Aho Isi igeze uyu munsi uvuze uburezi ukibagirwa ikoranabuhanga, sinzi niba uwavuga ko ubwo burezi bwaba bufite icyo bubura kugira ngo bube bufite ireme yaba yibeshye, kubera uko uruhare rwaryo rumaze kugaragara mu buzima bwa buri munsi bwa muntu n’ibimukikije.
														
													
													Abayobozi b’ibigo by’amashuri bose ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi bo mu Karere ka Kirehe, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025 bahuriye mu mwiherero w’uburezi w’iminsi ibiri, mu rwego rwo kwishimira ibyo bagezeho no kurebera hamwe ingamba zatuma barushaho gukora neza.
														
													
													Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, yayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi wabaye ku nshuro ya 11, ku barangije muri Kaminuza y’u Rwanda wabereye ku ishami rya Huye, aho abazihawe ari 9,526 barangije mu mashami arindwi, abasaba gukora cyane baharanira guhanga udushya.
														
													
													Ku ishuri rya Kagarama Secondary School riherereye mu Karere ka Kicukiro, hasorejwe ku mugaragaro icyiciro cya mbere cy’umushinga Rwanda Smart Education Project, abanyeshuri n’abarimu bakagaragaza ko ikoranabuhanga bize rigiye kuborohereza mu masomo.
														
													
													Ingingo y’imihindagurikire y’ikirere ni imwe mu zihangayikishije abatuye Isi, ndetse ibihugu bishora ingengo y’imari nini mu guhangana n’ingaruka zayo.
														
													
													Abanyeshuri 40 bacikirije amashuri yisumbuye bakagira amahirwe yo kurihirwa imyuga itandukanye n’umushinga ‘Igire Gimbuka’ ushyirwa mu bikorwa n’umuryango Caritas Rwanda ubitewemo inkunga n’umuryango BK Foundation, bahawe ibikoresho bizabafasha guhita bajya ku isoko ry’umurimo.
														
													
													Ikiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri KT Radio ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025, cyagarutse ku buryo bwo guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi n’uko habaho guhererekanya amakuru ashingirwaho hafatwa ibyemezo mu burezi.
														
													
													Bimaze kumenyerwa ko buri wa mbere wa nyuma w’ukwezi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mukurikira ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundation kuri KT Radio, icyo kuri uyu wa 29 Nzeri 2025, kiragaruka ku ifatwa ry’ibyemezo bishingiye ku makuru mu rwego rw’uburezi mu Rwanda (Data-Driven Decision Making in Rwanda’s (…)
														
													
													Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yibukije abarangije amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi Bubungabunga Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture/RICA), ko bahamagariwe kuba abahindura ibintu bakemura ibibazo, ndetse bagatanga amahirwe ahindura ubuzima bw’abaturage.
														
													
													Minisitiri w’Uburezi, Dr Nsengimana Joseph, yasabye ababyeyi gukurikirana imyigire y’abana babo, bityo ntibaharire inshingano abarimu zo kubigisha bonyine, bityo abanyeshuri bazabashe gutsinda neza.
														
													
													Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Muhanga by’umwihariko abafashijwe kwiga imyuga itandukanye na BK Foundation, bavuga ko mbere imibereho yari igoye ku buryo harimo n’abo kubona icyo kurya byari ikibazo gikomeye.
														
													
													Ku mugoroba utuje i Kigali, Umuhoza Alice, umubyeyi w’abana babiri biga mu mashuri yisumbuye, yabujijwe amahwemo n’abana be bari bamuzaniye ikibazo cy’imibare mu mukoro wo murugo, bamubwira ko gikomeye cyane, bamubaza uko bagikora.
														
													
													Bimaze kumenyerwa ko abahize abandi mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro runaka, bahembwa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) mu rwego rwo kubashimira no gutuma bongera umuhate.
														
													
													Intara y’Iburasirazuba ni yo yahize izindi mu gutsindisha neza mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye ,mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025.
														
													
													Ba Ofisiye 81 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bigiraga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu mwaka wa 2025.
														
													
													Inteko Rusange umutwe w’Abadepite yateguye umushinga w’imyanzuro wo gusaba Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), gukemura ibibazo byagaragaye mu ikoreshwa rya Sisitemu y’ikoranabuhanga ‘Integrated Education Business Management Information System/IEBMIS’ ya Kaminuza y’u Rwanda, bituma idatanga umusaruro yari itegerejweho, hagamijwe (…)
														
													
													Amateka y’Uburezi mu Rwanda si aya none kuko kera Abanyarwanda bagiraga uburezi gakondo, aho ingimbi n’abangavu bajyanwaga mu ‘Itorero’ no mu ‘Rubohero’ bakigishwa indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda, bikabategura kuzavamo abagabo batabarira Igihugu n’abagore bacyambarira impumbya.
														
													
													Abanyeshuri bafite ubumuga barenga 700 ni bo bazakora ibizamini bya Leta mu barimo abazaba basoza icyiciro rusange (Ordinary Level) n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye (Advanced Level).
														
													
													Mu Mujyi wa Kigali abanyeshuri 29,262 ni bo bazindukiye mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza, aho bagomba gukorera kuri site 99.
														
													
													Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), yabajije Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), abiba mudasobwa ziba zagenewe ibigo by’amashuri ndetse n’iherezo ry’izibwe uko bizagenda, cyane ko kuzigaruza bigenda biguru ntege.
														
													
													Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), ibicishije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko abanyeshuri basoza amashuri abanza batangira ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 30 Kamena 2025.
														
													
													Ku ishuri rya Groupe Scolaire Saint Dominique Savio Bumbogo riherereye mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ni hamwe mu hatangirwa uburezi budaheza. Icyo kigo cyakira abana bose barimo abafite ubumuga n’abatabufite, kandi bakigira mu cyumba kimwe cy’ishuri.
														
													
													Mu kiganiro kivuga ku ruhare rw’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ku iterambere ry’Igihugu, cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025, hasobanuwe byinshi byagezweho mu rwego rw’amashuri ya tekiniki n’ubumenyingiro, harimo kuba abagana ayo mashuri bariyongereye, ndetse n’imyumvire abantu bari bayafiteho ngo yarahindutse, (…)
														
													
													Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI).
														
													
													Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo amafunguro abanyeshuri bafatira ku mashuri yiyongere, n’ubwo ubushobozi bwo kugaburira bose bitoroshye na gato, ugereranyije n’umubare w’abanyeshuri hafi Miliyoni eshatu n’igice bagaburirwa buri munsi.
														
													
													Diane Mutimucyeye wiga mu ishuri rya Science rya Nyamagabe (Ecole des Science Nyamagabe), amaze guserukira u Rwanda kabiri abikesha kuba azi imibare, ari na yo mpamvu kuri ubu avuga ko abandi batinya imibare nyamara we akaba yarayigiriyemo umugisha.
														
													
													Abahanga, ndetse n’inararibonye mu burezi, bavuga ko kubaka uburezi budahereye ku mashuri y’inshuke, ntaho bitaniye no kubaka inzu idafite umusingi uhamye.
														
													
													Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), kiratangaza ko hari kwigwa uburyo amanota abana babona mu masuzuma atandukanye bakora ku ishuri, kuva mu mwaka wa kane w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, azatuma abana badakomeza gusibira cyangwa guta amashuri.
														
													
													Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yasobanuye impamvu umwarimu ahabwa imyaka itatu kugira ngo abe yasaba kwimurirwa ku kindi kigo cy’ishuri, aho yemeza ko guhitamo iyo myaka itatu basanze ari bumwe mu buryo bwo kwirinda akavuyo ku mashuri bikaba byaba mu bidindiza ireme ry’uburezi.
														
													
													Abashinzwe uburezi mu bagaragaza ko ubucucike mu mashuri, ubumenyi bw’umwarimu mu kwigisha, biri mu bituma umunyeshuri atsindwa agasibira, cyane ku banyeshuri b’abanyantege nke nk’uko bigaragara mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, aho mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri abana basibira biyongereye.