U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’uburenganzira bwa muntu tariki 10 Ukuboza 2021, ikaba yari isabukuru y’imyaka 73 ishize hashyizweho itangazo mpuzamahanga ku burenganzira bwa muntu. Ihuriro ry’imiryango itari iya Leta rigaragaza ko muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19, hari aho uburenganzira (…)
Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, nibwo u Rwanda n’u Bushinwa basinyanye amasezerano agamije gutuma ‘Stevia’ ihingwa mu Rwanda yoherezwa ku isoko ryo mu Bushinwa.
Ikigo nyafurika gishinzwe kugenzura no gukumira indwara muri Afurika (Africa CDC), gisaba abantu kudakuka umutima kubera virusi ya Omicron. Umuyobozi w’icyo kigo yasabye ko abantu bakomeza guhangana n’iyo virusi nshya bisanzwe, ariko bakirinda gukuka umutima kubera iyo virusi ya Koronavirusi yihinduranyije.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima bw’Imyororokere (UNFPA) ryatanze ibikoresho by’isuku ku ishyirahamwe ry’abagore bafite ubumuga bwo kutumva (Rwanda National Association of Deaf Women - RNADW).
Abayobozi bo mu Majyepfo ya Mexico batangaje ko abantu 53 bapfuye abandi 58 barakomereka, nyuma y’uko ikamyo yari ibatwaye ikoze impanuka. Abo bantu babarirwa mu ijana, ngo bari mu ikamyo imwe, bikavugwa ko ari abimukira bahunga ubukene mu bihugu byabo, bakaba bari bageze muri Leta ya Chiapas.
Kuri uyu wa Kane tariki 9 Ukuboza 2021, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’Abanyatanzania mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ishize icyo gihugu kibonye ubwigenge, nyuma yo kwibohora ubukoloni bw’Abangereza.
Kaminuza ya Mount Kenya mu Rwanda (MKUR) yashyize ibuye ry’ifatizo, ahagiye kubakwa hoteli yitezweho kuzamura urwego rw’ubukerarugendo n’amahugurwa mu bijyanye no kwakira abantu mu gihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Dr Mpunga Tharcisse, yagaragaje aho gahunda yo gutanga doze ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 igeze.
Intsinzi ya Perezida Adama Barrow yatangajwe ku Cyumweru tariki 5 Ukuboza 2021, bitangajwe na Komisiyo yigenga y’amatora, aho yatangaje ko Perezida Adama Barrow yabonye amajwi 53.2%.
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko umubare w’abasaba serivisi z’ubuvuzi binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga (digital systems) bikubye gatanu muri uyu mwaka wa 2021 ugereranyije n’umwaka ushize wa 2020.
Padiri Munyeshyaka Wenceslas ni Umunyarwanda wahungiye mu Bufaransa. Akekwaho kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ageze mu Bufaransa yakomeje gukora umurimo w’Ubupadiri muri Paruwasi zitandukanye.
Impuguke zivuga ko haba hakenewe ingamba n’ubugenzuzi bukomeye cyane ku mipaka, kugira ngo hatagira imiti yica udukoko mu myaka itemewe yinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika , Joe Biden yavuze ko kugeza ubu nta guma mu rugo ikenewe muri Amerika, kuko asanga iyo virusi abantu bashobora kuyirinda mu gihe bikingije kandi bagakomeza kwambara agapfukamunwa neza.
Umuhanzi King James uririmba cyane cyane mu njyana ya RnB yatangaje ko agiye gusohora Album ye ya karindwi yise ‘Ubushobozi’, igikorwa cyo kumurika iyo Album ye kikaba giteganyijwe ku itariki 12 Ukuboza 2021.
Inama yiga ku mikoreshereze ya Interineti mu Rwanda yateraniye i Kigali, yiga uburyo bwo kuvugurura serivisi za Interineti nk’uburyo bufasha rubanda guhorana amakuru y’ibyo bakeneye, ariko no gutekereza uko barinda abana bakoresha Interineti.
Ishyaka PDI (Parti Démocrate Idéal ), ryizihije imyaka 30 ribayeho no gukomera ryagize mu guhagarara rigahangana n’ibyaha byakozwe n’ubutegetsi bwariho mu gihe ryavukaga, kandi rikanashobora gukora n’ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda buriho uyu munsi.
Hari ibihugu byafashe umwanzuro wo guheza bimwe mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo nyuma y’uko hagaragaye virusi ya Covid-19 yihinduranyije yiswe Omicron. Mu Nama y’Inteko rusange ya Komisiyo ishinzwe iby’indege za Gisivili ku Mugabane wa Afurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyo bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (…)
Umugabo n’umugore we bari baturutse muri Afurika y’Epfo bageze mu Buholandi bashyizwe mu kato muri Hoteli yo muri Amsterdam, nyuma Polisi ibafata bacitse bahunze ako kato bashyizwemo na Guverinoma y’igihugu cy’u Buholandi.
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yamaganye icyemezo cyafashwe n’ibihugu bimwe na bimwe cyo guhagarika ingendo ziva cyangwa zijya muri Afurika y’Epfo no mu bihugu bituranye na yo, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rya Covid-19 yihinduranyije yiswe ‘Omicron’.
U Rwanda rwakiriye icyamamare Raimundo Souza Veira de Oliveira, uzwi nka Rai wahoze akinira ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), waje mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Mu bihugu bya Afurika yo mu Majyepfo haravugwa ubwoko bwa Koronavirusi buzwi nka ‘B.1.1.529’ bushobora kuba bwandura kurusha ubwiswe ‘Delta’ bwahangayikishije isi kuko bwanduraga cyane kandi bukica mu gihe gito.
Umuryango udaharanira inyungu witwa ‘NABU’ wanahawe igihembo mu bijyanye no guteza imbere umuco wo gusoma, watangije uburyo bushya bwongerera abana bo mu Rwanda ubumenyi mu byo gusoma inyandiko kuri Interineti.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2020, bwagaragaje ko hari miliyoni z’abantu bafite ibibazo byo kutabona neza, hakaba n’abamaze guhuma biturutse ku mpamvu zitandukanye, nyamara ngo 90% y’impamvu zitera gutakaza ubushobozi bwo kubona neza cyangwa se izitera ubuhumyi ngo ni impamvu zishobora kwirindwa cyangwa se zikaba zavurwa.
Umunyamabanga Mukuru wa LONI, Antonio Guterres yasabye ko imirwano ihagarara vuba na bwangu muri Ethiopia nyuma y’uko bivuzwe ko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed na we yagiye ku rugamba ndetse n’abantu benshi bakaba bakomeje kwinjira mu gisirikare.
Nk’uko icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka kuri za miliyoni z’abantu hirya no hino ku Isi, n’abagore bo mu Rwanda bagezweho n’izo ngaruka ku buryo bukomeye. Bamwe mu bagore bari mu buhinzi, no mu bindi bikorwa byarahombye cyane ku buryo bageze aho bakenera guhabwa inkunga y’amikoro, kugira ngo bongere bashobore gukora.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ku wa 24 Ugushyingo 2021 ryatanze Mudasobwa 185, ‘tablets’ 1.680 n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, babishyikiriza Ikigo gishinzwe Uburezi cy’u Rwanda (REB), mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri yigamo abana b’impunzi.
Umuturage wo mu Mudugudu wa Itolwa , mu Karere ka Chemba mu Ntara ya Dodoma, umugabo witwaga Juma w’imyaka 34 y’amavuko, yapfuye nyuma yo kwikata igitsina (ubugabo).
Ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi mu mashuri (NESA) gitangaza ko kimaze kwakira abanyeshuri bagera kuri 400 bakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, bavuga ko batanyuzwe n’amanota babonye, mu gihe amanota yabo yatangajwe ku wa mbere w’icyumweru gishize.
Umukobwa witwa Sandra Nadege, umunyeshuri muri Kaminuza, yasohoye igitabo yanditse, akaba yaracyise ‘Light in the Dark’(Umucyo mu mwijima). Sandra avuga ko kwandika icyo gitabo ari ibintu byamugoye cyane, kuko ari igitabo kivuga ku buzima bwe kuva afite imyaka icyenda kugeza kuri cumi n’itandatu (9-16), kandi ngo (…)
Mu kiganiro Umuhanzi Niyo Bosco aherutse kugirana na Isimbi TV, umunyamakuru yamusabye kugira icyo avuga ku byerekeye urukundo rwe, mbese ngo asangize abakunzi be inkuru y’urukundo rwe. Niyo Bosco yavuze ko inkuru y’urukundo rwe ari uko ari ntarwabayeho.