Abaturage b’i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo baramukiye mum myigaragambyo basaba ko Amerika ireka kwivanga mu bibazo bya RDC.
Gahunda ya ‘Papa Rumuri’ mu ngo mbonezamikurire zifashwa na Caritas Rwanda binyuze mu mushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, yatumye zirushaho gukora neza, birenga kuba mu rugo mbonezamikurire gusa, kuko uruhare rw’umugabo mu kwita ku mwana rwarushijeho kugaragara mu miryango.
Munezero Valentine na Uwiringiyimana ba APR VC, Paul Akan wa APR na Gisubizo wa REG VC nibo begukanye umunsi wa mbere wa shampiyona ya volleyball yo kumucanga.
Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu Ntara ya Cabo Delgado mu Majyaruguru ya Mozambique, ku Cyumweru tariki 21 Ukuboza 2025, zitabiriye igikorwa cya siporo rusange aho bari kumwe n’abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gakondo, Cyusa Ibrahim afatanyije n’Abami b’Igisope barimo Munyanshoza Dieudonné bakunze kwita Mibirizi, bagiye gutaramira Abanyarwanda babinjiza mu mwaka mushya wa 2026.
Kimwe mu bibazo bikomeje kugibwaho impaka muri tekinoloji uyu munsi, ni ukumenya niba Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence/AI) bushobora kuzagera aho busimbura burundu abantu mu kazi.
Raporo irebana n’imibare ijyanye n’ubuzima mu Rwanda, Demographic and Health Survey ya karindwi, iherutse kugaragaza neza urugendo u Rwanda rufite mu kurandura ikibazo cy’igwingira mu bana,
Nyuma y’amezi abiri ryemewe n’amategeko, mu mpera z’iki cyumweru, Ishyirahamwe ry’Umukino Njyarugamba (Mixed Martial Arts) mu Rwanda ku nshuro ya kabiri ryateguye amahugurwa ya tekinike mu mukino Njyarugamba wa MMA yitabiriwe n’abantu 28 biganjemo abakiri bato barimo n’Abanyamahanga bane.
Umunsi wa 12 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru usize ikipe ya APR FC ifashe umwanya wa kabiri naho POLICE FC ikomeza kuyobora nyuma yo gutsinda Etincelles.
Abatuye Umujyi wa Kigali bibukijwe inshingano bafite kurinda no kubungabunga ibidukikije, birinda kumenamo imyanda, kuko iyo ari kirazira.
Abaturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bahangayikishijwe n’abashinzwe gutanga serivisi z’ubuvuzi babarangarana igihe bagiye kwivuza, ibyo bavuga ko bishobora kuviramo bamwe kuhaburira ubuzima kubera kutitabwaho uko bikwiye.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yasobanuye ko amafaranga yose y’ibindi bihugu iyo ari mu Rwanda aba yitwa amadovize, kandi akoreshwa n’ibigo bibifitiye uburenganzira gusa.
iKON Awards ni ibihembo ngarukamwaka muri Sinema bitegurwa na Televiziyo yo muri Uganda, hagamijwe guhemba no gushimira abakora ubugeni, ubudasa n’udushya mu ruganda rwa filime muri Afurika.
Ibitego bya Emery Bayisenge ndetse na Ndayishimiye Richard byafashije Rayon sports gutsinda Gorilla FC ibitego 2-1 ikomeza kwigira imbere
Perezida Kagame yashimiye inzego zimufasha mu buyobozi bw’igihugu, avuga ko n’ubwo hari igihe abona cyane ibibi byononera igihugu, aho u Rwanda rugeze ari heza, kandi abayobozi babigiramo uruhare muri byinshi byiza.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 19 Ukuboza mu karere ka Rwamagana hatangijwe shampiyona ya volleyball yo ku mucanga umwaka wa 2025-2026
Perezida wa Repubulika akaba na Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, yagaragaje ko u Rwanda rufite abaturage beza utapfa kubona ahandi, agaya abayobozi batabakorera ibyo basabwa kubakorera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanenze abayobozi bareba ibibazo by’abaturage ntibabyiteho, ndetse n’abahumwa amaso n’ibyo bakorerwa kubera inzego barimo, bigatuma batamenya ibibazo bakagombye gukemura.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko arambiwe n’ingendo z’Abaminisiti bahoramo mu mahanga, akibaza icyo zizanira Igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abanyamuryango ba RPF Inkotanyi ko bidakwiye ko abantu barangara, bikageza aho urubyiruko rugomba guhaguruka rukagira icyo rusaba.
Perezida Kagame akaba na Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi, yashimangiye ko mu mahame Abanyamuryango bagomba gukomeraho, harimo no kurwanya ruswa kuko iryo hame ridakwiye guhinduka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ayoboye inama y’Umuryango RPF Inkotanyi, ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yatangaje ko yabonye ubusabe bwo kuba yakorera igitaramo muri stade Amahoro, akabyakira neza, akaba agitegereje ko hari ibishyirwa mu buryo kugira ngo bibe byamukundira.
Igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cy’Akarere ka Nyagatare (2023–2050) kigaragaza ko mu myaka hafi 30 iri imbere, Nyagatare izaba ari akarere k’ubuhinzi n’ubworozi bukataje.
Umuvugizi wa Gisirikare wa AFC/M23 Col. Willy Ngoma yavuze ko umutwe wabo uri kuva mu mujyi wa Uvira baherutse gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’amahoro.
Inama y’Abaminisitiri yateranye uyu munsi yashyizeho inama y’Ubutegetsi ya WASAC Group Ltd, ya mbere kuva 2023 ubwo iki kigo gishinzwe iby’Amazi Isuku n’Isukura mu Rwanda cyahabwaga iri zina n’inshingano nka Wasac Group.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ubwa BioMassters, ku itariki 12 Ukuboza 2025 bafunguye ku mugaragaro inzu icururizwamo ibicanwa bitangiza ikirere (pellets) kandi bihendutse, mu rwego rwo gufasha abaturage kubona ingufu zisukuye no kugabanya ikoreshwa ry’amakara n’inkwi hagamijwe kurengera ibidukikije.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza Inteko Zishinga Amategeko ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’lburasirazuba (EAC) bishimiye intsinzi y’imidari irindwi batahanye irimo ibiri ya zahabu.
Mu mijyi y’u Rwanda, cyane cyane i Kigali, izina Motari rimenyerewe nk’intumwa inyaruka nk’aho mvugiye aha, igasohoza ubutumwa, cyangwa ikageza umugenzi wihuta aho azindukiye.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rugaragaza ko Abanyarwanda bataranyurwa n’imiyoborere ndetse n’imitangire ya serivisi nibura ku kigero cya 80%, kuko bakiri kuri 76.7%, mu gihe gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere icyiciro cya kabiri (NST2), iteganya ko bagomba kuba bari hejuru ya 90%.
Akarere ka Ruhango kashyizeho inkingi enye zizashingirwaho mu kubaka isuku irambye haba ku mubiri, ndetse no mu ngo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Ukuboza, abaturage b’i Uvira bakangukiye ku nkuru itunguranye: Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryemera kwikura mu mujyi, ryari ryafashe mu cyumweru gishize. Ni mu ntambara barwana na Leta ya Congo n’abayishyigikiye, ikaba irangwa no kwihuta cyane, ndetse n’amasezerano (…)
U Rwanda rwongereye ubugenzuzi n’ibihano ku masosiyete ananirwa gushyira mu bikorwa imishinga ya Leta, aho byibura amasosiyete 103 yashyizwe ku rutonde rw’abatemerewe gupiganirwa amasoko ya Leta kuva mu 2021, azira imikorere mibi, kurenga ku masezerano no gutanga amakuru atari yo, nk’uko bigaragazwa n’imibare y’Ikigo (…)
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rivuga ko uyu mutwe witeguye kurekura umujyi wa Uvira uheruka gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’Amahoro ya Doha, ndetse ikabikora ku busabe bw’umuhuza muri ibi bigaro ari we Leta Zunze Ubumwe (…)
Ikipe ya Rutsiro FC itsinze Al-Hilal ibitego 2-1 iba ikipe ya mbere muri Rwanda premier league ishoboye gukura amanota atatu kuri iyi kipe.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’umuhanzi The Ben, babinyujije mu gitaramo The Nu Year Groove, bagiye gutangiza neza umwaka Abanyarwanda bishimye.
Hashize icyumweru U Burundi bufite umuturanyi mushya ku mupaka ubahuza n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo I Buvira, ndetse na Bujumbura rurale.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Mohamed Ali Janah, Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi (Group Chairman) wa Hotels and Resorts Investment Maldives.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 14 Ukuboza 2025, abantu babiri bivugwa ko ari umuhungu na se, barashe mu kivunge cy’abantu bizihizaga umunsi mukuru w’Abayahudi wa Hanouka, 16 barimo n’umwe mu bagabye icyo gitero bahita bitaba Imana.
Kuva ku nkuru mpuzamahanga ivuga ko umuntu wa cumi yakize SIDA ku buryo bwa burundu bikemezwa n’abaganga, kugera ku nkuru z’amasezerano y’imikoranire n’abafatanyabikorwa ndetse n’ibihembo ku bashoramari icumi bo muri Afurika, iki cyumweru kirimo amatariki y’urwibutso ku Rwanda muri rusange, ku bigo no ku bantu ku giti cyabo.