Mugenzi Jean Claude, yatanze ubuhamya bw’uburyo yarokotse Jenoside yakorewe Abatuti mu 1994, ariko ababyeyi be, n’abavandimwe be bakicwa, we akarokoka ku buryo bw’ibitangaza.
U Rwanda rwasabye u Burundi guhagarika uruhare rwabwo rutaziguye mu makimbirane arimo kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Muri raporo y’ibyavuye mu ngendo rusange Abadepite bakoreye mu Ntara kuva ku itariki 28 Gicurasi kugeza ku itariki 3 Kamena 2026 ndetse no mu Mujyi wa Kigali ku itariki ya 6 n’iya 7 Kamena 2026, byagaragaje ko hari abanyamigabane ba Banki y’Abaturage (BPR) babuze uburenganzira ku migabane yabo muri iyo banki kandi bakaba (…)
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango Uwimana Consolee, asoza ihuriro ry’urubyiruko kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2026, yashimiye Madame Jeannette Kagame wari witabiriye iryo huriro, ku nama nziza adahema gutanga na gahunda zitandukanye zigamije iterambere n’imibereho myiza by’umuryango zikorwa na Imbuto (…)
Amb.Charles Muligande, yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside yo kurimbura Abatutsi igenda irushaho gushinga imizi mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Zimwe mu noti zirimo gukora mu Rwanda muri iki gihe, zizaba zavuye ku isoko bitarenze ukwezi kwa Werurwe 2027.
Mu cyumweru gishize twanditse inkuru ivuga ku isoko y’amazi ya Rwakibirizi iherereye mu Karere ka Bugesera, abayavoma bakayacuruza ndetse n’abayanywa bemeza ukuntu ari meza cyane, akaba anyobwa adatetse cyangwa se ngo atunganywe mu bundi buryo kuko aba asa neza, kandi akaba adatera indwara.
Mu Karere ka Bugesera harabera imurikabikorwa ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa 71 baje kumurika ibyo bakora biri mu nkingi eshatu z’ingenzi ari zo ubukungu, imiyoborere myiza ndetse n’imibereho myiza nk’uko byasobanuwe na Murenzi Emmanuel umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’Akarere JADF.
Imitingito ibiri ikomeye yibasiye Venezuela ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 24 Kamena, ihitana abarenga mirongo itatu, ndetse ikomeretsa abarenga 700. Iyi mibare iracyari iy’agateganyo.
Akarere ka Bugesera kishimiye imishinga y’iterambere kari kugeraho, yaba iri ku ngengo y’imari yako, ndetse n’imishinga y’igihugu izashyira akarere ku rundi rwego rw’iterambere.
Twese twakuze mwarimu atubwira ko amazi yo kunywa agomba gutekwa, akabira kugera kuri dogere ijana, nuko tukayahoza tukabona kuyanywa.
Zimwe mu nyamaswa zo mu gasozi zigira imibanire itangaje hagati yazo, zikagira uburyo bwazo zikoramo ibintu bitandukanye, harimo gukundana, kurwazanya, ndetse no gushyingura iyapfuye no kuyikorera ikiriyo.
Inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zihanganye n’ibibazo bifitanye isano n’imyemerere ya gakondo cyangwa iyobokamana nka kimwe mu bituma abarwayi bamwe bafatwa na Ebola, maze babona ibimenyetso byayo birimo kuva amaraso mu myanya itandukanye ku mubiri, bakabona ko ari indwara iterwa n’amashitani cyangwa (…)
Inzego z’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ziri mu gihirahiro nyuma y’uko umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu wari urwaye Ebola ashimuswe avanywe mu kigo nderabuzima.
Kayinamura Gabriel yibuka ubuzima bugoye yabayemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, maze akaza kwisanga yaburiye mu ishyamba rya Gako wenyine, agafatwa n’abasirikare bakamufungira muri Kasho yo mu kigo cya gisirikare aho yamaze iminsi 25, agasohokanamo n’abahunga kuko Inkotanyi zari zahagaze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bo mu miryango y’abari abakozi ba MICOMART (Ministère du Commerce, de l’Artisanat et du Tourisme), bashimira cyane abakora muri iyo Minisiteri, ubu yahindutse Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM), ko bababereye umuryango mwiza, bikabagarurira icyezere cy’ubuzima.
Mukamwiza Ange yavutse nk’abandi abyiruka nkabo, agera igihe cyo gushaka umugabo no kujya kubaka urwe, yizeye ko nta gisibya azabyara hungu na kobwa, agaheka, uko azabyemeranya n’uwo bashakanye.
Ikoranabuhnaga ry’ubuhinzi rya Smart Nkunganire aho Leta ifasha abaturage kubona ifumbire n’imbuto z’indobanure, ryamaze guhuzwa n’izindi gahunda nshya z’ikoranabuhanga, aho umuhinzi azajya asabwa gupimisha ubutaka bwe, akamenya ubwoko bw’ifumbire n’imbuto bukeneye, akaba ari byo ahabwa.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS),ryatangaje ko muri Afurika, abana bari munsi y’imyaka 5 bakunze kwibasirwa cyane n’indwara ziterwa n’ibiribwa bibi cyangwa se bidafite ubuziranenge bwizewe ndetse n’imirire mibi.
Icyayi cy’u Rwanda kizwiho ubwiza n’uburyohe butangaje ku rwego mpuzamahanga ndetse kikaba gisanzwe kinjiriza u Rwanda amadovize binyuze mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga, mu minsi iri imbere kizajya cyoherezwa muri Pakistan kinyuze inzira imwe, nta handi kibanje kunyuzwa (direct exports), kugira ngo (…)
Imana irema umuntu, yamushyizemo uburyo bw’ukuntu amaraso atembera muri we, yagira igituma akomereka cyangwa se ava amaraso nubwo ataba yakomeretse, hakagira uburyo avura kugira ngo kuva bihagarare ibyo bita ‘hemostasis’. Iyo rero uko kuvura kw’amaraso mu buryo busanzwe byakabije, nibyo biba indwara.
Inama ya y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena, yameje ivugurura ry’amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bisangiye uruzi rwa Nil, ahesha uwo muryango uburenganzira bwo kugira icyicaro mu Rwanda.
Urwego rw’imari mu Rwanda rumaze kunguka ikigo gishya cy’imari iciriritse, cyitwa CHIC Finance Plc, kikaba giturutse mu banyamigabane b’inzu y’ubucuruzi ikunzwe cyane mu Mujyi wa Kigali, Champion Investment Company, abantu bazi muri macye nka CHIC.
Ikibazo cy’umutekano mu Karere kizakomeza kumvikana mu gihe cyose umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubarizwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo utarasenywa burundu, ngo wamburwe n’intwaro nk’uko byagiye bigarukwaho mu bihe bitandukanye.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ‘OMS/WHO’ , Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yaburiye ibihugu bishyiraho ibihano rusange ndetse n’ingamba zikomeye zo kubuza cyangwa gukumira abantu gukora ingendo kubera icyorezo cya Ebola, ko ahubwo ibyo ari byo bituma kirushaho kwiyongera.
Uwimbabazi Jeanne, yari afite imyaka 16 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango we wari utuye mu mujyi wa Kigali, yibuka ko byose byatangiye ari mu biruhuko bya Pasika.
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gregory Meeks, yanenze gahunda y’ubutegetsi bwa Donald Trump yo gushyira muri Kenya ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika barwaye cyangwa bakekwaho icyorezo cya Ebola.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Abaminisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga guhera tariki ya 1-2 Kamena 2026, bagamije guhuza ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kibasiye cyane Intara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya (…)