Kuri uyu wa Gatatu, De Clercq Matthijs ukinira ikipe Soudal Quick Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 127.2 kahagurukiye mu Karere Karongi kagasorezwa rwagati mu Mujyi wa Rubavu.
Ubuhamya n’ibiganiro bitangwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi, bigaragaza ko impamvu zikururira abantu gucuruzwa harimo kwizezwa inyungu z’amafaranga n’uburangare bw’ababyeyi ku bana babo bagiye gushaka akazi.
Hashize igihe kinini havugwa ikibazo cy’abivuriza kuri Mituweli ku bigo nderabuzima, ariko imiti bandikiwe ntibayihabwe cyangwa bakabona mike, bikaba ngombwa ko bajya kuyigurira kuri farumasi, abatabishoboye bagatahira aho.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT), Ingabire Paula, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 yasobanuriye Inteko, Umutwe wa Sena aho gukoresha indangamuntu nkorabuhanga bigeze.
Isuzuma ry’imikorere y’Inama Njyanama z’Imirenge 15 igize Akarere ka Bugesera mu mwaka ushize, ryashyize Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamata ku mwanya wa mbere mu gukora neza, n’amanota 98% mu mirenge 15. Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhuha yaje ku mwanya wa kabiri n‘amanota 97%. Imirenge ya Juru na Ngeruka yaje ku mwanya (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Arabie Saoudite, by’umwihariko mu nzego (…)
Nubwo ururimi ari imwe mu nkingi ikomeye mu zigize umuco n’amateka by’Igihugu, urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga runenga bamwe mu babyeyi kutagira ubushake bwo kwigisha abana babo Ikinyarwanda.
U Rwanda na Give Directly uyu munsi basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije kwihutisha gahunda zo kurwanya ubukene (Poverty Acceleration Co-Financing Basket Fund Framework Agreement).
Kuri uyu wa Kabiri, hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere ka Huye kagasorezwa I Rusizi ku bilometero 145.3 kegukanwe na Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL mu gihe Umunyarwanda waje hafi yabaye uwa 11.
Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.
Ubusesenguzi bwimbitse bwakorewe mu bigo ngororamuco mu Rwanda, bwerekanye ko 74% by’ababijyanwamo batarangije amashuri abanza, ndetse ko 17% muri bo batazi gusoma no kwandika, bivuze ko batigeze bagera mu ishuri.
Imitangire y’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza umenyerewe nka Mituweli yajemo impinduka, haba mu mafaranga yishyurwa, ndetse n’inkomoko y’amafaranga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), kiratangaza ko amashuri yose ari mu nshingano zacyo, azaba yagejejweho ibikoresho by’ikoranabuhanga ndetse na murandasi (Internet) bitarenze uyu mwaka wa 2026.
Ubutabera nsanasano cyangwa Plea Bargaining mu ndimi z’amahanga, ni ubukorwa hakurikijwe amasezerano y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uwakoze icyaha, cyangwa ku kwemera icyaha ku bushake ndetse n’uwagikorewe, bityo bikoroshya inzira y’ubutabera, kandi impande zombi zikabyungukiramo.
Urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa 20 rwaturutse mu turere dutandukanye tw’u Rwanda rwashoje rwiyongereye ku rutonde rw’abahindura ubumenyi mu ikoranabuhanga mo ibisubizo bifatika mu Rwanda.
Ministeri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yateguye inama nyunguranabitekerezo yahuje abafatanyabikorwa mu burezi mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa neza isuzuma rya Programme for International Students Assements (PISA).
Abagororwa bitegura gusoza ibihano by’ibyaha bahamijwe ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabwe gukurikira no kuzirikana inyigisho bateguriwe kuko zizabafasha kurushaho kubana neza n’abo basanze ndetse no kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa.
Kuri uyu wa Mbere, Umunya-Espagne Marti Soriano Pau yegukanye agace kabiri ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye i Nyamata mu karere ka Bugesera kagasorezwa mu Mujyi wa Huye kanganaga n’ibilometero 134 na metero 600 akoresheje amasaha atatu, iminota icumi,amasegonda icumi n’ibyijana 30 akurikirwa n’Umunya-Eritrea Henok (…)
Mugihe shampiyona ya volleyball isa ni gana ku musozo, amakipe amwe yamaze kubona itike ya kamarampaka mugihe abandi bagitegereje umunsi wa nyuma.
Birazwi neza ko muri iki kinyejana ikoranabuhanga ari kimwe mu by’ingenzi bikenerwa mu iterambere rya buri rwego harimo n’urw’uburezi. KT Radio, mu mushinga uterwa inkunga na Mastercard Foundation ndetse n’ishami ry’Ikoranabuhanga ry’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, kuri uyu wa Mbere iragaragaza uko ikoranabuhanga rishobora (…)
Mu mukino wateje impaka, ikipe ya Rayon Sports itsinze Mukura VS 2-1 mu mukino w’umunsi wa 21 wa Rwanda Premier League, yigira imbere ku rutonde rwa shampiyona.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Rwanda zivuga ko kwihuza n’Abanyarwanda bakibumbira hamwe byabafashije gukira ihungabana, batangira gukora ibikorwa bibaganisha ku iterambere nk’abandi.
Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana ubwo barebaga agace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru kagasorezwa i Rwamagana.
Kuri iki Cyumweru, hatangiye gukinwa Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda ’ Tour du Rwanda 2026’ hakinwa agace ka mbere mu munani tuzakinwa kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira ko bubakiwe ibitaro biri ku rwego rwo hejuru, bizatuma nta bibazo bya serivisi z’ubuzima bazongera guhura na byo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwashimiye amakipe y’abagabo n’abagore mu mupira w’amaguru yabonye itike yo kuzahagararira Akarere ku rwego rw’Umujyi wa Kigali mu marushanwa azwi nka ‘Umurenge Kagame Cup 2026’.
Umuhanzi umenyerewe mu muziki Nyarwanda Jules Sentore aratangaza ko agiye gushaka ubushobozi bwo gufasha abana bafite ubumuga bwa Autisme bo mu kigo Oroshya Autisme kiri mu Karere ka Muhanga.
Abanyeshuri 970 bazatangira Kaminuza umwaka utaha mu Karere ka Kamonyi, bahawe impamba y’ubumenyi ngiro mu bigo n’amashuri byigisha imyuga.
Imyambarire bamwe babona ko idahwitse ni ikibazo kidakunze kuvugwaho rumwe, kuko hari abasanga uko umuntu yambaye, cyane cyane ab’igitsina gore bambara imyenda migufi cyangwa ibahambiriye, hari abatabibonamo ikibazo, abandi bakabona ari amahano.
Ikipe ya APR FC yanganyije na Police FC 1-1 mu mukino ufungura umunsi wa 21 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026.
Iki cyumweru nagitangiriye mu mwanya mwiza cyane, kuko nakoreye akazi mu bantu bandi ku mutima, kuko nkunda gufasha(charity,compassion).
Mu myaka isaga 40 ishize, ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi intara y’Uburengerazuba, babyaye umwana wa kane bamwita Niyibizi Consolatrice.
Mu myaka ya za 1990, Consolatrice Niyibizi yize amashuri abanza yose mu Kigo cya Gatagara, ariko arangiza nta mashuri yisumbuye y’Abafite ubumuga bwo kutabona yari ahari, nyamara na gahunda y’uburezi budaheza itarashinga imizi. Ibyo byatumye Niyibizi yicara ategereje ko haboneka ishuri rimwakira mu cyiciro gikurikiraho (…)
Amashuri ya Niyibizi Consolatrice ufite ubumuga bwo kutabona, yajemo amakoni menshi, n’ubwo bitamubujije gukomera ku nzozi ze. Guhera mu bibazo yagiriye muri Cameroun, ukajya ku byo gutegkwa kwiga ibyo atiyumvamo kuko nta mahitamo yandi yari afite, byageze no muri Kaminuza, bati hari ibisabwa utujuje.
Wari uzi ko inzuki zivoma amazi zikayatwara mu nda? Wari uzi ko uruyuki rugira amaso atanu? Wari uzi ko inzuki zishaje ari zo zikora isuku ku muzinga? Wari uzi ko inzuki zo mu mizinga itandukanye zibana ubuki? Twaganiriye na Naho Joseph, umworozi w’inzuki (umuvumvu) ubimazemo imyaka 22. Abikorera mu Murenge wa Gahengeri mu (…)
Abahanga mu by’imirire bavuga ko guha umwana utaragira umwaka amata y’inka bimutera uburwayi butandukanye burimo no kubura amaraso mu mikurire ye.
Ubuzima bwa kinyamwuga ku bafite ubumuga bwo kutabona ndetse n’abafite ubundi bumuga, buhora bukurura impaka nyinshi, cyane cyane zituruka ku batemera ubushobozi bwabo, bagatekereza ko batatanga umusaruro, batabishobora.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Iyi weekend irimo ibikorwa byinshi cyane. Hari ibitaramo bya muzika, ahantu ho gusohokera wamenyanira n’abantu bashya, imikino itandukanye, ibikorwa by’ubuhanzi, n’ahantu heza ho kwidagadurira n’umuryango wawe. Niba ushaka kubyina, kugerageza ibiryo bishya, gushyigikira ikipe ukunda, cyangwa kwicara gusa wishimira ibihe (…)
Itorero Inganzo Ngari riri mu myiteguro y’igitaramo gikomeye kizaba gishingiye ku kwizihiza imyaka 20 rimaz.
Umuraperikazi ukomeye w’Umunyamerika, Amala Ratna Zandile Dlamini, wamamaye mu ruhando rwa muzika nka Doja Cat, aritegura kuza kuririmbira i Kigali ku itariki 17 Werurwe 2026, mu gitaramo gikomeye kizwi nka ‘Move Afica’, kizabera muri BK Arena, akazahava yerekeza muri Afurika y’Epfo.
Nubwo ntawe ukwiriye kwishimira ibyago bya mugenzi we, Abanyarwanda ntibazibagirwa umwaka w’imikino wa 2025-2026. Ni umwaka wabahaye amahirwe adasanzwe yo kureba ku butaka bwabo umupira wo ku rwego rwo hejuru bari basanzwe babona kuri televiziyo gusa.
Koperative Duhuze Imbaraga Gatsibo, ihuriyemo impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nyabiheke iherereye muri ako Karere hamwe n’abaturage bo mu Karere ka Gatsibo, yujuje uruganda rufite agaciro ka Miliyoni 210 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umukinnyi wa filime Eric William Dane, wamamaye cyane muri ’Euphoria’, ’Grey’s Anatomy’ ndetse na ’X-Men: The Last Stand’ yitabye Imana azize indwara yitwa Amyotrophic Lateral Sclerosis (ALS) itera gucika intege no kubura ubushobozi bwo kwigenza.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, hari bamwe mu baturage bagerageje kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, Mutuelle de Sante, abenshi bakunze kwita Mituweli y’umwaka utaha (2026-2027), ariko bakwinjira muri sisitemu bagasanga warazamuwe ku bwikube bw’inshuro hafi zirindwi.
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga kubera imvune ikomeye yagize mu myaka itatu ishize.
Mu gihe impaka ku burenganzira bw’abagore n’imiterere y’umuryango zikomeje gufata indi ntera muri Côte d’Ivoire, depite muto kurusha abandi mu Nteko Ishinga Amategeko, Naya Jarvis Zamblé, yatangije igitekerezo gikomeje kuvugisha benshi: kwemerera abagabo gushaka abagore benshi, bikandikwa mu mategeko.
Mu gihe Isi ikomeje kugaragaza impinduka mu iterambere ry’ikoranabuhanga cyane cyane iry’ubwenge buhangano (AI), imyigire n’imyigishirize na yo birasaba ko ihuzwa n’aho Isi irimo igana. Ibi bitera bamwe impungenge ku ireme ry’uburezi haba ku barimu ndetse n’abanyeshuri bifashisha ubwenge buhangano, abandi bakagira impungenge (…)
Umuhanzi Ngabo Richard uzwi cyane nka Kevin Kade, agiye kuririmba bwa mbere mu ruhererekane rw’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bigiye kuba ku nshuro ya 7.