Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye afite impamyabumenyi mu mibare, ibinyabuzima n’ubutabire (MBC), Daniel Niyogushimwa yashatse akazi mu karere ka Nyamasheke mu Burengerazuba bw’u Rwanda ariko arakabura.
Urubuga ruzwi cyane mu gukora ibyegeranyo by’Ubukerarugendo rwitwa Fodors, mu 2013 rwashyize ahagaragara impamvu cumi n’ebyiri zatuma umuntu asura u Rwanda. Ariko kuva muri iriya myaka kugeza uyu munsi, U Rwanda rwakomeje gutsinda buri mwaka mu imurikagurisha rinini ku isi ry’ubukerarugendo rya ITB Berlin.
Urwego rw’abikorera rwafashe inshingano zo gukora ibishoboka byose kugira ngo amabuye y’agaciro y’u Rwanda yoherezwe hanze amaze gutunganywa, hagamijwe kongera inyungu ndetse no kongera ububiko bw’amadevize y’amahanga.
Umuyobozi w’Ikinyamakuru gikomeye ku isi Jeune Afrique ari nacyo gitegura Afurika CEO Forum yavuze ko imyitwarire ya Afurika, aho buri wese yumva ko yagira Kampani ye y’ubucuruzi n’ishoramari, ari ibitekerezo bishaje kuko ntaho bigeza umushoramari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza gutinya abibwira ko bafite ubushobozi bwo kuyobora isi n’ijuru, ahubwo babahe igihe.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yanenze umurongo Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafashe wo gufatira u Rwanda ibihano kubera ibirego bishingiye ku ntambara iri mu Burasirazuba bwa Congo.
Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari, bavuze ko byinshi mu byihutirwa byitaweho, ndetse n’ingengo y’imari ikenewe kubishyira mu bikorwa mu mwaka utaha, birimo birashakirwa amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.
Abayobozi batandukanye bitabye Karame mu butumire bwa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, warahiriye kuyobora Uganda mu myaka itanu iri imbere.
Umuhango wo kurahira kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi, Perezida Yoweli Kaguta Museveni yaje atari kumwe n’umugore we Janet Kataha Museveni.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irategura Ingengo y’imari ingana na Miliyari 7,796.3 Frw y’Umwaka wa 2026-2027 nk’uko byagaragajwe mu mbanzirizamushinga w’Ingengo y’imari izatangazwa muri Kamena uyu mwaka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasoze uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yagiriye muri Botswana.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatashye ku mugaragaro Heza Estate, umushinga munini w’imiturire uherereye i Batsinda, mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwatesheje agaciro icyemezo cyo kudakurikirana kwa Agathe Habyarimana, umugore w’uwahoze ari Umukuru w’Igihugu Juvenal Habyarimana, wayoboye Leta yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Dore imbonerahamwe yerekana gusesagura umutungo wa Leta mu Rwanda, nk’uko bigaragazwa na Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye kuwa 30 Kamena 2025.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje amasezerano 8 afite agaciro ka Miliyari 133.9 Frw atararangiza igihe yateganyirijwe, ariko imirimo yayo ikaba igenda nabi cyane.
Senateri Evode Uwizeyimana, yavuze ko uretse muri Afurika, umuntu wubatse inzu yakoreragamo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, nta handi yakongera kwemererwa kubaka.
Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta, yagaragaje ko mu myaka itanu ishize, ibigo byagenzuwe bigenda byiyongera mu gutunganya neza ibitabo by’ibaruramari, no gukoresha neza umutungo wa Leta.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta iragaragaza ko mu mishinga ya Leta yagenzuwe, imishinga itandatu yabonye amafaranga y’abaterankunga, ndetse ikaba yaragombaga gutangira, nyamara ikererwa amezi agera kuri 31, cyangwa se hafi imyaka itatu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva kuri iki Cyumweru yitabiriye umuhango wayobowe na Perezida wa Gabon wo gutaha ku mugaragaro ingoro y’Inama ya Libreville.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Repubulika ya Tanzaniya, umuturanyi wo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugiye gutegura uburyo bwo gushimira ku mugaragaro abaturage ba Tanzaniya bakoze ibikorwa by’ubumuntu no gutabara Abanyarwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Iwabo mu Karere ka Huye, babyirutse banywa kawa, ariko yari ayizi mu izina rusange, kugeza ubwo yagiye muri Kaminuza akiga siyanze y’ibijyanye n’ibiryo – food Science, maze yagera mu kwimenyereza umwuga iki gihingwa ngengabukungu kiyoboye ibyoherezwa hanze atangira kugikunda bikomeye.
Abiyise ’Abatowe’ bafite amatwara ashamikiye kuri Kiliziya Gatolika bongeye kwaduka, bavuga ko bafite ubutumwa bwo kubwira abantu ko hari ubukwe bugiye kuba bwa Ntama w’Imana, bujyanye no kubwira abantu kwihana, akazi ngo Kiliziya itari gukora.
Business ndi gukoraho ni ijyanye n’uburyo bw’imyishyuranire bw’ikoranabuhanga (blockchain) ndetse n’ibijyanye no guha agaciro igicuruzwa cyangwa imitungo, ikagurishwa ihagarariwe n’ikimenyetso gifatika(tokenization).
Ubushomeri buracyahagaze kuri 14 ku ijana mu rubyiruko rw’u Rwanda, ariko Clenia Dusenge uzwi nka Madederi mu izina ry’ubuhanzi, yaburwanyije akigera mu mwaka wa kane w’ayisumbuye, arabutsinda.
Ku cyumweru, iya 19 Mata, Ruzindana Janvier umunyamakuru wa KT Radio, yibereye iwe aruhuka, yakiriye ubutumwa bugufi bw’umuyobozi we wamubwiraga ati “witegure, hari gahunda yo kwimurira ibiganiro i Muhanga, tukazamarayo iminsi ibiri tuganira n’abakunzi bacu, abayobozi, abacuruzi, abatuye n’abagenda muri kariya karere kari mu (…)
Yari afite imyaka 13 mu 1994, imyaka umwana aba afite inzozi nyinshi kandi akeneye cyane ubuyobozi bw’ababyeyi, ariko Samuel Dusengiyumva yahise ashyingura izo nzozi hakiri kare cyane mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda batuye i Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo ya Congo, bamaze iminsi bazamura ijwi ryabo, aho bari hose, basaba ko hagira umuntu ubumva, akabatabara, ntibakomeze kwicwa na Leta yabo.
Kuri uyu wa kabiri, ndetse no ku wa Gatatu, KT Radiyo iravugira i Muhanga, gahunda igamije kwegera abakunzi bayo izakomereza no mu bindi bice by’Igihugu.
Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Company Plc kigiye kubarura abanyamigabane bacyo barenga ibihumbi 13, kugira ngo cyubahirize amategeko n’amabwiriza ya Banki Nkuru y’Igihugu, kandi kigire imyirondoro n’amakuru yuzuye kandi aha uburenganzira busesuye abanyamigabane bose.