Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yozefu rw’i Nyamasheke kuri uyu wa kabiri, tariki 19/03/2013 rwizihije umunsi mukuru wa Mutagatifu Yozefu iri shuri ryitiriwe, banizihiza imyaka 57 iri shuri rimaze rivutse.
Amashuri n’ibigo by’imyuga byagaragaje ubuhanga mu kunoza imishinga igamije kwigisha urubyiruko imyuga no kwihangira umurimo yasinye amasezerano ayemerera guhabwa amafaranga y’inkunga, mu cyiciro cya mbere cya gahunda yatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA).
Guverinoma y’u Rwanda irateganya ko bigenze neza mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri utaha ariho Kaminuza rukumbi y’u Rwanda, University of Rwanda, yatangira gukora, aho Kaminuza zose n’amashuri makuru ya Leta bizaba byahurijwe hamwe mu rwego rwo guhindura isura y’uburezi mu Rwanda.
Ku nshuro ya gatanu kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti INILAK yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 631 bayirangijemo amasomo y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza, ibirori byabereye i Kigali uyu munsi tariki ya 28/02/2013.
Abanyeshuri biga ku ishuri ryisumbuye rya Gitisi mu murenge wa Bweramana, bagaragaye imbere y’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango mu gihe cya sa tanu tariki 26/02/2013, babaza impamvu batiga ntibanarye.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza ku kigo cya Birwa II, ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera barasaba ubuyobozi kubafasha kugira ngo boroherwe no kwigisha kuri icyo kirwa.
Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yozefu rw’i Nyamasheke, tariki 23/02/2013, rwatangije Club y’Icyongereza igamije gukangurira abanyeshuri b’iki kigo gukoresha ururimi rw’icyongereza mu mvugo zabo za buri munsi.
Umwuga ukorwa neza ukoranye ubuhanga buhagije uteza imbere nyirawo, kandi bikamurinda kubura icyo akora, nk’uko bitangazwa n’urubyiruko rw’umurenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, rusaba ishuri ry’imyuga ryakagombye kurufasha kugera ku iterambere.
Leta y’Ubushinwa irashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo ku nkunga yatanze mu kubaka ishuli community model school ryubatswe mu murenge wa Kabarore rikaba ryanatangiye kwigisha ururimi rw’Igishinwa.
Nyuma yo kubona impano y’ibikoresho by’ikoranabuhanga yatanzwe na kaminuza yo mu gihugu cy’Ubudage, kaminuza y’Umutara Polytechnic itangaza ko yishimiye ko igiye kuzamura ireme ry’ubumenyi ngiro butangirwa muri iri shuri.
Nk’uko urutonde rushya rubyerekana, Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yaje imbere ho imyanya 527 yose ku rutonde rwa za kaminuza aho yavuye ku mwanya wa 4,158 ikajya kuwa 3631 muri za Kaminuza ibihumbi 21 nk’uko urubuga rwa internet rwa kaminuza nkuru y’u Rwanda rubitangaza.
Abanyeshuri batatu b’abahungu biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu kigo cya Collège de la Paix Rutsiro bahawe igihano cyo kwirukanwa burundu tariki 07/02/2013 ariko nyuma kiza gusimbuzwa icyo kwiga bicumbikira iminsi isigaye y’igihembwe cya mbere kubera ko byagaragaye ko ngo ari bo batumye abanyeshuri bose bo (…)
Abanyeshuri 500 bigiraga mu ishami rya INILAK i Rwamagana basabwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda kutongera kuhakandagiza ibirenge ngo kubera ko aho bigiraga bahahuriraga n’abandi banyeshuri batari aba INILAK.
Nubwo akarere ka Rubavu kishimira ibikorwa by’uburezi by’umwaka wa 2012 birimo umubare w’abana batsinze hamwe n’ibyumba by’amashuri byubatswe ngo haracyagaragara inzitizi ku burezi zirimo umubare w’abana bata ishuri.
Ishuri ry’Incuke ry’icyitegererezo ryubatswe na Banki y’Abaturage y’u Rwanda mu nyungu z’abakiriya bayo ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu, tariki 15/02/2013 mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ubwo yasuraga ikigo cya Tumba college of Technology giherereye mu karere ka Rulindo, tariki 08/02/2013, Minisitiri w’Uburezi yasabye ko ikigo nk’iki kigisha ubumenyi ngiro cyakagombye kugira uruhare mu iterambere ry’akarere bityo ibyo bigisha bikagirira abaturage umumaro.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Ubumwe Community Center ikorera mu karere ka Rubavu yatangije ishuri rihuriwemo n’abana bafite ubumuga n’abatabufite kugira ngo abana bafite ubumuga bareke kugira imfunwe no guhabwa akato ko kwiga bonyine.
Dushimimana Samson yarangije amashuri abanza mu mwaka wa 2012, afite amanota ya mbere mu karere ka Kamonyi. Mu kiganiro twagiranye, yadutangarije ko yahise afata ingamba zo gukaza umuhate mu kwiga, ku buryo azagera no muri kaminuza.
Mu biganiro ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA) kirimo gukoresha hirya ni hino mu gihugu gishishikariza urubyiruko kwitabira ubuhanzi, hakomeza kugaruka ikibazo cyo kwemeza ubuhanzi cyangwa ubugeni buzaherwaho butezwa imbere mu Rwanda.
Abanyeshuri bigaga mu mashuri abanza yose yo mu murenge wa Bugarama batsinze ku kigerenyo cya 100% naho abasoza icyiciro rusange (tronc commun) batsinda kuri 99%. Ngo rimwe riburaho ryatewe no kuba hari umwana utarabashije kurangiza ibizamini byose bitewe n’uburwayi nk’uko Niyindagiye Lucie ushinzwe uburezi muri uyu (…)
Nyuma y’inama y’umunsi umwe yabereye mu mujyi wa Kibuye tariki 22/01/2013 hagati y’ubuyobozi bw’akarere n’ubwa Mount Kenya University, impande zombi zemeranyijwe ko mu byumweru bitatu iyi kaminuza izatangira gutanga amasomo atandukanye mu mujyi wa Kibuye.
Byari bimaze iminsi bivugwa ko ishuri ryisumbuye rya Rususa rishobora kuzakinga imiryango bitewe n’imiyoborere n’imicungire mibi y’abayobozi bari barishinzwe, ariko kubw’amahirwe Kiriziya Gaturika Diyoseze ya Cyangugu yaje kurigoboka ariko biba ngombwa ko rihindura icyerekezo ryari rifite.
Ubuyobozi bw’ishuri ESECOM riri mu karere ka Nyamagabe buratangaza ko imibereho y’abanyeshuri itari myiza yavuzwe kuri iki kigo ubu iri gukosorwa, ndetse n’ireme ry’uburezi rikaba riri kwitabwaho.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Leta Kigisha imyuga n’ikoranabuhanga IPRC West, ishami rya Karongi buratangaza ko ikigo gifite intego yo gufatanya n’akarere kuzazamura umujyi wa Kibuye mu nzego zitandukanye.
Amashuri yisumbuye yigisha anacumbikira abanyeshuri mu karere ka Gisagara, yahawe itegeko ryo kohereza abanyeshuri baturutse mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 byari byarakiriye, bakajya aho bigaga kuko ngo bahawe imyanya nta tegeko rirabyemeza.
Abayobozi ba kaminuza yitwa Oklahoma Christian University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bemerewe na Perezida Kagame gutangiza ishuri ryisumbuye mu Rwanda, riri ku rwego mpuzamahanga, rikazajya ryigamo abanyeshuri baturutse hirya no hino ku isi.
Mu gihe bizwi ko abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 bagomba kwigira ubuntu, ababyeyi barerera mu rwunjye rw’amashuri rwa Bukomero mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango bahangayikishijwe n’amafaranga 4250 bakwa n’ubuyobozi bw’iri shuri.
Ishuri ryisumbuye “College Intwari de Mwezi-APECUM” riri mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke ryahagaze gutanga uburezi muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013 bitewe no kubura abanyeshuri bahagije bo kuryigamo.