Gen Brice Clotaire Oligui Nguema, Perezida wa Gabon, yageze i Kigali aho aje kwitabira inama ihuza abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari n’abanyapolitike baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi, izwi nka Africa CEO Forum.
Mohamed Ould Ghazouani, Perezida wa Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026.
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu yageze i Kigali mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya Africa CEO Forum ihuza abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abayobozi b’ibigo bitandukanye, abashoramari baturutse muri Afurika ndetse no hirya no hino ku Isi.
Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, kuri uyu wa Gatatu yageze mu Mujyi wa Kigali, mu ruzinduko rw’akazi rugamije gukomeza gutsura umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Guinea Conakry, Mamadi Doumbouya, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yageze mu Rwanda aho aje kwitabira inama ya Africa CEO Forum iteganyijwe kubera i Kigali ku wa 14 kugeza ku wa 15 Gicurasi 2026.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi (International Fund for Agricultural Development – IFAD), Álvaro Lario.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika imaze igihe yizezwa ibitangaza igahabwa amasezerano menshi n’amahanga ariko akenshi ntashyirwe mu bikorwa ngo agire icyo afasha abaturage ku buryo bufatika.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma mu musangiro wateguwe na Perezida wa William Ruto wa Kenya afatanyije na Madamu Rachel Ruto. Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.
U Rwanda rwitabiriye imyitozo y’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026. Ni imyitozo ibera mu Ishuri ry’Amahugurwa yo kubungabunga amahoro riherereye Embakasi i Nairobi mu gihugu cya Kenya.
Umujyi wa Kigali wahawe igihembo cyiswe “UCI Bike City Label Award” waherewe mu nama ya UCI Mobility & Bike City Forum yabereye i Athens mu Bugereki.
Minisitiri ushinzwe Abakozi ba Leta n’Umurimo, Hon. Christine Nkulikiyinka, yashyikirije Azali Assoumani, Perezida w’Ibirwa bya Comoros ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Hashize igihe kirekire abantu bumva iby’umuhora wa Hormuz mu makuru mpuzamahanga, cyane cyane iyo havugwa intambara ya Amerika na Iran, ibiciro bya peteroli cyangwa umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati. Nubwo wumvikana kenshi, benshi ntibasobanukirwa neza impamvu uyu muhora ari ingenzi ku Isi yose, ndetse n’impamvu ushobora (…)
Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza kuba yarashyigikiye ko Félix Tshisekedi atsinda amatora ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yo mu 2018.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwafunze abantu bane barimo Mukeshimana Marcel, wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwasinyaga cheque z’ishuri (signatory).
U Rwanda na Botswana basinyanye amasezerano y’ubucuruzi n’ishoramari, ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zishinzwe iterambere z’ibihugu byombi.
Ikipe ya basketball yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dallas Mavericks, yatangaje ko Masai Ujiri yagizwe Perezida wayo mushya, mu rwego rwo kongera imbaraga mu buyobozi no gukomeza guhatanira ibikombe muri shampiyona ya NBA.
Iyo usubije amaso inyuma mu mateka y’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, ukagaruka ku mubano hagati y’u Rwanda na Tanzania umaze imyaka myinshi, usanga waragiye ushingira ku bufatanye n’ubwubahane, gusangira intego yo kubaka amahoro arambye, guteza imbere ubukungu no gushyigikirana mu bihe bikomeye by’amateka byagiye (…)
Perezida wa Tanzania, Dr Suluhu Hassan yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda atari abaturanyi gusa, ahubwo ni abafatanyabikorwa ba hafi bafite umubano ukomeje gutera imbere ku muvuduko mwinshi.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, azagirira uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Tanzania. Ni uruzinduko rugamije gishimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ’Amavubi’, ndetse na Al-Wefaq Ajdabiya SC yo muri Libya, Nshuti Innocent avuga ko kuba nk’abakinnyi bagira igiye gito bakiri mu kibuga, bituma batekereza no ku yindi mishinga izabatunga nyuma yo gusoza gukina umupira w’amaguru.
Byari ibyishimo bidasanzwe, amarangamutima yuzuye ishema n’akanyamuneza mu mitima y’Abanyarwanda, ubwo amakipe ane akomeye ku Mugabane w’i Burayi yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, yose yageraga muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League, irushanwa rikomeye ku Mugabane w’i Burayi.
Abakunzi b’imyidagaduro muri Kigali bashyizwe igorora binyuze mu gitaramo kidasanzwe cyiswe The Long Weekend Affair, bakazataramirwa na Success SA, DJ uri mu bagezweho mu kuvangavanga umuziki muri Afurika y’Epfo, cyane cyane mu njyana y’Amapiano irimo gukundwa cyane muri iki gihe.
Mu isi y’udusimba duto, urushishi ni kimwe mu biremwa bitangaje cyane. Nubwo buri rushishi rugira ubwonko ariko buto cyane, ikintu gitangaje ni uko iyo rukoranye n’izindi mu itsinda (wa murongo zikora) bituma rugaragara nk’aho rufite ubwenge buhambaye ndetse abahanga bo babyita ’superorganism’, aho ikinyabuzima kimwe iyo (…)
Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko Afurika ishaka kwigira no gukorana n’ibindi bice by’Isi mu buryo butanga umusaruro, aho guhezwa inyuma n’ivangura no guhiganwa bitari ngombwa.
Mu masaha y’igitondo nka saa 06h30 mu Mujyi wa Muhanga, ni bwo nagize amahirwe yo kwifatanya n’abaturage batuye uyu mujyi mu gikorwa bamaze kugira umuco aricyo "Igitondo cy’Isuku".
Rimwe na rimwe abantu bajya bagira ngo nibo bazi ubwenge cyangwa amayeri menshi yo gutereta, ariko iyi nkuru y’inyoni bita Bowerbird, ushatse wayita Igishwi mu Kinyarwanda, yatumye abashakashatsi bongera gutekereza ku buryo inyamaswa zigira imyitwarire idasanzwe nk’iy’abantu mu rukundo kugira ngo zibashe kureshya ngenzi zazo.
Guhumbya amaso ni igikorwa abantu bakora yewe batanabitekerejeho, ndetse hari n’abatajya babyibazaho bakibwira biri mu bigize uburyo Imana yaremye umuntu ariko ubushakashatsi bugezweho hari uburyo bubisobanura ndetse bwerekana ko bifite uruhare runini kuruta uko benshi babyibwira.
Dr. Howard Tucker, ni umuganga w’umunyamerika waciye agahigo ko kuba ari we muganga ndetse n’undi muntu wese wakoze igihe kirekire kurusha abandi ku isi, mbere y’uko yitaba Imana ku wa 22 Ukuboza 2025 afite imyaka 103, asiga amateka akomeye mu buvuzi no mu mibereho, agaragaza ko gukunda umurimo no gukomeza gukoresha ubwenge (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, Dr. Usta Keitesi, yongeye gushimangira akamaro k’umubano u Rwanda rufitanye na Uganda, asobanura ko ushingiye ku mateka bisangiye ndetse n’imibanire y’abaturage b’ibihugu byombi.
Umunyamategeko akaba n’impuguke mu by’imiyoborere PLO Lumumba yashimye cyane u Rwanda ku rugendo rudasanzwe rw’iterambere rwagezeho nyuma y’amateka akomeye rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, arushimira uburyo rwiyubatse rukongera kuba Igihugu gifite icyerekezo n’icyizere.