Abageze mu zabukuru mu Karere ka Ruhango, babwiye umuyobozi w’Akarere ko ibyiciro by’amafaranga ya Mituweli babarizwamo bikwiye kugendera ku bushobozi bafite.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abishyura neza inguzanyo bafata mu mabanki n’Ibigo by’Imari bari ku kigero cyiza bikaba bitanga ikizere ko urwego rw’imari ruhagaze neza.
Binyuze mu ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) u Rwanda rwasinyanye amasezerano yo kwakira shampiyona y’Afurika ya volleyball mu bagabo.
Abantu bari barakatiwe n’inkiko bakaba bafunguwe by’agateganyo, bafite ibyo basabwa kubahiriza, batabikora bikaba bishobora kubaviramo ingaruka z’uko basubizwa muri gereza kurangiza igihano bari basigaje nk’uko biteganywa mu iteka rya Minisitiri ryo ku wa 4/3/2026, ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abakatiwe.
Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu mahugurwa yo kumenyekanisha isoko ry’imari n’imigabane yari yitabiriwe n’abafatanyabikorwa mu rwego rwa siporo, hibandwa ku mahirwe abakinnyi nk’abashoramari babona binyuze ku isoko ry’imari n’imigabane mu gihe kirambye.
Umuvugizi wungirije wa AFC-M23 Oscar Balinda yavuze uburyo Abakomando babo bajya Kisangani bakayirasa, hanyuma bakigarukira mu birindiro byabo nta n’ubariye urwara.
Ibikorwa by’ubukorikori bitandukanye mu mwaka ushize (2025) byinjirije impunzi zicumbikiwe mu Rwanda amafaranga y’u Rwanda agera hafi kuri Miliyoni 50 Frw. Ni amafaranga babonye binyuze mu bikorwa byabo bitandukanye byo kuboha imitako irimo uduseke n’udukapu, bigashakirwa isoko mu bihugu by’amahanga birimo na Amerika.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko ubuhinzi bw’ibihumyo bwabafashije kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, bituma bashobora guhangana n’indwara ziterwa no kutabona intungamubiri zihagije.
Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa Gatatu, 4 Werurwe, yemeje amasezerano hagati ya Leta y’u Rwanda na Bauhaus International yo kunoza imiturire.
Inama y’Abaminisitiri yatije ikigo cy’Ubucuruzi Planner Corretora de Valores SA ubutaka bwa Leta kugira ngo gikorereho urganda rw’inyama z’inka mu rwuri rw’i Gako mu karere ka Bugesera.
Abasenateri b’u Rwanda basanga imigendekere y’amatora mu Rwanda atari ikintu gikwiye kwihereranwa, ahubwo akwiye gushyirwa mu murage w’isi n’ibindi bihugu bikajya biza kureba.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje amateka arimo Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.
Ubuyobozi bwa Ambasade y’u Rwanda iherereye i Doha mu murwa mukuru wa Qatar, bwatangaje ko imirimo y’iyo Ambasade ubu irimo ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga (Online) bitewe n’ibibazo by’umutekano biri mu gace iyo Ambasade iherereyemo.
Abasenateri bavuze ko ubucucike bukigaragara mu magororero butari ngombwa mu gihe Igihugu cyemeje ikoranabuhanga ryafasha kurekura abagororwa bambaye igikomo bagakomeza gucungwa ntibacike ubutabera.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura mituweli rudahuye n’ubushobozi bwabo, kuko hari gahunda yo gukosoza amakuru, bagasuzuma, basanga harabayeho kwibeshya bigahindurwa.
U Rwanda rwinjije hafi miliyoni 161.5 z’amadolari ya Amerika (USD) mu korohereza serivisi z’ingendo mu mahanga mu gihembwe cya kane cya 2025, bikomeza gushimangira umwanya warwo nk’igihugu gikurura ba mukerarugendo n’abagana serivisi zifite agaciro kanini.
Abahanzi Nyarwanda baganiriye n’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko ku ruhare rw’abahanzi mu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda bavuze ko ikoreshwa ry’Ikinyarwanda cy’umwimerere ryagabanutse bitewe n’ikwirakwira ry’amagambo n’imvugo z’amahanga.
Haruna Niyonzima wabaye kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yahakanye ibyo gusezera gukina umupira w’amaguru burundu.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe hamwe n’impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kigeme by’umwihariko abarema isoko ry’amatungo rya Ryarubondo, barishimira ko kurivugurura byatumye riba mpuzamahanga ku buryo risigaye riremwa n’abaturutse mu bihugu by’abaturanyi baje kuhagurira amatungo arimo inka, ingurube ihene n’intama.
Alain Destexhe wabaye Umusenateri w’u Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011, yanenze Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye igisirikare cyu Rwanda na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo ibihano, avuga ko ahubwo byari bikwiye gufatirwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda rutegereje bitarenze iminsi mirongo itatu, kwishyurwa Amafaranga miliyari imwe na miliyoni magana abiri na mirongo itatu n’eshatu (1.233.000.000Frw) rwahombejwe n’ikigo cyari cyahawe isoko ryo gusarura, gusazura no gutera amashyamba mu Ntara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba bw’u Rwanda kuva mu 2018.
Abagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko basabye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) gushyira imbaraga mu nshuti z’umuryango kugira ngo zifashe imiryango ibana mu makimbirane kuyakemura.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Amashyamba bavuga ko batunguwe no gusanga mu Karere ka Nyagatare, ubwanikiro bw’ibigori bukoreshwa mu guhunika ubwatsi bw’amatungo.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidali y’ishimwe hagamijwe kugaragaza uruhare rwabo mu bikorwa byo kugarura no kubungabunga amahoro.
Ikigo cy’ubucuruzi mpuzamahanga gikora ubwikorezi buhuza Afurika n’Ubushinwa, Africa Link Cargo Ltd mu cyumweru gishize cyatumiye Abakiliya bacyo mu busabane bwo kwizihiza umwaka mushya w’Ubushinwa, no kubashimira ko bababaye indatenguha.
Umutwe wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi, ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wanyomoje ibyavuzwe na Minisitiri w’Itumanaho akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, uvuga ko uyu mutwe washinzwe ndetse ushyigikiwe n’u Rwanda.
Umudepite wo mu Bufaransa, Aurélien Rousseau, akaba na Perezida w’itsinda rishinzwe guteza imbere umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine. Biteganyijwe ko urwo ruzinduko ruzarangwa n’ibiganiro bigaruka ku mateka y’umubano w’ibihugu byombi, ku guteza imbere urwego rw’ubuzima, ndetse (…)
U Rwanda n’u Buhinde byashyize umukono ku masezerano agamije gufatanya mu bijyanye n’Umuco (Cultural Exchange Programme – CEP) izashyirwa mu bikorwa mu myaka ya 2026 kugeza 2030, mu kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
U Rwanda rurasanga ibihano Amerika yafatiye Ingabo z’u Rwanda bizagira ingaruka ku ntambwe y’amahoro yari itegerejwe mu masezerano ya Washington, kuko bitiza umurindi Leta ya Congo wo gukomeza intambara.
Indenge bwite ya Cristiano Ronaldo ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia yavuye muri iki gihugu yerekeza muri Espagne kubera ibitero Iran iri kugaba ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika hirya no hino ku Isi kubera ibitero zayigabyeho zifatanyije na Israel.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ndetse n’abafatanyabikorwa bayo, bashyizeho ikigega cyo gufasha urubyiruko rusanzwe rufite ibyo rukora ariko ntiruzamuke kubera igishoro gito, rugahabwa inguzanyo ku nyungu nto kandi idasaba ingwate, ari cyo cyiswe Aguka Youth Fund.
Kubungabunga ibidukikije mu Rwanda ni inshingano ya buri wese, kandi buri giti giterwa kigira uruhare mu kubaka ejo hazaza harangwa n’icyatsi n’iterambere rirambye.
U Rwanda rwamaganye ibihano Amerika yafatiye bamwe mu bayobozi b’Ingabo z’u Rwanda, ruvuga ko harimo kubogama no kwirengagiza ukuri.
Abasenateri barasaba ko habaho uburyo busobanutse bwo kugeza imiti y’amatungo ku borozi kubera ko aborozi babagaragarije ko bikigoranye kuyibona, ndetse hakaba n’impungenge z’ubuziranenge n’ibiciro biri hejuru ku miti ishobora kuboneka.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo World Resources Institute (WRI), European Union/Enabel, GIZ, World Bank (WB), Global Green Growth Institute (GGGI), International Institute of Sustainable Development (IISD),… bateguye inama y’iminsi itatu, yabereye i Kigali kuva (…)
Abasenateri bakoze ingendo mu turere twose bareba uko ubworozi buhagaze mu gihugu n’uko umusaruro ubukomokaho ugira uruhare mu iterambere ry’abaturage n’Igihugu muri rusange, maze basanga mu gihugu cyose harimo imashini ebyiri gusa zikora Azote kandi ari yo yifashishwa mu kubika no gutwara intanga z’inka.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, aratangaza ko hari abaturage bazakosorerwa amakuru y’ibyiciro by’imibereho, kugira ngo hanozwe gahunda nshya yo kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) bijyanye n’amikoro bafite.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi mu Rwanda, Dr. Utumatwishima Abdallah yavuze ko mu rubyiruko rudafite akazi, abenshi ari abakobwa, nubwo hari byinshi byakozwe n’ibindi bigikorwa mu rwego rwo kongera amahirwe y’akazi.
Bwana Romeo Ngarambe yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Isoko ry’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda (CMA).
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, asanga inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi, kuko abagatanga hari ubwo babanza gupima abagasaba bagasanga batagashobora.
Ikipe ya APR Volleyball club imaze kuba ubukombe muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, nti yabashije kujyera mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) nyuma yo gusoza ku mwanya wa 5 ku rutonde rwa shampiyona isanzwe.
Mu gihe Igihugu cya Iran kiri kugabwaho ibitero na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel ndetse bikaba byarahitanye Umuyobozi w’Ikirenga, iki Gihugu kizitabira Igikombe cy’Isi 2026 aho imikino itatu y’itsinda rya karindwi giherereyemo izabera muri Amerika?
Amakipe ya Gisagara Academy ndetse na St Aloys y’i Rwamagana niyo yegukanye shampiyona y’abato (Rwanda national volleyball Junior League 2025-2026)
Umudage Moritz Kretschy w’imyaka 24 y’amavuko ukinira ikipe ya NSN(Never Say Never) Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 yasojwe kuri iki Cyumweru hasozwa ibilometero 997 na metero 800 byakinwe mu duce umunani twazengurutse igihugu kuva tariki 22 Gashyantare 2026.
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran wishwe na Leta Zunze Ubunmwe za Amerika ejo, yamaze gusimburwa.
Nyuma y’imvura nyinshi yaguye kuru stade ya Muhanga bigatuma umukino As Muhanga yakinagamo na Police usubikwa, urasubukurwa bakomereza aho bari bageze.
Umutwe wa AFC/M23 wemeje urupfu rw’umuvugizi wawo wa gisirikare Col. Willy Ngoma rwavuzwe mu minsi yashize ariko amakuru yizewe akaba atari yarigeze atangazwa.
Umunyarwandakazi Mukarubega Jeanine uba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri iki cyumweeru yagabiye inka abaturage batishoboye bo mu Murenge wa Ntarama.
Intambara yarose hagati ya Iran na Amerika ifatanyije n’umukunzi wayo wo mu mbere Isiraheli kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, 28 Gashyantare.