Kuri iki cyumweru, u Rwanda rwitabiriye inama y’umuryango w’abibumbye ishinzwe amahoro ku isi idasanzwe ku mutekano mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho rwasobanuye imvo n’imvano y’ibibazo iki gihugu kikururiye, bikaba bigenda bifata indi ntera.
Goma iramutse ari umuntu yavuga iti: “mbaye uwande?” kuva iki cyumweru cyatangira uyu mujyi uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urasumbirijwe.
Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yarahiriye mu nzu y’inteko Ishinga Amategeko kubera ubukonje bukomeye i Washington DC.
Umujyi wa Kigali watangiye kugerageza gahunda yo guhagurukira ku gihe ku modoka zitwara abagenzi, ku buryo umugenzi atazajya ategereza ngo arambirwe. Gahunda yatangiye kuwa 16 Mutarama ikazageza ku wa 29 Mutarama uyu mwaka.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yavuze ko yahagaritse gahunda yo kwitabira inama yagombaga kumuhuza na mugenzi we wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’umuhuza i Luanda muri Angola, kuko yabonaga harimo imyifatire iciriritse ku bayobozi ba Kongo.
Abanyamakuru basanzwe batara inkuru z’Urugwiro, bagenzi babo babafatira amajwi n’amashusho, abandika n’abakorera YouTube, ndetse n’abakurikirwa na benshi ku mbuga nkoranyambaga bari mu myiteguro y’ikiganiro kidasanzwe, kibonekamo ibisubizo Abanyarwanda baba bategereje.
Uwashidikanya urukundo rw’abanyarwanda ku bari mu kaga, abatagira kivurira ndetse na kirengera, yajya mu bitaro, akabanza akabaza amasaha akwiye yaboneraho amakuru mpamo.
Telefoni zacu zigendanwa zuzuyemo amagambo atatu twabwiwe n’abo twiriranwa, abatuyobora n’abo tuyobora, abo duherukana ndetse n’abo tutari tugifitiye numero, tubona tukikanga rimwe na rimwe tukabanza kuvuga ngo “eeh! Unyibutse ute?”
Mu mpera z’umwaka, abantu bagambirira gutangira umwaka mushya ari bashya; bamwe bagambirira kureka itabi, abandi kureka inzoga. Bamwe bagambirira kugaruka mu nzu y’Imana, abandi kureka ingeso yabananiye...byose babiterwa n’ingaruka cyangwa igihombo bakuyemo.
Wa munsi Abakirisitu bategereza amezi cumi n’abiri wageze. Ni umunsi umaze imyaka 2024 wizihizwa, Noheli ibibutsa ivuka rya Yesu, umwami, umukiza n’umucunguzi.
Ijambo “amafaranga yarabuze” ryaremwe kera kuko nararisanze, ariko n’abanduta mfite ibimenyetso ko na bo mu gihe cyabo barikoreshaga, ku buryo kumenya igihe iki kibazo cyatangiriye bishobora kugorana.
Leta y’u Rwanda yavuze ko ibiganiro byagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse na João Lourenço wa Angola ku mutekano wa Kongo, byasibijwe n’ikibazo Kongo itaravana mu nzira.
Ibiganiro byari bitegerejwe hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi n’umuhuza João Lourenço wa Angola ku mutekano muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo byasubitswe ku munota wa nyuma.
Abanyarwanda basaga miliyoni icyenda kuri uyu wa mbere tariki 15 Nyakanga 2024, babyukiye mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite bazayobora Igihugu mu iterambere cyimirije imbere rya 2030.
Muri gahunda y’igihembwe cy’umuryango aho bagaruka ku bibazo abawugize bahura nabyo, itorero ry’ivugabutumwa n’isanamitima mu Rwanda/ Evangelical Restoration Church-ERC Gikondo, ryashyize imbaraga zihariye mu rubyiruko, kubera ibihe bikomeye rurimo kunyuramo.