Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, bwifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Ntongwe, mu gikorwa cyo gutera imbuto y’ibishyimbo ku buso busaga hegitari ibihumbi 17.
Abageze mu zabukuru mu Karere ka Ruhango, babwiye umuyobozi w’Akarere ko ibyiciro by’amafaranga ya Mituweli babarizwamo bikwiye kugendera ku bushobozi bafite.
Umuvugizi wungirije wa AFC-M23 Oscar Balinda yavuze uburyo Abakomando babo bajya Kisangani bakayirasa, hanyuma bakigarukira mu birindiro byabo nta n’ubariye urwara.
Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa Gatatu, 4 Werurwe, yemeje amasezerano hagati ya Leta y’u Rwanda na Bauhaus International yo kunoza imiturire.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje amateka arimo Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.
Abasenateri bavuze ko ubucucike bukigaragara mu magororero butari ngombwa mu gihe Igihugu cyemeje ikoranabuhanga ryafasha kurekura abagororwa bambaye igikomo bagakomeza gucungwa ntibacike ubutabera.
U Rwanda rwinjije hafi miliyoni 161.5 z’amadolari ya Amerika (USD) mu korohereza serivisi z’ingendo mu mahanga mu gihembwe cya kane cya 2025, bikomeza gushimangira umwanya warwo nk’igihugu gikurura ba mukerarugendo n’abagana serivisi zifite agaciro kanini.
Alain Destexhe wabaye Umusenateri w’u Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011, yanenze Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye igisirikare cyu Rwanda na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo ibihano, avuga ko ahubwo byari bikwiye gufatirwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda rutegereje bitarenze iminsi mirongo itatu, kwishyurwa Amafaranga miliyari imwe na miliyoni magana abiri na mirongo itatu n’eshatu (1.233.000.000Frw) rwahombejwe n’ikigo cyari cyahawe isoko ryo gusarura, gusazura no gutera amashyamba mu Ntara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba bw’u Rwanda kuva mu 2018.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidali y’ishimwe hagamijwe kugaragaza uruhare rwabo mu bikorwa byo kugarura no kubungabunga amahoro.
U Rwanda rurasanga ibihano Amerika yafatiye Ingabo z’u Rwanda bizagira ingaruka ku ntambwe y’amahoro yari itegerejwe mu masezerano ya Washington, kuko bitiza umurindi Leta ya Congo wo gukomeza intambara.
U Rwanda rwamaganye ibihano Amerika yafatiye bamwe mu bayobozi b’Ingabo z’u Rwanda, ruvuga ko harimo kubogama no kwirengagiza ukuri.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, asanga inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi, kuko abagatanga hari ubwo babanza gupima abagasaba bagasanga batagashobora.
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 24 y’amavuko ukinira ikipe ya NSN(Never Say Never) Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 yasojwe kuri iki Cyumweru hasozwa ibilometero 997 na metero 800 byakinwe mu duce umunani twazengurutse igihugu kuva tariki 22 Gashyantare 2026.
Umutwe wa AFC/M23 wemeje urupfu rw’umuvugizi wawo wa gisirikare Col. Willy Ngoma rwavuzwe mu minsi yashize ariko amakuru yizewe akaba atari yarigeze atangazwa.
"Ibyuma murabizi? Ibi byuma biraza kutumaraho abantu nitutareba neza mwa bantu mwe. Ndababwiza ukuri, ubu tuvugana hafi nka 350 bari mu bitaro kubera Ibyuma. Mu cyumweru gishize twapfushije abantu barenze 25."
Uruganda rukora ifumbire mvaruganda (Rwanda Fertilizer Company - RFC) rwashimiye abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) n’abahinzi babaye indashyikirwa mu gucuruza no gukoresha ifumbire ikorwa n’urwo ruganda. Ni muri gahunda y’uruganda yiswe Agrodealer Champion Program.
Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ubugenzuzi, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Abaguzi (RICA) kiramara impungenge abahinzi, bagurira imbuto ku batubuzi bemewe mu Rwanda, kuko iyo bigaragaye ko imbuto bahawe itabaye nziza, ibigo bitubura imbuto ari byo byirengera ingaruka.
Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN yegukaye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere Rubavu hasorezwa i Musanze kuri uyu wa Gatatu, kaba aka kabiri atwaye nyuma yo gutwara aka mbere.
Abahinga mu gishanga cya Rugeramigozi ya kabiri mu Murenge wa Shyogwe, batangiye guhinga Soya ku buso busaga hegitari 40, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibinyamisogwe mu byanya bigega by’ibiribwa (FOBASI) mu Karere ka Muhanga.
U Rwanda rwakiriye irindi tsinda ry’impunzi n’abasaba ubuhungiro 164 baturutse muri Libya. Bageze mu Rwanda mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026. Barimo abakomoka muri Eritrea 19, Sudani 143 ndetse n’uwo muri Ethiopia umwe (1). Bakaba bahise boherezwa mu Nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu (…)
Abadepite bagaragaje impungenge ku idindira ry’umushinga w’ubwato bwa Nkombo (Nkombo Boat II), bwagombaga kujya bukora ingendo hagati ya Rusizi na Rubavu butwaye abagenzi, nyuma y’uko bigaragaye ko hakenewe asaga Miliyari 8.2 Frw kugira ngo busanwe kandi burangire.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye intumwa 25 zigizwe n’abayobozi bo ku rwego mpuzamahanga bagize itsinda rya Dialog Group.
Banki ya Kigali (BK) igiye gutanga inguzanyo igera kuri Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000,000Frw) ku bahanzi Nyarwanda. Ni gahunda yatangijwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa BK, ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA), ku mugoroba wo ku wa 24 Gashyantare 2026, hagamijwe kugira ngo (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Arabie Saoudite, by’umwihariko mu nzego (…)
U Rwanda na Give Directly uyu munsi basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije kwihutisha gahunda zo kurwanya ubukene (Poverty Acceleration Co-Financing Basket Fund Framework Agreement).
Imitangire y’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza umenyerewe nka Mituweli yajemo impinduka, haba mu mafaranga yishyurwa, ndetse n’inkomoko y’amafaranga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), kiratangaza ko amashuri yose ari mu nshingano zacyo, azaba yagejejweho ibikoresho by’ikoranabuhanga ndetse na murandasi (Internet) bitarenze uyu mwaka wa 2026.
Ubutabera nsanasano cyangwa Plea Bargaining mu ndimi z’amahanga, ni ubukorwa hakurikijwe amasezerano y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uwakoze icyaha, cyangwa ku kwemera icyaha ku bushake ndetse n’uwagikorewe, bityo bikoroshya inzira y’ubutabera, kandi impande zombi zikabyungukiramo.
Ministeri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yateguye inama nyunguranabitekerezo yahuje abafatanyabikorwa mu burezi mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa neza isuzuma rya Programme for International Students Assements (PISA).