Afurika y’Epfo yahaye Charge d’Affaire muri Ambasade ya Isiraheli muri icyo gihugu amasaha 72 kugira ngo abe yavuye ku butaka bwabo
Umucuruzi wa telefoni zigendanwa wo muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo ugizwe na telefone za Nokia ntoya bakunze kwita ‘matushe’(push-button), zaje zizanywe n’ubwato, mu gihe hari hashize imyaka 16 azitumije.
Aleph Hospitality, sosiyete nini yigenga ikora ibijyanye no gucunga amahoteli mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Afurika, yasinyanye amasezerano na Sosiyete yo mu Rwanda yitwa ‘DND Developers’ ku mushinga wa Hoteli ‘ Best Western Premier - Royal Golf View mu Mujyi wa Kigali.
Muri Kenya, Pasiteri Paul Mackenzie akurikiranyweho urupfu rw’abandi bantu 52. Arafunze by’agateganyo guhera mu 2023, mu gihe hagikorwa iperereza ku rupfu rw’abantu bagera kuri 450 b’abayoboke bo mu itorero rye, aho ngo yabashishikarizaga kwiyiriza ubusa kugeza bapfuye kugira ngo bajye guhura na Yesu.
Mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga. Uwo mushinga ushyigikiwe cyane na Guverinoma y’icyo gihugu ugamije kurinda ubuzima bwo mu mutwe bw’ingimbi n’abangavu.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan azizihiza isabukuru y’amavuko ayobora ibikorwa byo gutera ibiti, mu rwego rwo kurushaho kwita ku bidukikije no kubishishikariza abaturage ayoboye. Ni ibikorwa bizabera mu duce twa Bungi Kilimo na Kizimkazi muri Zanzibar.
Mu Buyapani, kuri uyu wa 21 Mutarama, Urukiko rwakatiye umugabo w’imyaka 45 igifungo cya burundu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe, amurashe ku manywa, igikorwa cyahungabanyije igihugu cyose .
Muri Chili abantu 19, bapfuye baguye mu nkongi yibasiye amashyamba kubera ibihe by’impeshyi icyo gihugu kirimo, mu gihe abandi 50.000 bahunze bakava mu byabo.
Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya nyirarume agamije kumwica, kubera ko atari agishoboye kwihanganira urusaku rwo kugona kwe.
Roman Korenev, umuyobozi wa serivisi y’abahuza (bailiffs) bashinzwe gukusanya indezo zo kwita ku bana mu gace ka Tyumen mu Burusiya, aherutse gutangaza rumwe mu manza zamutangaje cyane mu zo amaze kubona mu mwuga we.
Ababyeyi bo mu Bushinwa mu Mujyi wa Shanghai, basabye gatanya nyuma yo kunanirwa kwemeranya ku izina bakwita umwana wabo w’umuhungu.
Umwarimukazi wo mu Budage umaze imyaka 16 mu kiruhuko cy’uburwayi kandi ahembwa, yareze umukoresha we mu rukiko nyuma yo gusabwa kwipimisha kwa muganga kugira ngo yemeze ko koko arwaye.
Mu Budage, Umuforomo ukora mu kwita ku barwayi barembye cyane (palliative care), yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abarwayi icumi no kugerageza kwica abandi 27 mu rwego rwo kwigabanyiriza akazi.
Mu kiganiro kigaruka ku mutekano wo mu muhanda n’uburyo impanuka zagabanuka, kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Mutarama, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Kayigi Emmanuel, yavuze ko hasabwa ubufatanye n’uruhare rwa buri wese, kuko bidashoboka ko impanuka zagabanuka bikozwe na Polisi yonyine.
Umugabo wo mu Butaliyani utatangajwe amazina, akaba umuhungu w’uwitwa Graziella Dall’Oglio, wapfuye mu 2022 ku myaka 82 aravugwaho guhisha urupfu rwa nyina ku bayobozi nk’uko byagombye kugenda, bikaba byaratumye amara imyaka 3 yakira pansiyo ye.
Muri iki gihe, hari byinshi bishyirwa ku mbuga nkoranyambaga,ugasanga bigibwaho impaka, ariko rimwe na rimwe bikaba bishobora no gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga. Ibyo ni byabaye kuri uwo musore w’imyaka 17,utuye mu Mujyi wa Moscou mu Burusiya.
Perezida William Ruto yatangaje ingamba z’igihugu zikomeye zigamije kurwanya ikoreshwa ry’inzoga n’ibiyobyabwenge.
Perezida wa Repubulika ya Gabon, Brice Clotaire Oligui Nguema, yababajwe bikomeye n’ imyitwarire n’umusaruro w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, nyuma y’icyiciro cy’amatsinda cyafashwe nk’ikitajyanye n’ibyifuzo n’intego z’igihugu mu Gikombe cya Afurika cy’Amakipe y’Ibihugu (CAN) 2025. Ibihano byahise bifatwa bidatinze.
Umugabo wo muri Koreya y’Epfo yajyanye umugore we mu nkiko amushinja kumuta ku bushake (malicious abandonment) amuziza kwanga gutanga igice cy’umwijima we kugira ngo arokore ubuzima bwe.
Abadepite bakoze ingendo hirya no hino mu gihugu bareba uko umuryango nyarwanda uhagaze, bagaragaje uko basanze amakimbirane yo mu miryango ari mu byiciro byose by’ubuzima kandi bikajyana n’ingaruka zitandukanye zigera ku bana n’urubyiruko ruyikomokamo.
Mu Buhinde, abaganga batunguwe cyane no kubona umugore utwite inda y’ibyumweru 12 irimo ikurira mu mwijima we (intrahepatic ectopic pregnancy), aho kuba muri nyababyeyi nk’uko bisanzwe.
Mu rwego rw’ibikorwa bitegurwa mu materaniro makuru aba mu kwezi kwa Kanama, ukwezi gusoza umwaka w’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, abizera bagize intara y’ivugabutumwa ya Nyamata babonye ko ibiyobyabwenge byugarije abasenga n’abadasenga, iyo akaba ari yo mpamvu hatanzwe ubutumwa bwo kubirwanya mu rubyiruko.
Umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz, yahishuye uko kwangwa n’umukobwa bakundanaga amuziza ubukene byamuhaye inganzo, ahimba indirimbo ye yise ‘Kamwambie’ yahinduye ubuzima bwe kuko yakunzwe cyane, nubwo uko gutandukana na we byamuteye agahinda.
Urubyiruko rurimo inkumi n’abasore, rwatangaje byinshi rwigiye mu itorero Indangamirwa icyiciro cya 15 harimo n’Ikinyarwanda, aho rumaze iminsi 45 rutozwa ibintu bitandukanye, rikaba ryasojwe uyu munsi ku itariki 14 Kanama 2025, mu Kigo cy’ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Kanama 2025, yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ibikubiye muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu(2024-2029), asobanura byinshi bizakorwa hagamijwe iterambere mu nzego zitandukanye, aho ubuhinzi buziyongera ku kigero cya 50%.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yashimye ibikorwa by’umuganda bikorwa n’abaturage buri wa Gatandatu, bakazinduka bajya gusukura imihanda y’aho batuye.
NCBA Bank Rwanda yaguye serivisi zayo ku rwego rw’Igihugu, ifungura ku mugaragaro ishami rishya mu Karere ka Rubavu, yongera gushimangira umuhate wayo wo gukora ku buryo serivisi za banki zirushaho kuboneka ku buryo bworoshye, budaheza kandi buzana impinduka nziza mu gihugu hose.
Umuhanzi w’icyamamare w’Umutanzaniya, Diamond Platnumz, yatangaje ibyishimo yatewe no guhura na se nyawe abifashijwemo na nyinawabo, nyuma yo kurerwa n’umugabo wa nyina ndetse akamara igihe kinini yarabwiwe ko ari we se.