Pasiteri Antoine Rutayisire avuga ko rimwe mu masomo yakuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari uko umuntu ashobora kuba mubi, kandi atari asanzwe ari we.
Umukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere APR FC izakiramo Kiyovu Sports wari kubera kuri Kigali Pele wimuriwe kuri Stade Amahoro.
Guverinoma y’u Buyapani n’Umuryango Society for Family Health (SFH) Rwanda basinye amasezerano y’inkunga agamije kunoza uburyo bwo kubona amazi meza mu Kagari ka Gakenke, Umurenge wa Kiramuruzi, Akarere ka Gatsibo, binyuze mu mushinga watewe inkunga na Japan’s Grant Assistance for Grassroots Human Security Projects (…)
Pasiteri Antoine Rutayisire uri mu kiruhuko cy’izabukuru, ahamya ko kubyara atari itegeko ry’Imana, kuko iyo biba ari ko bimeze, uwari kuryubahiriza wa mbere yari kuba Yesu, ariko si ko byagenze kuko atabyaye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari i Addis-Abeba muri Ethiopia mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yagiranye ikiganiro na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), asobanura byinshi ku mutekano mu Karere ariko no ku Rwanda by’umwihariko.
Mu gihe habura iminsi micye ngo hatangire Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda 2026, amakipe abiri mashya yemeje ko azitabira Tour du Rwanda 2026 Abanyarwanda bahize kwegukana, yiyongera kuri 16 yari yatangajwe mu Ukuboza 2025.
Indege yari izanye Vivian van de Perre, Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, ibaye iya mbere iguye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Goma nyuma y’uko cyari cyarafunzwe kuva muri Mutarama 2025.
Koperative IABM ihinga ibigori mu gishanga cya Makera mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, irasaba ubufasha bwo kubakirwa imihanda n’amateme bigera ku mirima yabo, kuko biri mu bikomeje kubangamira abahinzi mu gihe bakusanya umusaruro.
Mu Buhinde, umusore yiciye ikirenge, nyuma yo gutsindwa kabiri ikizamini cyo kwinjira mu ishuri ry’ubuvuzi, kandi yari afite inzozi zo kuzaba umuganga, maze abona inzira isigaye ari ukwinjiriramo binyuze mu myanya yagenewe abafite ubumuga.
Ikipe ya mbere ya SWAT yo muri Polisi y’u Rwanda yegukanye umwanya wa gatatu mu cyiciro cyo kunyura mu nzira z’inzitane (Obstacle Course Challenge), mu irushanwa rya UAE SWAT Challenge, inasoza iri ku mwanya wa gatandatu ku rutonde rusange.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye i Moscow mu Burusiya bahuriye hamwe tariki 6 Gashyantare 2026, bizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi w’Intwari z’Igihugu, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Ubutwari n’Ubumwe, Inkingi y’Iterambere ry’u Rwanda.”
Ikigo gishinzwe kugenzura Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (ARPTC) cyasohoye itangazo rishinja sosiyete MTN Group gutanga mu buryo bunyuranyije n’amategeko serivisi za telefoni zigendanwa n’iya internet ku butaka bwa RDC, by’umwihariko mu bice bya Goma na Rutshuru.
U Rwanda rwinjije Amadolari ya Amerika arenga miliyoni 13 mu minsi itanu gusa, biturutse ku bicuruzwa byoherejwe mu mahanga bikomoka ku buhinzi. Ibi bigaragaza uruhare rukomeje kwiyongera rw’uru rwego mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu no kuzana amadovize.
Minisitiri w’Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), José Mpanda, yatangaje ko sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda ishobora kuba iri gukorera ku butaka bwa RDC itabifitiye uburenganzira.
Ikipe ya FC Saint-Eloi Lupopo yo muri Rupubulika Iharana Demokarasi ya Congo yageze mu Rwanda aho ije gukina na Al Hilal SC umukino usoza amatsinda ya CAF Champions League 2025-2026 na Al Hilal SC.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Domitilla Mukantaganzwa, yakiriye indahiro ya Gaspard Musonera, Komiseri mushya muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), uheruka kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri. Mukantaganzwa yamubwiye ko imirimo arahiriye itoroshye ariko itanakomeye kubera ko ayisanzemo abandi, anamwibutsa ko indahiro akoze (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba atajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’igihugu gikoresha cyane Igifaransa, ari uko batamutumira.
Umuntu witwaje intwaro yateye ishuri riherereye mu burengerazuba bwa Canada, arasa urufaya rw’amasasu hapfa abantu icyenda (9) naho 27 barakomereka.
Kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’Akanama gashinzwe Afurika muri Komisiyo ishinzwe ububanye n’Amahanga muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Chris Smith, yatanze ijambo rifungura inama ya komisiyo ku nsanganyamatsiko igira iti “Guteza imbere amahoro muri RDC no mu Rwanda binyuze mu (…)
U Rwanda rwabwiye amahanga ko impinduka zirambye ku mugabane wa Afurika zizakomeza kugorana kugerwaho niba hatabayeho gushyira hamwer amikoro ava imbere mu bihugu no gushimangira inzego z’imiyoborere y’ibihugu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe ari muri Addis-Ababa/Etiyopiya aho agiye kwitabira inama nkuru zifatirwamo ibyemezo biyobora Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.
Mu bigo ngororamuco bitandukanye biri hirya no hino mu Gihugu, haravugwa ikibazo cy’umubare muto w’inzobere ku buzima bwo mu mutwe, bigatuma abafite iki kibazo batitabwaho uko bikwiye, kikaba ari kimwe mu bituma ibyo bigo bikomeza kubamo abantu benshi.
Mu gihe Banki y’u Rwanda ivuga ko iyo ibiciro byazamutseho hagati ya 2-8% biba ari ibisanzwe, muri Mutarama 2026, byazamutseho 8,9%, byongera igitutu ku baturage ku bushobozi bwo guhaha no kubona serivisi z’ingenzi.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku bigo by’igororamuco igaragaza ko uko imyaka yagiye ihita umubare w’abajya mu bigo ngororamuco wagiye wiyongera. Depite Mukabalisa Germaine yabajije igituma uwo mubare wiyongera ndetse n’icyo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango irimo gukora kugira ngo ugabanuke.
Ikipe ya Al Hilal yatsinze APR FC ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 15 wa Rwanda Premier League ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo.
Muri iki gihe hari abarangiza kwiga amasomo y’ibyiciro bitandukanye, yaba ayisumbuye cyangwa kaminuza, ariko bagasanga bidahagije, ahubwo bakiyemeza kongeraho ubumenyi bw’umwuga runaka kugira ngo bibafashe mu kubona akazi mu buryo bwihuse cyangwa se na bo bakakihangira.
Inzobere mu bijyanye no gukira ibikomere Dr. Niyonzima Bosco, avuga ko kugira ubuntu bisobanuye, kubanira neza abandi, gukunda no gukundwa, gutega abandi amatwi no kuba wabitangira.
Mugabe Aristide wamenyekanye mu mukino wa Basketball mu Rwanda yasezeye ku gukina Basketball nk’uwabigize umwuga.
Ubundi imbuto zinyuranye z’ibirayi zisanzwe zihingwa mu Rwanda kuva kera, umuhinzi iyo yateye bikamera, atangira gutera imiti irwanya indwara zibasira ibirayi, cyane cyane iyo bakunze kwita ‘indwara y’imvura’ cyangwa ‘Mildiou’ mu ndimi z’amahanga, iterwa n’agahumyo kitwa ‘Phytophtora infestans’. Iyo miti abahinzi bayitera (…)
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko mu mwaka ushize wa 2025, rwoherereje Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), amadosiye 46 y’abantu batabashije gusobanura inkomoko y’umutungo wabo, kuko ngo bigize icyaha.
Mu gihe hari abinubira ko hari abantu bakekwaho icyaha bajya bafatwa ndetse bagashyikirizwa inzego z’ubutabera ariko mu gihe gito bakarekurwa, cyangwa se bagahabwa igifungo gisubitse, hakaba abakeka ko hatanzwe ruswa, abakora mu nzego z’ubutabera bo bagaragaza ko icyifuzo cy’uwareze atari cyo inzego z’ubutabera zikurikiza.
Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda, Me Jean Aimé Niyonkuru, yavuze ko hari Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bajya kwishyuriza abantu imitungo, bamara kubona amafaranga bakayishyirira mu mifuka yabo.
Mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) habereye igikorwa cyo kuvura igicuri umuntu wa mbere abazwe. Uretse kuba ubuvuzi bw’indwara y’Igicuri by’umwihariko kubaga, busanzwe buhenze, ariko nta n’ahantu byakorerwaga haba mu Rwanda ndetse no mu Karere, ku buryo abifuzaga guhabwa izo serivisi bajyaga kuzishakira mu bihugu (…)
Brig Gen Gakwerere Ezechiel wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, arashyikirizwa ubutabera bwa Gisirikare mu gihe cya vuba.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, aributsa Abanyarwanda ko ubutabera ari uburenganzira bwa buri muntu, bityo ko butagurwa, akabasaba kwirinda gutanga ruswa ahubwo bakavuga uwayibatse.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu babiri bari bashikuje telefoni n’igikapu umuntu mu gitondo cyo ku itariki ya 4 Gashyantare 2026 bakinjira mu nzira y’amazi (rigole) i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bavuyemo.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ko bugitegereje Ishimwe Dieudonné uzwi ku mazina ya Prince Kid ufungiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo arangize igifungo yakatiwe n’inkiko z’u Rwanda.
Perezida w’Urukiko rw’ikirenga MUKANTAGANZWA Domitilla yabwiye abakozi bo mu nkiko barimo abacamanza kwirinda gusiragiza ababagana.
Abakozi 13 bo mu rwego rw’ubucamanza bahaniwe ruswa mu mwaka wa 2024-2025. Mu myaka 20 ishize (kuva mu mwaka wa 2005 kugera mu mwaka ushize wa 2005) abakozi 57 barirukanywe kubera ruswa.
Shampiyona ya volleyball yakomezaga mu mpera ziki cyumweru hakinwa umunsi wa 11 aho ikipe ya EAUR yatsinze RRA, Kepler ikora amateka imbere ya Police WVC.