Asaga Miliyoni imwe y’Amadolari ( Asaga Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda) ni yo agiye gushorwa mu gutegura igishushanyo mbonera cy’imicungire y’amazi y’imvura mu Mujyi wa Kigali (Kigali’s Stormwater Management Master Plan), bikaba biteganyijwe ko kizaba cyamaze kuzura bitarenze umwaka wa 2024, aho gitegerejweho kuzafasha mu (…)
Icyemezo cyo guhagarika isimburana ry’Abasirikare n’Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Mali, kije nyuma y’iminsi ine gusa, abasirikare 49 ba Côte d’Ivoire bafatiwe ku Kibuga cy’indege cya Bamako muri Mali, bakaba barafashwe nk’abacanshuro nk’uko byatangajwe na Leta ya Bamako.
Donald Trump yatangaje iby’urwo rupfu rw’uwahoze ari umugore we, Ivana Trump, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 14 Nyakanga 2022, bakaba bari barashakanye mu 1977, nyuma baza gutandukana mu 1992.
Muri Ukraine, umuryango wari umaze amezi ane uhunze intambara y’u Burusiya, wagarutse aho wari utuye i Hostomel, ariko kimwe mu bintu abagize uwo muryango batari biteze kongera kubona ni imbwa yabo bakundaga ariko basize aho mu rugo mu gihe cyo guhunga.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wihakanye abasirikare ba Côte d’Ivoire bafatiwe muri Mali, aho Côte d’Ivoire yavugaga ko abafashwe bari bari muri Mali mu rwego rwa misiyo y’uwo muryango, yo kubungabunga amahoro (MINUSMA).
Kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, itsinda riharanira uburenganzira bwa muntu, ryatangaje ko imvururu zimaze icyumweru zibera mu murwa mukuru wa Haiti, Port-au-Prince, zimaze guhitana ubuzima bw’abagera kuri 89.
Ku wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, muri Sri Lanka hashyizweho ibihe bidasanzwe (État d’urgence), mu gihe abigaragambya bari bakiri imbere y’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, inzego z’umutekano zigerageza kubasubiza inyuma zifashishije ibyuka biryana mu maso, ariko biranga biba iby’ubusa n’ubundi birangira babyinjiyemo.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa (La Francophonie), Louise Mushikiwabo, yasabye abashoramari b’Abanyarwanda kubyaza umusaruro amahirwe ari mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa. Ibyo yabivugiye mu kiganiro n’Abanyamakuru ubwo yari mu nama ya ‘La Francophonie’ ivuga ku bukungu n’ubucuruzi mu (…)
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangira gushyira mu bikorwa gahunda yo kwishyura mbere (Capitation Model) amavuriro, amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweri).
Sosiyete ihagarariye umukobwa wa Eduardo dos Santos mu mategeko, yavuze ko uwo mukobwa wa nyakwigendera dos Santos yasabye ko umurambo wa Se wagumishwa muri Esipanye, kugira ngo ukorerwe ibizamini by’isuzuma (autopsy) kubera ko uburyo yapfuyemo ngo buteye amakenga.
Ubuyobozi bwatangaje ko habonetse imirambo 17, bikekwa ko yose ari iy’abantu bari mu bwato bwarohomye ku wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022, impanuka yabereye hafi y’umujyi w’ubucuruzi wa Lagos.
Umutwe w’inyeshyamba wa ‘ADF’ ufatwa nk’uwica cyane kurusha indi ibarizwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko wishe nibura abarwayi icyenda mu ivuriro ryo mu Burasirazuba bwa Congo, bikaba byemejwe n’igisirikare cy’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe na Al Jazeera.
Ibihumbi by’abagiragambya bahiritse bariyeri yari yashyizweho na Polisi binjira aho Perezida w’icyo gihugu, Gotabaya Rajapaksa, atuye basaba ko yegura, iyo ngo akaba ari yo myigaragambyo ikomye ibaye muri icyo gihugu muri uyu mwaka wa 2022.
Umugore wo muri Bolivia yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gusuka amazi ashyushye ku mugabo we mu gihe yari asinziriye akamutwika ku myanya ndangagitsina ndetse no ku kuboko, amuziza kuba yararose avuga amagambo y’urukundo ayabwira undi mugore mu nzozi.
José Eduardo dos Santos wabaye Perezida wa Angola mu gihe cy’imyaka 37, akaba yaravuye ku butegetsi mu 2018, yitabye Imana ku myaka 79 aguye mu ivuriro ryo mu Mujyi wa Bercelone muri Espagne, aho yari ari mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cyo guhagarara k’umutima bitunguranye ‘un arrêt cardiaque’.
Umubare w’abandura Covid-19 mu Bufaransa ukomeje kuzamuka ku buryo mu ntangiriro z’icyumweru cyatangiye ku itariki 4 Nyakanga 2022, abandura Covid-19 bariyongereye bagera ku bihumbi 206 ku munsi, nk’uko byagaragajwe mu mibare yatanzwe n’urwego rw’ubuzima tariki 5 Nyakanga 2022.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022, Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, yajyanywe ku bitaro nyuma yo kuraswa n’umuntu wakoresheje imbunda, ariko birangira yitabye Imana.
Umuvugizi wa Leta ya Ondo muri Nigeria, Funmilayo Odunlami, yavuze ko ubu Polisi irimo kuvugisha ababyeyi ndetse n’imiryango y’abakirisitu bagera kuri 77, batabawe ku wa mbere aho bari bafatiwe bugwate mu rusengero, babwirwa ko bategereje Yesu, abapasiteri babikoze bakaba batawe muri yombi.
Ku wa Gatatu tariki 6 Nyakanga 2022, Abayobozi bo muri Nigeria batangaje ko imfungwa zigera hafi kuri 900, zatorotse gereza ubundi irinzwe cyane iherereye mu Mujyi wa Abuja, ubwo yagabwagaho igitero n’inyeshyamba zigendera ku mahame y’idini ya Isilamu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean-Marie Vianney, yavuze ko hari gahunda yo gushyiraho abantu bashinzwe gucunga imijyi yungirije Kigali (secondary city managers), kugira ngo bakurikirane imikorere myiza y’iyo mijyi.
Umugabo wo mu Burusiya nyuma y’uko abonye ko amafaranga yagatunze umuryango we, umugore akomeza ayajyana mu rusengero, yaje gufata umwanzuro wo kurutwika.
Abayobozi b’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba batangaje ko bakuyeho ibihano bari barafatiye ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Mali muri iki gihe. Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba(ECOWAS), bateraniye mu nama i Accra mu Murwa (…)
Ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, Gen. Abdel Fattah al-Burhane, yatangaje ko igisirikare kitazongera kujya mu biganiro, bikorwa hirya no hino muri Sudani bigamije gusubiza ubutegetsi mu maboko y’Abasivili, kugira ngo hashyirweho ‘Guverinoma igizwe n’abantu bashoboye’.
Umuhanzi w’Umunya-Canada uzwi cyane mu njyana ya ‘rock’, Randy Bachman, yongeye kubona gitari ye yibwe mu myaka 46 ishize, biturutse ku mufana we wayibonye mu Buyapani, nk’uko byatangajwe na France 24.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gushora agera kuri Miliyoni 600 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka w’ingengo y’imari 2022/23, agakoreshwa mu bikorwa byo kwagura ‘Imbuga City Walk’, ahazwi nka ‘Car free zone’ ahantu ho kuruhukira no kwidagadurira.
Mu Karere ka Bugesera, icyumweru cyo kwibohora cyatangiye ku itariki 27 Kamena kikazasozwa ku itariki 4 Nyakanga 2022, kirasoza hatashywe ibikorwa remezo bitandukanye birimo, inzu zubakiwe abatishoboye mu Mirenge itandukanye, imiyoboro y’amazi, inzu y’ababyeyi(maternité), n’ibindi.
Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, Umuraperi w’Umufaransa, Laouni Mouhid, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka La Fouine, yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru mu Mujyi wa Kigali, asobanura uko yiteguye gususurutsa abaza kwitabira ibitaramo byiswe ‘Africa in Colours festival’, biteganyijwe gutangira uyu munsi bikazarangira ku (…)
Umugabo wo muri Chili yahembwe inshuro zikubye 286 z’umushara we, ahita asezera muri Sosiyete yakoreraga abicishije mu banyamategeko, aburirwa irengero nyuma yo gusezeranya iyo sosiyete ko azayisubiza amafaranga arenga ku yo yari agenewe.
Umuririmbyi w’Umunyamerika, Robert Sylvester Kelly, umenyerewe nka R. Kelly, yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 30 muri gereza, kuko yakoresheje ibyo kuba ari icyamamare bigatuma akorera abana n’abagore ihohotera rishingiye ku gitsina.
Ibintu bitandunye by’ubugeni byari byarajyanywe mu Budage biturutse muri Cameroon, Namibia na Tanzania mu gihe cy’ubukoloni, kuri ubu u Budage bukaba bwiyemeje buzabigarura muri Afurika aho byaturutse bikahaguma burundu.