowSpeed, umusore w’Umunyamerika, akaba n’umwe mu bantu bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku Isi muri iki gihe, ari kuzenguruka u Rwanda.
Abagize inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bagira amategeko abagenga kugira ngo barusheho gukora akazi kabo mu bwubahane no mu bwisanzure ndetse bibafashe kunoza neza inshingano zabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), igiye gutanga inzitiramubu zikoranye umuti zigera kuri miliyoni 7 ku baturage bari mu bice bitandukanye by’igihugu, ihereye ku miryangio iri mu bice byazahajwe cyane na Malariya kurusha ibindi.
Polisi y’u Rwanda yasubukuye ubukangurambaga ’Turindane Tugereyo Amahoro’ yatangije umwaka ushize.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), irahamagarira Abanyarwanda kutirara ngo badohoke ku ngamba zitandukanye zo kwirinda Malariya, kuko imibare igaragaza ko mu Rwanda abarenga miliyoni 1.2 bayirwaye mu mwaka ushize (2025).
Isesengura ryimbitse rya raporo y’agateganyo y’Itsinda ry’Impuguke za Loni (S/2025/858), igaragaza ibyagezweho kugera mu Ugushyingo 2025, yagaragaje ko Guverinoma ya Kinshasa itangaza ku mugaragaro ko yiyemeje amahoro n’ubufatanye mu Karere, ariko mu bikorwa igakomeza gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda.