Polisi kuri uyu mugoroba yavuze ko yafashe umugabo wagaragaye muri videwo amenagura ibirahure by’imodoka imwe ku yindi, azisanze muri parkingi mu Mujyi wa Kigali.
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yabwiye Abakristu ko Noheli isanze Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifite ibibazo byinshi.
Abakristo Ku isi yose, abemera Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza w’ubugingo bwabo ku isi hose bazindukiye mu masengesho, amateraniro yo kwizihiza Noheli.
Kuva uku kwezi kwatangira, abanyarwanda batuye I Rwanda cyangwa I Mahanga, abanyamahanga batuye I Rwanda n’ahandi hose ku isi, bahinduye imitako, bahindura imyambaro, ababishoboye batera n’amarangi mashya.
Imirimo yo kubaka amazu azatuzwamo imiryango yagizweho ingaruka n’imirimo yo kubaka Urugomera rw’Amashanyarazi rwa Rusumo iri kugana ku musozo. Biteganyijwe ko iyi miryango izahabwa aya mazu mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.
Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko kuba yitoza guhosha imyigaragambyo atari uko itegereje ko abantu bagiye kwigaragambya mu gihe runaka kizwi.
Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD) yashyizeho umuhanga mu by’ubukungu, Stella Rusine Nteziryayo, nk’Umuyobozi Mukuru mushya wayo (CEO), nk’uko KT Press yabyimenye. Iyi myanya izatangira gukurikizwa nyuma yo kwemezwa n’inzego zibishinzwe.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga yabwiye abasirikare barangije amahugurwa y’amezi ane y’imyitozo idasanzwe, ko ubu bagiye mu rwego rw’abarwanyi badasanzwe.
Polisi y’u Rwanda yakomereje mu karere ka Kayonza, intara y’Uburasirazuba ubukangurambaga bwiswe ’Turindane tugereyo amahoro’.
Umunyamabanga mukuru mushya w’umuryango FPR Inkotanyi Amb. Bazivamo Christophe yatangiye imirimo kuri uyu wa 22 Ukuboza.
Abapolisi bato 1905 bashoje amasomo abinjiza mu giporisi, aho mu myitozo inogeye ijisho bagaragaje mu birori byerekana ibyo bize, harimo guhosha imyigaragambyo.
Abaturage b’i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo baramukiye mum myigaragambyo basaba ko Amerika ireka kwivanga mu bibazo bya RDC.
Raporo irebana n’imibare ijyanye n’ubuzima mu Rwanda, Demographic and Health Survey ya karindwi, iherutse kugaragaza neza urugendo u Rwanda rufite mu kurandura ikibazo cy’igwingira mu bana,
Perezida Kagame yashimiye inzego zimufasha mu buyobozi bw’igihugu, avuga ko n’ubwo hari igihe abona cyane ibibi byononera igihugu, aho u Rwanda rugeze ari heza, kandi abayobozi babigiramo uruhare muri byinshi byiza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanenze abayobozi bareba ibibazo by’abaturage ntibabyiteho, ndetse n’abahumwa amaso n’ibyo bakorerwa kubera inzego barimo, bigatuma batamenya ibibazo bakagombye gukemura.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abanyamuryango ba RPF Inkotanyi ko bidakwiye ko abantu barangara, bikageza aho urubyiruko rugomba guhaguruka rukagira icyo rusaba.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ayoboye inama y’Umuryango RPF Inkotanyi, ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yatangaje ko yabonye ubusabe bwo kuba yakorera igitaramo muri stade Amahoro, akabyakira neza, akaba agitegereje ko hari ibishyirwa mu buryo kugira ngo bibe byamukundira.
Umuvugizi wa Gisirikare wa AFC/M23 Col. Willy Ngoma yavuze ko umutwe wabo uri kuva mu mujyi wa Uvira baherutse gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’amahoro.
Inama y’Abaminisitiri yateranye uyu munsi yashyizeho inama y’Ubutegetsi ya WASAC Group Ltd, ya mbere kuva 2023 ubwo iki kigo gishinzwe iby’Amazi Isuku n’Isukura mu Rwanda cyahabwaga iri zina n’inshingano nka Wasac Group.
Hashize icyumweru U Burundi bufite umuturanyi mushya ku mupaka ubahuza n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo I Buvira, ndetse na Bujumbura rurale.
Kuva ku nkuru mpuzamahanga ivuga ko umuntu wa cumi yakize SIDA ku buryo bwa burundu bikemezwa n’abaganga, kugera ku nkuru z’amasezerano y’imikoranire n’abafatanyabikorwa ndetse n’ibihembo ku bashoramari icumi bo muri Afurika, iki cyumweru kirimo amatariki y’urwibutso ku Rwanda muri rusange, ku bigo no ku bantu ku giti cyabo.
Ibihumbi by’abanyarwanda n’abashyitsi biganjemo ba rwiyemezamirimo bakoraniye I Kigali muri Convention Centre aho baje kumva abahize abandi mu mishinga y’ishoramari yitezweho guhindura Afurika.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga y’Ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyananiwe gukora ibisabwa kugira ngo gishyire mu bikorwa amasezerano cyasinyanye n’u Rwanda ku ruhande rumwe, ndetse na AF/M23 ku rundi ruhande, bikaba bituma amahoro akomeje (…)
Akarere ka Nyamagabe, ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, ahaturuka inzuzi zivoma ku isoko ya Nili, ahahoze hafatwa nk’ahantu hatazwi hakomeje kwinjira muri politiki y’igihugu y’iterambere igamije gufata neza ubutaka no kububyaza umusaruro.
Hari ibihugu n’abayobozi ngo baba baratekereje ko u Rwanda rutahaye agaciro inzira y’ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC yari yaratangijwe na Afurika, ariko Perezida Paul Kagame avuga ko ibyo babitewe no kutamenya amakuru.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa yavuze ko ibirarane byo mu nkiko bidaterwa n’abacamanza, abashinjacyaha cyangwa n’abavoka gusa, ariko n’ababuranyi ubwabo akenshi usanga batinza urubanza, cyangwa bakaburana urwa ndanze.
Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe igorora, Evariste Murenzi, yavuze ko uyu munsi bafite mu magororero yose yo mu gihugu abanyamahanga magana atanu bakoze ibyaha bitandukanye.
Perezida w’urukiko rw’ikirenga Domitila Mukantaganzwa yavuze ko ubuhuza hagati y’abafitanye amakimbirane buri gutanga umusaruro mwiza kuva mu myaka itatu ishize aho Leta ishyizeho politiki nshya igenderwaho.
Mu mpera z’iki cyumweru gishize, Kiliziya Gatolika mu Rwanda, yagize ibirori byo gusoza Yubile y’imyaka 125 imaze igeze mu Rwanda.