Mu gihe umunsi wa St Valentin wahuye na weekend hari ibikorwa byinshi biteganyijwe muri izi mpera z’icyumweru bigamije gushimisha cyane abakundana bashaka kwinjira muri weekend bari muri “mood”ya weekend n’iya Saint Valentin.
Abahanzi bamamaye mu njyana ya Gospel, Ben na Chance, batangaje ko bazataramira abakunzi babo mu gitaramo cyiswe ’Easter Jubilee Music Gathering’ kizabera kuri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026, mu rwego rwo kubafasha kwizihiza Pasika.
Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu yimukiye muri Mozambique ahunze amadeni arenga miliyoni zirindwi yari abereyemo abantu.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC 1-0 mu mukino w’umunsi wa 20 w’imikino ya Rwanda Premier League ikomeza kongera amanota ifata umwanya wa Gatanu ku rutonde rwa shampiyona by’agateganyo.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Madamu Jeannette Kagame, yitabiriye ibirori byo gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri bo mu cyiciro cya gatatu cya ArtRwanda-Ubuhanzi Xperience wabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yageze i Addis Ababa, muri Ethiopia, aho ahagarariye Perezida Paul Kagame mu Nama ya 39 isanzwe y’Inama Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za Afurika Yunze Ubumwe.
Ubwo yari kuri KT Radio asobanura byinshi ku gitabo yanditse cyitwa ‘Umurage w’urubyiruko’ aherutse gusohora, umwanditsi Yolande Mukagasana asanga ku bijyanye n’imyitwarire ikwiye kuranga urubyiruko kugira ngo rukomeze kubungabunga ubumwe bwarwo n’ubunyarwanda, icya mbere ari uko rukwiye kubanza kumenya ururimi (…)
Umwanditsi w’ibitabo akaba n’umushakashatsi, Yolande Mukagasana, asanga ikiyobyabwenge gikuriye ibindi mu Rwanda ari ingengabitekerezo ya Jenoside, kuko iyobya ubwenge bw’umuntu, akava mu byiza yakoreraga Abanyarwanda ahubwo akabica.
Ubwo yari kuri KT Radio avuga ku hazaza h’u Rwanda n’urubyiruko rwo muri iki gihe, Pasiteri Rutayisire Antoine yasobanuye byinshi bikwiye kwitabwaho kugira ngo umuryango ube muzima, ariko cyane cyane urubyiruko kuko ari zo mbaraga zubaka, ariko nanone zangiza iyo zidahawe umurongo mwiza.
Kompanyi yubatse urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo (Rusumo Power Company Limited) ruhuriweho n’ibihugu bitatu (Rwanda, Burundi na Tanzania) kuri uyu wa Gatanu yashyikirije Polisi y’u Rwanda imodoka ya Kizimyamwoto (Fire engine) iyo Kompanyi yageneye u Rwanda nk’impano. Buri gihugu muri bitatu bihuriye kuri uru rugomero, (…)
Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, bizatangira kwimukira i Masaka muri Werurwe uyu mwaka.
Pasiteri mu Itorere ry’Abangilikani (Anglican), Antoine Rutayisire, yahisemo kureka kuba umupadiri kugira ngo bitazamubuza gushaka, kubera ko yari amaze kubona hanze hari abakobwa beza.
Ubwo yari kuri KT Radio, Pasiteri Rutayisire Antoine yagize icyo avuga ku bijyanye n’insengero zifunzwe, bikaba byaratumye hari abasubira inyuma mu by’ukwemera, abandi bakabura aho baruhukira kuko insengero zabafashaga kuruhuka zifunze.
Ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 yagabanutseho Miliyari 80,4 Frw iva kuri miliyari 7.032,5 Frw igera kuri miliyari 6.952,1 Frw.
Umujyi wa Kigali wasabye ko mu kuvugurura itegeko ryo gutanga amasoko ya Leta harebwa uburyo Isoko rinini ritahabwa umuntu umwe gusa, kugira ngo bitazajya bidindiza ibikorwa biteganyijwe gukorwa muri iryo soko.
Pasiteri Antoine Rutayisire avuga ko rimwe mu masomo yakuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari uko umuntu ashobora kuba mubi, kandi atari asanzwe ari we.
Umukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere APR FC izakiramo Kiyovu Sports wari kubera kuri Kigali Pele wimuriwe kuri Stade Amahoro.
Guverinoma y’u Buyapani n’Umuryango Society for Family Health (SFH) Rwanda basinye amasezerano y’inkunga agamije kunoza uburyo bwo kubona amazi meza mu Kagari ka Gakenke, Umurenge wa Kiramuruzi, Akarere ka Gatsibo, binyuze mu mushinga watewe inkunga na Japan’s Grant Assistance for Grassroots Human Security Projects (…)
Pasiteri Antoine Rutayisire uri mu kiruhuko cy’izabukuru, ahamya ko kubyara atari itegeko ry’Imana, kuko iyo biba ari ko bimeze, uwari kuryubahiriza wa mbere yari kuba Yesu, ariko si ko byagenze kuko atabyaye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari i Addis-Abeba muri Ethiopia mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yagiranye ikiganiro na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), asobanura byinshi ku mutekano mu Karere ariko no ku Rwanda by’umwihariko.
Mu gihe habura iminsi micye ngo hatangire Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda 2026, amakipe abiri mashya yemeje ko azitabira Tour du Rwanda 2026 Abanyarwanda bahize kwegukana, yiyongera kuri 16 yari yatangajwe mu Ukuboza 2025.
Indege yari izanye Vivian van de Perre, Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, ibaye iya mbere iguye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Goma nyuma y’uko cyari cyarafunzwe kuva muri Mutarama 2025.
Koperative IABM ihinga ibigori mu gishanga cya Makera mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, irasaba ubufasha bwo kubakirwa imihanda n’amateme bigera ku mirima yabo, kuko biri mu bikomeje kubangamira abahinzi mu gihe bakusanya umusaruro.
Mu Buhinde, umusore yiciye ikirenge, nyuma yo gutsindwa kabiri ikizamini cyo kwinjira mu ishuri ry’ubuvuzi, kandi yari afite inzozi zo kuzaba umuganga, maze abona inzira isigaye ari ukwinjiriramo binyuze mu myanya yagenewe abafite ubumuga.
Ikipe ya mbere ya SWAT yo muri Polisi y’u Rwanda yegukanye umwanya wa gatatu mu cyiciro cyo kunyura mu nzira z’inzitane (Obstacle Course Challenge), mu irushanwa rya UAE SWAT Challenge, inasoza iri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rusange.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye i Moscow mu Burusiya bahuriye hamwe tariki 6 Gashyantare 2026, bizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi w’Intwari z’Igihugu, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Ubutwari n’Ubumwe, Inkingi y’Iterambere ry’u Rwanda.”
Ikigo gishinzwe kugenzura Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (ARPTC) cyasohoye itangazo rishinja sosiyete MTN Group gutanga mu buryo bunyuranyije n’amategeko serivisi za telefoni zigendanwa n’iya internet ku butaka bwa RDC, by’umwihariko mu bice bya Goma na Rutshuru.
U Rwanda rwinjije Amadolari ya Amerika arenga miliyoni 13 mu minsi itanu gusa, biturutse ku bicuruzwa byoherejwe mu mahanga bikomoka ku buhinzi. Ibi bigaragaza uruhare rukomeje kwiyongera rw’uru rwego mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu no kuzana amadovize.
Minisitiri w’Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), José Mpanda, yatangaje ko sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda ishobora kuba iri gukorera ku butaka bwa RDC itabifitiye uburenganzira.
Ikipe ya FC Saint-Eloi Lupopo yo muri Rupubulika Iharana Demokarasi ya Congo yageze mu Rwanda aho ije gukina na Al Hilal SC umukino usoza amatsinda ya CAF Champions League 2025-2026 na Al Hilal SC.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Domitilla Mukantaganzwa, yakiriye indahiro ya Gaspard Musonera, Komiseri mushya muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), uheruka kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri. Mukantaganzwa yamubwiye ko imirimo arahiriye itoroshye ariko itanakomeye kubera ko ayisanzemo abandi, anamwibutsa ko indahiro akoze (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba atajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’igihugu gikoresha cyane Igifaransa, ari uko batamutumira.
Umuntu witwaje intwaro yateye ishuri riherereye mu burengerazuba bwa Canada, arasa urufaya rw’amasasu hapfa abantu icyenda (9) naho 27 barakomereka.
Kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’Akanama gashinzwe Afurika muri Komisiyo ishinzwe ububanye n’Amahanga muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Chris Smith, yatanze ijambo rifungura inama ya komisiyo ku nsanganyamatsiko igira iti “Guteza imbere amahoro muri RDC no mu Rwanda binyuze mu (…)
U Rwanda rwabwiye amahanga ko impinduka zirambye ku mugabane wa Afurika zizakomeza kugorana kugerwaho niba hatabayeho gushyira hamwer amikoro ava imbere mu bihugu no gushimangira inzego z’imiyoborere y’ibihugu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe ari muri Addis-Ababa/Etiyopiya aho agiye kwitabira inama nkuru zifatirwamo ibyemezo biyobora Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.
Mu bigo ngororamuco bitandukanye biri hirya no hino mu Gihugu, haravugwa ikibazo cy’umubare muto w’inzobere ku buzima bwo mu mutwe, bigatuma abafite iki kibazo batitabwaho uko bikwiye, kikaba ari kimwe mu bituma ibyo bigo bikomeza kubamo abantu benshi.
Mu gihe Banki y’u Rwanda ivuga ko iyo ibiciro byazamutseho hagati ya 2-8% biba ari ibisanzwe, muri Mutarama 2026, byazamutseho 8,9%, byongera igitutu ku baturage ku bushobozi bwo guhaha no kubona serivisi z’ingenzi.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku bigo by’igororamuco igaragaza ko uko imyaka yagiye ihita umubare w’abajya mu bigo ngororamuco wagiye wiyongera. Depite Mukabalisa Germaine yabajije igituma uwo mubare wiyongera ndetse n’icyo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango irimo gukora kugira ngo ugabanuke.
Ikipe ya Al Hilal yatsinze APR FC ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 15 wa Rwanda Premier League ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo.
Muri iki gihe hari abarangiza kwiga amasomo y’ibyiciro bitandukanye, yaba ayisumbuye cyangwa kaminuza, ariko bagasanga bidahagije, ahubwo bakiyemeza kongeraho ubumenyi bw’umwuga runaka kugira ngo bibafashe mu kubona akazi mu buryo bwihuse cyangwa se na bo bakakihangira.
Inzobere mu bijyanye no gukira ibikomere Dr. Niyonzima Bosco, avuga ko kugira ubuntu bisobanuye, kubanira neza abandi, gukunda no gukundwa, gutega abandi amatwi no kuba wabitangira.
Mugabe Aristide wamenyekanye mu mukino wa Basketball mu Rwanda yasezeye ku gukina Basketball nk’uwabigize umwuga.