Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Rashid Kalisa ukina hagati mu kibuga yongeye gusinyira AS Kigali yakiniye mu bihe butandukanye.
Ikigo cya Access to Finance Rwanda (AFR) cyatangije gahunda yiswe “Terimbere MSME Facility”, igamije guhuza abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse n’ubufasha bakeneye burimo kongererwa ubushobozi hagamijwe guteza imbere ubucuruzi, ndetse no kugera ku mari n’igishoro mu buryo bworoshye.
Ikipe ya Etincelles FC yujuje imikino itanu idatsindwa yahagamye Rayon Sports yujuje itatu idatsinda banganya 1-1 mu mukino w’umunsi wa 23 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Stade Umuganda kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026.
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza, wizihizwa buri mwaka tariki 8 Werurwe, ababwira ko uyu munsi n’indi bizihiza uruhare rukomeye abagore bakomeje kugira mu mpinduka n’iterambere ry’Igihugu.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru Perezida Paul Kagame, yakiriye Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye (UN Resident Coordinator) ucyuye igihe mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, mu rwego rwo kumusezeraho.
Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko riherutse gushyikiriza Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara Imbabare (CICR) abantu barenga 5,000 barimo ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi ba Wazalendo bafatiwe ku rugamba.
Madamu Jeannette Kagame yifurije abagore umunsi mwiza, abasaba kongera kwigenzura bagamije kwiyubaka. Mu butumwa yageneye abagore, yagize ati “Kuri uyu munsi twizihiza abagore, ndabasaba kongera kwigenzura mu marangamutima, imico, imyitwarire, mumenye kwibungabunga, byose bigamije kwiyubaka! Uyu munsi wongere kubibutsa ko (…)
Aline Nyiramahirwe ni umukobwa w’imyaka 23 w’impunzi icumbikiwe mu nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara, akaba yarahawe akazi ko kwigisha ku Ishuri ryisumbuye rya Tekinike, Imyunga n’Ubumenyingiro rya Mugombwa (Mugombwa TSS), nyuma yo guhiga abandi mu bizamini bisoza ayisumbuye.
Umuhanzi Prince Salomon yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘BABA’, indirimbo yibanda ku gushimira Imana ku mirimo yakoze mu buzima bwe no ku rukundo rwayo rutajya rumusiga mu bihe bitandukanye yanyuzemo.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro (RWABAT-2) bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), zitabiriye igikorwa cy’umuganda mu gace ka Bossembele, aho zifatanyije n’abahatuye mu gukora isuku.
Ikipe ya APR FC yanganyije na Marine FC 2-2 mu mukino w’umunsi wa 23 ya Rwanda Premier League, wabeyere kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Werurwe 2026, ikomeza kugenda biguru ntege inyuma ya Al Hilal SC iyoboye urutonde.
Abantu 23 bapfuye mu mujyi wa Nairobi bazize imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, igateza imyuzure ikabije mu murwa mukuru w’igihugu cya Kenya.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, Umuryango w’abanyamakuru b’abagore mu Rwanda, ARFEM, wizihije uyu munsi ubinyujije mu kuganira n’Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya East African University Rwanda (EAUR) yigisha Itangazamakuru.
Waba warigeze wumva abantu bavuga ko umwana muto uriye ubwonko bw’Ifi agira ubwenge bwinshi mu ishuri ndetse akaba n’umuhanga mu bintu bitandukanye.
Mu mpera y’imyaka ya za 1980, Mukeshimana Madeleine yavutse ari umwana w’imfura mu Karere ka Kicukiro, umujyi wa Kigali, maze amashuri abanza ayigira Nyanza ya Kicukiro hafi y’iwabo.
Kanoheli Christmas Ruth wafashe izina rya muzika rya Chrisy Neat, ni umugore wahagurutse yiyemeza gufatanya umwuga wo kuririmba no gutunganya indirimbo mu rwego rwo gutinyura abandi bakobwa bagenzi.
Mu Rwanda rwo hambere mbere, umuco nyarwanda ntiwemereraga umugore gukama inka.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi cyane nka Bruce Melodie ategerejwe mu gitaramo azakorera i Buruseli mu Bubiligi kigamije kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore.
Umuhanzikazi Bwiza Emerance uri i Stockholm, muri Sweden, yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo Gihugu, Dr Diane Gashumba baganira ku gitaramo ahafite n’indi mishinga ijyanye n’umuziki.
Ku babyeyi b’abagore bazi ukuntu bigora kwita ku mwana w’uruhinja rwavutse kugeza nibura rugize amezi atandatu abanza aho umwana aba asigaye asinzira neza, kumva uko umubyeyi wagize umugisha akabyara impanga z’abana bane yifata mu rugendo rwo gutwita, kubyara, kurara amajoro abana baririra rimwe, kongeraho izindi nshingano (…)
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko hari abantu n’ibihugu bashyiraho ibipimo byo gupima agaciro k’ibindi bihugu bidafite ishingiro, ashimangira ko u Rwanda rudakwiye gupimwa hashingiwe ku myumvire cyangwa inyungu z’abandi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko abashakira umuti w’ikibazo cy’intambara iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Rwanda, bakirengagiza abasinye amasezerano ya Washington bose, nta gifatika bazakuramo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rufite amahitamo abiri, ari yo, kureka umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukegera umupaka warwo ugahungabanya umutekano, cyangwa guhitamo kwirwanaho, abarufatira ibihano bakabifata.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kwirengagiza ibibazo bibangamira umutekano warwo, cyane cyane ibituruka ku mutwe witwaje intwaro wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko abantu bakwiye kugabanya kureba abandi ibyo bafite n’ibyo badafite, ahubwo bakareba ibibareba.
Ishimwe Clement washinze KINA Music agiye kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, ndetse akazabihuza no gushyira hanze album ye ya mbere yise ’Legacy’, ihuriyeho abahanzi benshi.
Mu gihe ku cyumweru tariki 8 Werurwe ku isi hose hazaba harimo kwizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umugore, muri izi mpera z’icyumweru hateganyijwe gahunda nyinshi zifite aho zihuriye n’uyu munsi.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, yatangajwe mu bazasusurutsa abazitabira igitaramo gikomeye cy’urwenya n’umuziki kizwi nka Comedy Store, kizabera i Kampala muri Uganda.
Abofisiye n’abandi basirikare bafite andi mapeti bo mu mutwe udasanzwe (Special Operations Force), mu Ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu basoje imyitozo y’ibanze yo kurwanya iterabwoba bari bamazemo ibyumweru 22, yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.
Mu rwego rwo kurushaho kurengera ubuzima bw’Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), n’abafatanyabikorwa bayo, bashoye arenga miliyari 5Frw mu bikorwa byo kurengera ibidukikije mu nkambi.
Ikigo cyo muri Kenya kizobereye mu by’imari, CPF Group, cyafunguye ishami ryacyo mu Rwanda, kikaba gifite intego yo korohereza Abanyarwanda n’abaturarwanda kugera ku mari.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko irimo gukorana na Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, mu gufasha Abanyarwanda bari muri UAE no muri Bahrain bifuza gutaha kubera ibibazo by’intambara biri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Nyuma y’imyaka 13 ibikorwa by’ikigo cya Kaminuza y’u Rwanda cyo guteza imbere ubugeni n’ubuhanzi bihagaze, byongeye gutangizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Werurwe 2026.
Itsinda mpuzamahanga rikurikirana ibibazo byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (International Contact Group for the Great Lakes – ICG) ryagaragaje impungenge zikomeye ku bwiyongere bw’imirwano n’ibibazo by’ubutabazi bikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda yakoze igikorwa kidasanzwe cyabereye i Kigali ku wa Kane, kigamije kwizihiza International Women’s Day mbere y’uko isi yose iyizihiza ku wa 8 Werurwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, bwifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Ntongwe, mu gikorwa cyo gutera imbuto y’ibishyimbo ku buso busaga hegitari ibihumbi 17.
Abageze mu zabukuru mu Karere ka Ruhango, babwiye umuyobozi w’Akarere ko ibyiciro by’amafaranga ya Mituweli babarizwamo bikwiye kugendera ku bushobozi bafite.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abishyura neza inguzanyo bafata mu mabanki n’Ibigo by’Imari bari ku kigero cyiza bikaba bitanga ikizere ko urwego rw’imari ruhagaze neza.
Binyuze mu ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) u Rwanda rwasinyanye amasezerano yo kwakira shampiyona y’Afurika ya volleyball mu bagabo.
Abantu bari barakatiwe n’inkiko bakaba bafunguwe by’agateganyo, bafite ibyo basabwa kubahiriza, batabikora bikaba bishobora kubaviramo ingaruka z’uko basubizwa muri gereza kurangiza igihano bari basigaje nk’uko biteganywa mu iteka rya Minisitiri ryo ku wa 4/3/2026, ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abakatiwe.
Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu mahugurwa yo kumenyekanisha isoko ry’imari n’imigabane yari yitabiriwe n’abafatanyabikorwa mu rwego rwa siporo, hibandwa ku mahirwe abakinnyi nk’abashoramari babona binyuze ku isoko ry’imari n’imigabane mu gihe kirambye.
Umuvugizi wungirije wa AFC-M23 Oscar Balinda yavuze uburyo Abakomando babo bajya Kisangani bakayirasa, hanyuma bakigarukira mu birindiro byabo nta n’ubariye urwara.
Ibikorwa by’ubukorikori bitandukanye mu mwaka ushize (2025) byinjirije impunzi zicumbikiwe mu Rwanda amafaranga y’u Rwanda agera hafi kuri Miliyoni 50 Frw. Ni amafaranga babonye binyuze mu bikorwa byabo bitandukanye byo kuboha imitako irimo uduseke n’udukapu, bigashakirwa isoko mu bihugu by’amahanga birimo na Amerika.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko ubuhinzi bw’ibihumyo bwabafashije kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, bituma bashobora guhangana n’indwara ziterwa no kutabona intungamubiri zihagije.
Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa Gatatu, 4 Werurwe, yemeje amasezerano hagati ya Leta y’u Rwanda na Bauhaus International yo kunoza imiturire.
Inama y’Abaminisitiri yatije ikigo cy’Ubucuruzi Planner Corretora de Valores SA ubutaka bwa Leta kugira ngo gikorereho urganda rw’inyama z’inka mu rwuri rw’i Gako mu karere ka Bugesera.
Abasenateri b’u Rwanda basanga imigendekere y’amatora mu Rwanda atari ikintu gikwiye kwihereranwa, ahubwo akwiye gushyirwa mu murage w’isi n’ibindi bihugu bikajya biza kureba.