Hasigaye imyaka ibiri gusa ngo igihe u Rwanda rwari rwihaye cyo kuba rwamaze kugeza amashanyarazi ku baturage bose kigere, ariko ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda (REG), cyavuze ko hakenewe Miliyoni 600 z’Amadolari (asaga Miliyari 612 z’Amafaranga y’u Rwanda), kugira ngo iyo ntego u Rwanda rwihaye (…)
Umugabo yatakaje telefone yo mu bwoko bwa ‘iPhone’ mu mezi 10 ashize, ubwo yarimo akora siporo yo kugenda bagashya mu bwato butoya we n’umuryango we, iyo siporo bakaba barayikoreraga mu mugezi wo mu Bwongereza witwa Wye (River Wye).
Abahagarariye urubyiruko rwo muri Commonwealth, bazwi nka ‘Commonwealth Youth Council’, bahawe umwanya muri CHOGAM, wo kugaragariza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, ibibazo bafite nk’urubyiruko kugira ngo byitabweho kurushaho.
Polisi ya Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku bantu 22 baguye mu kabari karimo n’akabyiniro, kazwi cyane aho muri muri icyo gihugu.
Abaturage bategetswe kuva mu duce tubiri duteganyijwe kuberamo ibikorwa bikomeye bya gisirikare, mu rwego rwo kurwanya inyeshyamba ku butaka bugera ku bilometero 13.000, mu majyaruguru n’amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Burkina Faso.
Igikomangoma Charles cya Wales n’umugore we Camilla wa Cornwall, birebeye ubwiza bw’imideri ya Afurika n’iy’u Burayi mu gihe cy’inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma (CHOGM), irimo kubera i Kigali mu Rwanda, bikaba byarabaye ku wa 23 Kamena 2022.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byo mu Muryango wa Commonwealth bahuye ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, nyuma y’imyaka hafi itatu bidakunda, bakaba baganiriye ku buryo bwo guhangana n’ingaruka za Covid-19 no kugera ku iterambere rirambye.
Mu birori byo gufungura ku mugaragaro inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye CHOGM, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko ashimishijwe no kuba nk’uhagarariye u Bwongereza, agiye gukora umurimo wa nyuma mu rwego rw’ubuyobozi bwa Commonwealth, (…)
Umuyobozi mukuru w’Abatalibani, Haibatullah Akhundzadah, arasaba inkunga y’amahanga yo gufasha abagezweho n’ingaruka z’umutingito wahitanye abanatu basaga 1000 ugakomeretsa abagera ku 1500, mu Ntara ya Paktika, mu Burasirazuba bwa Afghanistan.
Impuguke mu buvuzi zivuga ko ugereranyije, umugore umwe azajya apfa azize Kanseri y’inkondo y’umura muri buri minota itatu mu mwaka wa 2030, niba hatagize igikorwa ubu.
Icyorezo cya Covid-19 cyagaragaje ko hari intege nkeya mu nzego z’ubuzima hirya no hino ku Isi. Ibihugu byahuye n’ikibazo gikomeye cyo kunanirwa gukumira umubare munini w’abandura icyorezo cya Covid-19. Abantu benshi barapfuye bazize ko batabonye ubuvuzi mu gihe gikwiye.
Intambara yo muri Ukraine yatumye ibihugu byinshi cyane cyane ibikiri mu nzira y’Amajyambere bihura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibiribwa, bitewe n’uko hari ingano zaheze muri Ukraine zidashobora koherezwa hanze y’igihugu, kubera intambara.
Bivugwa ko urukundo ari ikintu kigira imbaraga zikomeye, ndetse ko hari abantu bakora ibintu bitangaje bagamije kwerekana urukundo, cyangwa se bagakora ibintu bihambaye mu izina ry’urukundo.
U Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushyiraho ingabo ziswe ‘East African Regional Force’ zizoherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kugarura amahoro nyuma y’intambara zatewe n’imitwe yitwaje intwaro cyane cyane mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda.
Imiryango mpuzamahanga itandukanye ikorera mu gihugu cya Sudani, ivuga ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa gishobora kwiyongera ku buryo butigeze bubaho, bikaba byatuma habaho izindi ntambara n’abaturage bahunga, ibyo bikaba byakemurwa n’uko Sudani yahabwa inkunga y’ibiribwa.
Mfashingabo Christian w’imyaka 25 y’amavuko avuga yifuje kuva kera gutanga amaraso, ariko akabura amakuru y’uko bigenda. Nyuma yaje gusobanukirwa mu mwaka ushize wa 2021, ubwo hakorwaga ubukangurambaga bujyanye no gutanga amaraso ku ishuri yigagaho.
Perezida Uhuru Kenyatta, akaba n’Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yasabye ko hagaruka ituze, nyuma y’imirwano imaze iminsi ibera mu Burasizauba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igakurura ubwumvikane buke hagati y’u Rwanda n’icyo gihugu, ndetse akaba yasabye ko Ingabo (…)
Minisiteri ishinzwe ibidukikije muri Namibia, yatangaje ko inkura z’umukara ‘Black rhinos’ zigera kuri 11 ziherutse kwicwa, zikavanwaho amahembe.
Ku wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, ari imbere y’inteko y’Abadepite, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yavuze ko ibiganiro bishobora kuba hagati ya Leta n’abarwanyi ba Tigray (TPLF), gusa ngo ntibyoroshye, “Ntabwo byoroshye kugirana imishyikirano. Hari akazi kenshi kagomba kubanza gukorwa”.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Burkina Faso yavuze ko nibura abagera kuri 50 ari bo baguye mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro mu mudugudu umwe uherereye mu Majyaruguru ya y’icyo gihugu.
U Rwanda rwavuze ko ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO), bwahaye urwaho ingabo za Leta ya Congo, FARDC, rwo gukomeza gukora ubushotoranyi bwambuka umupaka.
Perezida wa Senegal Macky Sall, ubu uyoboye Afurika yunze Ubumwe (AU) aherutse gutangariza ibinyamakuru byo mu Bufaransa France 24 na RFI ko Afurika yatangiye guhura n’ikibazo cy’ibura ry’ibinyampeke ndetse n’ifumbire.
Umuvugizi w’umutwe w’abarwanyi wa M23, yavuze ko bashaka kugirana ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko bamaze gufata Umujyi wa Bunagana uherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, ku mupaka uhuza Uganda na RDC.
Burya inyenzi uretse kubangamira bamwe aho ziri mu nzu, hari abandi zakijije kuko ikilo cyazo kigura amafaranga agera ku 100.000 by’Amashilingi ya Tanzania (hafi 45.000Frw), ukurikije uko agaciro ko kuvunjisha gahagaze uyu munsi.
Ihuriro ry’imiryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda (CLADHO), ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, mu minsi ishize bazengurutse mu Mirenge yose igize ako Karere uko ari 15, bakora ubukangurambaga ku burenganzira bw’umwana. Ubwo bukangurambaga bwakorerwaga ku bigo by’amashuri ndetse no mu miryango, (…)
Ikimera cyitwa ‘Menthe’ n’ubwo kitazwi cyane, nk’uko umuravumba cyangwa umubirizi uzwi mu Rwanda, ariko nacyo gitangiye kumenyekana mu Rwanda, cyane cyane ku bantu bakunze kujya mu mahoteli bahabwa ‘menthe’ mu binyobwa bitandukanye, zigakoreshwa no mu gikoni hategurwa amafunguro atandukanye.
Uruganda rwo mu Budage rwa ‘BioNTech’, rwatangaje ko rugiye gutangira kubaka uruganda rukora inkingo ‘mRNA vaccine factory’ i Kigali mu Rwanda, kugira ngo bifashe ibihugu bya Afurika gutangira kuzikorera ubwabyo.
Sitade Amahoro nta marushanwa y’umukino w’umupira w’amaguru irakira kuva umwaka wa 2021 watangira, ubu ikaba yaratangiye kuvugururwa guhera muri Werurwe 2022, nyuma y’ubukererwe bwagiye bubaho bitewe ahanini n’icyorezo cya Covid-19.
Abavandimwe Rajesh Gupta na Atul Gupta barashinjwa na Afurika y’Epfo kuba baritwaje umubano wabo na Jacob Zuma, bakanyereza umutungo wayo ndetse bagatuma hari abantu bashyirwa mu myanya y’akazi batari bayikwiriye.