Ibigo by’amashuri, ibitanga serivisi, ibitaro n’abakozi bose b’ibigo bishamikiye kuri Diyosezi ya Kabgayi, bibutse Abatutsi bazize Jenoside muri ibyo bigo, barimo abihaye Imana abakozi b’ibyo bigo n’Abatutsi bari bahungiyeyo.
Umuyobozi w’Itorero Apostles and Prophets Church of Christ Jesus, Bishop Augustine Gakwaya, avuga ko kwita ku bo muhuje imyemerere ukirengagiza abakene Imana ikureba nabi.
Kubera amateka yihariye y’uko abatekereje, abateguye ndetse n’abashyize mu bikorwa Jenoside bafite inkomoko mu Karere ka Nyabihu, abakozi b’uruganda rw’Icyayi rwa Nyabihu biyemeje guharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itazongera ukundi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024 abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto bakomeza gutwara abagenzi nk’uko bisanzwe, kuko gahunda y’inama yari iteganyijwe yahindutse.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, kuri iki Cyumweru habaye igiterane cyo gusengera Igihugu giteguwe n’abayobozi b’Amadini n’Amatorero abarizwa muri uwo Murenge, abayobozi mu nzego za Leta ndetse n’ahahagarariye urwego rw’abikorera, ku nsanganyamatsiko igira iti, ”Umuyobozi ugeza abaturage ku mpinduka nziza."
Kuri iki Cyumweru, nk’uko byari byitezwe Nkurunziza David yatorewe kuba Perezida wa Kiyovu Sports mu nama y’Inteko rusange idasanzwe yabereye i Remera mu Mujyi wa Kigali igatangira 15h50.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakomoka mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, bakaba batuye i Kigali, kuwa Gatandatu tariki 25, bibutse imiryango yabo yiciwe mu bice bitandukanye, amazina akaba yanditswe mu Rwunge rw’amashuri rwa Rwingwe.
Mvukiyehe Juvénal wahoze ari Perezida wa Kiyovu Sports yangiwe kwinjira ahari kubera inama y’Inteko Rusange idasanzwe y’iyi kipe yitezwe gutorerwamo ubuyobozi bushya.
Inkongi y’umuriro yibasiye Ububiko bw’Ibicuruzwa bwa Magerwa, buherereye mu Murenge Cyanika mu Karere ka Burera, ibicuruzwa byarimo birashya birakongoka.
Sheikh Sindayigaya Mussa atorewe kuyobora Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (Mufti), asimbuye Sheikh Salim Hitimana.
Mu gihe hategurwa kwibuka imiryango yishwe ntihagire usigara (imiryango yazimye) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, bizabera mu Karere ka Huye tariki ya 1 Kamena 2024, iyo miryango yaturiwe igitambo cya misa tariki 24 Gicurasi 2024.
Ministeri y’Ibidukikije iratangaza ko mu myaka 30 ishize u Rwanda rwageze ku ntego yo gutera amashyamba ku kigero cya 30.4% by’ubuso bw’igihugu, nyuma y’uko kugera mu 1996, amashyamba angana na 65% yari amaze kwangirika.
Nubwo hari hategerejwe ko kuwa Gatandatu aribwo igikombe gishobora kubona nyiracyo muri volleyball, haba mu bagore ndetse n’abagabo ntabwo ariko byagenze kuko amakipe yakomeje kwihagararaho bategereza umunsi wa nyuma.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe y’abagore ya Scandinavia yo mu Karere ka Rubavu yahagaritswe mu banyamuryango b’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda kubera kutitabira amarushanwa.
Umurenge wa Gashenyi waje ku isonga ku rwego rw’Igihugu mu kwitwara neza mu bikorwa by’Umuganda ngarukakwezi by’umwaka wa 2023-2024, biwuhesha igihembo cy’amafaranga angana na Miliyoni ebyiri y’u Rwanda.
Abagize Inama njyanama y’Akarere ka Bugesera n’abandi bayobozi ku rwego rw’Intara y’u Burasirazuba, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mareba mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi 2024, batunganya umuhanda wari warasibye bitewe n’abaturage bagiye bahinga bawusatira birangira ubaye akayira gato k’abanyamaguru.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho igice cyo muri uku kwezi kwa Gicurasi, kizibanda ku ishyirwaho ry’isomero rihamye ry’ikoranabuhanga no guteza imbere ikorwa n’isaranganya ry’ibitabo by’uburezi bikoreshwa na bose mu (...)
Urubyiruko rwiga mu Ishuri Rikuru rya INES-Ruhengeri rwiganjemo abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ruvuga ko rugiye gushyira imbaraga mu kugaragaza umusanzu ufatika mu guhangana n’abagifite imvugo zibiba urwango, kuko ntaho byageza abanyarwanda mu rugendo barimo rwo kubaka u Rwanda rwifuzwa.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo hakinwe imikino ibiri yo gushaka uko amakipe azahura muri 1/4 cy’irushanwa rya BAL 2024 iri kubera muri BK Arena, aho yasize US Monastir izakina na Rivers Hoopers mu gihe AS Douanes izakina na Petro de Luanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, arasaba urubyiruko cyane urwiga muri za kaminuza n’amashuri makuru gufatira ku rugero rw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside, rukarwanya uwagerageza kurubibamo ingengabitekerezo yayo ariko rukanarinda ibyagezweho.
Ubuyobozi bukuru bwa Banki ya Kigali bwifatanyije n’Abanyarwanda bari hirya no hino mu Gihugu mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi bubashishikariza kwiteza imbere babicishije mu gukora umurimo unoze.
Ikipe ya Manchester United yegukanye igikombe cya FA Cup 2023-2024 itsinze Man City ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa Gatandatu.
Pasiteri Cleophas Barore, usanzwe anayobora Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), aravuga ko kuba umuntu yaminuza mu masomo ajyanye n’Ubumenyamana (Theology), bitamubuza kuyobya abo yigisha.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’inkomoko y’amazina atandukanye ya tumwe mu duce tugize igihugu yabakusanyirije ahitwa mu Akabira kabi ka Syiki.
Ikigo cy’igihugu kita ku buzima RBC kivuga ko amakuru y’ibihuha avugwa ko abagabo baboneza urubyaro bakoresheje uburyo bwo kwifungisha burundu (Vasectomy) bituma hatabaho gukora imibonano neza n’uwo bashyingiranywe ari ibihuha kuko iki ibi bikorwa byombi bitabangamira.
Abitabiriye imikino ya nyuma y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) riri kubera i Kigali, bazindukiye mu muganda rusange, wabereye mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gicurasi 2024 aho bakoze ibikorwa bitandukanye byo kubaka ibibuga by’imikino.
Abaturage b’Umurenge wa Gahanga hamwe n’ubuyobozi bw’uwo Murenge, bizihije ku nshuro ya gatatu umunsi ngarukamwaka w’amahoro, waturutse ku bumwe n’ubwiyunge bw’abaturage babiri bo muri uwo Murenge, ari bo François-Xavier Ngarambe wahaye imbabazi uwitwa Bucyana Innocent wagize uruhare mu kwica ababyeyi ba Ngarambe muri (...)
Nubwo indwara ziterwa no gufata amafunguro adasukuye neza zibasira umubare utari muto w’abatuye Isi, ariko ubushakashatsi bwagaragaje ko abibasirwa benshi cyane ari abana bari munsi y’imyaka itanu, kuko bibasirwa ku kigero cya 56%.
Mu gihe Abanyarwanda bitegura amatora ya Perezida w’u Rwanda n’ay’Abadepite azaba tariki 15 Nyakanga 2024 imbere mu Gihugu, hari abatuye i Nyaruguru bavuga ko ntawe ukwiye kudatora abayobozi kuko ari uburenganzira ndetse n’inshingano za buri wese wujuje ibisabwa.
Mugihe imikino ya kamparampaka mu mikino wa volleyball irimo gusatira umusozo, amakipe ya Pilice VC y’abagore na Kepler VC mu bagabo, zirakoza imitwe y’intoki ku gikombe.
Abakozi 495 b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC), bihaye intego yo kurushaho kunoza serivisi batanga, bagabanya ingano y’amazi yangirika.
Kuri uyu wa Gatanu, i Kigali hatangiye imikino ya nyuma ya BAL 2024, ahakinwe imikino ibiri, amakipe ya FUS Rabat yo muri Maroc na Al Ahly Ly SC yo muri Libya abona intsinzi yazo ya mbere.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, Umushinga w’Ingengo y’Imari ya Leta mu mwaka wa 2024/2025, ungana n’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 5,690.1Frw.
Mu ruzinduko rw’iminsi ine Perezida William Ruto arimo gukorera muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahuye n’abayobozi b’icyo gihugu batandukanye, barimo na Perezida Joe Biden wanamwakiriye ku meza. Gusa muri urwo ruzinduko, hari ifoto ya Perezida William Ruto afite akanyamuneza muri White House, yicaye ku ntebe ya (...)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, nibwo Komisiyo y’Amatora yakiriye Manirareba Herman, ushaka kuba umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye n’itsinda ayoboye, basuye icyicaro gikuru cya Polisi ya Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu tariki tariki ya 23 Gicurasi 2024.
Icyo gicu ngo cyari gitwikiriye ubuso buto bunyurwamo n’indege ya kajugujugu mu gihe kitarenze amasegonda 30, hafi y’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyitwa ’Sungun Copper mine’ kiri ahitwa Tabriz mu Burengerazuba bw’Amajyaruguru ya Iran.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, rwasubitse isomwa ry’Urubanza ruregwamo umunyemari Nsabimana Jean uzwi nka Dubai.
Muri Kenya, umugore yashenguwe no kumenya ko umugabo we yagiraga abana 10 hanze, akabimenyera ku mva barimo kumushyingura nyamara atarigeze abimubwira mbere.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Chinedu Okoli, uzwi cyane ku izina rya Flavour N’abania, ari mugahinda nyuma y’uko se, Benjamin Onyemaechi Okoli yitabye Imana.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko dosiye iregwamo Jean Baptiste Habineza, uyobora Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yashyinguwe by’agateganyo. Gitifu Habineza yashinjwaga ibyaha birimo guhisha amakuru ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kunyereza imibiri y’abazize Jenoside.
Perezida wa Repubulika ya Czech Petr Pavel yajyanywe kwa muganga nyuma yo kugushwa na moto yari atwaye ari mu isiganwa arakomereka, nk’uko byemejwe n’abashinzwe itangazamakuru mu biro bye.
Kuva ku wa 23 Gicurasi 2024, ku kibuga cya RP-IPRC Kigali hari kubera igikorwa cyo gutoranya impano z’abakiri bato muri ruhago bazoherezwa mu bihugu bitandukanye ku mugabane w’i Burayi.
Abikorera bo mu Majyepfo barashishikarizwa kwirinda amacakubiri bakimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda birinda kuba bagenza nka bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside bagasarura igihombo n’igifungo.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bikuru bya Ruhengeri, buvuga ko mu bantu umunani biheruka kwakira nyuma yo gukomeretswa n’Imbogo zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu cyumweru gishize, barindwi muri bo bagiye basezererwa mu bihe bitandukanye basubira iwabo mu ngo, mu gihe undi umwe ari we ukirimo kuvurirwa muri ibi bitaro.
Abagize Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Musanze (PSF), bafatanyinye na IBUKA, bari kunoza umushinga w’Ikoranabuhanga rizafasha kurushaho kubungabunga amateka y’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’Akarere ka Musanze, bityo n’abazabaho mu myaka y’ahazaza bazarusheho kumenya amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi, ku wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024 yashyinguwe mu mujyi yavukiyemo wa Mashhad, nyuma y’iminsi ine azize impanuka ya kajugujugu.
Ubuyobozi bwa Basketball Africa League na NBA Africa buvuga ko nta mpungenge butewe no kuba imikino ya nyuma ya BAL 2024 itangira mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu izaba itarimo ikipe yo mu Rwanda nimwe kuko n’ubundi izitabirwa.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), irasaba abahinzi b’imboga n’imbuto gukorana n’umushinga COMESA-EAC Horticulture Accelerator (CEHA), mu gushaka amasoko mu gihugu no hanze ya cyo, ariko biteguye no kuyahaza.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko kugeza ikoranabuhanga muri Koperative Imirenge SACCO, ubu bigeze ku ijanisha rya 94%, yizeza ko mu bihe bya vuba ibi bigo by’imari byose bizaba byagejejejwemo ikoranabuhanga.