Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuba bwarohereje Ingabo gufasha abaturage ba Jamaica nyuma y’ingaruka z’inkubi y’umuyaga wiswe Hurricane Melissa, yasenyeye benshi bagasigara ntaho bafite ho kuba.
Ni amakuru yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2026, mu kiganiro ‘BURAKEYE’ cya KT Radio, aho umuturage yatanze amakuru y’uburyo i Muhanga bwakeye hari inkuru y’incamugongo.
Mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda harimo urusobe rw’ibibazo bikibangamiye iterambere ry’uru rwego harimo no kuba hari abaturage badakozwa ibyo kureka ubucukuzi butemewe kuko bafata ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nka gakondo yabo.
Leta y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo, bamaze gushora arenga Miliyari 120Frw, mu bikorwa bitandukanye byo gushyigikira impunzi n’abaturiye inkambi.
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 205 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), binjiriye ku mupaka wa ‘La Corniche’ mu Karere ka Rubavu. Barimo abagabo, abagore n’abana. Bavuze ko gutaha kwabo byagizwemo uruhare rukomeye na bagenzi babo batashye mbere, bababwiye ko bakiriwe neza mu gihugu kandi ko (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutasi ku Mari (FIC) cyasabye ibigo by’imari n’Abanyarwanda muri rusange kwitwararika ku bantu bari ku rutonde rw’ibihano mpuzamahanga, kibaburira ko gutanga amafaranga, umutungo cyangwa izindi serivisi ku bantu bafatiwe ibihano bishobora kubakururira ibihano bikomeye biteganywa n’amategeko.
Ikipe ya Police FC yanganyije na Rayon Sports 0-0 mu mukino ubanza wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Kigali Pele Stadium amakipe yombi ategereza umukino wo kwishyura kugira ngo yisobanure.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ku mugaragaro ko Ikipe ya RSSB Tigers Basketball Club ari yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) riteganyijwe kuba ku nshuro ya Gatandatu, nyuma y’aho APR Basketball Club ifashe icyemezo cyo kutazaryitabira.
Ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali (BK) tariki ya 9 Werurwe 2026 habereye igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umugore, abakiriya bahabwa impano nk’abafatanyabikorwa beza.
Raporo nshya mpuzamahanga iravuga ko indwara ziterwa na mikorobe zitakibasha kwicwa n’imiti (antimicrobial resistance – AMR) zikomeje kuba ikibazo gikomeye ku buzima rusange, zigahitana abantu barenga miliyoni imwe buri mwaka, kandi zikibasira cyane umugabane wa Afurika.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje Umwongereza Stephen Constantine nk’Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’Abagabo (Amavubi) ndetse n’Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 23, mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere ishobora kongerwa hashingiwe ku musaruro azatanga.
Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama, iherereye mu Karere ka Kirehe igihe gutaha ku bushake banyuze ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi.
Perezida Paul Kagame yitabiriye anakurikira umukino ubanza wa 1/8 cya UEFA Champions League ikipe ya Paris Saint Germain yatsinzemo Chelsea ibitego 5-2 mu ijoro ryakeye.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Gasogi United yatsindiye APR FC kuri Kigali Pele Stadium igitego 1-0 mu mukino ubanza wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro, Bugesera FC mu rugo ihatsindira Etincelles FC.
Isomwa ry’urubanza rwa Oswald Rurangwa uregwa ibyaha bya Jenoside ryari riteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, ryasubitswe, rihabwa indi tariki.
General Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yarekuwe, nyuma y’imyaka hafi itatu yari amaze ari muri gereza.
Uwabaye impunzi cyangwa uzi neza ubuzima zinyuramo, azi neza ibibazo bikomeye by’imibereho zikunda guhura na byo, bitewe n’uko baba batari mu gihugu cyabo, kandi baravuye iwabo batitwaje ibyo bakenera byose mu buzima.
Mu bice bimwe na bimwe by’Igihugu hari ahantu henshi usanga babuze uwiyemeza gufata ivomero cyangwa robinet ngo ajye afasha abandi kuvoma amazi meza, babibona nk’aho ari igikorwa kibatesha umwanya kikababuza kwikorera ibikorwa bibateza imbere, nyamara, burya iyo baguhaye ayo mahirwe baba banaguhaye n’inzu y’ubucuruzi (…)
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, Rwanda Premier League wasize ikipe ya APR FC na Rayon Sports zitakarije amanota abiri i Rubavu, Amagaju abona itsinzi ya mbere iri mu rugo, Gasogi United na Police FC zikomeza kubura itsinzi n’aho Gicumbi FC inyagirwa na Al Hilal SC 5-0.
U Rwanda ruri mu nzira yo gutangira gukoresha Ifaranga Koranabuhanga (e-FRW ry’u Rwanda), ababizobereyemo bakavuga ko niritangira gukoreshwa rizaba rifite agaciro gakomeye ku rwego mpuzamahanga, ku buryo ufite inzu cyangwa isambu mu Rwanda, ashobora kuzabitangaho ingwate mu mabanki yo mu mahanga agahabwa inguzanyo, mu gihe (…)
Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu n’Imari ubwo bagezaga ku Nteko Rusange ya Sena raporo ku gikorwa cyo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma byo kugeza amazi meza ku baturage, bavuze ko WASAC Group ikwiye gushyiraho uburyo buhamye bwo gupima ubuziranenge bw’amazi yose atangwa mu baturage.
Abasenateri bahuye n’ihurizo ritoroshye ryo kwandika umwanzuro wo kugeza kuri Guverinoma urebana n’ingano y’amazi ava mu mavomo akagenda ntacyo amariye abakagombye kuyakoresha, bityo bigatera igihombo haba kuri Leta no ku bakayakoresheje.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abikorera bo muri ako Karere, kutarebera abava ahandi bakaza kuhakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yabibasabye ubwo bari mu gikorwa cyo gutora Komite Nyobozi nshya ya PSF, yasimbuye icyuye igihe.
Jean Luc Habyarimana, umuhungu w’uwahoze ari Perezida wa Repubulika Juvenal Habyarimana akomeje kwigaragaza mu bikorwa bituma yibutswa amateka ashaririye umuryango we, na Leta ya se yanyujijemo Abanyarwanda.
Mu nama y’Ikoranabuhanga mu by’Imari (Inclusive FinTech Forum) Banki ya Kigali yamuritse ku mugaragaro urubuga rwa ‘BK Open API’, rugenewe abakora porogaramu zifasha ibigo mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu by’imari guhuza serivisi zabyo n’iz’iyi banki.
Impuzamashyirahamwe ya ruhago muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati ’CECAFA’ yatangaje ingengabihe y’amarushanwa yayo mu 2026, arimo ane azakirwa n’u Rwanda.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinzwe na Marine FC mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 21 ya Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kiziba n’abayituriye, barishimira ikorwa ry’umuhanda Bwishyura - Kiziba, washyizwemo kaburimbo.
Tariki ya 08 Werurwe 2026, Abanyarwanda batuye muri Gineya hamwe n’inshuti z’u Rwanda bizihije umunsi mpuzamahanga w’Abagore. Ni ibirori byabereye ku cyicaro cya Ambassade y’u Rwanda i Conakry.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha - RIB rwafunze Sebahizi Jean Chrysostome na Twagirayezu Jean Marie Vianney bakurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron baganira ku mubano mwiza kandi ubyara inyungu hagati y’ibihugu byombi.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga barishimira urwego rw’iterambere bagezeho, kubera amahirwe Igihugu cyabahaye, bakaba batagihezwa mu mirimo imwe n’imwe nk’uko byahoze mbere.
Umuhanzi umenyerewe mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ’Rusanga n’Izayo’, aho yafatanyije na Layan Mpano, umunyamuziki gakondo w’ahazaza heza mu rugendo rw’iyi njyana.
Ibiganiro bya ‘Ndi Umunyarwanda’ byatangiye gutanga umusaruro mu guhindura imyumvire y’urubyiruko, kuko ibyaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside bigenda bigabanuka muri icyo cyiciro mu buryo bugaragara.
Inzego z’ubuyobozi zitandukanye mu Karere ka Ruhango, ziributsa abaturage bose ko ntawe ukwiye kubangamira iterambere ry’umugore, kuko ari imbaraga ku muryango n’Igihugu muri rusange.
Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama ya kabiri yiga ku ingufu za Nikeleyeri (Nuclear Energy Summit) iri kubera i Paris, aho ari kumwe n’abayobozi b’ibihugu bitandukanye baturutse mu mpande z’Isi, abayobozi b’imiryango mpuzamahanga ndetse n’abayobora ibigo by’imari.
Abafatanyabikorwa bagira uruhare mu kugura ibikoresho bitandukanye byifashishwa kwa muganga, abo barimo IMPALA muri gahunda yayo izwi nka Goal 3, imaze gusakaza ibikoresho bitandukanye by’ikoranabuhanga bifasha mu kuvura abana barembye ndetse n’abavutse batujuje igihe.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (CDS), Mubarakh Muganga, yatangaje ko Ingabo z’u Rwanda zishobora kohereza abasirikare bagera ku 1,000 ku rugamba kugira ngo zirinde ubuzima bw’Umunyarwanda umwe, kuko ubuzima bw’umuturage ari ingenzi cyane kurusha ibindi.
Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 9 kugeza ku ya 11 Werurwe 2026 mu Rwanda hateraniye Inama ya Kabiri yiga ku bucuruzi n’ubufatanye hagati yarwo n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’u Burayi na Baltic, ihuje abagera kuri 250 baturutse mu nzego zitandukanye hagamijwe kwagura ubufatanye mu bucuruzi, ishoramari, guhanga udushya, ubuzima (…)
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Soraya Munyana Hakuziyaremye, yavuze ko hakenewe ubufatanye bwa Banki Nkuru z’ibihugu kugira ngo hareberwe hamwe imbogamizi mu nzego zitandukanye cyane cyane ibijyanye n’amategeko bishobora gutuma hari ibitagerwaho neza nk’uko bikwiye.
Ifoto y’umufana wa APR FC iri guhererekanywa cyane, nyuma y’uko agaragara yambaye imyenda y"ikipe ya mukeba.
Ikipe ya Al Merrikh SC yatsinze Police FC yujuje imikino umunani idatsinda, igitego 1-0 mu mukino usoza umunsi wa 23 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Werurwe 2026.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, ubwo yatangizaga ibikorwa by’ingabo na polisi byo gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere, yasobanuye ko iterambere ridashoboka ahantu hatari umutekano. Yashimye uruhare rw’abaturage mu gufatanya n’izindi nzego kwicungira umutekano, iyo ikaba ari yo mpamvu inzego z’umutekano (…)
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wateye intambwe nshya mu guhangana n’ikibazo cy’imisanzu itishyurwa n’ibihugu bigize uyu muryango, ikibazo kimaze imyaka kinaniza imikorere y’inzego zawo.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kinyinya, Polisi n’Ingabo z’u Rwanda batangiye kubaka ibyumba 15 by’amashuri kuri GS Rwankuba, harimo n’azigirwamo abana b’inshuke na bakuru babo ba barenga ibihumbi bibiri, bakaba babyiganira mu byumba 24.
Mu mpera z’icyumweru gishize, i Kigali mu Rwanda hatangiwe ibihembo mpuzamahanga bizwi nka Shining Star Africa Awards 2026 byatangiwe mu Rwanda ku nshuro ya mbere, nyuma y’inshuro ebyiri byabereye muri Afurika y’Epfo.
Abanyarwandakazi basaga 120 baba mu gihugu cya Mozambique n’abatumirwa babo, bateraniye muri Hôtel Polana Serena iherereye mu mujyi wa Maputo mu gihugu cya Mozambique tariki ya 08 Werurwe 2026, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore ku nshuro ya 51.
Polisi yo muri Amerika yataye muri yombi umugore warashe amasasu arindwi ku nzu y’Umuhanzi w’icyamamare mu njyana POP, Rihanna, iherereye ahitwa i Beverly Hills.
Umuryango Unity Club Intwararumuri ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) n’izindi nzego za Leta batangije icyiciro cya gatanu cy’ibiganiro “Ndi Umunyarwanda”, bizibanda cyane ku rubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye, aho biteganyijwe ko bizagera mu mashuri agera ku 100 mu (…)