Umuhanzikazi Bwiza Emerance uri i Stockholm, muri Sweden, yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo Gihugu, Dr Diane Gashumba baganira ku gitaramo ahafite n’indi mishinga ijyanye n’umuziki.
Ishimwe Clement washinze KINA Music agiye kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, ndetse akazabihuza no gushyira hanze album ye ya mbere yise ’Legacy’, ihuriyeho abahanzi benshi.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, yatangajwe mu bazasusurutsa abazitabira igitaramo gikomeye cy’urwenya n’umuziki kizwi nka Comedy Store, kizabera i Kampala muri Uganda.
Abofisiye n’abandi basirikare bafite andi mapeti bo mu mutwe udasanzwe (Special Operations Force), mu Ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu basoje imyitozo y’ibanze yo kurwanya iterabwoba bari bamazemo ibyumweru 22, yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.
Alain Destexhe wabaye Umusenateri w’u Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011, yanenze Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye igisirikare cyu Rwanda na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo ibihano, avuga ko ahubwo byari bikwiye gufatirwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda n’u Buhinde byashyize umukono ku masezerano agamije gufatanya mu bijyanye n’Umuco (Cultural Exchange Programme – CEP) izashyirwa mu bikorwa mu myaka ya 2026 kugeza 2030, mu kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Umuhanzikazi Bwiza Emerance akomeje imyiteguro yo kwerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho ategerejwe mu gitaramo kizabera i Stockholm muri Sweden, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.
Umuhanzi Mani Martin agiye kongera gutaramira mu gihugu cy’u Buyapani mu bitaramo bizenguruka imijyi itandukanye, agamije kumenyekanisha Album ye ya karindwi aherutse gushyira hanze yise ’Rebirth’.
U Rwanda rwakiriye irindi tsinda ry’impunzi n’abasaba ubuhungiro 164 baturutse muri Libya. Bageze mu Rwanda mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026. Barimo abakomoka muri Eritrea 19, Sudani 143 ndetse n’uwo muri Ethiopia umwe (1). Bakaba bahise boherezwa mu Nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu (…)
Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida José Maria Neves wa Cabo Verde, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu akaba afite icyicaro i Dakar muri Sénégal.
U Rwanda na Give Directly uyu munsi basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije kwihutisha gahunda zo kurwanya ubukene (Poverty Acceleration Co-Financing Basket Fund Framework Agreement).
Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.
Ministeri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yateguye inama nyunguranabitekerezo yahuje abafatanyabikorwa mu burezi mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa neza isuzuma rya Programme for International Students Assements (PISA).
Abagororwa bitegura gusoza ibihano by’ibyaha bahamijwe ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabwe gukurikira no kuzirikana inyigisho bateguriwe kuko zizabafasha kurushaho kubana neza n’abo basanze ndetse no kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Itorero Inganzo Ngari riri mu myiteguro y’igitaramo gikomeye kizaba gishingiye ku kwizihiza imyaka 20 rimaz.
Umukinnyi wa filime Eric William Dane, wamamaye cyane muri ’Euphoria’, ’Grey’s Anatomy’ ndetse na ’X-Men: The Last Stand’ yitabye Imana azize indwara yitwa Amyotrophic Lateral Sclerosis (ALS) itera gucika intege no kubura ubushobozi bwo kwigenza.
Umuhanzi Ngabo Richard uzwi cyane nka Kevin Kade, agiye kuririmba bwa mbere mu ruhererekane rw’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bigiye kuba ku nshuro ya 7.
Col Charles Sumanyi uherutse kugirwa Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare yarahiriye kuzuza inshingano ze nk’uko ziteganywa n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda
AMAFOTO - Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino w’abakinnyi beza muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (the 2026 NBA All-Star Game) wabereye i Los Angeles.
Perezida Paul Kagame, yakiriye Adam Silver, Komiseri w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ari kumwe hamwe na Mark Tatum, Umuyobozi Wungirije wa NBA, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’igihe kirekire u Rwanda rufitanye n’iri shyirahamwe rikomeye ku isi mu mukino wa Basketball.
Umwe yitaga mugenzi we mushiki we, undi na we akamwita musaza we bavukana, kandi bikaba ari ukuri, kuko bose ari abana b’u Rwanda bari mu butumwa mpuzamahanga, aho bahagarariye ibigo bikomeye ku ruhando mpuzamahanga.
Abahanzi bakomeye mu muziki Nyarwanda, Bruce Melodie na The Ben bemeje ku mugaragaro ko bagiye gukora ibitaramo bizenguruka Igihugu byiswe ’2026 Summer Country Tour’.
Abahanzi bamamaye mu njyana ya Gospel, Ben na Chance, batangaje ko bazataramira abakunzi babo mu gitaramo cyiswe ’Easter Jubilee Music Gathering’ kizabera kuri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026, mu rwego rwo kubafasha kwizihiza Pasika.
Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu yimukiye muri Mozambique ahunze amadeni arenga miliyoni zirindwi yari abereyemo abantu.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Togo akaba n’Umuhuza Mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC, Faure Gnassingbé bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
Perezida wa Togo akaba n’umuhuza w’u Rwanda na DRC, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Bill na Joyce Cummings bazwi mu bikorwa by’ubugiraneza, Didi Bertrand Farmer, Ophelia Dahl, washinze Umuryango Partners In Health ndetse na Dr. Jim Yong Kim, Umuyobozi w’Icyubahiro wa Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) ndetse n’Umuyobozi Mukuru Wungirije (…)