Kuva muri uku kwezi kwa Werurwe 2012, abarimu 18 batari bujuje ibisabwa na Minisiteri y’uburezi kugirango babe bakwigisha mu mashuri yisumbuye bahagaritse ku mirimo y abo; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne.
Muri gahunda y’uburezi budaheza, abana babana n’ubumuga bigira mu mashuri asanzwe ariko bagakurikiranwa ku buryo bw’umwihariko kuko hari ibyo ubumuga bwa bo butabemerera gukora.
Abanyeshuri bagera kuri 359 barangije mu mashami atatu yo mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa gatanu tariki 16 Werurwe 2012. Basabye Leta ko yajya iha buruse zo kujya kwiga hanze abanyeshuri bo mu mashuri yigenga bagize amanota menshi nk’uko bigenda muri za kaminuza za Leta.
Nubwo bamwe mu Banyarwanda bavuga ko amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (nine years basic education), bimaze kuboneka ko hari aho yigisha neza kurusha amashuri y’icyitegererezo. Abana bose bigaga mu ishuri rya Munini babonye amanota abemerera kwiga mu ishuri cy’icyitegererezo.
Ubuyobozi b’ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) buratangaza ko zimwe mu ngamba zafashwe zo gukumira umuco wo gukopera mu bizamini ari ukubuza abanyeshuri kwinjirana amaterefone mu bizamini.
Abanyeshuri bigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cyitwa PTC (Professional Training Center) giherereye mu karere ka Musanze, bari baroherejwe iwabo nyuma y’uko icyo kigo bagifunze kubera kutuzuza ibyangombwa, ku wa gatatu tariki 22/02/2012 bashubijwe amafaranga bari barishyuye nk’uko byari biteganyijwe.
Umusore witwa Habumuremyi Charles ukomoka mu karere ka Nyabihu aratangaza ko kuva aho ikigo yigagaho bagifungiye yabuze ubundi bushobozi bwatuma ajya gushaka ikindi kigo yakwigaho none ubu yikorera akazi k’ubuyede.
Abanyeshuri 1032 barangije mu ishuri rikuru ry’ubuzima rya Kigali (KHI) umwaka ushize bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu birori byabere muri stade ya Camp Kigali.
Ikigo cyigisha imyuga cyo mu karere ka Kirehe (Kirehe Vocational Training Center) cyatangiye umwaka w’amashuri tariki 21/02/2012 ariko mu banyeshuri 460 barangije icyiciro rusange (tronc commun) boherejwe kuri icyo kigo hamaze kugera 35 gusa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abarimu kudakora nk’abacanshuro ahubwo bagakora babikuye ku mutima kugirango batange umusaruro ugaragara.
Hari ibigo by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bitarasobanukirwa n’uko ibikoresho bya siyansi Minisiteri yabahaye bishobora gukoreshwa nta nzu ya laboratwari yifashishijwe, nk’uko Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye abitangaza.
Ibinyujije mu ishami ryayo riri mu Rwanda, Carnegie Mellon University, imwe muri za kaminuza zikomeye ku isi, yatangiye kwigishiriza ku butaka bw’Afurika bwa mbere mu mateka yayo.
Ishuli ry’incuke rya Nyanza Peace International Academy ni urugero rufatika rw’umubano u Rwanda rufitanye n’igihugu cy’U Buyapani. Bumaze kubaka amashuli afite agaciro k’ibihumbi icumi by’amadorari y’Amerika (miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda).
Minisititri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10/02/2012, yasuye ibigo bibiri byo murenge wa Shangi byari byarasenywe bikabije n’umutingito wabaye mu kwezi kwa Gashyantare 2008. Ni mu ruzinduko akomeje kugirira mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Kuva ku mugoroba wo kuwa Kane, umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya E.S Mutendeli, abarimu babiri n’animateri bari mu maboko ya Polisi, bakurikiranyweho icyaha cya ruswa. Bibaye nyuma y’iminsi micye abanyeshuri barenga kuri 200 bari bahawe ishuri muri iki kigo birukanwe.
Umuyobozi w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette, aravuga ko nta mwana n’umwe mu birukanywe muri E.S Mutenderi mu minsi ishize ugomba kuvutswa uburenganzira bwe bwo kwiga.
Abanyeshuri bagera kuri 200 baje kwiga ku kigo cya E.S Mutendeli bavuye ku bigo bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu (reclassement), tariki 01/02/2012, barirukanywe ngo basubire aho bavuye.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Niyotwagira Francois, arashima ishuri ribanza “LES GAZELLES” ryo muri aka karere ku ntsinzi ryegukanye mu bizamini bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, aho ryabaye irya mbere mu gihugu.
Ikigo cy’uburezi cyo mu Buhinde cyitwa SRI SAI Group, tariki 26/01/2012, cyatangije ibikorwa byayo ku mugaragaro mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu ikigo gishinzwe amashuri makuru (Higher Education Council) yatangaje ko izajya yishyurira buri munyeshuri (yaba Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga) 50% by’ikiguzi cyo kwiga muri Carnegie Mellon University-Rwanda (CMU-Rwanda).
Kuri uyu wa mbere tariki 23/01/2012 Minisitiri w’uburezi, Dr. Vicent Biruta, yasuye ikigo cyigisha imyuga cyitwa Integrated Polytechnic Regional Center (IPRC) giherere mu karere ka Kicukiro ahahoze ishuri ryisumbuye Kigali International Academy.
Nyuma yo kwerekwa ibimaze kugerwaho mu rwego rwo kwitegura gutangira, umuyobozi w’inama nkuru y’igihugu y’uburezi (HEC), Prof Geoffrey Rugege, aratangaza ko intambwe imaze guterwa mu myiteguro yitangira ry’ishuri rikuru rya Kibogora (KPI) ishimishije kandi ko agiye kubiganiraho n’izindi nzego zo hejuru ku buryo bwihuse (…)
Ku nshuro ya kane, umuryango Come and See Rwanda ufatanije n’imiryango ya gikiristu ikorera muri kaminuza nkuru y’u Rwanda bahaye impamyabumenyi abanyeshuri babo 53 barangije amasomo yo mu ishuri rya bibiliya.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko hakenewe korohereza abana mu kwimenyereza umwuga (internship) no kubaha ubumenyi bwuzuye kugirango umwana ajye arangiza kwiga afite ubumenyi buhagije bushobora kumuhesha umwanya ku isoko ry’umurimo.
Ishuri rikuru ry’i Byumba (Institute Polytechnique de Byumba) ryatangije porogaramu nshya mu ishami ry’ibaruramari izwi ku izina rya CPA (Certified Public Accounting) mu rwego rwo gutanga ubumenyi ngiro mu ibaruramari n’icungamutungo ku rwego mpuzamahanga.
Umunyabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Mathias Haberamungu, yatangaje ko umubare w’abanyeshuri bakoze ikizami kirangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) bemerewe kujya mu mwaka wa kane uyu mwaka wariyongereye ugera kuri 90% uvuye kuri 25% mu 2003.
Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza yo mu turere twa Huye na Gisagara basanga kuba ibitabo byifashishwa mu kwigisha mu mashuri bidahuye biri mu bihungabanya ireme ry’uburezi.
Ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic Institute) rigomba gutangira uyu mwaka, kugeza ubu ntiharamenyekana itariki rizatangiriraho nubwo imyiteguro igeze kure ndetse n’abanyeshuri bakaba baratangiye kwiyandikisha.
Minisiteri y’Uburezi yafashe ingamba zo gukemura ibibazo bigaragara mu itangira ry’amashuri mu rwego rwo kucungira abanyeshuri umutekano wo mu muhanda no ku buzima bwabo. Uyu mwaka biteganyijwe ko amashuri azatangira tariki 08/01/2012.