Ubuyobozi bwa kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) buravuga ko kuba iyi kaminuza yaravuye ku mwanya wa 28 ikajya ku mwanya wa 78 muri Afurika bitavuze ko ireme ry’uburezi batanga ryasubiye inyuma kuko ataribyo bareba iyo bakora uru rutonde.
Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Ugushyingo 2011, ku nshuro ya mbere Kaminuza Politekiniki y’Umutara igiye gutanga imyabushobozi ku banyeshuri barenga 400 bayirangijemo amasomo yabo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza.
Ishuri rikuru ry’ubuhinzi, ikoranabuhanga n’uburezi rya Kibungo (INATEK) ryamaze gufata icyemezo cyo kwirukana umunyeshuri waryo, Niyigena Olive, uherutse gufatwa akopera ikizami cy’isomo ryitwa computer skills.
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri y’abana bafite ubumuga bwo kutumva ntibanavuge cyo mu karere ka Huye, Furere Jean Claude Munyaneza aratangaza ko abarezi bo mu mashuri abanza bakwiye kugira amahugurwa kw’ikoreshwa rya za mudasobwa ahoraho kugirango bahore bajyana n’igihe mu kwigisha abana bashinzwe kurera.
Ku bigo bimwe na bimwe byo mu karere ka Gicumbi ibizamini bya leta byatangiye bikererewe kubera ko abakandida bigenga ndetse n’abanyeshuri baba mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo baje batinze.
Ishuri ryigisha amasomo ya tekiniki n’ubumenyingiro ry’i Mpanda mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 ukwakira,2011 ryatanze impamyabumenyi kubanyeshuri 301 barangije mu masomo y’ ububaji, ubudozi, ubwubatsi , amashanyarazi, guteka n’iby’amahoteli…
Mu gihe abanyeshuri basoza amashuri abanza bazatangira ibizamini bya leta ku wa 25 Ukwakira bakazabirangiza ku wa kane tariki 27 Ukwakira 2011, bamwe mu banyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Kamonyi mu Karere ka Kamonyi bageze ku musozo imyeteguro y’ibizamini bavuga ko ururimi rw’icyongereza rutazababera imbogamizi (…)
Ku wa gatatu w’iki cyumweru Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Mathias Harebamungu yatangaje ko abanyeshuli bo mu mashuli yisumbuye bazajya mu biruhuko bambaye umwenda w’ishuli (uniforme) mu rwego rwo gutuma bataha neza.
Abanyanyeshuri 41 bitegura kurangiza muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, bashobora kutazabona impamyabumenyi zabo kuko batagize amanota 70% mu cyongereza mu mwaka wa mbere bizemo uru rurimi.
Kuva mu mwaka w’2003 u Rwanda rwatangije gahunda y’uburezi kuri bose mu rwego rwo gufasha abana b’uburwanda kugira ubumenyi bw’ibanze. iyi gahunda yagiye ijyana n’ibikorwa bitandukanye birimo gukuraho amafaranga y’ishuri mu mashuri abanza, gushyiraho amashuri y’incuke hirya no hino mu midugudu ndetse na gahunda y’uburezi (…)