Iki cyumweru dushoje, abaturage ba Guineya bari mu birori byo kwakira indahiro Perezida w’Igihugu cyabo yagiriye imbere y’imbaga y’abaturage, akabasezeranya uburenganzira n’uburinganire busesuye, hamwe n’ubukungu butajegajega.
Amatora ya Uganda yarangiye, Yoweli Kaguta Museveni yegukana intsinzi, kandi inkuru z’imigendekere y’amatora nazo zirakomeje.
Kuva umwari Mariya yasama inda ku bwa Mwuka Wera, akabyara Umwana akamwita Yezu/Yesu, izina ryatanzwe na Malayika Gaburiheli, nk’uko Bibiriya ibivuga, ibintu byarahindutse.
Umutwe wa AFC/M23 wasohotse burundu mu mujyi wa Uvira nk’uko wari wabiteguje, mu rugendo rwo kwerekana ubushake bwo kugarura amahoro mu karere k’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kubahiriza amasezerano y’agahenge.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM), ari we watorewe kongera kuyobora igihugu mu yindi manda y’imyaka itanu, bityo akazageza mu 2031 akiri ku butegetsi.
Muri weekend ishize, habaye byinshi byo kwishimira; hari imyidagaduro yazanywe na IshowSpeed ukunzwe n’abatari bacye muri iyi si ya Rurema, kuko nasanze n’abana bato bamuzi kundusha. Ariko hari n’ibindi byinshi byabaye ku bakunda kwidagadura.
Sena yateguye igikorwa cyo gusura abaturage mu gihugu hose, hagamijwe kureba ibikorwa mu guteza imbere ubworozi. Iki gikorwa giteganyijwe ku itariki ya 20 kugera ku kuya 28 Mutarama 2026.
Umutwe wa AFC/M23 washyize Umujyi wa Uvira wo muri Kivu y’Amajyepfo mu maboko y’umuryango w’Abibumbye kugira ngo urinde abaturage bivugwa ko bageramiwe n’ubwicanyi bw’ingabo za Congo n’ababashyigikiye barimo Abarundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR na Wazalendo.
Kuri uyu wa 15 Mutarama, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putine yakiriye impapuro yashyikirijwe na Maj. Gen. Joseph Nzabamwita zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu Burusiya.
Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe ububanyi n’amahanga (State Department) rwatangaje ko ruhagaritse by’agateganyo gutanga viza z’abimukira ku baturage b’ibihugu 75, hagamijwe gukumira abasaba viza bashobora gufatwa nk’abazaba umutwaro ku nkunga za Leta (public charge).
U Rwanda rwatanze Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya w’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, OIF-Francophonie.
Nyampinga w’Ubufaransa wa 2000 Sonia Rolland yabwiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ikwiye kureka amagambo y’ibinyoma, ahubwo igaharanira gushaka uko yakwihuza n’u Rwanda kuko byayiha imbaraga no gukomera kuko u Rwanda ari ishuri ryiza.
Kuri uyu wa 7 Mutarama, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Canoth Manishimwe yahuye n’abayobozi bakuru ba Rwanda Energy Group(REG) baganira ku bikorwa bya buri munsi no ku buryo serivisi z’ingufu zarushaho gutangwa neza.
Abaturage b’u Burundi basaba visa yo gusura Leta Zunze Ubumwe za Amerika (U.S. visitor visa) bagiye kujya basabwa kwishyura ingwate ya visa (visa bond), nk’ingamba nshya zatangijwe na guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigamije kugabanya abantu barenza igihe bemerewe kuguma muri Amerika.
Urwego rw’Igihugu rw"iterambere (RDB) rwagabanyije ibiciro byo gusura ingagi mu gihe cy’umwaka wose wa 2026.
U Burundi bwihariye amapaji y’ibinyamakuru muri aka karere mu mpera z’iki cyumweru, bukaba bwaje buzanye amakuru agaragaza urugero rwa diplomasi abayobozi baho bagezeho.
Mu Rwanda, abatunze amazu yabo baragenda bigabanuka, nyamara mu myaka myinshi ishize, gutunga inzu byabaye kimwe mu bimenyetso bigaragara by’umutekano n’ituze ry’igihe kirekire ku miryango.
Impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda ziri mu nkambi ya Mugombwa, Nyabiheke na Kiziba mu Rwanda, uyu munsi zazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ivangura Leta ya Congo ikomeje gukorera Abaturage babo bo mu bwoko bw’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda/
’Twebwe nta byishimo dufite nk’abandi bari kwishimira gutangira umwaka mushya, kuko twimwe uburenganzira ku gihugu cyacu, tubaye mu kababaro k’ubuhunzi’
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko uyu mwaka izina ry’u Rwanda ryogeye hose kubera ibikorwa by’indashyikirwa rwagezeho n’ibirori cyangwa inama zikomeye rwateguye.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rw’u Rwanda ko ari cyo gishoro gikomeye igihugu gifite, rukaba rukwiye kwitegura icyasabwa cyose ngo rusigasire ibyagezweho, n’iyo byasaba kwitanga.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bazimaniye abanyarwanda mu birori byo gusoza umwaka wa 2025
Ku mugoroba w’iya 9 Ukuboza, Perezida Kagame yakiriye abatari bacye mu gitaramo cyo gusoza umwaka kuri Kigali Convention Centre, ariko abibutsa ko utwara yanyoye Polisi nawe itamwihanganira.
Umuvugizi w’Umutwe AFC/M23 Lawrence Kanyuka yagaragaje ko ikiganiro Televiziyo ya Leta ya Congo yanyujijeho imbonankubone kuri iki cyumweru ubwo yakiraga umuvugizi w’Igisirikare cya Congo FARDC Gen. Sylvain Ekenge kigaragaza ko iri tangazamakuru rya Leta ntaho ritaniye n’iryashishikarije abahutu urwango ku batutsi, kugeza (…)
Abanyarwanda n’abakunda amahoro bakomeje kwamagana amagambo y’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeye yagaragajwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Leta ya Congo, Jenerali Sylvain Ekenge.
Umushinga nyarwanda w’amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera- biodiesel- umaze imyaka ikabakaba icumi uhagaritswe kuko wananiranye wongeye kugaruka mu itangazamakuru.
Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali.
Noheli n’iminsi mikuru y’impera z’umwaka, ni igihe kizwiho ubucuruzi bukomeye, aho imiryango, inshuti n’abavandimwe baba bashaka kwishimana, basangira, haba amafunguro ndetse n’impano.