Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi cyane nka Bruce Melodie ategerejwe mu gitaramo azakorera i Buruseli mu Bubiligi kigamije kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore.
Umuhanzikazi Bwiza Emerance uri i Stockholm, muri Sweden, yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo Gihugu, Dr Diane Gashumba baganira ku gitaramo ahafite n’indi mishinga ijyanye n’umuziki.
Ku babyeyi b’abagore bazi ukuntu bigora kwita ku mwana w’uruhinja rwavutse kugeza nibura rugize amezi atandatu abanza aho umwana aba asigaye asinzira neza, kumva uko umubyeyi wagize umugisha akabyara impanga z’abana bane yifata mu rugendo rwo gutwita, kubyara, kurara amajoro abana baririra rimwe, kongeraho izindi nshingano (…)
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko hari abantu n’ibihugu bashyiraho ibipimo byo gupima agaciro k’ibindi bihugu bidafite ishingiro, ashimangira ko u Rwanda rudakwiye gupimwa hashingiwe ku myumvire cyangwa inyungu z’abandi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko abashakira umuti w’ikibazo cy’intambara iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Rwanda, bakirengagiza abasinye amasezerano ya Washington bose, nta gifatika bazakuramo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rufite amahitamo abiri, ari yo, kureka umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukegera umupaka warwo ugahungabanya umutekano, cyangwa guhitamo kwirwanaho, abarufatira ibihano bakabifata.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kwirengagiza ibibazo bibangamira umutekano warwo, cyane cyane ibituruka ku mutwe witwaje intwaro wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko abantu bakwiye kugabanya kureba abandi ibyo bafite n’ibyo badafite, ahubwo bakareba ibibareba.
Ishimwe Clement washinze KINA Music agiye kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, ndetse akazabihuza no gushyira hanze album ye ya mbere yise ’Legacy’, ihuriyeho abahanzi benshi.
Mu gihe ku cyumweru tariki 8 Werurwe ku isi hose hazaba harimo kwizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umugore, muri izi mpera z’icyumweru hateganyijwe gahunda nyinshi zifite aho zihuriye n’uyu munsi.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, yatangajwe mu bazasusurutsa abazitabira igitaramo gikomeye cy’urwenya n’umuziki kizwi nka Comedy Store, kizabera i Kampala muri Uganda.
Abofisiye n’abandi basirikare bafite andi mapeti bo mu mutwe udasanzwe (Special Operations Force), mu Ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu basoje imyitozo y’ibanze yo kurwanya iterabwoba bari bamazemo ibyumweru 22, yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.
Mu rwego rwo kurushaho kurengera ubuzima bw’Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), n’abafatanyabikorwa bayo, bashoye arenga miliyari 5Frw mu bikorwa byo kurengera ibidukikije mu nkambi.
Ikigo cyo muri Kenya kizobereye mu by’imari, CPF Group, cyafunguye ishami ryacyo mu Rwanda, kikaba gifite intego yo korohereza Abanyarwanda n’abaturarwanda kugera ku mari.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko irimo gukorana na Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, mu gufasha Abanyarwanda bari muri UAE no muri Bahrain bifuza gutaha kubera ibibazo by’intambara biri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Nyuma y’imyaka 13 ibikorwa by’ikigo cya Kaminuza y’u Rwanda cyo guteza imbere ubugeni n’ubuhanzi bihagaze, byongeye gutangizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Werurwe 2026.
Itsinda mpuzamahanga rikurikirana ibibazo byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (International Contact Group for the Great Lakes – ICG) ryagaragaje impungenge zikomeye ku bwiyongere bw’imirwano n’ibibazo by’ubutabazi bikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda yakoze igikorwa kidasanzwe cyabereye i Kigali ku wa Kane, kigamije kwizihiza International Women’s Day mbere y’uko isi yose iyizihiza ku wa 8 Werurwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, bwifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Ntongwe, mu gikorwa cyo gutera imbuto y’ibishyimbo ku buso busaga hegitari ibihumbi 17.
Abageze mu zabukuru mu Karere ka Ruhango, babwiye umuyobozi w’Akarere ko ibyiciro by’amafaranga ya Mituweli babarizwamo bikwiye kugendera ku bushobozi bafite.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abishyura neza inguzanyo bafata mu mabanki n’Ibigo by’Imari bari ku kigero cyiza bikaba bitanga ikizere ko urwego rw’imari ruhagaze neza.
Binyuze mu ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB) u Rwanda rwasinyanye amasezerano yo kwakira shampiyona y’Afurika ya volleyball mu bagabo.
Abantu bari barakatiwe n’inkiko bakaba bafunguwe by’agateganyo, bafite ibyo basabwa kubahiriza, batabikora bikaba bishobora kubaviramo ingaruka z’uko basubizwa muri gereza kurangiza igihano bari basigaje nk’uko biteganywa mu iteka rya Minisitiri ryo ku wa 4/3/2026, ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abakatiwe.
Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu mahugurwa yo kumenyekanisha isoko ry’imari n’imigabane yari yitabiriwe n’abafatanyabikorwa mu rwego rwa siporo, hibandwa ku mahirwe abakinnyi nk’abashoramari babona binyuze ku isoko ry’imari n’imigabane mu gihe kirambye.
Umuvugizi wungirije wa AFC-M23 Oscar Balinda yavuze uburyo Abakomando babo bajya Kisangani bakayirasa, hanyuma bakigarukira mu birindiro byabo nta n’ubariye urwara.
Ibikorwa by’ubukorikori bitandukanye mu mwaka ushize (2025) byinjirije impunzi zicumbikiwe mu Rwanda amafaranga y’u Rwanda agera hafi kuri Miliyoni 50 Frw. Ni amafaranga babonye binyuze mu bikorwa byabo bitandukanye byo kuboha imitako irimo uduseke n’udukapu, bigashakirwa isoko mu bihugu by’amahanga birimo na Amerika.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko ubuhinzi bw’ibihumyo bwabafashije kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, bituma bashobora guhangana n’indwara ziterwa no kutabona intungamubiri zihagije.
Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa Gatatu, 4 Werurwe, yemeje amasezerano hagati ya Leta y’u Rwanda na Bauhaus International yo kunoza imiturire.
Inama y’Abaminisitiri yatije ikigo cy’Ubucuruzi Planner Corretora de Valores SA ubutaka bwa Leta kugira ngo gikorereho urganda rw’inyama z’inka mu rwuri rw’i Gako mu karere ka Bugesera.
Abasenateri b’u Rwanda basanga imigendekere y’amatora mu Rwanda atari ikintu gikwiye kwihereranwa, ahubwo akwiye gushyirwa mu murage w’isi n’ibindi bihugu bikajya biza kureba.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje amateka arimo Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.
Ubuyobozi bwa Ambasade y’u Rwanda iherereye i Doha mu murwa mukuru wa Qatar, bwatangaje ko imirimo y’iyo Ambasade ubu irimo ikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga (Online) bitewe n’ibibazo by’umutekano biri mu gace iyo Ambasade iherereyemo.
Abasenateri bavuze ko ubucucike bukigaragara mu magororero butari ngombwa mu gihe Igihugu cyemeje ikoranabuhanga ryafasha kurekura abagororwa bambaye igikomo bagakomeza gucungwa ntibacike ubutabera.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura mituweli rudahuye n’ubushobozi bwabo, kuko hari gahunda yo gukosoza amakuru, bagasuzuma, basanga harabayeho kwibeshya bigahindurwa.
U Rwanda rwinjije hafi miliyoni 161.5 z’amadolari ya Amerika (USD) mu korohereza serivisi z’ingendo mu mahanga mu gihembwe cya kane cya 2025, bikomeza gushimangira umwanya warwo nk’igihugu gikurura ba mukerarugendo n’abagana serivisi zifite agaciro kanini.
Abahanzi Nyarwanda baganiriye n’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko ku ruhare rw’abahanzi mu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda bavuze ko ikoreshwa ry’Ikinyarwanda cy’umwimerere ryagabanutse bitewe n’ikwirakwira ry’amagambo n’imvugo z’amahanga.
Haruna Niyonzima wabaye kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yahakanye ibyo gusezera gukina umupira w’amaguru burundu.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe hamwe n’impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kigeme by’umwihariko abarema isoko ry’amatungo rya Ryarubondo, barishimira ko kurivugurura byatumye riba mpuzamahanga ku buryo risigaye riremwa n’abaturutse mu bihugu by’abaturanyi baje kuhagurira amatungo arimo inka, ingurube ihene n’intama.
Alain Destexhe wabaye Umusenateri w’u Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011, yanenze Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye igisirikare cyu Rwanda na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo ibihano, avuga ko ahubwo byari bikwiye gufatirwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda rutegereje bitarenze iminsi mirongo itatu, kwishyurwa Amafaranga miliyari imwe na miliyoni magana abiri na mirongo itatu n’eshatu (1.233.000.000Frw) rwahombejwe n’ikigo cyari cyahawe isoko ryo gusarura, gusazura no gutera amashyamba mu Ntara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba bw’u Rwanda kuva mu 2018.
Abagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko basabye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) gushyira imbaraga mu nshuti z’umuryango kugira ngo zifashe imiryango ibana mu makimbirane kuyakemura.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Amashyamba bavuga ko batunguwe no gusanga mu Karere ka Nyagatare, ubwanikiro bw’ibigori bukoreshwa mu guhunika ubwatsi bw’amatungo.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidali y’ishimwe hagamijwe kugaragaza uruhare rwabo mu bikorwa byo kugarura no kubungabunga amahoro.
Ikigo cy’ubucuruzi mpuzamahanga gikora ubwikorezi buhuza Afurika n’Ubushinwa, Africa Link Cargo Ltd mu cyumweru gishize cyatumiye Abakiliya bacyo mu busabane bwo kwizihiza umwaka mushya w’Ubushinwa, no kubashimira ko bababaye indatenguha.
Umutwe wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi, ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wanyomoje ibyavuzwe na Minisitiri w’Itumanaho akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, uvuga ko uyu mutwe washinzwe ndetse ushyigikiwe n’u Rwanda.
Umudepite wo mu Bufaransa, Aurélien Rousseau, akaba na Perezida w’itsinda rishinzwe guteza imbere umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine. Biteganyijwe ko urwo ruzinduko ruzarangwa n’ibiganiro bigaruka ku mateka y’umubano w’ibihugu byombi, ku guteza imbere urwego rw’ubuzima, ndetse (…)
U Rwanda n’u Buhinde byashyize umukono ku masezerano agamije gufatanya mu bijyanye n’Umuco (Cultural Exchange Programme – CEP) izashyirwa mu bikorwa mu myaka ya 2026 kugeza 2030, mu kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
U Rwanda rurasanga ibihano Amerika yafatiye Ingabo z’u Rwanda bizagira ingaruka ku ntambwe y’amahoro yari itegerejwe mu masezerano ya Washington, kuko bitiza umurindi Leta ya Congo wo gukomeza intambara.
Indenge bwite ya Cristiano Ronaldo ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia yavuye muri iki gihugu yerekeza muri Espagne kubera ibitero Iran iri kugaba ku bikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika hirya no hino ku Isi kubera ibitero zayigabyeho zifatanyije na Israel.