Inyubako zahoze ari iz’ishuri rya gisirikari (ESO) zimu mujyi wa Huye ziri guhindurwamo aho kwigirwa imyuga itandukanye kandi ngo bitarenze Ukwakira uyu mwaka amasomo azaba yatangiye.
Ibizamini bijyanye n’ubumenyingiro byatangijwe mu gihugu hose kuri uyu wa kabiri tariki 18/09/2012 ngo bifite ireme kandi birasubiza ikibazo cy’abakozi badahagije, n’ibintu bikenerwa mu buzima bwa buri munsi mu Rwanda; nk’uko Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yabitangaje.
Inama y’abaminisitiri yabaye tariki 31/08/2012 yemereye ishuri rikuru rya Kibogora uruhushya rwa burundu rwo gutangiza inyigisho mu byerekeranye n’ubuzima, rikajya ritanga impamyabushobozi z’ikiciro cya mbere cya kaminuza (A1).
Ubwo Minisitiri w’Intebe yafunguraga ku mugaragaro ishami ry’ishuli rikuru ry’abadivantiste rya Kigali (INILAK) riri i Nyanza yatangaje ko amashuli makuru na za kaminuza zo mu Rwanda agiye kujya akorerwa isuzuma kugira ngo harebwe ubuhanga bw’abanyeshuli zishyira ku isoko ry’umurimo.
Minisititiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arataha ku mugaragaro ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali, ishami rya Nyanza mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012.
Kaminuza yitwa Carnegie Mellon University (CMU) yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yafunguye ishami ryayo rizigisha icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ikoranabuhanga (Masters in ICT) mu Rwanda.
Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yaje imbere ho imyanya 249 yose ku rutonde rwa za kaminuza zo ku isi. Yavuye ku mwanya wa 4407 ikajya kuwa 4158 muri za kaminuza 20745.
Abanyeshuri biga mu bigo bya Groupe scolaire ya Masoro, Rukingo na Ntarabana bihererye mu karere ka Rulindo, baravuga ko imyiteguro y’ibizamini bya Leta bisoza ikiciro rusange (tronc commun) bayigeze kure.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) cyasinye amasezerano yo gutangiza imirimo yo kubaka ikigo kizaba gihagarariye ibindi bigo by’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC).
Bamwe batari barashoboye kubona uko bajya muri kaminuza kubera ingendo zihenze mu karere ka Gatsibo barishimira ko Institut Polytechnique de Byumba (IPB) igiye gushyira ishami ryayo mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Kiramuruzi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwatangije gahunda yo kubaka amashuri y’incuke muri buri mudugudu. Uretse kuba ayo mashuri azongerera abana ubumenyi azanagira uruhare mu kubarinda ihohoterwa.
Abiga gutunganya ubwiza bw’umuburi mu ishuri ryitwa Belasi bavuga ko uretse kwigira kumenya umwuga uzababeshaho, banaganira ku buryo bwo kubana neza mu miryango nko kurangwa n’imyitwarire myiza, bigereranywa n’icyo abakurambere bitaga “Urubohero.”
Musonera Emmanuel wari umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye cya Rusumo mu gihe cy’imyaka 16 yitabye Imana mu ijoro rya tariki 22/07/2012 mu bitaro bya CHUK. Umuhango wo kumushyingura wabaye tariki 24/07/2012 mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Abalayiki b’Abadiventisiti rya Kigali (INILAK) ryiteguye gutangiza amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’icungamutungo n’ibaruramutungo (Master of Business Administration) bitarenze Ukwakira 2012.
Abana b’inshuke 72 bo mu kagari ka Nyamirama mu murenge wa Gitoki akarere ka Gatsibo bamaze igihe bigira mu isoko ry’inka (igikomera) kuko ntaho bafite ho kwigira kuva inzu bigiragamo yasenyuka.
Abahungu n’abakobwa biga mu ishuli ryisumbuye rya Collège Saint Emmanuel Hanika (COSTE) ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barakekwaho gukorera ubusambanyi hanze y’ikigo iyo bahawe impushya zo gusohoka (sortie).
Mu banyeshuri 922 barangije mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi ikoranabuhanga n’ubumenyi rya Kibungo (INATEK) bahawe impamyabumenyi zabo tariki 12/07/2012, abarenga kimwe cya kabiri ni abari n’abategarugori. Basabwe gukoresha ubumenyi mu kwihesha agaciro mu byo bazaba bakora byose.
Minisitiri w’Uburezi arasaba amashuri makuru na Kaminuza kujya batoza abanyeshuri barera kwihangira imirimo aho kubigisha babategurira kuzashaka akazi.
Nyuma yaho bigaragaye ko abanyeshuri ba Institute of Commercial Management (ICM) Rwanda badakora ubushakashatsi busabwa n’ubuziranenge bugenga Kaminuza z’Uburayi, umuyobozi wa ICM ku rwego rw’isi, Professor Tom Thomas, yahisemo kuza gusobanurira abanyeshuri b’iyo kaminuza ibisabwa.
Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifatanyije na Minisiteri y’Uburezi yashoje icyumweru cy’Uburezi Gatolika mu muhango wo gusoza iki cyumweru ku rwego rw’igihugu wabereye mu karere ka Nyamagabe kuwa Gatandatu tariki 16/6/2012.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko mu mwaka w’2017, abanyeshuri barenga 60% b’u Rwanda bazajya biga imyuga, abasigaye 40% bakiga ubumenyi rusange, kugira ngo iterambere ry’igihugu rirusheho kwihutishwa.
Bamwe mu banyeshuri barangiza mu ishuri rya Tumba College of Techonology, barasaba ubuyobozi bw’iki kigo kongera agaciro k’impamabumenyi bahabwa kugira ngo babashe guhangana ku isoko ry’umurimo.
Akarere ka Gatsibo kashyikirijwe ibyumba 12 by’amashuri byubatswe ku nkunga ya Plan-Rwanda. Amashuri yatashywe agiye kugabanya ubucucike mu mashuri bwari burenze ku ishuri rya Murambi aho byubatswe.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) cyatangaje ko mu gihe gito abatunganya ubwiza bw’umubiri bazasabwa gukora bafite impamyabumenyi, kugira ngo batange servisi zinogeye ababagana.
Mu rwego rwo guteza imbere umwuga wo gutunganya ubwiza bw’umubiri, ishuri ryigisha gutunganya ubwiza bw’umubiri ryitwa “Universal Beauty Academy (UBA)” riri i Kimironko mu mujyi wa Kigali rizatangizwa mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Mu kiganiro Minisitiri w’Uburezi, Dr Vincent Biruta, yagiranye n’abanyeshuri biga mu mahanga tariki 05/06/2012 yabasabye kwiga amasomo atigishwa mu Rwanda kandi acyenerwa gukoreshwa mu Rwanda kugira ngo bafashe u Rwanda kuzamura iterambere n’ubumenyi.
Mu nama rusange yahuje ababyeyi barerera mu ishuri St François d’Assise de Shangi, ubuyobozi bw’iki kigo bwavuze ko nyuma yo kutishimira uko abana batsinze kuko abagiye muri kaminuza ari bake n’ubwo babonye impamyabumenyi bose.
Ushinzwe uburezi mu ntara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye muri iyo ntara, kuba ku bigo bayobora kugira ngo bagenzure ibijyanye n’uburezi kuri ibyo bigo, bityo ireme ry’uburezi ryiyongere.
Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe guteza imbere ubumenyi n’ikoranabuhanga mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere (TWAS), Professeur Romain Murenzi, arakangurira abacyeneye kwiga icyiciro cya 3 cya kaminuza mu bumenyi n’ikoranabuhanga kugana uwo muryango ukabafasha.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko kuba bamwe mu barimu bashya batangiranye n’umwaka w’amashuri 2012 batarahembwa byatewe n’amadosiye yabo yakerewe kugera muri serivisi ishinzwe imishahara ariko ubu barimo kureba uko bakemura iki kibazo ku buryo bwihuse.