Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 Corneille Naanga yaburiye ubutegetsi bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) ko nibongera kubatera mu birindiro byabo bazirwanaho, kugeza batsiratsije ibibabangamira bahereye aho bituruka.
U Rwanda rwemeje ko rwakiriye abimukira barindwi baturutse muri Amerika nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi yo kokereza abimukira mu Rwanda.
Umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Congo, M23 wabwiye abanyamakuru ko ibirego bidafite ishingiro byo kwica abaturage b’abahutu nta kindi bigamije uretse gushimangira umugambi wa Leta ya Congo n’inshuti zayo wo gutangiza Jenoside ku buryo bweruye.
Umutwe wa AFC/M23 uhanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) washinje umuryango uvuga ko uharanira uburenganzira bwa Muntu(HRW) ndetse n’ishami ry’Umuryango w’abibyumbye ryita ku burenganzita bwa muntu gukorera mu kwaha kwa Leta ya Kinshasa, ugatangaza raporo z’ibinyoma.
Umugabo yahuye na mugenzi we baherukanaga mu myaka nka cumi n’itanu, maze baribwirana, nuko umwe abwira mugenzi we ati “erega twariganye hariya mu Bigugu”! Undi na we rero amwishongoraho cyane ati “ese burya wagira ngo kwari ukwiga? Ahubwo burya jye nyuma naje kujya kwiga."
Naritegereje, nsanga umunyamakuru bisobanuye umuntu uteka ibyo kurya yagennye, atabajije abo agaburira ibyo bakeneye, ahubwo we akabaha mbere na mbere ibyo akunda kurya, ariko akabigabura ababwira ngo "tuba twabahitiyemo ibyo kurya mukunda!" Bya he! Ko ahubwo yakagombye kuvuga ati "tuba twabahitiyemo ibyo kurya (…)
"Nyaruguru ifite ubutunzi bukomeye mu bukerarugendo, ndetse n’ahantu nyaburanga hakenewe gutezwa imbere. Hari kandi ubukire bukomeye buhishe mu buhinzi bworozi muri aka karere."
Mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize bari abasirikare mu mapeti atandukanye, boherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Rwanda, Jenoside yakorewe Abatutsi itangira bareba, babura imbaraga zo kuyihagarika kubera ubushobozi bucye mu bikoresho, dore ko bagenzi babo b’i Burayi banageze aho bakabatererana, cyangwa (…)
U Rwanda rwamaze gutunganya igishushanyo mbonera cy’Akarere ka Rubavu, kagomba guhinduka igicumbi cy’ubukerarugendo bushingiye ku mazi no ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, ku buryo umwaka wa 2050 uzasiga Uburengerazuba bw’u Rwanda ari ahantu nyaburanga abasura igihugu badashobora gusiga inyuma.
Hari amategeko n’amabwiriza u Rwanda rushyiraho, ugasanga akuruye impaka nyinshi, hagati y’abayemera n’abatayemera batekereza ko hari abo aje kubuza umugati.
Mu myaka mirongo itatu n’umwe ishize, u Rwanda rwariyubatse rwateye intambwe ishimishije mu ikoranabuhanga, ku buryo iminsi mikuru imwe n’imwe isigaye yizihirizwa ku mbuga nkoranyambaga kandi abantu bakaryoherwa, bakumva baguwe neza.
Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ry’i Rusizi uherutse kwandikira ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri b’abahungu (Animateur) ndetse akamusaba kwigurira icupa kuko aberewe n’umugayo, yasabye imbabazi. Ni nyuma y’uko benshi batashimishijwe n’imvugo yakoresheje muri iyo baruwa.
Umukozi wa Banki y’Inkuru y’u Rwanda, yasobanuye ko mu mpamvu zishobora gutuma ibigo by’imari byihuza, harimo gushaka kongera imbaraga ku isoko ry’imari, kugira ngo bashobore guhaza abakiriya, kandi bitabavunnye.
Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko mu kwemera amadosiye y’Ibigo by’Imari bigiye gutangira, ubunararibonye ku muyobozi w’ikigo gishya ari ingingo yitabwaho cyane, kuko bitabaye ibyo kwaba ari ugushyira mu kaga umutungo w’abakiriya.
Bavandimwe, ko iyo umuntu azi ko amashuri yegereje atangira kureba aho yakura ubushobozi kugira ngo igihe nikigera azabone icyo abwira Diregiteri, ko iyo umuntu afite ubukwe mu mezi atatu, ane ari imbere atangira agatumira, agakoresha inama z’ubukwe kugira ngo arebe uburyo ibirori bizagenda neza..., ko iyo imvura imanutse (…)
Uyu munsi, u Rwanda rwabonye icyanya gishya, cyangwa inyubako izatuma abakunda siporo, cyane cyane Basketball bayikina, bayifana cyangwa se bayireba bakikijwe n’ikirere cyiza, kirimo iby’ibanze umuntu wagambiriye gusohoka yabona, ahantu umukunzi wa siporo yajyana n’inshuti ye, cyangwa n’umuryango, buri wese akahabona (…)
Nyakubahwa Minisitiri, nako izina ni irikujije, Nyakubahwa Munyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ushinzwe ibikorwa remezo, duherukana ugenzura niba bimeze neza muri gare zihuriramo benshi mu mujyi wa Kigali.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko impamvu yibanda ku bato mu gutanga inshingano mu mirimo inyuranye, ari uko bafite ubumenyi, kandi bakaba bashobora gukosora iby’abakuru bababanjirije batashoboye kugeraho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahije Guverinoma nshya igizwe na Minisiteri makumyabiri n’imwe, hamwe na Minisiteri y’intebe, aho yabwiye abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta n’abayobozi bakuru bahawe inshingano ko bagomba gukora batizigamye, abasimbujwe nabo bakamenya ko akazi kandi kabategereje imbere.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) n’u Rwanda bagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka, mu mahoro, kandi ku buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Abanyarwanda baciye umugani ngo ‘mu nda ni kure’, ndetse barongera bati ‘nta muzindutsi wa kare wigeze ashobora gutaha ku mutima, abandi nabo bise umwana wabo “Hishamunda”.
Muri iki gihe cy’imbuga nkoranyambaga, umubare w’abanyamakuru mu Rwanda wariyongereye cyane, uva ku banyamwuga magana, ugera ku batangazamakuru bisanzuye kandi baduha inkuru batazuyaje, bakabakaba Miliyoni icumi.
Inama ya Afurika na Madagascar y’Abasenyeri ba Kiriziya Gatolika SECAM yo mu mwaka wa 2022 yateraniye muri Ghana, yasanze uyu mugabane dutuye n’u Rwanda by’umwihariko turi kurwana n’ibikomere ndetse n’ibisare COVID-19 yaduteye, ikagenda itwaye inshuti n’abavandimwe kuri bamwe, abandi igatwara akazi, ubucuruzi n’ibindi byari (…)
Kuri uyu wa 13 Nyakanga hamenyekanye inkuru y’umushoferi w’Umunyarwanda wafatiwe I Mombasa, aho abapolisi b’igihugu cya Kenya bavugaga ko atwaye ikamyo ifite amapine ashaje, bityo bamwishyuza Amashiringi ya Kenya ibihumbi icumi(100,000 Frw), banamushyiramo amapingu bamuteguza umunyururu.
Mu myaka 31 ishize, imvugo igira iti ‘u Rwanda ruraryoshye’ yari kumvikana nabi mu matwi y’Abanyapolitiki batangiranye n’iki gihugu.
Urugamba rwo kubohora u Rwanda rwabaye intangiriro y’ibihe, naho ikurwaho rya Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi naryo ritangiza ubuzima bushya butari bufite ireme.
Ku wa 20 Kamena, abakozi b’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubutwererane cya Koreya (KOICA) mu Rwanda bakurikiye ubuhamya bw’Abakorerabushake n’ibigo bakoreramo mu guteza imbere imibereho myiza y’abanyarwanda mu nzego zinyuranye zirimo uburezi, ubuzima ndetse n’iterambere ry’ikoranabuhanga n’urubyiruko.
Gahunda ya ’tunywe gacye’ iracyahari, ndetse n’imisoro ku byotsi n’inzoga iherutse kongerwa, byose bigamije gushakira abanyarwanda ubuzima bwiza, ariko abasanzwe banywa ibinyobwa bisindisha baravuga ko inzoga zizakomeza kunyobwa nk’ibisanzwe, dore ko ubu noneho utubari turushaho kubasanga mu muharuro wabo.
Hari amatsinda ya WhatsApp menshi mbarizwamo y’abo twiganye, twaturanye, twasenganye, cyangwa twagendanye hano na hariya, ibyo ni ibisanzwe.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yabeshyuje amakuru amaze iminsi avugwa ko Leta yaba igiye kongera amafaranga y’ishuri mu mashuri ya Leta, ndetse no kongera uruhare rw’ababyeyi mu ifunguro ry’umwana ryo ku ishuri(Schoolfeeding).