Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakanguriye abitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu cyane cyane urubyiruko kugira umutima wihangana no gukomera mu bihe bigoye, n’aho byaba bibi cyane.
Perezida wa Repubulika na Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bashyize indabo ku Gucumbi cy’Intwari.
Abanyarwanda b’ingeri zose, abanyamadini n’abayobozi muri iki gitondo bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu no gushima Imana ku byo yagabiye u Rwanda.
Uyu munsi, ni uwa gatandatu wa nyuma w’ukwezi kwa Mutarama 2026. Nk’uko bisanzwe, ku wa gatandatu uheruka iyindi buri kwezi, abaturage bahurira hamwe bagakora umuganda ngarukakwezi.
Ikipe y’igihugu ya Misiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya Handball cyaberaga mu Rwanda itsindiye Tunisia ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena ibitego 37-24 u Rwanda rwegukana umwanya wa 12.
Mukura Victory Sports yatsinze ikipe ya Etincelles FC ibitego 1-0 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League kuri aya makipe wabereye kuri Stade Kamena mu karere ka Huye.
Mu Bushinwa, bamwe mu babyeyi baravugwaho gukoresha videwo zakozwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) zigaragaza abantu bicuza uko bitwaye mu buzima, izo videwo bazikoresha bagamije gushyira igitutu ku bana babo kugira ngo bashishikarize gushaka ingo zabo no kubyara.
Abantu babarirwa muri 200, bapfuye mu ntangiriro z’iki cyumweru nyuma y’uko inkangu zitumye ibirombe byinshi by’amabuye y’agaciro ya coltan biriduka mu Burasirazuba bwa Congo, nk’uko abayobozi b’inyeshyamba babitangaje.
Afurika y’Epfo yahaye Charge d’Affaire muri Ambasade ya Isiraheli muri icyo gihugu amasaha 72 kugira ngo abe yavuye ku butaka bwabo
Umushinjacyaha mukuru wungirije Ruberwa Bonaventure aherutse kubwira Abadepite ko hakwiye kujyaho urugereko rwihariye rwo kuburanisha Abana kuko imiburanishirize y’imanza zabo zikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga no mu buryo bw’imbonankubone bukirimo imbogamizi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, arasaba urubyiruko gushishoza mu gushaka ubukire, kuko n’ubwo bishoboka kubugeraho uri muto, ahanini bisaba gukora cyane, kwihangana, kugira intego no kwemera gutegereza ugerageza byinshi kugira ngo ugere ku ntego wiyemeje.
Umucuruzi wa telefoni zigendanwa wo muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo ugizwe na telefone za Nokia ntoya bakunze kwita ‘matushe’(push-button), zaje zizanywe n’ubwato, mu gihe hari hashize imyaka 16 azitumije.
Ikipe ya Al Hilal yatsinze Mamelodi Sundowns ibitego 2-1 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya y’amatsinda ya CAF Champignons League kuri Stade Amahoro i Remera, umukino witabiriwe n’abafana batari bacye.
Aleph Hospitality, sosiyete nini yigenga ikora ibijyanye no gucunga amahoteli mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Afurika, yasinyanye amasezerano na Sosiyete yo mu Rwanda yitwa ‘DND Developers’ ku mushinga wa Hoteli ‘ Best Western Premier - Royal Golf View mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu mugoroba, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Visi Perezida wa Botswana Ndaba Gaolathe, bagirana ibiganiro ku buryo bwo kurushaho gushimangira ubufatanye bwiza kandi burambye hagati y’ibihugu byombi.
Ikipe ya Kiyovu Sports yanganyije na Gorilla FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 18 ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League wabereye ku kibuga cya Kigali Pele i Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Togo akaba n’Umuhuza Mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC, Faure Gnassingbé bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
Mu myaka 25 ishize, umwangavu witwa Irere Claudette, yarangirije amashuri abanza mu mujyi wa Kigali.
Amakipe ane ya mbere ku rutonde rwa shampiyona muri volleyball agiye guhurira mu irushanwa ry’intwari.
Leta iyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso, yasheshe amashyaka ya politiki yose yo muri iki gihugu, aho bivugwa ko yarengaga 100.
Nyuma y’uko APR FC igurishije myugariro Niyigena Clement muri Al Hilal SC hatangiye kuvugwa ko umusimbura we yaba Ishimwe Abdoul wazamukiye mu Intare FC ukinira Mukura VS buri kipe iri kuvuga ko ari uwayo.
Perezida wa Togo akaba n’umuhuza w’u Rwanda na DRC, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Barafinda Sekikubo Fred, Patrick Mazimpaka na Japhet Nkeramihigo, bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya Mobicash Rwanda Ltd,ikigo gitanga serivisi z’imari zikorerwa kuri telefoni zigendanwa
Amakipe y’Ikipe y’igihugu ya Misiri na Tunisia zageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika 2026 kiri kubera mu Rwanda, ikipe y’u Rwanda itsindwa na Gabon mu guhatanira imyanya.
Ikipe ya Police FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0, isanga ikipe ya APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Brig Gen Jean Paul Nyirubutama Umujyanama Mukuru Wungirije mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.
Abayobozi b’Imidugudu bahize abandi mu Karere ka Ruhango bahawe ibihembo, mu rwego rwo kubashimira ubwitange bagira mu kazi, no kwereka abatarakoze neza ko nabo baramutse bashyizemo imbaraga bagera kuri byinshi.
Bisanzwe bimenyerewe ko ubukomisiyoneri cyangwa se abakomisiyoneri bakunze kuba biganje mu mirimo irimo gushakira abantu inzu, imodoka zo gukodesha cyangwa kugura, hamwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje umushinga w’itegeko rishyiraho Kaminuza Nkuru y’Ingabo z’Igihugu (National Defence University – NDU).
Ku myaka ibarirwa muri 90, Lyonell Fliss, umwe muri bake bashoboye kurokoka Jenoside yakorewe Abayahudi hagati y’1941-1945 igahitana abarenga miliyoni eshashatu (6,000,000) yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bukomeye bw’abishi babo, akaba abyibuka nk’aho byabaye ejo, n’ubwo yari umwana w’imyaka itandatu.
Myugariro wa APR FC Niyigena Clement yasinyiye Al Hilal SC yo muri Sudani amasezerano y’imyaka itatu.
Mu buryo bwatunguye benshi, itorero Anglicane ryo mu Bwongereza ryabonye umuyobozi w’umugore nyuma y’imyaka 500 rimaze, akaba abaye umuyobozi wa 106, uyu akaba ari Bishop Sarah Mullally.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama i Kigali habereye ibiganiro bizwi nka Masterclass, by’abantu bafite impano zitandukanye bigamije kubafasha kubihuza n’isoko ry’umurimo.
Ubushakashatsi bushya buherutse kugaragaza ko nyuma y’ikiremwamuntu, noneho n’inyamaswa zitwa inkende zatangiye imigirire yo guhuza ibitsina bihuje imiterere, kenshi bakunze kwita ubutinganyi.
Gutsindwa kwa Maroc ku mukino wa nyuma wa AFCON 2025 itsinzwe na Sénégal igitego 1–0 wabereye kuri Stade Prince Moulay Abdellah byabaye inkuru ibabaje cyane, bigaragaza uko ruhago ishobora gutanga umwanzuro ubabaza kurusha uko witezwaga.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Jean Maurice Uwera nk’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, umwanya asimbuyeho Alain Mukuralinda witabye Imana mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2025.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatsindiye AS Kigali ibitego 3-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’Igikombe cy’Intwari igera ku mukino wa nyuma izahuriraho n’ikipe izakomeza hagati ya Police FC na Rayon Sports.
Raporo za vuba zigaragaza ko ibigo bya Leta ari byo biri imbere ku rutonde rw’ibigo bifite imyenda myinshi ku misanzu y’ubwiteganyirize bw’abakozi bw’izabukuru.
Umuvugiza wa Polisi y’u Rwanda yabwiye abakoresha umuhanda ko bakwiye kwitwararika kuko itegeko rishya rigenga imikorere y’umuhanda rigiye gusohoka rizajya ribahana nta kujenjeka.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bungutse impanuro ku gisobanuro n’akamaro k’inyabutatu y’umugore mu muryango Nyarwanda, kandi bigiye kurushaho kubafasha kunoza kurangiza inshingano zabo za buri munsi.
Kuri uyu 27 Mutarama, u Rwanda rwifatanyije n’amahanga mu kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, igahitana abarenga miliyoni esheshatu n’abandi bantu babarirwa muri za miliyoni bishwe n’ubutegetsi bw’Abanazi, rugaragaza impungenge ku kwiyongera kw’urwango, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside ku isi.
Amakosa Ubwongereza bwakoze mu guhagarika umushinga wo kwimurira abimukira mu Rwanda kuva muri Mata 2024 yashyizwe ahagaragara. Iki gihugu kigomba kwishyura u Rwanda Miliyoni ijana z’Amafaranga akoreshwa mu Bwongereza(British Pounds), akaba angana na Miliyari 200.4 ubazw mu Mafaranga y’u Rwanda.
Uko imyaka ishira indi igataha usanga imivugire n’imyandikire y’ururimi rw’ikinyarwanda cyane cyane mu bakirimo kubyiruka igenda ita umwimerere, ahanini bigaterwa no kuvangavangamo izindi ndimi ziganjemo Igifaransa cyangwa Icyongereza.
Umubare w’Abanyarwanda bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe biturutse ku gukoresha inzoga n’ibiyobyabwenge wavuye kuri 1,6% kuva mu mwaka wa 2018 bigera kuri 2,4% mu mwaka 2025.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro Uwumukiza Obed wari umaze umwaka n’igice muri Mukura VS.