Hirya no hino mu Turere tw’u Rwanda, kuri iki Cyumweru habaye Siporo rusange yitabiriwe n’abaturage ndetse n’abayobozi batandukanye, mu rwego rwo kwidagadura, gusabana no kurwanya indwara zitandura.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 10 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports yongeye kwandagazwa n’umucyeba APR FC iyitsinda ibitego 4-1 mu mukino w’igikombe kiruta ibindi Super Cup.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku buhinzi muri 2025 yasohotse mu mpera z’Ukuboza umwaka ushize igaragaza ko umusaruro wa bimwe mu biribwa by’ingenzi wagabanutse muri rusange mu bihembwe byose by’ihinga, ugeranyije n’umwaka wa 2024, kandi hari imirenge ikirimo abaturage bataka inzara.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko tariki ya 15 na 16 Mutarama 2026, izaba iminsi y’ikiruhuko rusange, hagamijwe guha abaturage umwanya wo kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe kuba mu cyumweru gitaha, nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byari bimaze igihe.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026, ikipe ya Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi ’FERWAFA Super Cup 2025’, nyuma yo gutsindira Indahangarwa WFC muri Stade Amaho ibitego 4-0, aho nayo yari yaratsindiwe n’iyi kipe iyitwara Igikombe cy’Amahoro 2025.
IShowSpeed, umusore w’Umunyamerika, akaba n’umwe mu bantu bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku Isi muri iki gihe, ari kuzenguruka u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yaraye ayoboye inama y’Abaminisitiri, aho yavuze ko mu bimuraje ishinga harimo ikibazo cyo kuvugavuga mu Baminisitiri ndetse no mu bayobozi bakuru bandi mu gihugu.
Abagize inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bagira amategeko abagenga kugira ngo barusheho gukora akazi kabo mu bwubahane no mu bwisanzure ndetse bibafashe kunoza neza inshingano zabo.
Umwarimukazi wo mu Budage umaze imyaka 16 mu kiruhuko cy’uburwayi kandi ahembwa, yareze umukoresha we mu rukiko nyuma yo gusabwa kwipimisha kwa muganga kugira ngo yemeze ko koko arwaye.
Mu gihugu cya Nicaragua giherereye muri Amerika yo hagati, haravugwa abantu basaga 60 batawe muri yombi, bazira gukora imyigaragambyo yo kwishimira ifatwa rya Nicolas Maduro wari Perezida w’igihugu cya Venezuela, uherutse gutwarwa bunyago n’Ingabo zidasanzwe za Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubu akaba afungiye muri iki gihugu (…)
Kurasa mu kirere mu gihe cyo gushyingura umusirikare wapfuye ni ikimenyetso ni umuco ukunze kugaragara mu bihugu bitandukanye byo ku isi, kandi bifite impamvu yabyo, ndetse n’amateka biturukamo.
Miss Kalimpinya Queen yavuze ko inkuru ivuga ko uwamugiriye inama yo kwitabira Miss Rwanda yamushutse yumvikanye nabi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), igiye gutanga inzitiramubu zikoranye umuti zigera kuri miliyoni 7 ku baturage bari mu bice bitandukanye by’igihugu, ihereye ku miryangio iri mu bice byazahajwe cyane na Malariya kurusha ibindi.
Polisi y’u Rwanda yasubukuye ubukangurambaga ’Turindane Tugereyo Amahoro’ yatangije umwaka ushize.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), irahamagarira Abanyarwanda kutirara ngo badohoke ku ngamba zitandukanye zo kwirinda Malariya, kuko imibare igaragaza ko mu Rwanda abarenga miliyoni 1.2 bayirwaye mu mwaka ushize (2025).
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Al-Merrikh SC yanganyirije na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium 1-1, Al Hilal ihatsindira Etincelles FC 2-0 mu mikino y’inyongera ku munsi wa 14 shampiyona.
Abanyarwanda batuye muri Senegal, Gambia, Mali na Guinea Bissau, bashyikirije Minisiteri y’Uburezi Miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda nk’umusanzu wabo muri gahunda ya Dusangire Lunch igamije gufasha abana kubona ifunguro rya ku manywa bari ku ishuri. Iyi nkunga ikazafasha abana 10,000.
Kuri uyu wa Kane tariki 8 Mutarama 2026, i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abantu 22 bishwe n’igitero cya drone z’ingabo za Leta y’iki gihugu (FARDC), cyabaye ku itariki ya 2 Mutarama 2026 muri santere ya Masisi, muri teritwari ya Masisi.
Olive Lembe Kabila, umugore wa Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, arahamagarira abakristu bose n’abana b’Imana muri RDC kwiyiriza ubusa no gusenga kuri uyu wa Gatandatu.
Isesengura ryimbitse rya raporo y’agateganyo y’Itsinda ry’Impuguke za Loni (S/2025/858), igaragaza ibyagezweho kugera mu Ugushyingo 2025, yagaragaje ko Guverinoma ya Kinshasa itangaza ku mugaragaro ko yiyemeje amahoro n’ubufatanye mu Karere, ariko mu bikorwa igakomeza gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), itangaza ko mu bantu 51 bapfuye bazize ibiza mu mezi atatu ashize, ni kuvuga kuva mu kwezi k’Ukwakira 2025 kugeza ubu muri Mutarama, 35 muri bo bishwe n’inkuba, abaturage bagasabwa gukurikiza amabwiriza yo kwirinda ibyo byago.
Kuri uyu wa 7 Mutarama, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Canoth Manishimwe yahuye n’abayobozi bakuru ba Rwanda Energy Group(REG) baganira ku bikorwa bya buri munsi no ku buryo serivisi z’ingufu zarushaho gutangwa neza.
Abaturage b’u Burundi basaba visa yo gusura Leta Zunze Ubumwe za Amerika (U.S. visitor visa) bagiye kujya basabwa kwishyura ingwate ya visa (visa bond), nk’ingamba nshya zatangijwe na guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigamije kugabanya abantu barenza igihe bemerewe kuguma muri Amerika.
Mu Budage, Umuforomo ukora mu kwita ku barwayi barembye cyane (palliative care), yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abarwayi icumi no kugerageza kwica abandi 27 mu rwego rwo kwigabanyiriza akazi.
Umuryango FPR Inkotanyi watangaje kuri uyu wa Gatatu, imyanzuro yafatiwe mu Nama Nkuru ya 17 yateranye ku wa 19 Ukuboza 2025, harimo kwemeza umushinga w’ivugururwa ry’amategeko y’Umuryango FPR Inkotanyi.
Buri munsi, abashoferi barenga 150 batwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali, bahanirwa amakosa yo kugendera mu nzira zahariwe bisi (Bus Lane) kuva mu kwezi gushize.
Mu kiganiro kigaruka ku mutekano wo mu muhanda n’uburyo impanuka zagabanuka, kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Mutarama, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Kayigi Emmanuel, yavuze ko hasabwa ubufatanye n’uruhare rwa buri wese, kuko bidashoboka ko impanuka zagabanuka bikozwe na Polisi yonyine.
Abayobozi b’inkambi eshanu z’impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda bagejeje kuri Ambasade ya Amerika i Kigali inyandiko zisaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukoresha ijwi ryayo rikomeye mu kurwanya no guhagarika imvugo z’urwango n’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko (…)
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko nubwo nta mpanuka nyinshi zabaye ngo zinatware ubuzima bwa benshi mu bihe by’iminsi mikuru, ariko kuri Noheli na Bonane, mu gihugu hose hafunzwe abantu 92 bazira gutwara banyoye ibizindisha.
Ni nyuma y’uko uburana n’abamwunganira bagaragaje ko batiteguye kuburana ku byaha bine akekwaho. DJ Toxxyk wavutse tariki 27 Nyakanga 1993, ni umusore w’imyaka 33 utuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri I mu Mudugudu w’Urumuri.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo Jean de Dieu Uwihanganye yiseguye ku banyarwanda bamaze iminsi bashyirwa mu kizima n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice byinshi by’igihugu, bikabicira imirimo n’ubucuruzi.
Umushinga w’itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda ukubiyemo ibihano ku bantu batazubahiriza iri tegeko, birimo amande kuva ku 300.000frw kugera kuri 700,000frw ndetse n’igifungo kigera ku mezi atandatu.
Umugabo wo mu Butaliyani utatangajwe amazina, akaba umuhungu w’uwitwa Graziella Dall’Oglio, wapfuye mu 2022 ku myaka 82 aravugwaho guhisha urupfu rwa nyina ku bayobozi nk’uko byagombye kugenda, bikaba byaratumye amara imyaka 3 yakira pansiyo ye.
Mu Rwanda, ikibazo cy’abantu bagura ibinyabiziga bakabikoresha batarakoze ihererekanya ryabyo (mutation) kimaze igihe kigaragaza icyuho mu mikorere y’amategeko.
Umunsi wa 14 wa shampiyona y’icyiro cya mbere Rwanda Premier League, wasozanyijwe uduhigo tudasazwe ugereranyije n’indi minsi 13 yabanje.
Faustin-Archange Touadéra wari usanzwe ari Perezida wa Santrafurika, ni we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu ku bwiganze bw’amajwi 76.15%, nk’uko byatangajwe by’agateganyo na Komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu (ANE), nyuma y’ibarura ry’ibyavuye muri ayo matora.
Urwego rw’Igihugu rw"iterambere (RDB) rwagabanyije ibiciro byo gusura ingagi mu gihe cy’umwaka wose wa 2026.
Kuri uyu wa Mbere tariki 5 Mutarama 2026, uwari Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro n’umugore we baherutse gufatwa n’igisirikare cya Amerika kibakuye mu rugo rwabo, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Manhattan i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Maduro akaba yahakanye ibyaha byose aregwa.
Ikirombe n’uruganda rutunganya amabuye y’agaciro cya Nyakabingo mu Karere ka Rulindo, Intara y’Amajyaruguru cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu bihugu bicukura Tungsten.
Umushinga w’itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda ryahaye amahirwe abafite ibinyabiziga bizajya bifatirwa mu makosa atandukanye ntibabashe kwishyura mbere y’uko bitezwa cyamunara, kuko bazajya bahabwa amahirwe yo kubyigurishiriza hanyuma bishyure amande baciwe.
Kuri uyu wa mbere taliki ya 5 Mutarama, ikipe ya rayon sports FC yatangaje ko yasinyishije abandi bakinnyi 2 biyongera ku bamaze iminsi basinyiye iyi kipe yambara ubururu n’umweru.
Perezida Paul Kagame yashimiye Mamadi Doumbouya, uherutse gutorerwa kuyobora Guinée nk’Umukuru w’Igihugu nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ibyavuye mu matora aho yagize amajwi 86,7%.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwihanganishije abaturage babuze ababo, abahungabanye ndetse n’abagizweho ingaruka n’ibiza byatewe n’inkuba yakubise abaturage ku Cyumweru, tariki ya 4 Mutarama 2026 mu Murenge wa Jarama.
Muri iki gihe, hari byinshi bishyirwa ku mbuga nkoranyambaga,ugasanga bigibwaho impaka, ariko rimwe na rimwe bikaba bishobora no gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga. Ibyo ni byabaye kuri uwo musore w’imyaka 17,utuye mu Mujyi wa Moscou mu Burusiya.
Umunya-Portugal, Ruben Amorim watozaga Manchester United yirukanywe nyuma y’amezi 14 yari amaze ayitoza, kubera umusaruro mubi.
Mu murenge wa Jarama mu karere ka Ngoma inkuba yakubise abaturage 18 maze icyenda muri bo bahita bitaba Imana.