Abakobwa 90% biga mu ishuri rya kiyisilamu rizwi ku izina rya Ecole Secondaire Scientifique des filles de Hamoudan bun Rashid, kuri ubu bari kwigira ubuntu mu rwego rwo kongera umubare w’abakobwa bize.
Abanyeshuri 511 barangije mu mwaka w’amashuri 2013 bahawe imyamyabumenyi n’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE-Busogo) riherereye mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze kuwa gatanu tariki 30/08/2013.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR) barangije mu cyiciro cya kabiri (bachelor) ndetse n’icya gatatu (master), kuwa 28-29/08/2013 bambaye amakanzu ahamya ko bemerewe gufata impamyabushobozi zabo.
Bamwe mu banyeshuri biga mu ishami ry’ubukungu n’icungamutungo (FEM) muri kaminuza y’u Rwanda ntibishimiye ko basiragijwe mbere yo gushyirwa kuri lisiti y’umugereka ibemerera kwambara amakanzu nk’abandi banyeshuri bazahabwa impamyabushobozi kuri uyu wa 29/08/2013
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, aratangaza ko Leta y’u Rwanda izakomeza guteza imbere uburezi burimo n’ubw’amashuri makuru kugira ngo Abanyarwanda bajijuke babashe kwiteza imbere.
Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) ngo igiye guteza imbere ikoranabuhanga mu myigishirize ku buryo buri munyeshuri uzajya ayigamo azabasha kugira mudasobwa ye (laptop) kandi akaba afite ubumenyi bwo kuyikoresha, bityo bikazazamura ireme ry’uburezi ku bahavoma ubumenyi.
Gutanga ubumenyi bufite ireme ari nabyo nkomoko ya service ifite ireme nibyo byasabwe abarezi n’abanyeshuli 201 bahawe impamyabumenyi z’ikiciro cya mbere cya kaminuza bo mu ishuli ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare kuri uyu wa 23 Kanama.
Abanyenshuli 44 basoje amasomo y’igihe igito (short courses) mu gutunganya imitsima (Kitchen technology), gutunganya ibyo kurya ( Food Production) bahabwaga muri ES Jill Barham ku nkunga y’ikigo cy’igihugu giteza imbere ubumenyingiro (WDA).
Ishuri rya Nyagatare Secondary School ryatsindiye kuzaserukira Intara y’Uburasirazuba mu marushanwa ahuza amashuri yisumbuye na kaminuza agamije kwigisha urubyiruko kujya impaka zigamije iterambere rwihangira imirimo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyagatare rwari rumaze amezi 3 rwiga ’imyuga rurarasabwa kwegera ama banki kugirango abe yabafasha kurushaho gukoresha ubumenyi bahawe hagamijwe iterambere.
Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Amizero riherereye mu karere ka Ruhango, ryatangije gahunda yo kujya rigaburira abana bahiga, mu rwego rwo gufasha ababyeyi babo bajyaga bata imirimo yabo bagiye kubashakira ibyo barya kugirango basubire ku ishuri.
Abaforomo 108n’ababyaza 121 barangije bwa mbere mu cyiciro cya kaminuza mu ishuri ry’Abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana bahawe impamyabumenyi tariki 06/08/2013, mu mihango yabereye ku cyicaro cy’iryo shuri mu mujyi wa Rwamagana.
Ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG) ku nshuro yaryo ya mbere nyuma y’imyaka 20 ritangiye imirimo yo kwigisha, tariki 01/08/2013 nibwo ryashyikirije abanyeshuri 1072 baharangije impamyabumenyi zabo.
Ukwiyongera k’urubyiruko ruzi imyuga mu murenge wa Mimuri mu karere ka Nyagatare kuratanga icyizere ko uyu murenge uzatera imbere, dore ko na Leta y’U Rwanda yashyize imbere gahunda zo kuzamura ubumenyi ngiro mu baturage.
Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisti ya Kigali (INILAK), irimo guhugura ibigo binyuranye muri porogaramu yitwa GIS ifasha kumenya aho ibintu biri kure biherereye, harimo nko kumenya umuvuduko w’ibinyabiziga, amerekezo y’abantu n’ibintu byashyizweho umubare ukorana na mudasobwa cyangwa ibindi byuma byifashisha ibyogajuru.
Abanyeshuri bo mu ishuri rya GS Nyawera ryo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza bavuga ko kutagira amashanyarazi bituma abiga mu mashami ya siyansi batiga neza amasomo amwe n’amwe, cyane cyane ajyanye n’ubumenyi ngiro (pratique).
Urwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Berenadeta rwijihije yubile y’imyaka 75 ku cyumweru tariki 28/07/2013. Umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Intebe washimye ubufatanye Kiliziya Gatorika igirana na Leta mu kurerera igihugu, bagaha abo barera uburere bukwiye.
Abanyeshuri 186 barangije kuva mu mwaka wa 2009 mu ishuri ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo bahawe impamyabumenyi mu kiciro cya mbere cya kaminuza (A1) akaba ari nacyo cyiciro cya kaminuza gihari gusa.
Ikigo cyigenga gikorana n’amadini n’amatorero mu kwigisha urubyiruko rwacikirije amashuri, New Dynamic Arts Business Center (NDABUC) kimaze kwigisha abana bagera kuri 250 batishoboye bacikirije amashuri kubera impamvu zitandukanye.
Nyuma y’amezi atandatu ishuri rikuru rya INILAK rihagaritswe na minisiteri y’Uburezi ngo ntirizongere kwigishiriza i Rwamagana, tariki 21/07/2013 ryongeye gukingura imiryango rikazaba ryigishiriza mu nyubako z’amacumbi hategerejwe ko mu kwezi kwa Nzeli rizajya mu nyubako zayo zigezweho ziri kubakwa ahitwa Nyarusange.
Abanyeshuri bo mu karere ka Nyamasheke biga muri Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) bishimira ko begerejwe kaminuza yabafashije kwiyungura ubumenyi ndetse no kubavana mu bwigunge.
Mu gihe hasigaye gusa icyumweru kimwe ngo hizihizwe yubire y’imyaka 75 rimaze rikinguye imiryango, ubuyobozi bw’ishuri Groupe Scolaire Sainte Bernadette buratangaza ko imyiteguro igeze kure kandi ko ibyishimo by’uyu munsi bizaba ukwifatanya n’abarirerewemo.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), Charles Nkoranyi, avuga ko muri iri shuri atari ahantu umunyeshuri aza kwigira ibintu bisanzwe gusa ngo yigendere yungutse ubumenyi gusa kuko ngo ahabwa n’ibindi.
Abanyeshuri bagera ku 1000 bazahabwa impamyabumenyi n’ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe “ISPG” tariki 01/08/2013.
Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru Ishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza (HEC), Dr Innocent Mugisha, aratangaza ko amashuri makuru yo mu Rwanda atagakwiye kurebera umusaruro wayo mu mubare w’abahabwa impamyabumenyi, ahubwo ko bakwiye kurushaho guharanira gutanga ubumenyi bufite ireme.
Abanyeshuri 87 bigaga ku kigo cya Gitisi Vocational Training Center mu murenge wa Bweramama mu karere ka Ruhango, basabwe gusubira iwabo n’umuryango wa barihiriraga witwa CHF International kubera ko icyo kigo kitujuje ibyangombwa.
Ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) ririzihiza isabukuru y’imyaka 10 rimaze rishinzwe kuri uyu wa 11/07/2013, muri uyu muhango biteganijwe ko abagera kuri 640 bazaba bahabwa impamyabushobozi.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) yandikiye ibaruwa Ikigo Komera giherereye mu karere ka Rutsiro ikimenyesha ko guhera mu mwaka w’amashuri utaha wa 2014 cyemerewe gufashwa na Leta mu burezi gisanzwe gitanga ku bafite ubumuga.
Leta y’u Rwanda yatangiye gushakisha inzobere mu bushakashatsi n’umuhanga mu kuyobora amashuri makuru na za kaminuza ngo azahabwe kuyobora Kaminuza imwe rukumbi u Rwanda rugiye gushyiraho.
Urubyiruko rutuye mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera rubabajwe cyane n’uko rwegeranye n’ikigo cyigisha imyuga ariko rukaba rutagifiteho uburenganzira bwo kuhiga bityo rukaba rusaba ko rwafashwa kuhiga.