Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali.
Noheli n’iminsi mikuru y’impera z’umwaka, ni igihe kizwiho ubucuruzi bukomeye, aho imiryango, inshuti n’abavandimwe baba bashaka kwishimana, basangira, haba amafunguro ndetse n’impano.
Polisi kuri uyu mugoroba yavuze ko yafashe umugabo wagaragaye muri videwo amenagura ibirahure by’imodoka imwe ku yindi, azisanze muri parkingi mu Mujyi wa Kigali.
Ikipe ya Police FC yari imaze imikino 13 itaratakaza kuva shampiyona ya Rwanda Premier League uyu mwaka yatangira yaguye i Bugesera.
Nyuma y’amezi arenga atanu, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruhagaritse ibikorwa bya Hoteli Château le Marara, iyi hoteli yongeye gufungura imiryango.
Perezida Paul Kagame ari kumwe na Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), batangije gahunda izwi nka FIFA Football Festival, yo guhuza abana bato hagamijwe kubafasha gusabana no kwidagadura, binyuze mu gukina umupira w’amaguru, aho buri mwana muri 220 bitabiriye iki gikorwa yahawe (…)
Buri mwaka utambutse usigira amarangamutima imiryango y’Abanyarwanda, kubera ibyo banyuzemo, ibyo bibuka, ariko cyane cyane abo basezeyeho bakibakunze. Umwaka wa 2025 na wo, nta mwihariko wazanye kuri iyo ngingo, uretse ko wo wazanye ugutungurana kwinshi, ukajyana benshi, maze umuryango nyarwanda muri rusange ukajya mu cyunamo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umupira w’amaguru, ari igikoresho gikomeye cyo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahitanye abantu 3, inzu n’ibikorwa by’ubucuruzi birenga 110,000 bibura umuriro w’amashanyarazi ku munsi wa Noheli, bituma batizihiza neza uyu munsi mukuru.
Ku gicamunsi, kuri Hotel Saint-Andre Kabgayi ahari hakoraniye abana benshi bari mu byicungo byabo, ababyeyi bagiye kubona babona ngabo Abapolisi babagezeho, maze bamwe batangira kwihisha no guhisha imfunguzo z’imodoka, abandi batangira kwisobanura ko bataributware banyoye ku nzoga.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango by’Umwihariko abo mu Mujyi wa Ruhango, baraye bizihije Noheli mu gitaramo cy’ibyishimo, ndetse kinakomeza n’ubundi ku mugoroba wa Noheli nyirizina.
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yabwiye Abakristu ko Noheli isanze Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifite ibibazo byinshi.
Abakristo Ku isi yose, abemera Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza w’ubugingo bwabo ku isi hose bazindukiye mu masengesho, amateraniro yo kwizihiza Noheli.
Kuva uku kwezi kwatangira, abanyarwanda batuye I Rwanda cyangwa I Mahanga, abanyamahanga batuye I Rwanda n’ahandi hose ku isi, bahinduye imitako, bahindura imyambaro, ababishoboye batera n’amarangi mashya.
Nyuma y’imikino itatu yikurikiranya itabona intsinzi, ikipe ya Al Hilal yongeye kubona amanota atatu itsinze Gorilla naho Al-merrikh bigoranye ibona itsinda Musanze.
Imirimo yo kubaka amazu azatuzwamo imiryango yagizweho ingaruka n’imirimo yo kubaka Urugomera rw’Amashanyarazi rwa Rusumo iri kugana ku musozo. Biteganyijwe ko iyi miryango izahabwa aya mazu mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.
Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko kuba yitoza guhosha imyigaragambyo atari uko itegereje ko abantu bagiye kwigaragambya mu gihe runaka kizwi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yavuze ko abashoferi bitwaza ko bahaniwe amakosa yo mu muhanda n’Abapolisi bari ahantu hihishe cyangwa camera zihishe baba bazana amatakiangoyi gusa.
Polisi y’u Rwanda yijeje Abanyarwanda n’abandi barutuye umutekano usesuye mu gihe cy’iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka, ibasaba kuzishima bakanezerwa ariko bakibuka kubikora bubahiriza amategeko n’amabwiriza.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko Polisi y’u Rwanda isigaye itanga amahugurwa ku bapolisi bayo ameze nk’aya gisirikare mu rwego rwo kwitegura ikibazo icyo ari cyo cyose cyavangira umutekano w’abantu n’ibintu.
Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD) yashyizeho umuhanga mu by’ubukungu, Stella Rusine Nteziryayo, nk’Umuyobozi Mukuru mushya wayo (CEO), nk’uko KT Press yabyimenye. Iyi myanya izatangira gukurikizwa nyuma yo kwemezwa n’inzego zibishinzwe.
Igihugu cya Libya cyashyizeho iminsi itatu y’icyunamo, nyuma y’aho Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen. Mohammed Ahmed Al-Haddad n’abandi bane bo hafi ye baguye mu mpanuka y’indege.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga yabwiye abasirikare barangije amahugurwa y’amezi ane y’imyitozo idasanzwe, ko ubu bagiye mu rwego rw’abarwanyi badasanzwe.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ku wa 23 Ukuboza 2025, yahurije mu nama abatekinisiye b’inzobere mu bikorwa byo kuhira, mu rwego rwo kuziba ibyuho mu nshingano bafite.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ukuboza 2025, inzego z’Umutekano zigizwe n’Ingabo z’u Rwanda (Diviziyo ya 2), Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), zikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, zakoze igikorwa cyo gutera ibiti mu Mudugudu wa Bisiga, Akagali ka Gashoro, Umurenge wa Rwerere, Akarere ka Burera.
Ubuhamya butangwa n’ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera barerera mu ngo mbonezamikurire zifashwa na Caritas Rwanda binyuze mu mushinga wa ECD, ku nkunga ya Plan International Rwanda, bugaragaza ko ibimina bivuguruye byabongereye ubushobozi bwo kurushaho kwiteza imbere no kwita ku ngo mbonezamikurire y’abana bato.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mozambique, Madamu Margarida Adamugi Talapa, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ukuboza 2025, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano mu Mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado Province.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) kuri uyu 23 Ukuboza yakomeje ubukangurambaga ‘Gendana Konti’ bukangurira abagore guhuza konti zo kuzigama na telefone.
Polisi y’u Rwanda yakomereje mu karere ka Kayonza, intara y’Uburasirazuba ubukangurambaga bwiswe ’Turindane tugereyo amahoro’.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, bafite abana mu ngo mbonezamikurire (ECD) zifashwa na Caritas Rwanda ku nkunga ya Plan International Rwanda, bahamya ko ubufasha iyi miryango igenera izi ngo mbonezamikurire ari ingenzi cyane, kuko butuma ziba intangarugero.
Abarimu baturutse mu gihugu cya Zimbabwe biyemeje kurushaho gutanga ubumenyi buzafasha mu guhindura imibereho n’ubuzima bw’Abanyarwanda binyuze mu masomo bazigisha mu mashuri yo hirya no hino mu gihugu.
Umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports Gakwaya Olivier yongeye gushimangira ko biteguye gutsinda APR FC ku mukino uruta iyindi “Super Cup” ko ndetse bazaba bongeyemo abakinnyi.
Brigade y’Abasirikari bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) igizwe na ba Ofisiye ndetse n’abasirikare ku zindi nzego, kuri uyu wa Mbere tariki 22 Ukuboza 2025, basoje neza amahugurwa y’amezi ane yo ku rwego rwo hejuru, arushaho kubatyaza mu bumenyi mu bya gisirikare, ariko banibutswa ko ikinyabupfura ari cyo kiza mbere.
Umutwe w’Abadepite watoye itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo hagati y’Ikigo cy’Ubufaransa cy’Iterambere (Agence Française de Développement) na Repubulika y’u Rwanda, yerekeranye n’inguzanyo ya miliyoni makumyabiri n’eshanu z’Amayero (25.000.000 EUR).
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yashimiye abapolisi 1903 basoje amahugurwa, kuba barahisemo umwuga mwiza.
Mugihe habura iminsi micye ngo igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (Ferwafa Super Cup) gikinirwe, Ferwafa yatangaje ko abazacyegukana amafaranga yamaze kuzamurwa.
Akademi yigisha Ikidage mu Rwanda yavuze ko yabonye uburenganzira bwo gutanga impamyabumenyi (certificat) mpuazamahanga, bikaba bizafungurira Abanyarwanda benshi amarembo yo kwiga no gukorera ku rwego mpuzamahanga.
Umunyamabanga mukuru mushya w’umuryango FPR Inkotanyi Amb. Bazivamo Christophe yatangiye imirimo kuri uyu wa 22 Ukuboza.
Kuva muri Mata 2025, u Rwanda rwatangiye kwitabira isuzuma mpuzamahanga mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bafite imyaka 15, hagamijwe kwipima bakareba aho uburezi bw’u Rwanda buhagaze mu ruhando mpuzamahanga.
Nyuma yo gusinyira ikipe ya Rayon Sports nk’umutoza mukuru, umufaransa Bruno Ferry yatangiye akazi ko gutoza “Gikundiro” nkuko abakunzi bayo bayitazira.
Abapolisi bato 1905 bashoje amasomo abinjiza mu giporisi, aho mu myitozo inogeye ijisho bagaragaje mu birori byerekana ibyo bize, harimo guhosha imyigaragambyo.