Imiriko yo kwagura umuhanda Prince House–Giporoso–Masaka ufite igice kinini mu karere ka Kicukiro uzatangira kwezi kwa kabiri uyu mwaka nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dushimimana.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Al Merrikh SC ibitego 2-2 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu.
Mu Buyapani, kuri uyu wa 21 Mutarama, Urukiko rwakatiye umugabo w’imyaka 45 igifungo cya burundu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe, amurashe ku manywa, igikorwa cyahungabanyije igihugu cyose .
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko Shema Arnaud Debaucher (DJ Toxxyk) afungwa by’agateganyo kugira ngo hakomeze iperereza ku byaha aregwa.
Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, avuga ko umuryango wa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ari wo usahura amabuye y’agaciro y’iki gihugu biciye mu masosiyete bakoresha, bikitirirwa AFC/M23 n’u Rwanda.
Mu mpera za 2025, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatangaje “Inama y’Amahoro” (Board of Peace), gahunda ikomeye igamije gukemura amakimbirane amaze igihe kirekire nk’ayo hagati y’Abayisiraheki n’Abanyapalestina, ifite intego yihariye yo kongera kubaka Gaza.
Umuyobozi w’urwego rwa politiki rw’umutwe wa AFC/M23 yavuze ko abishe Patrick Lumumba, umunyapolitiki warwaniye ubwigenge bwa DRC kugeza abizize bazwi, kandi abari ku butegetsi muri DRC bakaba ari bene wabo.
Mu myaka icumi ishize, umubare w’abantu bakomeretswa ndetse n’abahitanwa n’inkuba wakomeje kwiyongera ku buryo bugaragara.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko ubu itegeko ribemerera gufatira umutungo w’umukoresha ku birarane arimo byo guteganyiriza abakozi.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering Command) ziri muri Jamaica, ku bufatanye n’aba Enjeniyeri b’abasirikare b’iki gihugu, batangiye kubaka no gusana ibyangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa, yakiyogoje mu mpera z’umwaka ushize.
Umusifuzi wo ku ruhande Jabo Aristote wanze igitego cyatsinzwe na APR FC mu mukino wa shampiyona yanganyijemo na Al Merrikh yahagaritswe imikino ine adasifura.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Dr Manirakiza Benjamin, umwarimu muri kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa, abashukisha amafaranga.
Ikipe ya RGP yegukanye Igikombe cya shampiyona Biyari ’Rwanda Cue Kings Championship’ yakinwaga ku nshuro ya gatatu aho yahigitse amakipe 15 yari yitabiriye arimo Drums yari imaze kuyitwara inshuro ebyiri.
Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC berekanywe n’ikipe ya El Merriekh FC Bentiu nk’abakinnyi bayo bashya.
Umuryango mpuzamahanga uragaragara nk’uwiyemeje guhindura Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ikava ku rwego rw’igihugu cyacitse intege ikajya ku rwa Haïti y’Afurika.
Umujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wugarijwe n’ibikorwa by’urugomo rukabije, nyuma yaho umutwe wa AFC/M23 uwuviriyemo mu cyumweru gishize, ukigabizwa n’abagizi ba nabi biganjemo Wazalendo.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi Dr. Telesphore Ndabamenye yabwiye Abasenateri ko mu itegeko rigenga ubworozi hazongerwamo ingingo yo gucunga ibiribwa by’amatungo kugira ngo hakemurwe ibibazo bigaragaramo.
Muri Chili abantu 19, bapfuye baguye mu nkongi yibasiye amashyamba kubera ibihe by’impeshyi icyo gihugu kirimo, mu gihe abandi 50.000 bahunze bakava mu byabo.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda n’Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bamaganye abafana ba APR FC bakoze ibisa n’imyigaragambyo nyuma y’umukino banganyijemo na Al Merrikh SC 0-0 kubera kutishimira imisifurire.
Perezida Paul Kagame, yakurikiye umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyasojwe kuri uyu wa 18 Mutarama gitwawe na Senegal.
Perezida Paul Kagame yashimye ikipe y’Igihugu ya Senegal Lions de la Teranga yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma yo gutsinda Maroc yari yarakiriye iri rushanwa igitego 1-0.
Iki cyumweru dushoje, abaturage ba Guineya bari mu birori byo kwakira indahiro Perezida w’Igihugu cyabo yagiriye imbere y’imbaga y’abaturage, akabasezeranya uburenganzira n’uburinganire busesuye, hamwe n’ubukungu butajegajega.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida watowe wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni watowe ku majwi 71 kongera kuyobora igihugu muri manda y’imyaka itanu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amarushanwa Umurenge Kagame Cup, azakomeza kugira uruhare mu kurwanya akarengane, umuturage agakomeza guhabwa serivisi nziza kandi imunogeye mu nzego z’ubuyobozi.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyegukanywe na Senegal itsindiye iki gihugu cyakiriye igitego 1-0, mu mukino wa nyuma, wagaragayemo impaka bitewe na penaliti yahawe Morocco, abakinnyi ba Senagal bakava mu kibuga umukino ugahagarara iminota 16.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Al Merrikh SC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, ugasozwa n’impaka zatewe n’igitego cya APR FC cyanzwe.
Nyuma y’ınkuru yasakaye kuva ku wa Gatanu tariki 16 Mutarama, ko ku ishuli rya G.S Rwinzovu mu Karere ka Musanze habaye ibonekerwa, Padiri mukuru wa Paroisse ya Busogo, Jean Bosco Nambaje, yibukije abakiristo ko atari bo bemeza ibonekerwa.
Muri iyi minsi, mu mirenge yose y’Akarere ka Muhanga hatangijwe ubukangurambaga #FresheriKuIshuri, bwateguwe ku bufatanye Minisiteri y’Uburezi, bugamije guteza imbere umuco w’isuku ihoraho mu mashuri.
Ikipe ya Gisagara volleyball yongeye kurikoroza nyuma yo gutsinda APR VC ivuye inyuma imbere y’abafana ibihumbi bari i Gisagara.
Abatuye mu mujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), baravuga ko hari abaturage batangiye ibikorwa by’ubusahuzi nyuma yaho umutwe wa AFC/M23 uviriye burundu muri uyu mujyi.
Amatora ya Uganda yarangiye, Yoweli Kaguta Museveni yegukana intsinzi, kandi inkuru z’imigendekere y’amatora nazo zirakomeje.
Kuva umwari Mariya yasama inda ku bwa Mwuka Wera, akabyara Umwana akamwita Yezu/Yesu, izina ryatanzwe na Malayika Gaburiheli, nk’uko Bibiriya ibivuga, ibintu byarahindutse.
Ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na kapiteni wayo Serumogo Ally nyuma y’uko asabiwe n’abafana gusimbuzwa mu mukino iyi kipe yanyagiwemo na Al Hilal SC kuri uyu wa Gatandatu, yasimbuzwa bakamuvugiriza induru.
Umutwe wa AFC/M23 wasohotse burundu mu mujyi wa Uvira nk’uko wari wabiteguje, mu rugendo rwo kwerekana ubushake bwo kugarura amahoro mu karere k’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kubahiriza amasezerano y’agahenge.
Ikipe ya Al Hilal Sports Club yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego 4-0 mu mikino y’inyongera y’umunsi wa 15, ikomeza gutanga isomo rya ruhago ku makipe akina shampoyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda, maze abafana ba Rayon Sports bakomera amashyi abakinnyi b’iyi kipe.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida wa Guinée, Mamadi Doumbouya, wabereye kuri Stade Général Lansana Conté i Conakry, kuri uyu wa Gatandatu.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM), ari we watorewe kongera kuyobora igihugu mu yindi manda y’imyaka itanu, bityo akazageza mu 2031 akiri ku butegetsi.
Mu gihe u Rwanda rwitegura Isuzuma Mpuzamahanga Ngarukagihe ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review/UPR), Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), yatangaje ko ibihugu bifata ijambo ku Rwanda byikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka 14 ishize.
Muri weekend ishize, habaye byinshi byo kwishimira; hari imyidagaduro yazanywe na IshowSpeed ukunzwe n’abatari bacye muri iyi si ya Rurema, kuko nasanze n’abana bato bamuzi kundusha. Ariko hari n’ibindi byinshi byabaye ku bakunda kwidagadura.
Sena yateguye igikorwa cyo gusura abaturage mu gihugu hose, hagamijwe kureba ibikorwa mu guteza imbere ubworozi. Iki gikorwa giteganyijwe ku itariki ya 20 kugera ku kuya 28 Mutarama 2026.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 10 watangiranye itsinzi ya Kepler VC naho Police y’abagore yongera gutanga ubutumwa kuri RRA.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’abacuruza n’abatubura imbuto nziza mu Rwanda (NSAR), biyemeje kurushaho guteza imbere urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda, nka rumwe mu nkingi za mwamba z’ubukungu.
Abikorera bari mu bucuruzi, cyane cyane ubwo kuri Internet barakangurirwa gufata ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa runaka gifitiwe, bityo bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku masoko mpuzamahanga nta nkomyi.
Perezida Yoweri Museveni ari mu nzira yo gutsinda manda ya karindwi ayobora Uganda, nyuma yo kubarura amajwi ahera kuri 60% by’amatora amaze kubarurwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yageze i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama y’urwego rwo hejuru igamije guteza imbere amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Albert Rudatsimburwa, Umunyarwanda uzi cyane amateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane intandaro y’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuma bw’iki gihugu, avuga ko mu 2021, Perezida Tshisekedi yagiriwe inama mbi yo gukubita M23 aba ari we ukubitwa.