Perezida Kagame yavuze ko imbuga nkoranyambaga nta kintu ajya azibonaho ngo kimutungure cyane, ahubwo ko azibona nk’uburyo bwiza buha buri wese umwanya wo kugaragaza ibyo atekereza kandi akumvwa.
Mu gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2026-2027 kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yashimye uko mu ngengo y’imari ihame ry’uburinganire ryitabwaho, ariko avuga ko hakirimo ikibazo.
Mukandahiro Agnes yeretse umuryango we ko azaba umuganga ariko babyita iby’abana. Mu mikino ye, yahoraga mu mitekerereze y’ubuvuzi, akandikira abana bagenzi be imiti ku makoma y’insina, kandi akababwira uko bazayinywa mu gitondo, saa sita na nimugoroba, ubundi akabatera inshinge.
Muganga Agnes Mukandahiro amaze imyaka 21 atanga serivise zo gusiramura, kandi yakira abantu bose, abakuru n’abato. Muri iyi myaka amaze, yabonye byinshi, yigiyemo byinshi, ndetse ubu afite ubunararibonye butuma agira abantu inama z’imyitwarire, kugira ngo gusiramura bitababaza kurushaho.
Muganga Agnes Mukandahiro ashishikariza ababyeyi kujya basiramuza abana babo, ariko n’abantu bakuru batabikoresheje, bakabikora kuko bifite akamaro mu buryo butandukanye, harimo kuba bifasha mu isuku y’umuntu no kumurinda ibyago byo kurwara indwara zimwe na zimwe
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)
Muri Mali, impanga z’abana 9 bavukiye rimwe, harimo abahungu 4, Mohammed VI, Elhadji, Oumar na Bah hamwe na bashiki babo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, bafite agahigo ko kuba ari abana benshi bavukiye rimwe, bagakomeza kubaho, bafite ubuzima bwiza, ubu bakaba barimo kwitegura gutangira ishuri.
Umukinnyi Clenia Dusenge uzwi cyane nka Madederi muri filimi zitandukanye zirimo Papa Sava, Inkomoko n’izindi, burya ngo atangira yumvaga bitazagera kure, nyuma aza gutungurwa n’uko ubu aho bigeze, atashobora kurenga metero ebyiri atabonye umuntu umuzi muri filime.
Guverinoma yafunze icyuho cyari mu itegeko rigenga abakozi ba Leta cyatumaga hari zimwe mu nzego za Leta zirenga ku buryo busanzwe bwo kugena imishahara n’inyungu ku bakozi, zigashyiraho imishahara uko zishaka, ibyo bigatuma habaho ubusumbane bukomeye mu mishahara ku bakozi ba Leta bakora akazi kari ku rwego rumwe, bitewe (…)
Mu minsi ishize, mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, narebye amashusho agaragaza neza impamvu zitandukanye zigaragaza politiki yo mu Karere kacu, n’itandukaniro riri hagati y’imvugo za dipolomasi mpuzamahanga n’ubuzima nyakuri bw’abatuye u Rwanda.
Ikiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo ku wa Mbere tariki 27 Mata kizibanda ku buryo amakuru ajyanye n’ikorenabuhanga aboneka, afasha Guverinoma mu gufata ibyemezo bijyanye na politiki z’uburezi ku nzego zitandukanye.
Ukwezi kwa buki (lune de miel/honeymoon), ubundi ni ikintu gifite amateka maremare cyane, ariko uko kwagendaga n’ibyajyanaga nako, aho kwaturutse, byagiye bihinduka biva mu muco, bigera mu kwizihiza ubuzima bushya bw’abashakanye, n’ibindi byinshi.
Kwita ku mwana si ibintu byoroshye cyangwa byo gukinisha. Bisaba kwihangana cyane no kugira umutima uhamye mu kwita ku mwana ukivuka. Hari igihe ibikorwa byoroshye by’urukundo cyangwa imyitwarire isa n’itagira ingaruka bishobora gushyira ubuzima bw’umwana mu kaga.
Isoko ry’agakingirizo ririmo guhura n’ingaruka zikomeye z’izamuka rikabije ry’ibiciro bya peteroli.
U Rwanda rufite impano y’amabuye y’agaciro mu nguni zose z’igihugu, Muhanga ikaba kamwe mu turere dukungahaye kuri ubu butunzi buyoboye izindi nzego mu kwinjiriza igihugu amadovize.
Ku Mayaga ya Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango, barategura gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abenshi mu bishwe muri iyo Komini ya Ntongwe, bapfuye mu cyiswe imperuka ya Nyamukumba.
Muri Leta ya Louisiane ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umugabo witwaje imbunda yishe abana umunani, barimo barindwi be bwite, anarasa abandi bantu babiri mbere y’uko nawe araswa n’abapolisi agapfa.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Gasabo Mudaheranwa Regis yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ndera mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko hibukwa abiciwe mu kigo cya CARAES, maze ababwira amwe mu mateka yaranze ubutegetsi bwa Habyarimana Juvenal wabaye uwa mbere (…)
Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko ibiciro ku ngendo bitazazamuka ku batega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, nubwo ibiciro bya lisansi byiyongereye.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga, abatuye I Karambi mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, bihagazeho barwanya Interahamwe.
Ministiri w’intebe Justin Nsengiyumva yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ngororero, mu Karere ka Ngororero, mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Brig. General (Rtd) El Hadji Babacar Faye, Umusirikare w’Umunya-Senegal wari mu Rwanda mu butumwa bwa UN yemeza ko ibimenyetso by’uko hari Jenoside itegurwa babibonye mu 1993 aho bari baroherejwe gukorera hatandukanye, ariko batanga ubutumwa bw’impuruz muri UN ntibumvwe nk’uko na Jenerali Romeo Dallaire nawe wari mu butumwa (…)
Musenyeri Dr Laurent Mbanda, uyobora Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), yagarutse ku bantu batandukanye muri iki gihe usanga bizihiza umunsi wa Pasika kandi batari Abakirisitu, batanamwemera, bizihiza Pasika kuko ari umunsi mukuru gusa, mbese bakayizihiza mu ‘kigare’, agaragaza ko ibyo bidakwiye, ariko ngo hari (…)
U Burundi buherutse guhura n’ibyago. Mu Mujyi wa Bujumbura, ku wa 31 Werurwe, Ikigo cya gisirikare cya "Base" muri zone ya Musaga, cyafashwe n’inkongi, intwaro zose zirashya ziratokombera.
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Mata, Ambasaderi GAO Wenqi ari kumwe n’abakozi bose ba Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, bagiye kunamira no guha icyubahiro Abashinwa bashyinguye mu irimbi riherereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.
CP Theos Badege yagizwe Komiseri mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, ari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, yasubije ibibazo bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi byari byagejejwe kuri Minisitiri w’Intebe. Muri ibyo bibazo harimo n’ikijyanye n’ubuziranenge bw’ibiryo by’amatungo, aho yagaragaje ko imwe mu ngamba zafashwe zo (…)
Itegeko ryo muri Senegal riteganya gukuba kabiri ibihano by’igifungo ku byaha bijyanye no kuryamana ku bantu bahuje ibitsina ryashyizweho umukono na Perezida Bassirou Diomaye Faye, rikaba ryatangajwe mu Igazeti ya Leta ku wa Kabiri, tariki ya 31 Werurwe 2026.
Mu kiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo ku wa Mbere tariki 30 Werurwe 2026, kuri KT Radio cyagarutse ku buryo bwo kongera imbaraga mu ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro binyuze mu kwagura murandasi (Internet) n’ibikorwaremezo, ku buryo byafasha kugira amahirwe angana ku myigire (…)