Abasenateri bakoze ingendo mu turere twose bareba uko ubworozi buhagaze mu gihugu n’uko umusaruro ubukomokaho ugira uruhare mu iterambere ry’abaturage n’Igihugu muri rusange, maze basanga mu gihugu cyose harimo imashini ebyiri gusa zikora Azote kandi ari yo yifashishwa mu kubika no gutwara intanga z’inka.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, aratangaza ko hari abaturage bazakosorerwa amakuru y’ibyiciro by’imibereho, kugira ngo hanozwe gahunda nshya yo kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) bijyanye n’amikoro bafite.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi mu Rwanda, Dr. Utumatwishima Abdallah yavuze ko mu rubyiruko rudafite akazi, abenshi ari abakobwa, nubwo hari byinshi byakozwe n’ibindi bigikorwa mu rwego rwo kongera amahirwe y’akazi.
Bwana Romeo Ngarambe yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Isoko ry’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda (CMA).
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, asanga inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi, kuko abagatanga hari ubwo babanza gupima abagasaba bagasanga batagashobora.
Ikipe ya APR Volleyball club imaze kuba ubukombe muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, nti yabashije kujyera mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) nyuma yo gusoza ku mwanya wa 5 ku rutonde rwa shampiyona isanzwe.
Mu gihe Igihugu cya Iran kiri kugabwaho ibitero na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel ndetse bikaba byarahitanye Umuyobozi w’Ikirenga, iki Gihugu kizitabira Igikombe cy’Isi 2026 aho imikino itatu y’itsinda rya karindwi giherereyemo izabera muri Amerika?
Amakipe ya Gisagara Academy ndetse na St Aloys y’i Rwamagana niyo yegukanye shampiyona y’abato (Rwanda national volleyball Junior League 2025-2026)
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 24 y’amavuko ukinira ikipe ya NSN(Never Say Never) Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 yasojwe kuri iki Cyumweru hasozwa ibilometero 997 na metero 800 byakinwe mu duce umunani twazengurutse igihugu kuva tariki 22 Gashyantare 2026.
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran wishwe na Leta Zunze Ubunmwe za Amerika ejo, yamaze gusimburwa.
Nyuma y’imvura nyinshi yaguye kuru stade ya Muhanga bigatuma umukino As Muhanga yakinagamo na Police usubikwa, urasubukurwa bakomereza aho bari bageze.
Umutwe wa AFC/M23 wemeje urupfu rw’umuvugizi wawo wa gisirikare Col. Willy Ngoma rwavuzwe mu minsi yashize ariko amakuru yizewe akaba atari yarigeze atangazwa.
Umunyarwandakazi Mukarubega Jeanine uba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri iki cyumweeru yagabiye inka abaturage batishoboye bo mu Murenge wa Ntarama.
Intambara yarose hagati ya Iran na Amerika ifatanyije n’umukunzi wayo wo mu mbere Isiraheli kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, 28 Gashyantare.
Kuri uyu wa Gatandatu, hakinwe Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 147 na metero 200 kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kagasorezwa kuri Kigali Pele Stadium kegukanywe na Henrique Ribeiro Bravo ukinira ikipe ya Soudal Quick Step.
"Ibyuma murabizi? Ibi byuma biraza kutumaraho abantu nitutareba neza mwa bantu mwe. Ndababwiza ukuri, ubu tuvugana hafi nka 350 bari mu bitaro kubera Ibyuma. Mu cyumweru gishize twapfushije abantu barenze 25."
Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, rurashima amahirwe angana ruhabwa mu mashuri no gukora imishinga itandukanye, kuko rwatangiye kuyabyaza umusaruro.
Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwemeje ko Claude Muhayimana ahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rumukatira igifungo cy’imyaka 14.
Hari abanyarwanda bazi gutega amatwi ibivugwa mu makuru, bagakuramo iby’ingenzi bizabazamura bikabageza kure.
Igihe nk’iki, imyaka mirongo itatu n’itanu ishize, mu cyaro cyanjye cya Musange muri Nyamagabe twari dufite ibintu bibiri by’ingenzi twitegura, kandi twari tubihuriyeho n’igihugu cyose.
Burya Abanyarwanda baciye umugani ngo ribara uwariraye. Mu nkambi ya Inera, abavuye mu Rwanda twiga twasubiye mu ishuri, ndetse n’abato baratangira.
Muri iki gihe ikoranabuhanga rimaze gutera imbere, bamwe mu bakoresha imbuga nkaranyambaga cyane cyane YouTube bakavuga ko yamaze kubahindurira ubuzima kuko ibahemba kandi neza, ariko se ihemba ite?cyangwa se ibahemba bayikoreye iki?
Kera tukiri abana, twibwirwaga ko umuntu uvugira muri Radio aba arimo imbere, tukibaza ukuntu umuntu mukuru abasha gukwirwamo. Byaduteraga amatsiko nk’iyo bayifunguraga bagiye guhindura amabuye (dore ko hari izajyagamo amabuye ane cyangwa atandatu manini) twarungurukamo imbere tugasanga nta muntu urimo.
Abanyarwanda biganjemo abakunzi b’inyama, ariko abenshi ntibasobanukiwe inyama nziza iyo ari yo ndetse n’uko bagomba kubika iki kiribwa kugira ngo kidatakaza ubuziranenge n’uburyohe.
Uruganda rukora ifumbire mvaruganda (Rwanda Fertilizer Company - RFC) rwashimiye abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) n’abahinzi babaye indashyikirwa mu gucuruza no gukoresha ifumbire ikorwa n’urwo ruganda. Ni muri gahunda y’uruganda yiswe Agrodealer Champion Program.
Ikipe ya APR FC yatsinze Gorilla FC 2-1 mu mukino w’umunsi wa 22 ya Rwanda Premier League, wabeyere kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026, ibona itsinzi nyuma y’imikino ine idatsinda.
Nyuma y’uruhererekane rw’ibitero byahitanye abantu ku mpande zombi kuva ku wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026, indege za gisirikare za Pakistan zagabye ibitero mu mijyi minini myinshi ya Afghanistan, irimo Kaboul na Kandahar.
Tariki 27 Gashyantare buri mwaka, Isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Imiryango itari iya Leta (Non-Governmental Organizations/NGOs), yaba iy’imbere mu bihugu ndetse n’ikomoka hanze y’ibihugu ikoreramo.
Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ubugenzuzi, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Abaguzi (RICA) kiramara impungenge abahinzi, bagurira imbuto ku batubuzi bemewe mu Rwanda, kuko iyo bigaragaye ko imbuto bahawe itabaye nziza, ibigo bitubura imbuto ari byo byirengera ingaruka.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zemereye abakozi bazo batari mu mirimo yihutirwa ndetse n’imiryango yabo kuva muri Israel, mu cyemezo kigaragaza impungenge zikomeye ku mutekano ukomeje kuzamba muri ako karere.
Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN yegukaye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere Rubavu hasorezwa i Musanze kuri uyu wa Gatatu, kaba aka kabiri atwaye nyuma yo gutwara aka mbere.
U Burusiya bwemeje ko bwashyikirije Ukraine imibiri y’abasirikare 1000 baguye ku rugamba, Ukraine na yo itanga imibiri y’abasirikare 35 b’u Burusiya.
Ubushinjacyaha bw’Uburukiko rwa Rubanda mu Bufaransa bwasabiye Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 15, mu rubanza rw’ubujurire, rumukurikiranyeho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku Cyumweru tariki ya 01 Werurwe 2026 ni bwo irushanwa ryo gusiganwa ku magare rimenyerewe nka Tour du Rwanda rimaze iminsi rikinirwa mu Rwanda rizasozwa, Umujyi wa Kigali ukaba wateguye ibirori bikomeye bizabera aho rizasorezwa, ku mbuga ya Kigali Convention Center (KCC).
Ubundi iyo abanyabirori bumvishe weekend y’umuganda bayihuza na weekend y’ibirori bidasanzwe. Mu gihe iyi weekend turimo gusoza yahuye n’impera z’ukwezi kwa Gashyantare n’itangira rya Werurwe, hari gahunda nyinshi ziteganjijwe zirimo ibitaramo by’abahanzi, imurikagurisha ry’ibiribwa, imikino, ingendo zo gusura za pariki (…)
Umuhanzikazi Bwiza Emerance akomeje imyiteguro yo kwerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho ategerejwe mu gitaramo kizabera i Stockholm muri Sweden, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.
Umuhanzi Mani Martin agiye kongera gutaramira mu gihugu cy’u Buyapani mu bitaramo bizenguruka imijyi itandukanye, agamije kumenyekanisha Album ye ya karindwi aherutse gushyira hanze yise ’Rebirth’.
Urubanza rw’ubujurire Claude Muhayimana ashinjwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi birimo ubufatanyacyaha mu byaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, ku wa 24 Gashyantare 2026 yatangiye kwisobanura, urukiko rumushinja kunyuranya mu mvugo.
Abahinga mu gishanga cya Rugeramigozi ya kabiri mu Murenge wa Shyogwe, batangiye guhinga Soya ku buso busaga hegitari 40, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibinyamisogwe mu byanya bigega by’ibiribwa (FOBASI) mu Karere ka Muhanga.
Kuri uyu wa Kane, Umudage Zemke Jermaine w’myaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Rembe Rad-Net yegukanye Agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 82 kakinwe hazengurukwa Umujyi wa Rubavu abasiganwa bagezemo ku wa 25 Gashyantare 2026 hakina agace ka kane katurutse mu Karere ka Karongi.
Mu mategeko y’u Rwanda, umwana ufite imyaka 16 yemerewe gukora akazi, ariko hari imirimo aba atemerewe gukora, ku buryo n’uyimukoresheje aba akoze icyaha gihanwa n’amategeko.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Jean Claude Muhayimana rubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umutangabuhamya yavuze ko yiboneye imodoka y’uregwa mu bikorwa by’urugomo n’ubugome byabereye mu Karere ka Karongi.
U Rwanda rwakiriye irindi tsinda ry’impunzi n’abasaba ubuhungiro 164 baturutse muri Libya. Bageze mu Rwanda mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026. Barimo abakomoka muri Eritrea 19, Sudani 143 ndetse n’uwo muri Ethiopia umwe (1). Bakaba bahise boherezwa mu Nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu (…)
Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida José Maria Neves wa Cabo Verde, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu akaba afite icyicaro i Dakar muri Sénégal.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Al Hilal SC mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League yongera gutanga ikizere cyo kuzanzamuka.
Abadepite bagaragaje impungenge ku idindira ry’umushinga w’ubwato bwa Nkombo (Nkombo Boat II), bwagombaga kujya bukora ingendo hagati ya Rusizi na Rubavu butwaye abagenzi, nyuma y’uko bigaragaye ko hakenewe asaga Miliyari 8.2 Frw kugira ngo busanwe kandi burangire.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye intumwa 25 zigizwe n’abayobozi bo ku rwego mpuzamahanga bagize itsinda rya Dialog Group.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, buributsa abafite za Resitora kwita ku isuku y’aho bategurira n’aho bakirira amafunguro, kugira ngo batangiza ubuzima bw’abo bakira.
Banki ya Kigali (BK) igiye gutanga inguzanyo igera kuri Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000,000Frw) ku bahanzi Nyarwanda. Ni gahunda yatangijwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa BK, ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA), ku mugoroba wo ku wa 24 Gashyantare 2026, hagamijwe kugira ngo (…)