MENYA UMWANDITSI

  • Iraq: Abakozi bahawe konji kubera ubushyuhe bukabije

    Abakozi ba Leta mu bice bitandukanye by’Igihugu cya Iraq, bahawe umunsi w’ikiruhuko, kubera ko igipimo cy’ubushyuhe cyazamutse kikarenga dogere 50 (0C), nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri icyo gihugu ndetse na mpuzamahanga.



  • Umuvugizi wa Guverinoma y

    U Rwanda rwamaganye raporo ya ONU ku kibazo cya RDC

    U Rwanda rwamaganye raporo yakozwe n’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye (ONU), zivuga ko ngo hari ibimenyetso bikomeye bigaragaza ko hari Ingabo z’u Rwanda zagiye kurwana muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), aho ngo zifatanya n’inyeshyamba za M23 zirwanira mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, ndetse ngo u Rwanda rukaba (…)



  • Manirumva amaze iminsi yiruka mu kibazo cya dipolome ye yasohotse iriho amazina y

    Arasaba kurenganurwa: Dipolome ye yasohotse iriho amazina y’undi muntu

    Umusore witwa Manirumva Isaie wo mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Mutenderi, Akagari ka Muzengera,avuga ko yahuye n’ikibazo ku mpamyabushobozi ye (dipolome), yasohotse iriho amazina y’undi muntu utarigeze yiga no ku kigo yigagaho, akajya kubikurikirana mu Kigo gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), ariko ntigikemuke none ubu (…)



  • Ayman Al-Zawahiri byemejwe ko yishwe

    Amerika yemeje ko yishe umuyobozi wa Al-Qaida

    Uwo wari umuyobozi wa Al-Qaïda, Ayman Al-Zawahiri, yafatwaga nk’aho ari we wateguye igetero cyo ku itariki 11 Nzeri 2001, cyahitanye ubuzima bw’abantu hafi 3000 muri Amerika.



  • Perezida Uhuru Kenyatta

    Perezida Kenyatta ahakana ibyo gushaka kwica Ruto byamuvuzweho

    Mu gihe hasigaye iminsi umunani (8) ngo habe amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, kuko ateganyijwe ku itariki 9 Kanama 2022, intambara yo guterana amagambo hagati ya Perezida Uhuru Kenyatta na Visi Perezida we William Ruto yakomeje kuzamuka, nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye.



  • RDC: Babiri bapfuye barashwe n’Ingabo za MONUSCO

    Abantu babiri bapfuye bazize amasasu yarashwe n’Ingabo za UN zizwi nka MONUSCO, ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bikaba byarabaye ku ya 31 Nyakanga 2022, ubwo izo ngabo zarasaga ku mupaka w’icyo gihugu.



  • Kenya ishobora guhagarika ‘Facebook’ kubera gukwirakwiza imvugo z’urwango

    Urubuga rwa ‘Facebook’ rurimo rurashyirwaho igitutu cyo gukuraho mvugo z’urwango ndetse n’amakuru atari ukuri rushyiraho, bitabaye ibyo muri Kenya rukaba rwafungwa.



  • Amerika: Imbwa yabaye icyamamare kubera kugendera ku maguru abiri gusa

    Dexter, ni imbwa yo muri Leta ya Colorado muri Amerika, ikaba ifite imyaka irindwi y’mavuko, ubu iri mu nyamaswa zitanga icyizere hirya no hino ku Isi, nyuma y’uko yiyigishije kugenza amaguru abiri, ubwo yari imaze gukora impanuka y’imodoka igacika ay’imbere, cyangwa se ayo twakwita amaboko, ubu ikaba yabaye icyamamare ku (…)



  • Kenya: Inzovu zibangamiwe n’imihindagurikire y’ikirere kurusha ba rushimusi

    Minisiteri ishinzwe ubukerarugendo n’ubuzima bw’inyamaswa z’igasozi muri Kenya, itangaza ko kugeza ubu, ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere gikomeye cyane ku buzima bw’inzovu, kurusha icya ba rushimusi bazihiga bakazica.



  • U Burusiya na Ukraine baritana ba mwana ku rupfu rw’imfungwa z’intambara zisaga 50

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nyakanga 2022, Umunyamabanga mukuru w’Inama nkuru y’umutekano ya Ukraine, Oleksiy Danilov, yabwiye Ikinyamakuru ‘The Daily Beast’ ko u Burusiya bwarashe ibisasu ahacumbikiwe imfungwa z’intambara z’Abanya-Ukraine, mu rwego rwo gusibanganya ibimenyetso ku iyicarubozo n’ubwicanyi zikorerwa.



  • Amerika: Abantu 8 bahitanywe n’imyuzure, imibare ishobora kwiyongera

    Abantu bagera 8 nibo bamaze gupfa bazize imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe, yaguye guhera ejo ku wa Kane tariki 28 Nyakanga 2022, mu Burasirazuba bwa Leta ya Kentucky muri Amerika nk’uko byatangajwe na Guverineri waho, wavuze ko afite impungenge ko iyo mibare ishobora no gukomeza kuzamuka.



  • U Bwongereza : Bakomeje gufata ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Monkeypox

    Ibigo by’ubuzima mu Bwongereza byakusanyije agera ku bihumbi magana atatu na mirongo irindwi na bitanu by’Amadolari ($375,000) yo gukora ibikoresho byifashishwa mu gupima virusi ya monkeypox ibyo bikaba byabaye nyuma y’iminsi mikeya, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ritangaje ko Monkeypox ari icyorezo (…)



  • Philippines: Abantu 4 bahitanywe n’umutingito, 60 barakomereka

    Abantu bane (4) bapfuye mu gihe abandi 60 bo bakomeretse bitewe n’umutingito w’Isi wari ufite igipimo cya 7.0 wibasiye Amajyaruguru ya Philippines, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’umutekano imbere mu Gihugu.



  • RDC: Batanu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, abandi 50 barakomereka

    Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abantu batanu(5) ari bo bari bamaze kumenyekana ku wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022 baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Ingabo za MONUSCO ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, mu gihe abandi benshi (…)



  • Tanzania: Abantu 10 baguye mu mpanuka y’imodoka y’ishuri

    Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nyakanga 2022, imodoka y’ishuri ryitwa ‘King David’ riherereye mu gace ka Mtwara muri Tanzania, yakoze impanuka ihitana abanyeshuri 8, umushoferi wari uyitwaye wari uzwi ku izina rya Hassan w’imyaka hagati ya 54-60 ndetse n’undi muntu ukurikirana abana mu modoka, nk’uko byanditswe n’ibinyamakuru (…)



  • RwandAir igiye gutangira ingendo zijya mu Bufaransa

    Ingendo za RwandAir zerekeza mu Bufaransa zitezweho amahirwe mu ishoramari

    Kompanyi y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, irateganya gutangira gukorera ingendo zijya i Paris mu murwa mukuru w’u Bufaransa, ibintu abantu batandukanye bakora ‘business’ bafata nk’amahirwe adasanzwev mu ishoramari.



  • Ururimi rw

    Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga barasaba ko abaganga bakwigishwa ururimi rw’amarenga

    Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basabye abayobozi gutanga amahugurwa y’ururimi rw’amarenga ku batanga serivisi z’ubuvuzi, mu rwego rwo gukemura ibibazo by’itumanaho (communication) bihari, bikaba ngo byaborohereza mu gihe bagiye kwivuza.



  • Gira Iwawe: Uburyo bwafasha abafite amikoro aciriritse gutunga inzu

    Gira Iwawe, ni ubukangurambaga bwatangijwe buje gushyigikira ubwakozwe mbere, bukaba bugamije guhamagarira abantu bafite amikoro make n’abafite aciriritse gufata ayo mahirwe, kugira ngo batunge inzu zo guturamo ku nyungu ntoya.



  • U Burusiya na Ukraine byasinye amasezerano yo kurekura amatoni y’ingano zaheze mu byambu

    Ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, u Burusiya na Ukraine byasinyanye amasezerano yo gutuma ingano zigera kuri Toni Miliyoni 25 zaheze ku byambu muri Ukraine zishobora gusohoka.



  • Barashima ibyagezweho n’isoko rihuriweho n’ibihugu bya EAC n’ubwo hari ibitaranoga

    Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), n’abahagarariye Abakuru b’ibihugu by’uwo muryango batabashije kuboneka, bahuriye mu nama y’iminsi ibiri yaberaga i Arusha muri Tanzania, yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, bakaba baganiriye ku birebana n’iterambere ry’uwo (…)



  • Minisitiri w

    U Rwanda na Senegal batangije ikoranabuhanga rizafasha mu kubika amakuru yerekeranye n’ubuzima

    U Rwanda na Senegal n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo Mastercard Foundation n’abandi batangije ikoranabuhanga rya ‘Smart Health Card’ rizajya rifasha abaturage b’ibyo bihugu byombi kubika no kwerekana amakuru yerekeye ubuzima bwabo, aho bikenewe bitabaye ngombwa kwitwaza impapuro.



  • Gaz y’u Burusiya yongeye koherezwa mu bihugu by’u Burayi

    Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, nibwo u Burusiya bwongeye gufungura umuyoboro ujyana Gaz mu Burayi, ariko Moscou ngo izakomeza gucunga iyo ‘ntwaro’, Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi bitezeho umutekano mu bijyanye n’ingufu mu gihe cy’ubukonje kigiye gutangira.



  • U Rwanda na Ghana bigiye kwagura umubano ushingiye ku Nteko Zishinga Amategeko

    Ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite yasinyanye amasezerano (MoU) n’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana, akaba yerekeye imikoranire myiza y’izo Nteko zombi, akaba yitezweho kurushaho gushimangira umubano w’impande zombi.



  • Amerika yagaragaje ko u Burusiya bushaka kwiyomekaho ibindi bice bya Ukraine

    Agendeye ku byatanzwe n’Urwego rw’iperereza rwa Amerika, Umuvugizi w’urwego rw’umutekano muri icyo gihugu (National Security Council), John Kirby, yavuze ko u Burusiya bwatangiye gukora ibintu bimwe na bimwe bigaragaza ko bushaka kwiyomekaho ibindi bice bya Ukraine.



  • Ranil Wickremesinghe

    Sri Lanka: Uwari Minisitiri w’Intebe atorewe kuba Perezida

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022 nibwo Ranil Wickremesinghe, ubu wari uyoboye Sri Lanka by’agateganyo (intérim) nyuma y’uko Perezida w’icyo gihugu Gotabaya Rajapaksa ahunze, yatorewe kuba Perezida w’icyo gihugu. Atowe n’Abadepite kugira ngo arangize manda uwo asimbuye yasize atarangije. Icyakora anatowe mu gihe (…)



  • Bifashishije amaraso y

    U Bushinwa: Umubu watumye umujura upfumura inzu afatwa

    Umubu wuzuye amaraso wiciwe ku rukuta rw’inzu, wafashije abagenzacyaha gufata umujura wari winjiye muri iyo nzu iherereye mu Ntara ya Fujian mu Bushinwa.



  • Tanzania: Abana batanu bo mu muryango umwe bapfuye mu buryo bw’amayobera

    Abana batanu bo mu muryango umwe i Arusha muri Tanzania, bapfuye muri uku kwezi kumwe kwa Nyakanga 2022, bazira indwara itaramenyekana, ariko bo babaga bavuga ko bababara mu nda ndetse inda zabo zikabyimba.



  • Khat yinjiriza amafaranga menshi Abanya-Kenya

    Abahinzi ba ‘Khat’ muri Kenya n’abarobyi ba Somalia bishimiye isubukurwa ry’ubucuruzi

    Urugendo rwa Perezida Hassan Cheikh Mohamoud wa Somalia, ahura na mugenzi we Uhuru Kenyatta, Perezida wa Kenya i Nairobi, ku itariki 15 Nyakanga 2022, rwabaye ikimenyetso cyo kugarura umubano mwiza hagati y’ibyo bihugu byombi, kuko wari umaze imyaka itari mikeya ujemo ibibazo.



  • Perezida Volodymyr Zelensky

    Ukraine: Perezida Zelensky yirukanye Umushinjacyaha mukuru n’ukuriye iperereza

    Ku Cyumweru tariki 17 Nyakanga 2022, nibwo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yafashe umwanzuro wo guhagarika ku kazi Umushinjacyaha mukuru ndetse n’ukuriye urwego rw’iperereza bakekwaho ubugambanyi, kuko bamwe mu bo bayoboraga ubu bakora ku nyungu z’Abarusiya.



  • Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr Karusisi Diane, yashimye abandika ku mateka y

    BK yifuza ko hazabaho umunsi w’intwari z’abanditsi b’Abanyarwanda

    Ibyo ni ibyavuzwe na Dr Karusisi Diane, ubwo yari mu muhango wo kumurika igitabo cyiswe ‘Shaped’ cyanditswe na Umuhoza Barbara, atewe inkunga na Banki ya Kigali muri gahunda yayo ifite yo gutera inkunga abanditsi b’Abanyarwanda.



Izindi nkuru: