Iterambere ry’Igihugu ryifuzwa ntiryagerwaho ibibazo byugarije imiryango bititaweho ngo bikemurwe. Iyi ni yo mpamvu mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro bateguye ubukangurambaga buzamara ibyumweru bitatu (kuva tariki 15/02 – 08/03/2026) bujyanye no gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda, by’umwihariko (…)
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Habimana Dominique, yifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Nyakayenzi, mu Murenge wa Ngeruka, Akarere ka Bugesera, ahumuriza ababuze ababo bishwe n’inzoga zitujuje ubuzirange, zifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, zishimira ko nubwo zikitwa impunzi kuko zitari mu gihugu cyabo cy’amavuko, ariko badahezwa, kuko ntaho imibereho yabo itandukanye n’iy’abenegihugu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa hanze, NAEB kiri kubaka ibigo bizajya byumishirizwamo umusaruro w’ibitunguru n’urusenda mu gukemura ikibazo cy’umusaruro wangirika.
Inama y’Umushyikirano yateraniye i Kigali ku nshuro ya 20 kuva tariki 05 kugeza tariki 06 Gashyantare 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro 12, harimo irebana n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Ikipe ya Al Merreikh SC yatsinze Al Hilal SC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane cy’ umunsi wa 15 gisoza imikino ibanza ya Rwanda Premier League, wabereye kuri stade Amahoro, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo, yakiriye intumwa z’Ihuriro ry’Abakozi riharanira Amahoro n’Ubwiyunge mu Karere k’Ibiyaga Bigari, zasuye ikigo cya Mutobo (Demobilization Centre) giherereye mu Karere ka Musanze.
Kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium hakiniwe imikino ibiri ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Police FC inganya na Gicumbi FC 1-1 mu gihe APR FC yatsinze Kiyovu Sports 2-0.
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abantu batanu bakekwaho gusakaza amashusho agaragaza Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buraburira abaturage bawo ko hateganyijwe imvura nyinshi y’Itumba, bityo bagasabwa kwirinda kuko ishobora guteza ibiza.
Hashize imyaka umunani, abayobozi ba Afurika bashyigikiye igitekerezo kidasanzwe: ko umugabane ushobora gutangira kongera ubucuruzi hagati y’ibihugu byawo, ko abantu bashobora kujya mu mijyi itandukanye byoroshye hakoreshejwe indege, kandi ko Afurika yakwishyurira ibikorwa byayo idategereje inkunga z’amahanga.
Kuri uyu wa 16 Gashyantare, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagarutse mu gihugu cye avuye mu nama ya Afurika yunze Ubumwe, aho yahawe umwanya wo kuyobora Inteko rusange y’uyu muryango muri uyu mwaka.
AMAFOTO - Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino w’abakinnyi beza muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (the 2026 NBA All-Star Game) wabereye i Los Angeles.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) igaragaza ko mu myaka icumi ishize u Rwanda rwashyize ingufu mu gutunganya imihanda y’imigenderano yo mu cyaro, mu rwego rwo korohereza umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi kugera ku isoko.
Perezida Paul Kagame, yakiriye Adam Silver, Komiseri w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ari kumwe hamwe na Mark Tatum, Umuyobozi Wungirije wa NBA, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’igihe kirekire u Rwanda rufitanye n’iri shyirahamwe rikomeye ku isi mu mukino wa Basketball.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko bwageze ku ntego ikomeye yo kwinjiza Miliyoni 5.06 z’Amadolari ya Amerika, avuye mu bikorwa by’ubukerarugendo, bingana n’izamuka rya 5.4% ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2024.
Abagenzi ba RwandAir berekeza cyangwa bava i Nairobi bagizweho ingaruka n’ihungabana ry’imikorere ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Jomo Kenyatta (JKIA), rituruka ku makimbirane y’abakozi ari guhungabanya serivisi zisanzwe.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango rurimo abacikirije amashuri, abatewe inda zitateganyijwe, abari barishoye mu biyobyabwenge, ndetse n’abakomoka mu miryango ikennye cyane ku buryo byabagoraga kugira icyo bageraho, ubu barishimira ko babonye ubafasha kwiga imyuga bakanahugurirwa kwihangira imirimo, ku buryo bahamya ko aho (…)
Umwe yitaga mugenzi we mushiki we, undi na we akamwita musaza we bavukana, kandi bikaba ari ukuri, kuko bose ari abana b’u Rwanda bari mu butumwa mpuzamahanga, aho bahagarariye ibigo bikomeye ku ruhando mpuzamahanga.
Umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu 2025-2026 uzahuza Al Hilal SC na Al Merrikh SC zo muri Sudani washyizwe kuri Stade Amahoro ku wa 17 Gashyantare 2025, saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Ikipe ya Gasogi United yanganyije na Mukura VS 1-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda yakinwe kuri iki Cyumweru, Amagaju FC atsindwa na AS Kigali 2-0, Etincelles FC itsinda AS Muhanga 2-1.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika gukomeza gushyigikira no guherekeza Sudani y’Epfo mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro agamije kurangiza burundu amakimbirane amaze igihe muri icyo gihugu.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 20 Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu.
Ikipe ya Al Hilal SC ikatishije itike ya 1/4 mu mukino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo CAF Champions League 2025-2026, nyuma yo gutsinda ikipe ya FC Saint-Eloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo 1-0, mu mukino w’umunsi wa nyuma, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Mu 1897 nibwo ingabo z’Abadage zashinze ibirindiro mu Rwanda, ahitwa i Shangi, ubu ni mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, Intara y’Uburengerazuba.
Kigali yagizwe umurwa mukuru w’Ubutegetsi bw’Abadage mu 1907, ushingwa Umudage witwa Richard Kandt, nyuma y’imyaka 10 ingabo z’Abadage zari zimaze igihe zishinze ibirindiro ahitwa i Shangi ubu ni mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke.
Mu buruhukiro bw’imibiri y’abantu bapfuye (morgue), ni ahantu hatera ubwoba ku bantu benshi, kuko n’ubusanzwe umubiri w’uwitabye Imana uba utinyitse ku buryo hari abadashobora no gutinyuka kuwureba.
Ku myaka, muri 2017, Mugabo Fabrice uzwi ku izina ry’ubusitari rya West, yihebeye umwuga wo kogosha, none kuri ubu amaze kuba ikimenyabose mu bakunda inyogosho gakondo, izwi mu Muco Nyarwanda nk’amasunzu.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko ifunguro rya mu gitondo ari ryo rifasha umubiri n’ubwonko gukora neza kuko umuntu aba arifashe nyuma y’amasaha menshi y’ifunguro rya nijoro.
Ubwo Adeline Mukayirere yarangizaga Kaminuza mu myaka cumi n’itanu ishize, kubona akazi byamubereye igitangaza; yumvaga ko nta cyaruta gukorera umushahara.
Abahanzi bakomeye mu muziki Nyarwanda, Bruce Melodie na The Ben bemeje ku mugaragaro ko bagiye gukora ibitaramo bizenguruka Igihugu byiswe ’2026 Summer Country Tour’.
Mu gihe umunsi wa St Valentin wahuye na weekend hari ibikorwa byinshi biteganyijwe muri izi mpera z’icyumweru bigamije gushimisha cyane abakundana bashaka kwinjira muri weekend bari muri “mood”ya weekend n’iya Saint Valentin.
Abahanzi bamamaye mu njyana ya Gospel, Ben na Chance, batangaje ko bazataramira abakunzi babo mu gitaramo cyiswe ’Easter Jubilee Music Gathering’ kizabera kuri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026, mu rwego rwo kubafasha kwizihiza Pasika.
Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu yimukiye muri Mozambique ahunze amadeni arenga miliyoni zirindwi yari abereyemo abantu.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC 1-0 mu mukino w’umunsi wa 20 w’imikino ya Rwanda Premier League ikomeza kongera amanota ifata umwanya wa Gatanu ku rutonde rwa shampiyona by’agateganyo.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Madamu Jeannette Kagame, yitabiriye ibirori byo gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri bo mu cyiciro cya gatatu cya ArtRwanda-Ubuhanzi Xperience wabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yageze i Addis Ababa, muri Ethiopia, aho ahagarariye Perezida Paul Kagame mu Nama ya 39 isanzwe y’Inama Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za Afurika Yunze Ubumwe.
Ubwo yari kuri KT Radio asobanura byinshi ku gitabo yanditse cyitwa ‘Umurage w’urubyiruko’ aherutse gusohora, umwanditsi Yolande Mukagasana asanga ku bijyanye n’imyitwarire ikwiye kuranga urubyiruko kugira ngo rukomeze kubungabunga ubumwe bwarwo n’ubunyarwanda, icya mbere ari uko rukwiye kubanza kumenya ururimi (…)
Umwanditsi w’ibitabo akaba n’umushakashatsi, Yolande Mukagasana, asanga ikiyobyabwenge gikuriye ibindi mu Rwanda ari ingengabitekerezo ya Jenoside, kuko iyobya ubwenge bw’umuntu, akava mu byiza yakoreraga Abanyarwanda ahubwo akabica.
Ubwo yari kuri KT Radio avuga ku hazaza h’u Rwanda n’urubyiruko rwo muri iki gihe, Pasiteri Rutayisire Antoine yasobanuye byinshi bikwiye kwitabwaho kugira ngo umuryango ube muzima, ariko cyane cyane urubyiruko kuko ari zo mbaraga zubaka, ariko nanone zangiza iyo zidahawe umurongo mwiza.
Kompanyi yubatse urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo (Rusumo Power Company Limited) ruhuriweho n’ibihugu bitatu (Rwanda, Burundi na Tanzania) kuri uyu wa Gatanu yashyikirije Polisi y’u Rwanda imodoka ya Kizimyamwoto (Fire engine) iyo Kompanyi yageneye u Rwanda nk’impano. Buri gihugu muri bitatu bihuriye kuri uru rugomero, (…)
Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, bizatangira kwimukira i Masaka muri Werurwe uyu mwaka.
Pasiteri mu Itorere ry’Abangilikani (Anglican), Antoine Rutayisire, yahisemo kureka kuba umupadiri kugira ngo bitazamubuza gushaka, kubera ko yari amaze kubona hanze hari abakobwa beza.
Ubwo yari kuri KT Radio, Pasiteri Rutayisire Antoine yagize icyo avuga ku bijyanye n’insengero zifunzwe, bikaba byaratumye hari abasubira inyuma mu by’ukwemera, abandi bakabura aho baruhukira kuko insengero zabafashaga kuruhuka zifunze.
Ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 yagabanutseho Miliyari 80,4 Frw iva kuri miliyari 7.032,5 Frw igera kuri miliyari 6.952,1 Frw.
Umujyi wa Kigali wasabye ko mu kuvugurura itegeko ryo gutanga amasoko ya Leta harebwa uburyo Isoko rinini ritahabwa umuntu umwe gusa, kugira ngo bitazajya bidindiza ibikorwa biteganyijwe gukorwa muri iryo soko.