Ni amasezerano yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe na Péter Szijjártó, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi w’icyo Gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Azerbaijan yakurikiye isiganwa rya Formula 1 Grand Prix ya Azerbaijan ryabaye ku kuri iki Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda na Azerbaijan byifuza gukomeza guha imbaraga no gushimangira umubano n’ubufatanye bubyara umusaruro ufatika ku bihugu byombi.
Ku ya 18 Nzeri, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, yasuye Umujyi w’ikoranabuhanga wa EHang Future City i Guangzhou mu Bushinwa, yihera ijisho ikoranabuhanga ry’indege zitagira abapilote (Drones) zitwara abantu.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025, yageze i Baku mu murwa mukuru wa Azerbaijan, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yagaragaje uburyo ibibazo byinshi bibangamiye umutekano wa Afurika bishingiye ku mateka ya gikoloni, ndetse agaragaza uburyo u Rwanda rugira uruhare mu gukemura amakimbirane akomeje kwiyongera mu bice by’uyu mugabane.
Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar, ufite shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare ya 2024, ndetse akaba na nimero ya mbere ku Isi muri uyu mukino, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yageze i Kigali aho yitabiriye iyi shampiyona, itegerejwe kuva ku wa 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zo muri Diviziyo ya 5 n’iza Tanzania (TPDF) zo muri Brigade ya 202, zahuriye mu nama ya 13 yitwa Proximity Commanders, igamije kwigira hamwe ibibazo bibangamiye umutekano, ndetse no gushimangira ubufatanye mu kubungabunga umutekano ku mipaka ihuza ibihugu byombi.
Guverinoma y’u Rwanda na Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’Ingabo, ibifatwa nk’intambwe ikomeye mu mibanire y’ibihugu byombi.
Imirimo y’umushinga Volcano Belt Water Supply System igeze ku kigero cya 60.4%, bikaba biteganyijwe ko uyu mushinga nurangira uzongerera ubushobozi uruganda rwa Mutobo, ahari kubakwa n’urundi ruganda rushya. Izo nganda ebyiri zizageza amazi meza ku baturage ibihumbi 354 bo mu Turere twa Musanze, Nyabihu na Rubavu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zigize amatsinda ya RWABG VII na RWAMED X yita ku buvuzi, zahaye serivisi z’ubuvuzi ku buntu abarenga 200 bo mu Bitaro bya Sam-Ouandja.
Mu gihembwe cya kabiri cya 2025, icyuho hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize, nk’uko bigaragara muri raporo y’Ubucuruzi Mpuzamahanga Bwanditse bw’u Rwanda.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yavuze ko amakimbirane ashingiye ku moko, imitwe y’inyeshyamba mu bihugu bitandukanye n’iyambukiranya imipaka ndetse n’iterabwoba, bigikoma mu nkokora umugabane wa Afurika kugera kuri Demokarasi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano, bahaye impanuro abasirikare n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) ku nshuro yaryo ya 11, rigarukanye umwihariko wo guhemba imodoka ku bakinnyi ba sinema bakunzwe cyane bagatorwa n’abaturage (People’s Choice Actor & Actress), n’igihembo cy’icyubahiro kizwi nka ’Lifetime Achievement’.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibitero Israel yagabye ku murwa Mukuru wa Qatar, Doha, ku ya 9 Nzeri 2025, ndetse yifatanya mu kababaro na Leta ya Qatar n’imiryango yabuze ababo muri ibyo bitero.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed, Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe itangazamakuru (NMO) akaba n’uw’Inama ishinzwe itangazamakuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAEMC), ari kumwe n’intumwa ayoboye.
Icyegeranyo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nzeri 2025, kigaragaza ko impuzandengo y’umwaka wose, ni ukuvuga kuva muri Nyakanga 2024 kugera muri Kamena 2025, ishimangira ko umusaruro w’inganda wiyongereye ku kigero cya 6.5%.
Kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2024, abagororwa bahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye kurangiza ibihano byabo, bari mu mahugurwa mu Igororero rya Nyamasheke ku kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa, bahawe ikiganiro kuri ‘Ndi Umunyarwanda’, basobanurirwa ko mbere y’umwaduko w’abazungu Abanyarwanda bari basangiye (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yifatanyije n’abasirikare ba Brigade ya 503 ya RDF ibarizwa muri Diviziyo ya Kabiri, mu rugendo rwari rugamije imyitozo rureshya n’ibilometero 26 mu Kinigi, mu Karere ka Musanze, abibutsa ko umusirikare udafite ubuzima bwiza, adashobora kurinda neza (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa yihariye y’Umuryango w’Abibumbye (UN) ku bijyanye n’umutekano wo mu muhanda, Jean Todt ari kumwe n’umufasha we Michelle Yeoh, icyamamare mu gukina filime, akaba yaregukanye n’ibihembo bya Oscar.
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byazamutse, aho igiciro cya lisansi cyabaye 1,862Frw kuri litiro, ivuye kuri 1,803 Frw, bivuze ko hiyongereyeho 59Frw, naho mazutu ikaba yageze kuri 1,808 Frw, ivuye kuri 1,757Frw, ikaba yiyongereyeho 51Frw.
Itsinda ryamamaye ku Isi mu njyana ya Zouk, Kassav, ritegerejwe gususurutsa abitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20, binyuze mu gitaramo cyiswe Conservation Gala Dinner gitegerejwe kuri uyu wa 6 Nzeri 2025 muri Kigali Convention Center.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique zahaye amagare abayobozi b’Imidugudu yo mu Karere ka Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo kubafasha mu kazi kabo ka buri munsi karimo kugira uruhare mu kurwanya iterabwoba, gushyigikira iterambere ry’abaturage, no gushimangira imiyoborere y’inzego z’ibanze.
Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Rwamagana, Minisitiri w’Umutekano imbere mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yafunguye ku mugaragaro ikigo gitegura abagororwa bagiye gusubira mu buzima busanzwe (Halfway home), gifite ubushobozi bwo kwakira abagororwa 2500 basigaje ibihano biri hagati y’amezi atandatu n’umwaka.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Prosper Zo’o Minto’o, Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe umutekano wo mu kirere muri Afurika na Madagascar (ASECNA) uri mu Rwanda aho yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’iby’indege muri Afurika, Aviation Africa Summit izabera i (…)
Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’Ingabo n’Abaturage mu Ngabo z’u Rwanda, Colonel Désiré Migambi Mungamba, yavuze ko mu mateka y’u Rwanda, Abanyarwanda bahoze barangwa n’indangagaciro zirimo ubumwe, ubunyangamugayo, gukunda igihugu, amahoro, kubana mu bwumvikane n’ubudaheranwa.
Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’Ihuriro Nyafurika ku buhinzi n’ibiribwa ko hakenewe kwibanda ku rubyiruko nk’abagize igice kinini cy’abaturage b’Umugabane wa Afurika kuko ibitekerezo bikiri bishya n’udushya bafite bigamije kwihangira imirimo byarushaho gutera imbere.
Perezida Paul Kagame yavuze ko uretse kuba u Rwanda na Mozambique ari ibihugu bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ikiruta byose ari n’ibihugu by’inshuti kandi nziza.
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, yageze mu Rwanda, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.